Shampiyona y’icyiciro cya kabiri itangira kuri uyu wa Gatandatu, izakinwa hatarimo amakipe nk’Intare Fc na Kirehe zangiwe kubera kutuzuza ibyangombwa byasabwaga
Ruzigamanzi Felicien ukomoka mu mudugudu wa Murisanga, Akagari ka Ntoma, Umurenge wa Musheri, Akarere ka Nyagatare, araburira Abanyarwanda batekereza kujya muri Uganda ko bibaye ngombwa babireka kubera ubugome buri gukorerwa Abanyarwanda muri icyo gihugu.
Abagororwa 70 bafungiye muri gereza ya Bugesera kubera guhamwa n’ibyaha bakoze muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ahanini bishe abantu, basabye imbabazi abo biciye maze na bo barazibaha.
Mu mukino w’umunsi wa cumi wa shampiyona waberaga kuri stade Mumena, Kiyovu Sports ihanyagiriye Bugesera ibitego 5-2
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza imbere imiturire (Rwanda Housing Authority-RHA) kiravuga ko igishushanyo mbonera cy’imijyi itandatu yunganira Kigali kitazimura abaturage.
Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Nyiricyubahiro Musenyeri Hakizimana yari amaze imyaka itatu abaye Padiri akaba yari ashinzwe amashuri muri Arikidiyosezi ya Kigali.
Ikipe ya Musanze nyuma yo gutsindwa n’ikipe ya Heroes yafashe umwanzuro wo gusezerera umutoza mukuru n’uwari umwungirije kubera umusaruro muke
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyi ngiro (WDA) bufite gahunda yo kongera amashuri y’imyuga ku buryo mu mwaka wa 2024 ayo mashuri azaba yigwamo na 60% by’abanyeshuri bose bo mu Rwanda.
Umuvunyi mukuru , Anastase Murekezi, avuga ko n’ubwo itegeko rihana uwatanze ruswa n’uwayakiriye, iyo umwe muri bo ayigaragaje ataratangira gukurikiranwa, ngo ntabwo ayihanirwa.
Urubyiruko rufite kuva ku myaka 6 kugeza kuri 30 y’amavuko ruri mu biruhuko rwatangiye kwitabira gahunda y’itorero mu biruhuko.
Abahanzi, abakinnyi ba filimi n’abanyabugeni, bamazwe impungenge ku mutekano w’ibihangano byabo ndetse banerekwa uko babibyaza inyungu ku giti cyabo bikanagira uruhare mu kuzamura iterambere ry’igihugu.
Mu mpera z’icyumweru gishize ikipe ya Nyarutarama Tennis Club yasuye umuryango wa Kamanzi Vianney uzwi ku izina rya Dudu na Mushiki we Riziki Solange (Fille) bamaze imyaka irenga 15 barwaye indwara yo gutitira.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi(MINAGRI) hamwe n’Urugaga nyarwanda rw’Abikorera(PSF), baravuga ko Ihuriro mpuzamahanga riteza imbere ubuhinzi muri Afurika(AGRF), rigiye kuba umusanzu ukomeye mu kurwanya imirire mibi.
Abapolisi b’u Rwanda 240 ni bo barimo kwitegura kujya gusimbura bagenzi babo na bo 240 bari bamaze umwaka mu butumwa bw ’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo mu mujyi wa Malakal.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko rwataye muri yombi abantu batandatu bazira ubucuruzi bw’uruhererekane rutemewe n’amategeko.
Hailemariam Desalegn wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, ubu akaba ari we muyobozi mushya w’ishyirahamwe Alliance for a Green Revolution in Africa, yavuze ko u Rwanda rwatoranyijwe gushyirwamo icyicaro cy’ihuriro rya African Green Revolution Forum (AGRF), mu myaka itanu iri imbere kubera imbaraga rwashyize mu (…)
Ikigo cy’igihugu gishinzwe Ingufu, REG, kiratangaza ko mu mukwabu wakozwe muri iki cyumweru kuva tariki 14 kugeza 21 Ugushyingo 2019, hafashwe abantu 10 harimo n’abanyamahanga bakekwaho kwiba amashanyarazi bakoresha mu ngo zabo cyangwa mu bikorwa by’ubucuruzi byabo bitandukanye.
Amakoperative 14 y’abahinzi yahawe inkunga ya miliyoni 70 z’Amafaranga y’u Rwanda azayafasha gukora ubushakashatsi bwitezweho gukemura bimwe mu bibazo abahinzi bahuraga na byo hagamijwe kugera ku musaruro mwiza.
Nyuma y’imyaka ibarirwa muri itatu bivuzwe ko amaduka yo mu Cyarabu yasenywe agiye gusimbuzwa inzu z’amagorofa, ubu noneho ngo imishyikirano yo kuyubaka igeze ahashimishije.
Inzego z’Umutekano muri Uganda ku wa mbere tariki 25 Ugushyingo 2019 zataye muri yombi Abanyarwanda babarirwa hagati ya 150 na 200, bakaba bafatiwe i Kisoro mu Majyepfo y’Uburengerazuba bwa Uganda.
Mu myaka itatu ishize u Rwanda rwungutse abanyamwuga 80 bakora umuziki basohotse mu ishuri ry’umuziki rya Nyundo. Muri iyi myaka, nibwo hatangiye kumvikana injyana nshya, amajwi mashya, imiririmbire mishya n’ibitaramo bishya bisusurutswa n’aba banyamuziki baje ku isoko bafite inyota yo gutanga ibyo bakuye mu ishuri.
Mu mikino y’umunsi wa 10 wa shampiyona, APR FC itsindiye i Nyagatare mu mukino utari woroshye, Gasogi nayo itsinda Gicumbi igitego 1-0 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 26 Ugushyingo 2019, Seninga Innocent wari umutoza w’ikipe ya Etincelles yo mu Karere ka Rubavu yandikiye iyi kipe ibaruwa isezera ku kazi ko gutoza iyi kipe.
Kuva tariki 25 kugera kuya 27 Ugushyingo2019, mu Rwanda hari kubera inama mpuzamahanga yiswe ‘Global Gender Summit 2019’, yiga ku iterambere ry’umugore, uburinganire n’ubwuzuzanye.
Mu muhango wo gutangiza icyumweru cy’ubutabera ku wa mbere tariki 25 Ugushyingo 2019 mu Mujyi wa Kigali, hamuritswe uburyo bushya bwifashishwa mu gukurikirana ibikorwa by’inkiko n’imikorere y’abacamanza, bwiswe Judicial Performance and Monitoring System (JPMS). Buje busanga ubwari busanzwe bwafashaga abaturage gutanga no (…)
Akarere ka Musanze karatangaza ko kamaze kunoza umushinga wo gutangiza ikipe y’umukino w’amagare, ikazatangira guhatana mu mwaka utaha wa 2020
Inyubako ya Kigali Convention Center (KCC), mu ijoro rishyira kuri uyu wa kabiri tariki 26 Ugushyingo 2019, yagaragaye mu ibara ry’Iroza, mu gihe ubusanzwe ikunda kugaragara iri mu mabara y’ibendera ry’u Rwanda.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi(REB) kigiye gutanga mudasobwa zo mu bwoko bwa ’Positivo Wise’ ku bana biga mu mashuri abanza, zikazasimbuzwa izari zisanzwe zo mu bwoko bwa XO.
Shampiyona y’icyiciroc ya mbere mu mpira w’amaguru irakomeza kuri uyu wa Kabiri, aho abakinnyi barindwi batemerewe gukina imikino y’umunsi wa cumi kubera amakarita
Umutoza Seninga Innocent wari umaze amezi make yongeye kugirwa umutoza mushya wa Bugesera yamaze gusesa amasezerano n’iyi kipe
Madame Jeannette Kagame kuva kera yizera ko icyo umugabo yakora n’umugore yagikora, akanavuga ko n’ubu igitekerezo cye akigihagazeho.
Kompanyi yitwa NOTS Solar Lamps Ltd, ku itariki ya 02 Nyakanga 2019 yagiranye amasezerano na Guverinoma y’u Rwanda yo kugeza ku ikubitiro amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba ku miryango ibihumbi ijana (100,000) ituye mu bice by’icyaro.
Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Imanishimwe Yvette, avuga ko hari abagore baza kwa muganga kubyara babanje kunywa imiti gakondo ngo ituma babyara neza.
Mu Karere ka Musanze, umuryango utari uwa Leta witwa FXB Rwanda ukurikirana ishyirwa mu bikorwa rya gahunda y’ingo mbonezamikurire y’abana bato (Early Childhood Development- ECD) uratangaza ko ingo mbonezamikurire y’abana bato zitanga umusaruro.
Karemera Damascene w’imyaka 25 y’amavuko yatemwe n’umuturage wo muri Uganda yakoreraga azira ko amwishyuje.
Perezida Kagame avuga ko abagore hari intambwe igaragara mu iterambere bagezeho, ariko ko hakiri byinshi byo gukora.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Urwego rw’Igihugu rw’imiyoborere RGB muri uyu mwaka, bugaragaza ko abaturage 52.3 % batuye mu ntara y’Uburasirazuba batishimiye serivisi z’ubuhinzi bahabwa.
Mu gitaramo cy’urwenya cyitwa Seka Live gitegurwa na Nkusi Arthur uzwi nka Rutura, umunya Nigeria Afamefuna Klint Igwemba uzwi ku izina rya Klint da Drunk yatembagaje imbaga yari yitabiriye ibi birori, ava ku rubyiniro abantu badashize ipfa.
Ku mukino w’umunsi wa cyenda wahuje ikipe ya Rayon Sports yari yakiriwe na Gicumbi Fc, abafana ba Rayon Sports bagiye kubona igitego imitima yenda guhagarara
Shampiyona ya Volleyball yakomeje ku munsi wayo wa kabiri ku cyumweru tariki ya 24 Ugushyingo, ikipe ya REG VC itsinda UTB VC amaseti atatu kuri abiri.
Mu gitondo cyo ku itariki 23 Ugushyingo 2019, impanuka y’ubwato bubiri bwari butwaye abagenzi umunani bwarohamye mu kiyaga cya Burera, batandatu bararokoka, naho umubyeyi n’umwana we yari ahetse barapfa.
Icyiciro cya gatatu gigiuzwe n’impunzi 117 zivuye muri Libiya cyaraye kigeze mu Rwanda ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 24 Ugushyingo 2019.
Umuyobozi w’itorero ry’Abadivantisite b’Umunsi wa karindwi muri Afurika yo hagati n’uburasirazuba, Dr. Blassious Ruguri yashimye Perezida Kagame wabahaye ikibanza i Gacuriro, bakaba bagiye kucyubakamo ibitaro biri ku rwego mpuzamahanga.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’umuco, Edouard Bamporiki, yagabiye inka umuhanzi Social Mula, ubwo yamurikaga umuzingo (Album) we wa mbere yise ‘Ma Vie’.
Uwikunda Jean de Dieu, umusore ufite imyaka 25 y’amavuko, akaba afite ubumuga bwo kutabona, yatewe n’uburwayi bukomeye yahuye na bwo mu myaka ibiri ishize.
Rayon Sports itsinze Gicumbi igitego 1-0, cyatsinzwe na Michael Sarpong ku mukino wabereye kuri stade ya Kigali i Nyamirambo
Umunyarwanda Meddie Kagere yashyizwe ku rutonde rw’abakinnyi bazatoranywamo uwahize abandi mu marushanwa ya CAF 2019
Hitamana Emmanuel w’imyaka 22 hamwe na Muhawe Elia w’imyaka 21, bagarutse mu Rwanda nyuma yo kurekurwa na Uganda muri uku kwezi k’Ugushyingo 2019, aho bavuga ko bacitse imirimo y’agahato, gukubitwa no kwicishwa inzara.
Indege ya sosiyete ya Busy Bee yari ihagurutse mu mujyi wa Goma yerekeza i Beni muri Kivu y’Amajyaruguru yakoze impanuka mu gitondo cyo kuri iki cyumweru ikimara guhaguruka ku kibuga cyindege cya Goma.