Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryamaze kwemerera amakipe arindwi yari yangiwe kwitabira shampiyona kuzakina iy’uyu mwaka, ariko amenyeshwa ko atemerewe kuzamuka
Mu museso wa tariki ya 09 kanama 2017, imihanda yose yerekeza mu Karere ka Bugesera yari yuzuye urujya n’uruza rw’ibinyabiziga.
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Musabyimana Jean Claude, avuga ko izamuka ry’igiciro cy’ibishyimbo ku masoko ryatewe n’imihindagurikire y’ikirere mu karere u Rwanda ruherereyemo, bituma yaba kubyinjiza mu gihugu cyangwa kubyohereza hanze bihenze.
Imwe mu miryango itari iya Leta ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasanze nta wakubaka iterambere ry’abaturage adashingiye ku burenganzira bwabo, yiyemeza kuzajya ibyitaho.
Mu Mudugudu wa Ruyenzi, Akagali ka Nzove mu Murenge wa Kanyinya ho mu Karere ka Nyarugenge, ahaherereye ikigo ‘Black metal’, hafatiwe toni zisaga eshanu z’insinga z’amashanyarazi n’ibindi bikoresho by’amashanyarazi, bivugwa ko byaguzwe mu buryo butemewe n’amategeko.
Ikipe ya Kiyovu Sports yamaze kugeza ikirego muri Ferwafa, ishinja AS Kigali gusinyisha umukinnyi uyifitiye amasezerano
Mu myaka itatu ishize inka mu Rwanda yatangaga inyama, amata, uruhu n’ifumbire(rimwe rimwe na rimwe), ndetse yanagurishwa igatanga amafaranga kandi abantu bakumva ko ibyo bihagije.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze uwitwa Munyaneza Sylvestre wafashwe aha ruswa umugenzacyaha, kugira ngo arekure uwitwa Niyoyita Jean Baptiste uregwa ubujura.
Nyuma y’imyaka ibarirwa muri itanu Minisiteri y’Uburezi isabye amashuri makuru na za kaminuza kwifashisha ikoranabuhanga mu kwigisha no gutanga ibizamini, mu ishuri rikuru PIASS riherereye mu Karere ka Huye bagaragaje ko bibateye impungenge ku ruhande rumwe.
Abaganga n’abakozi b’ibitaro bya Kabaya biri mu karere ka Ngororero mu Ntara y’Iburengerazuba barasaba kwishyurwa amafaranga y’agahimbazamusyi bamaze amezi icyenda badahabwa.
U Rwanda rwasinyanye amasezerano n’igihugu cya Qatar ndetse n’ikigo cy’Umuryango w’Abibumbye gishinzwe amahugurwa n’Ubushakashatsi (UNITAR), yo kuzashyira mu Rwanda ikigo gikomeye kizatangirwamo amahugurwa ku kurwanya ruswa.
Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge(NURC) ikomeje gusaba amadini n’amatorero yose mu gihugu guhuriza hamwe imbaraga bagashyigikira imibereho y’abaturage, n’ubwo bafite ukwemera gutandukanye.
Mu 1994 Ntamfurayishyari Silas utuye mu Murenge wa Ririma mu Karere ka Bugesera Intara y’Iburasirazuba, yari umusirikare ufite ipeti rya Kaporari (Cpl.) muri EX-FAR.
Polisi y’u Rwanda iramenyesha abakoresha umuhanda Kigali-Akanyaru ko kubera inkangu yaguye mu Murenge wa Ngoma, Akagari ka Fugi, mu Karere ka Nyaruguru, uyu muhanda uri gukoreshwa igice kimwe cyonyine.
Kuva ku wa kabiri tariki ya 17 kugeza ku Cyumweru tariki ya 22 Ukuboza 2019 mu Rwanda hazabera ijonjora rya kabiri rya Basketball Africa League (BAL)
Ibihembo mpuzamahanga bigenerwa abakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu kurwanya ruswa, bitangwa n’Umuyobozi w’Ikirenga w’Igihugu cya Qatar, Amir Sheikh Tamim Bin Hamad Al Thani, byatangiwe mu Rwanda, Perezida Kagame akaba yashimye icyo gikorwa.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yamaze gusinyisha umunyezamu Hakizimana Adolphe wakiniraga Isonga Football Academy
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 9 Ukuboza 2019, mu Rwanda habereye igikorwa cyo Guhemba indashyikirwa mu kurwanya Ruswa , kitwa Anti Corruption Excellence Award 2019, gitegurwa n’umuyobozi w’ikirenga wa Qatar Sheikh Tamim bin Hamad al Thani ari na we cyitiriwe.
Leta y’u Rwanda na Kompanyi y’indege yo muri Qatar (Qatar Airways), basinye amasezerano y’ubufatanye yo kubaka ikibuga cy’indege cy’i Bugesera.
Benshi bagihuje n’inama mpuzamahanga ya 20 kuri SIDA n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina (20th International Conference on AIDS and Sexually Transmitted Infections in Africa -ICASA), iheruka kubera mu Rwanda, hari bavuze ko iki kiganza ari ikimenyetso gihamagarira abantu kwirinda SIDA, mu gihe hari n’abavuze ko iki (…)
Mu ngamba Perezida mushya wa Komisiyo yo kuvugurura Amategeko (Law Reform Commission), Domitilla Mukantaganzwa avuga ko azanye, harimo gufatanya n’abaturage gutora amategeko ndetse no kuyabigisha.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, kuri uyu wa mbere tariki 09 Ukuboza 2019 yakiriye i Kigali abayobozi batandukanye barimo Perezida Hage Gottfried Geingob wa Namibia n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar (Emir) Sheikh Tamim bin Hamad al Thani.
Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), irahamagarira abantu bose guhagarika kwinjira muri konti zabo za banki bakoresheje interineti itagira umugozi (Wi-Fi) itizewe (Open Wi-Fi networks), kuko bashobora guhura n’ibyago by’uko konti zabo zakwinjirwamo n’abajura.
Ikompanyi Jumia imenyerewe cyane cyane mu gucuruza amafunguro hifashishijwe ikoranabuhanga yatangaje ko igiye guhagarika ibikorwa byayo yakoreraga mu Rwanda.
Ku nshuro ya kane, abanyamideri batandukanye bakoze intambuko yo kumurika imideri igaragaza ubwiza bw’Umunyarwanda wikwije, hagaragaramo amasura mashya atamenyerewe mu kumurika imideri muri Rwanda Modesty Fashion.
Mu gihe urubyiruko rushishikarizwa kwihangira imirimo bityo rugatanga akazi aho gutegereza kugahabwa, hari abavuga ko batabigeraho kubera gutinya guhomba ntaho baragera.
Mu mpera z’iki cyumweru mu Rwanda habaye imikino itandukanye, aho mu mupira w’amaguru APR FC ikomeje kuyobora urutonde, naho muri Handball Police yegukanye irushanwa mpuzamahanga
Abashinwa 47 b’abahanga mu by’umutungo kamere wo mu butaka baje gukora ubushakashatsi ku mabuye y’agaciro ari mu butaka bw’u Rwanda, bakaba barageze mu gihugu ku wa gatanu tariki 6 Ukuboza 2017.
Kuri iki cyumweru tariki ya 08 Ukuboza 2019, kuri Stade ya Bugesera habereye umukino w’umunsi wa 13 wa Shampiyona warangiye Rayon Sports itsinze Heroes ibitego 4 kuri 1.
Isabukuru yiswe ‘Kusi Ideas Festival’ y’ikigo cy’Itangazamakuru n’Itumanaho, ‘Nation Media Group(NMG)’ cy’Umunyakenya Aga Khan, irahuza impuguke zirimo n’abakuru b’ibihugu, aho baganira kuri ejo hazaza ha Afurika mu myaka 60 iri imbere.
Abanyeshuri bibumbiye muri AERG yitwa ‘INDAME’ bo mu ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri, bihaye intego yo kubakira inzu uwarokotse Jenoside utagira aho aba, mu rwego rwo kunganira Leta mu gufasha abaturage kugira imibereho myiza.
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe guteza imbere ibaruramari mu Rwanda, ICPAR, buratangaza ko guteza imbere ubukungu bw’igihugu bitashoboka mu gihe hatari ababaruramari b’umwuga bahagije.
Ubuyobozi bw’Inama y’Abasheikh mu Rwanda ku bufatanye n’umuryango Never Again Rwanda bateguye amahugurwa agamije gusobanura imiterere n’ingaruka z’icyaha cy’icuruzwa ry’abantu (Human Trafficking).
Muri gahunda ngarukakwezi ya ‛car free day’ ihoraho ya siporo rusange iba buri wa gatandatu w’icyumweru cya mbere n’uwa gatandatu w’icyumweru cya gatatu cy’ukwezi mu Karere ka Musanze, iyo ku itariki ya 07 Ukuboza 2019 yatunguye benshi aho umubare munini w’abayitabiriye wari ugizwe n’abasaza n’abakecuru.
Mu turere twa Rubavu na Rusizi, abaturage ibihumbi 200 bagiye guhabwa urukingo rwa Ebola, mu rwego rwo kwirinda kwandura iyo ndwara yamaze guhitana abantu 2,146 muri Kivu y’Amajyaruguru, muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo.
Mu isiganwa rizwi nka Rwanda Cycling Cup ryari rimaze amezi atanu rikinwa, ryasojwe ritwawe na Uhiriwe Byiza Renus wa Benediction Cup
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, asaba urubyiruko kwigira ku Banyarwandakazi, Kwizera na Kagirimpundu baheruka guhabwa ibihembo by’umuherwe w’Umushinwa Jack Ma.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwashyikirije ibikoresho by’ibanze byo mu nzu imiryango 28 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nyuma y’imyaka ibiri barara hasi.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney, watangiye amasomo amwinjiza mu muryango w’Abasukuti (scouts), mu mwaka wa 1978 ari mu mwaka wa kane w’amashuri abanza ku Mulindi wa Byumba ubwo yari afite imyaka 10, avuga ko uwo muryango wamwubakiye ubuzima n’imyifatire agenderaho kugeza na n’ubu.
Mu Kagari ka Mburabuturo, Umurenge wa Muko mu Karere ka Musanze ubwanikiro bwubakiwe kwanikwamo umusaruro w’ibigori, bumaze igihe bubumbirwamo amatafari ya rukarakara.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ruratangazako rwafunze Muganamfura Sylvestre, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza, akekwaho kunyereza umutungo wa Leta.
Umuyobozi w’ibitaro bya Nyagatare, Dr. Munyemana Ernest, avuga ko umugabo guca inyuma umugore akiri ku kiriri nta cyo bihindura ku miterere y’umwana, ko ndetse bidashobora gutera umwana ubumuga.
Ishusho y’uko abaturage babona imiyoborere n’imitangire ya serivisi mu nzego zibegereye, igaragaza ko muri uyu mwaka wa 2019 Akarere ka Nyamagabe kazamutse.
Uwanyirigira Marie Chantal w’imyaka 38 y’amavuko, watorewe kuyobora akarere ka Burera kuwa gatanu tariki 6 Ukuboza 2019, atangaza ko atari yarigeze atekereza ko yaba umuyobozi ku rwego rwo kuyobora akarere.
Indwara yo guhekenya/gufatanya amenyo bita ‘Bruxisme’ mu Gifaransa igaragazwa no gufatanya amenyo cyane cyane nijoro, ikaba ikunze kwibasira abana kurusha abakuze.
Ba Minisitiri b’ibikorwa remezo b’ibihugu bihuriye ku mushinga wa ‘Nile Bassin Initiative’ ari byo u Rwanda, Tanzania n’u Burundi, bagiye kureba aho ibikorwa byo kubaka urugomero rwa Rusumo bigeze.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, kuri uyu wa gatanu tariki ya 06 Ukuboza 2019 rwatangaje ko rwafunze abacamanza babiri n’umwanditsi w’urukiko bakekwaho ibyaha bya ruswa bakaga abafite ibirego mu nkiko.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi Karenzi Jean de Dieu na Bizimana Jean Pierre bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha abana imirimo ibujijwe.
Itsinda Hillsong London riririmba indirimbo zo guhimbaza Imana hamwe na Aimé Uwimana bateguye igitaramo kibera muri Kigali Arena kuri uyu wa gatanu tariki 06 Ukuboza 2019. Kwinjira mu myanya isanzwe ni amafaranga y’u Rwanda 10,000, VIP ari 20,000 Frw, naho muri VVIP bibe 50,000 Frw.