Mu ntangiriro z’ukwezi kwa Nyakanga 2020, Guverinoma ya Donald Trump yari yatangaje ko itazemerera abanyeshuri b’abanyamahanga biga muri Amerika kuguma ku butaka bwayo, mu gihe amasomo yabo azakomeza gutangwa hakoreshejwe ikoranabuhanga gusa.
Guhera mu 2008, Inteko Ishinga Amategeko y’ u Rwanda, yasabye Leta ko hashyirwaho politike yo kwita ku bageze mu zabukuru, ariko ntibyahita bikunda kuko nta masezerano n’amwe yo muri urwo rwego u Rwanda rwari rwarasinye.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko mu mpanuka zabaye muri iki cyumweru zigahitana abantu umunani, 65% muri zo zatewe n’abatwara ibinyabiziga biruka batinya gufatwa barengeje saa tatu z’ijoro kuko bazi ko bihanirwa.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yategetse ko ibendera ry’igihugu n’iry’umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, yururutswa kugera mu cyakabiri, mu rwego rwo kwifatanya n’igihugu cy’abavandimwe cya Tanzaniya, mu bihe by’akababaro byo kubura uwahoze ari Perezida w’icyo gihugu Benjamin William Mkapa witabye Imana.
Vital Kamerhe na Samih Jammal, bajuririye umwanzuro w’urukiko rwa Gombe, rwabasabiye igifungo cy’imyaka 20, Vital Khamerhe azamara imyaka 10 yambuwe uburenganzira bwo gutora cyangwa gutorwa.
Abaturage ba Repubulika ya Santarafurika batuye mu murwa mukuru w’iki gihugu Bangui, batangiye guhabwa amazi meza n’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri iki gihugu.
Amakuru atangazwa n’ikinyamakuru Mediapart cyo mu Bufaransa gisanzwe gikora inkuru zicukumbuye, aravuga ko mu kwezi kwa Gashyantare 2020, icyo kinyamakuru cyabonye Major General Aloys Ntiwiragabo, ushakishwa n’ubutabera ndetse kinamufatira ifoto aho aherereye mu Mujyi wa Orléans mu Majyaruguru yo hagati y’u Bufaransa.
Abafite abana biga mu marerero yo ku rwego rw’imidugudu igize umurenge wa Remera (ECDs) mu Karere ka Musanze, baranenga bamwe mu bayakuriye batanze ifu yari igenewe abana bitanyuze mu mucyo, kuko hari aho bayihaye abatari ku rutonde.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko nubwo hari ibibazo bikigoranye mu kubaka ibyumba by’amashuri, ukwezi kwa Nzeri 2020 kuzagera ibyo byumba byuzuye.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko Leta zunze ubumwe za Amerika ziheruka koyohereza umuntu utagira ubwenegihugu mu ntango z’iki cyumweru, u Rwanda rukaba rwaramwakiriye ku bw’ubugiraneza.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Nyakanga 2020, mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 19 banduye COVID-19.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage Murekatete Juliet, avuga ko kubera amazi azengurutse inyubako z’ikigo nderabuzima cya Nyagatare kizimurirwa ahandi burundu.
Umutoni Grâce ni umukobwa warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, icyo gihe yari afite imyaka ibiri gusa, ababyeyi be n’abavandimwe babiri bose barishwe ariko by’amahirwe we abamutoye bahise bamujyana mu kigo cy’imfubyi i Ndera, arokoka atyo.
Mu bihe bisanzwe bitari ibya Coronavirus hari igihe i Kibeho hagendwa n’abantu babarirwa mu bihumbi 30, ariko kugeza ubu inzu zihari zicumbikira abagenzi zirimo ibyumba 135 gusa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buratangaza ko umusaruro w’iki gihembwe cy’ihinga wagabanutseho 5% bitewe n’ibiza biheruka kuba, bikibasira uduce tumwe na tumwe.
Polisi y’u Rwanda ivuga ko abantu bafashwe na yo barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, ikabarekura ariko ikabasaba kuyitaba ntibabikore, ko umunsi ntarengwa wo kuyitaba ari kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Nyakanga 2020.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yongeye gusubukura imyitozo igamije kwitegura shampiyona y’isi izaba muri Nzeli 2020
Bamwe mu bakoreye inganda zari zifite isoko ryo gukora udupfukamunwa twinshi ubwo hashyirwagaho ibwiriza ryo kutwambara ku bantu bose hirindwa Covid-19, barataka ubukene kubera ko izo nganda zabahagaritse batishyuwe.
Benjamin William Mkapa wayoboye igihugu cya Tanzaniya guhera mu mwaka wa 1995 kugeza 2005 yitabye Imana afite imyaka 81 y’amavuko.
Depite Mukayijore Suzane yatorewe kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko Nyafurika (PAP), umwanya asimbuyeho Nyirarukundo Ignatienne wahinduriwe imirimo akaba ari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe imibereho y’abaturage muri Minisitere y’Ubutegetsi bw’Igihugu.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Kane tariki 23 Nyakanga 2020, mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 21 banduye COVID-19.
Abagore bari mu buyobozi muri Kenya bagaragaje ko bashyigikiye mugenzi wabo usanzwe ari umunyamabanga wa Leta ushinzwe siporo, Amina Mohammed, uhatanira kuyobora umuryango mpuzamahanga w’ubucuruzi (WTO).
Urwego ngishwanama rw’u Bushinwa (rufatwa nk’Inteko Ishinga Amategeko y’icyo gihugu) rwashyikirije Sena y’u Rwanda udupfukamunwa 22,400 tuzakoreshwa n’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda.
Munyakazi Sadate uyobora Rayon Sports yavuze ko mu munsi iri imbere Rayon Sports ishobora gutandukana na Skol.
Umugenzuzi Mukuru w’Ubushinjacya Marius Jules Ntete, aratangaza ko hari ibyaha bikorwa ariko bikitwa amakosa, ndetse ugasanga ababikoze bagarutse inshuro zirenze imwe muri raporo z’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, ariko ntibakurikiranwe.
Perezida w’ikipe ya Rayon Sports Munyakazi Sadate yabwiye abafana ba Rayon Sports ko rutahizamu Hakizimana Muhadjili agomba kuzakinira Rayon Sports.
Umupolisi wishe umwirabura George Floyd muri Leta zunze ubumwe za Amerika bigateza imyigaragambyo ku isi yose, yaje gutahurwaho ko yananyerezaga imisoro.
Ubusanzwe abantu bamenyereye ko mu nyamaswa z’imbogo nta yifite irindi bara ritari umukara, ariko muri Pariki z’Ibirunga n’Akagera imbogo z’igitare zisanzwemo, nk’uko twabisobanuriwe n’abashinzwe kwita ku nyamaswa.
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyatangaje ko umurambo wa Sergeant Major Nsabiyaremye Edouard, waguye mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Santarafurika wageze mu Rwanda tariki 21 Nyakanga 2020.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yabujije inzego z’ibanze gusaba cyangwa gutegeka abaturage gutanga amafaranga yo kubaka ibyumba by’amashuri, ivuga ko Leta ifite ingengo y’imari yagenewe kubaka ibyo byumba.
Abatwara ibinyabiziga n’abagenzi bo mu Karere ka Musanze, bavuga ko babangamiwe no kuba umuhanda uturuka mu mujyi rwagati wa Musanze ugana Rubavu, nta hantu hemewe imodoka zishobora guparika, mu gihe hari umugenzi ukeneye kujyamo cyangwa kuvamo uretse muri gare gusa.
Kim Kardashian West, umugore wa Kanye West yatoboye avugira mu ruhame ku bibazo byo mu mutwe bivugwa ku mugabo we umaze iminsi yandika amagambo kuri Twitter agatera benshi kumwibazaho.
Ku itariki ya 1 Kanama 2020, u Rwanda ruzafungura ibikorwa byose bijyanye n’ingendo zo mu kirere, ariko hakazitabwa bikomeye ku kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 kugira ngo umutekano w’abagenzi ube ntamakemwa, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente.
Ange Ingabire Kagame, umukobwa wa Perezida Paul Kagame, yashimiye itsinda ry’abaganga, abaforomo n’ababyaza bo mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal, bamufashije kwibaruka umwana w’imfura we n’umugabo we Bertrand Ndengeyingoma.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Nyakanga 2020, mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 34 banduye COVID-19.
Nyuma y’uko ku cyumweru tariki 19 Nyakanga 2020, abantu bakomorewe kongera gusengera mu nsengero, abayoboke b’amadini bavuga ko bashimishijwe no kongera guteranira mu isengesho rusange.
Mu gihe ibikorwa byo kwiyamamaza ku bahatanira kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika bikomeje, Donald Trump akomeje kumvikana ahindura imvugo n’imyitwarire yari afite ubwo icyorezo cya Covid-19 cyatangiraga kugera mu gihugu cye.
Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Gisenyi butangaza ko bwatangiye gukoresha Ikigo nderabuzima cya Nyakiriba mu kwakira abarwayi bwa COVID-19.
Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko yasabye Guverinoma gusuzuma niba ikibazo cy’ihohoterwa mu ngo yumvise ahandi mu gihe cyo kuguma mu rugo kubera Covid-19, kidashobora kuba cyarongereye ubukana mu Rwanda.
Perezida wa Gasogi United “KNC” yatangaje ko agiye gusubirana umukinnyi Manasseh Mutatu yari yagurishije muri Rayon Sports, kubera ko itubahirije amasezerano.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS), rwatangaje ko SSP Pelly Uwera Gakwaya ubu ariwe muvugizi warwo, akaba asimbuye SSP Hillary Sengabo wagiye gukomeza amashuri.
Mu rwego rwo gukomeza gufata neza ba mukerarugendo basura ibyiza nyaburanga byo mu Ntara y’Amajyaruguru, Akarere ka Musanze kari mu nyigo yo kongera ibikorwa remezo. Mu mishinga ya vuba harimo n’ikiyaga gihangano.
Umunyamakuru Cleophas Barore wamenyekanye cyane mu kiganiro ‘makuru ki mu binyamakuru’ kuri Radiyo Rwanda’, yatangaje uburyo yakuze yumva azaba umupadiri, ariko bikarangira akunze umukobwa bari baturanye bakaza no kubana.
Ikibazo cy’abana b’inzererezi si gishya, kuko kimaze igihe cyumvikana hirya no hino mu gihugu, hagafatwa ingamba zitandukanye zo kukirwanya, ariko ntikirangira bitewe n’impamvu zitanudakanye.
Perezida wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo (RDC), Félix Tshisekedi, tariki 21 Nyakanga 2020 yatangaje uburyo ibikorwa byari byarahagaritswe mu kwirinda gukwirakwiza icyorezo cya COVID-19 bigiye kongera gusubukurwa nyuma y’amezi ane byarahagaze.
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Daniel Ngamije atangaza ko mu gihe Abanyarwanda bose batarabasha kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, hakwiye kubaho kwiga uburyo bwo kubana n’icyo cyorezo, mu gihe hagishakishwa uburyo bwo guhangana na cyo.
Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC buratangaza ko umukinnyi buherutse gusinyisha Nsanzimfura Keddy, atari umukinnyi wa Kiyovu Sports nk’uko iyi kipe ibivuga, ahubwo amasezerano agaragaza ko yarezwe na La Jeunesse kandi ari yo yamutanze muri Kiyovu Sports.
Mu gihembwe cy’ihinga A 2020-2021, Leta izashora miliyari 14 z’Amafaranga y’u Rwanda muri gahunda ya ‘Nkunganire’, ifasha abahinzi kubona imbuto n’izindi nyongeramusaruro ku giciro kiri hasi.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Nyakanga 2020, mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 26 banduye COVID-19.