Nyuma y’uko Icyorezo cya Coronavirus cyugarije u Rwanda, kigatuma ubukerarugendo busubikwa igihe gito kugira ngo iki cyorezo gikumirwe; Abanyarwanda benshi bakumbuye gusura uduce tumwe na tumwe tubereye ijisho two mu gihugu.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yatangaje ko guhera ku wa Gatatu tariki ya 15 Nyakanga 2020, tumwe mu tugari two mu Turere twa Nyamagabe na Nyamashe twasubijwe muri gahunda ya #GumaMuRugo nibura mu gihe cy’iminsi 15, mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Covid-19.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Nyakanga 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 38 ba COVID-19.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Shyaka Anastase yasabye abayobozi b’uturere tw’Intara y’Amajyepfo kuyoboka Guverineri mushya wagiye kuri uwo mwanya yari asanzwe ayobora akarere nka mugenzi wabo, anaboneraho kwibutsa Guverineri mushya ko atashyiriweho kuza gusimbura abayobozi b’uturere mu nshingano.
Ibaruwa Minisiteri y’Umurimo n’Abakozi ba Leta yandikiye Minisiteri y’Uburezi, igaragaza ko abarimu 1,038 bakoze ibizamini by’akazi mu Ukuboza 2019, bakiri ku rutonde rw’abemerewe kugahabwa.
Umugabo wo mu Murenge wa Busasama mu Karere Nyanza, ku mugoroba wo ku wa mbere tariki 13 Nyakanga 2020, ubwo yakataga mu rugo ashaka gusohoka n’imodoka yagonze umwana we w’umwaka umwe ahita apfa.
Umukinnyi Mutebi Rachid wari umaze iminsi asaba ikipe ya Etincelles kumurekure, yamaze kumuha urupapuro rumurekura kugira ngo yerekeze muri Musanze FC
Kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Nyakanga 2020, abarimu ibihumbi 35 bo mu gihugu hose batangiye gukora ibizamini by’akazi. Ni abarimu basabye imyanya yo kwigisha mu mashuri y’incuke, abanza, ayisumbuye ndetse n’ay’imyuga n’ubumenyi ngiro.
Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara Jérôme Rutaburingoga, avuga ko abatujwe mu Mudugudu w’icyitegererezo wa Ruhuha uri mu Murenge wa Mamba bagenda batera imbere, ku buryo n’imodoka bazazitunga.
Abantu hirya no hino ku isi bari guhangana n’icyorezo cya COVID-19 mu buryo butandukanye, ariko muri Indonesia hatangijwe uburyo budasanzwe.
Bamwe mu bakoze imirimo inyuranye yo kubaka gasutamo ya Bweyeye mu Karere ka Rusizi, bavuga ko batigeze bishyurwa amafaranga bakoreye kuva ako kazi katangira mu ntangiriro za 2018, bakavuga ko bari mu gihirahiro kuko batabona aho amafaranga yabo aherereye.
Umushinga ’Baho neza’ ushyirwa mu bikorwa n’Ikigo giteza imbere ubuzima n’uburenganzira bwa muntu Health Development Initiative (HDI) ku bufatanye na Imbuto Foundation ndetse na Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), ukomeje ubukangurambaga hirya no hino mu gihugu, usobanurira abakobwa babyaye batujuje imyaka y’ubukure (…)
Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko Akagari ka Kamatamu n’igice cy’ Akagari ka Kamutwa, mu Murenge wa Kacyiru ndetse n’igice cy’ Akagari ka Kamukina mu Murenge wa Kimihurura, mu Karere ka Gasabo hazaba ibura ry’umuriro w’amashanyarazi kuwa Gatatatu tariki ya 15 Nyakanga 2020, kuva saa tanu za mu gitondo (…)
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Mbere tariki 13 Nyakanga 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 41 ba COVID-19.
Nsabimana Callixte ukurikiranywe n’ubushinjacyaba bw’u Rwanda ku byaha yakoze ubwo yari umuvugizi w’umutwe w’iterabwoba wa FLN, yaburanye yemera ibyaha yakoze ubwo yari muri uwo mutwe ariko ahakana ko akiga no muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (UNR) yari icyigomeke.
Afurika y’Epfo yongeye gushyira imbaraga mu kubuza gucuruza ndetse no gukwirakwiza ibinyobwa bisembuye mu rwego rwo kugabanya umubare w’abarwayi bagana ibitaro biturutse ku ngaruka z’ubusinzi, kugira ngo ibitaro bibashe kubona ibitanda bihagije byo kwakira abarwayi ba covid-19, nk’uko bitangazwa na Peezida w’icyo gihugu (…)
Polisi y’u Rwanda yatangiye kugeza mu bugenzacyaha abakwiza ibihuha bakoresheje imbuga nkoranyambaga nyamara birengagije ukuri.
Mu Murenge wa Mwogo Akarere ka Bugesera, ku itariki 7 Nyakanga 2020, habayeho ibura ry’abana babiri b’abahungu bari mu kigero cy’imyaka hagati y’ine n’itanu.
Ubuyobozi bw’Uruganda ‘Prime Cement Ltd’ bwatangaje ko bitarenze ukwezi gutaha kwa Kanama 2020, ruzaba rwatangiye gukora sima yunganira itangwa n’uruganda CIMERWA rukorera i Rusizi mu Burengerazuba.
Urukiko Rukuru, urugereko ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka ruherereye i Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo kuri uyu wa 13 Nyakaga 2020 rwasubukuye urubanza ubushinjacyaha buregamo Nsabimana Callixte.
Zindzi Mandela umukobwa wa Nelson Mandela wahoze ayobora Afurika y’Epfo, yapfuye ku myaka 59 nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’ishyaka rya African National Congress (ANC) kuri uyu wa mbere.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), mu ijoro ryo kuwa 12 Nyakanga 2020 yatangaje ko habonetse abantu banduye Coronavirus 38, harimo abarwayi batanu bagaragaye mu Karere ka Rubavu.
Ahagana saa cyenda z’urukerera rwo ku Cyumweru tariki ya 12 Nyakanga 2020, abajura bateye urugo rwa Depite Dr. Frank Habineza, ruri mu Kagari ka Kinyaga, Umurenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo Umujyi wa Kigali, bakomeretsa umukozi we ushinzwe umutekano bamuteye icyuma ku ijosi.
Abatuye imirenge inyuranye mu Karere ka Gakenke bahinga mu gishanga kiri mu nkuka z’umugezi wa Mukungwa bagaragaza impungenge z’uko icyo gishanga cyajyaga kibarinda inzara kitazongera guhingwa, kubera ko cyamaze kwangizwa bikomeye n’ibiza.
Rutahizamu Hakizimana Muhadjili yatangaje ko ibiganiro na Rayon Sports byabaye kandi ko mu gihe kitarenze icyumeru azaba yatangaje ikipe azakinira.
Ikompanyi y’ikoranabuhanga yo mu rwego rwo hejuru ‘Tesla’ yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika ivuga ko mu mpera z’uyu mwaka izaba yabashije gukora imodoka zitwara.
Abikorera bo mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke baratangaza ko guhabwa uburenganzira nk’abandi Banyarwanda byatumye bafungurirwa amarembo na bo barakora biteza imbere.
Icyorezo cya Coronavirus mu mezi ane kigeze mu Rwanda kimaze kwandurwa n’abantu 1337, abamaze gukira 684, naho abakirwaye ni 649 mu gihe abandi bane kimaze kubahitana nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima RBC.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri iki Cyumweru tariki 12 Nyakanga 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya mirongo itatu n’umunani(38) ba COVID-19.
Umuryango w’Abibumbye ONU uratangaza ko ingamba zo guhangana na Covid-19 zibangamiye gahunda yo guhashya ubwandu bw’agakoko gatera Sida (VIH-Sida), ku buryo hari impungenge ko mu minsi iri imbere impfu zituruka kuri Sida zizikuba kabiri.
Minisitiri w’intebe bw’u Bwongereza Boris Johnson yatangaje ko igihe kigeze ko abantu babaho ubuzima nk’uko bisanzwe. Yavuze ko ashaka kongera kubona basohoka hanze, kandi bafite icyizero kurushaho.
Mu myaka umunani ishize ubwo gahunda yitwa "Tubarere mu miryango" yatangizwaga, ikigo cyareraga impfubyi cyitwa ’Orphelinat Noel’ cyo ku Nyundo mu Karere ka Rubavu cyasezereye amagana y’abari bakirimo, bamwe bajya kurererwa mu miryango, abandi bajya kwicumbikira.
Producer Izere Daniel, uzwi nka Danny Beats, ni umwe mu basore batunganya muzika mu Rwanda bakomeye, umaze gukora indirimbo nyinshi zikunzwe hano mu Rwanda zirimo, Twifunze ya Sintex, Ku Gasima ya Bushari ndetse na Sabrina ya Mike Kayihura.
Bakiriya bacu, StarTimes irabamenyesha ko habaye ikibazo ku mirongo ya satellite iri hagati ya 3.7 GHz na 4GHz kuri site ya Jali, ariko turimo kubikemura.
Ku gicamunsi cyo kuwa gatandatu tariki 11 Nyakanga 2020 inkongi y’umuriro yatwitse inzu y’uwitwa Ndererimana Gaudence na Semanza Anathole batuye mu Mudugudu wa Kanama, Akagari ka Kabirizi mu Murenge wa Gacaca mu Karere ka Musanze, ibyarimo birashya birakongoka.
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge Musenyeri John Rucyahana asaba Abanyarwanda baba mu mahanga gukomeza kuzirikana Ubunyarwanda aho kwiyumvamo abanyamahanga.
Abaturage bo mu Kagari ka Kigombe kamwe mutugize Umujyi wa Musanze, bavuga ko igihe kinini bamaze bavoma amazi yanduye bikomeje kubatera ingaruka z’indwara zituruka ku mwanda.
Rtd Maj David Rwabinumi ni umwe mu Nkotanyi 600 zari mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko (CND) mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu rugamba rwo guhagarika Jenoside ni we wakoreshaga imbunda yubakiwe ikimenyetso ku gisenge cy’iyi nyubako. Byinshi ku rugamba yahuye na rwo bikurikire muri iyi video.
Imiryango yo mu Ntara y’Amajyaruguru ibarizwa mu cyiciro cy’abatishoboye iheruka gusenyerwa n’ibiza byabaye muri Gicurasi 2020 na mbere yaho gato, yatangiye guhabwa isakaro rigizwe n’amabati.
Ikipe ya Gasogi United yasinyishije umukinnyi wa karindwi, mu rwego rwo kwitegura umwaka w’imikino wa 2020/2021.
Kugeza ubu abaturage bangana na miliyari ebyiri na miliyoni 400 bahwanye na 1/3 cy’abatuye isi, ni abumva cyangwa basoma amagambo yanditse mu gitabo cyitwa Bibiliya, bakaba bitwa abakirisitu.
Mbere yo kuvuga uko umuntu ugona yakwivura mu buryo bw’umwimerere, ni ngombwa ko abantu babanza kumenya icyo kugona bivuze, n’impamvu zibitera.
Mu ndirimbo ziganjemo injyana ya gakondo, umuhanzi Mani Martin wacurangiwe na Kesho Band aherekejwe na Bill Ruzima ndetse na Patrick Nyamitari, ni bo basusurukije abarebaga Iwacu Muzika Festival.
Umuhanzi Rukabuza Pius wamamaye ku izina rya DJ Pius yasobanuye ko indirimbo ‘Ubushyuhe’ bayikoze bayijyanishije n’iki gihe cy’impeshyi.
Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, General James Kabarebe, yasobanuye ko mu rugamba rwo kubohora igihugu, abasirikare bari ku rugamba batigeze bacika intege n’ubwo mu ntangiriro zarwo bapfushije abasirikare n’abayobozi benshi.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Nyakanga 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya mirongo ine na barindwi(47) ba COVID-19.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Kayonza, Didace Ndindabahizi, avuga ko gushakisha imibiri y’Abatutsi bajugunywe mu cyuzi cya Ruramira mu gihe cya Jenoside byongeye guhagarara kubera ko hari agace karimo amazi n’isayo abaturage batabasha kujyamo.
Umwe mu bashyushyarugamba ndetse akaba azwi cyane mu kwigisha indirimbo zishyushya ibirori, mu ngando no mu itorero, yemeza ko guhorana morale akanayiha abandi ari impano yahawe na Rurema kabone n’ubwo yaciye mu bikomeye.