Rutahizamu Bizimana Yannick ni we wegukanye igihembo cy’umukinnyi w’ukwezi muri Rayon Sports cyatanzwe kuri uyu wa Gatatu
Ubuyobozi bw’inzu y’ubwanditsi yo mu Bufaransa yitwa LAROUSSE bwemeye gukosora inyandiko bwakoresheje mu nkoranyamagambo yabwo, ipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa mbere tariki ya 29 Nyakanga 2019, yafashe imyanzuro irimo uwo gusubiza bimwe mu bigo bya Leta mu mijyi yunganira Kigali.
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 15 Mutarama 2019 ku cyicaro cy’uruganda rwa Azam habereye umuhango wo gusinya amasezerano y’imikoranire hagati ya APR FC n’uruganda Rwa Azam (Bakhresa Grain Milling Rwanda Ltd).
Muri iki gihe abantu batandukanye bakiri mu myaka yo kubyara usanga baba bibaza ku mata baha abana babo basubiye mu kazi, kuko ikiruhuko umubyeyi ahabwa ari amezi atatu,yaba akorera Leta cyangwa abikorera.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Mutarama 2020, Ingabo z’u Rwanda, Abapolisi ndetse n’abakora mu nzego zishinzwe abinjira n’abasohoka, bahuriye mu mahugurwa y’umunsi umwe agamije kubungabunga umutekano wo ku mipaka.
Mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Nyarugunga ku muhanda uva i Kabuga ujya ku Murindi, tariki 14 Mutarama 2020 habereye impanuka yahitanye umuntu umwe, batatu barakomereka bikomeye.
Miliyari esheshatu na miliyoni 500 z’amafaranga y’u Rwanda ni zo zigiye gushorwa mu kubaka amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (TVETs) atanu mu turere twa Burera, Musanze na Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru.
Umukinnyi wo mu kibuga hagati Ally Niyonzima amaze gusinyira ikipe ya Rayon Sports, akaba agomba gutangira kuyikira muri iyi mikino yo kwishyura
Mu mpera z’iki Cyumweru ubwo shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda iza kuba ikomeza, hategerejwe bamwe mu bakinnyi batari baremerewe gukina imikino ibiri iheruka.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ivuga ko abahinzi bafatiye ubwishingizi imyaka yabo ikaza guhura n’ibiza ikangirika bagahomba, bagiye kwishyurwa n’ikigo cy’ubwishingizi cya Radiant cyayishingiye bityo babashe gukomeza imishinga yabo.
Umunyamuziki Bruce Melodie agiye kumurika televiziyo ye ku mugaragaro nyuma y’igihe kinini ari mu igerageza ry’iki gitangazamakuru gishyashya hano mu Rwanda.
Abahoze bakorera amavuriro mato (Postes de Santé) mu Karere ka Ngororero barasaba ubuyobozi bw’Akarere kubishyura imishahara bakoreye mbere y’uko ayo mavuriro yegurirwa abikorera.
Abapolisi 140 b’u Rwanda bamaze gusimbura bagenzi babo bari bamaze umwaka mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye (UN) muri Repubulika ya Santre Afurika (CAR), kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Mutarama 2020.
Umukinnyi wa Rayon Sports Iranzi Jean Claude yerekeje mu Misiri aho agiye gukora igeragezwa mu ikipe yo mu cyiciro cya mbere
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwazamuye ibiciro by’amashanyarazi ku bazakoresha umuriro mwinshi nk’uko ruheruka kubigenza ku bakoresha amazi.
Isomwa ry’urubanza ku kirego cya Ndabereye Augustin, wahoze ari umuyobozi w’Akarere ka Musanze ushinzwe iterambere ry’ubukungu, asaba kurekurwa by’agateganyo akaburana ari hanze ryasubitswe.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi n’Iterambere mu byerekeye Inganda (NIRDA) kiratangaza ko cyeguriye Uruganda rutunganya amata rwa Burera (Burera Diary) Kompanyi yitwa African Solutions Private Ltd (Afrisol).
Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB) gitangaza ko abarimu na bamwe mu bayobozi mu bigo by’amashuri by’inderabarezi (TTC) bagiye gukorerwa isuzumabumenyi ngo hagaragare ubushobozi bwabo mu rurimi rw’icyongereza bigishamo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko abantu badakeneye amafaranga y’abaterankunga kugira ngo basukure aho batuye. Ibi ni bimwe mu bikubiye mu kiganiro yagiranye n’umunyamuru Nik Gowing i Abu Dhabi muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu, muri gahunda y’inama yitabiriye yiga ku iterambere rirambye.
Hari abantu bakunze kwambara cyangwa bakambika abana babo inkweto zikoze muri parasitike. Ese izi nkweto zaba hari ikibazo zatera uzambara? Uzambara akwiye kwitwara ate ngo zitamutera ikibazo?
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 14 Mutarama 2020 ku isaha ya saa mbiri za mu gitondo, ni bwo umutoza Samyr Sanchez ukomoka muri Venezuela na Rutahizamu Roby Norales ukomoka muri Honduras bageze mu Rwanda baje mu kipe ya Mukura VS.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwijeje abaturage bako batishoboye basenyewe n’ibiza birimo imvura yaguye kuri Noheli mu mpera z’umwaka ushize wa 2019, ko butazabatererana mu gihe cyose batarabona aho baba.
Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CP Rogers Rutikanga, avuga ko nk’uko Kiliziya yifuza ko abantu babaho badakora ibyaha, na Polisi ari uko.
Umwalimu mu Itorero rya ADEPR witwa Minega Jean de Dieu avuga ko mbere yo kwakira agakiza ngo yanyweye ibiyobyabwenge bimutera kurya cyane bidasanzwe, akaba ngo atewe impungenge n’ingo zirimo abantu bakennye banywa ibiyobyabwenge.
Mu muhango wo kwizihiza umunsi ngarukamwaka wahariwe umuco ku basirikare bakuru biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare riherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze, amafunguro yo mu gihugu cya Botswana na Zambia yatunguye benshi.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, CIP Hamdoun Twizeyimana, avuga ko kuva ubukangurambaga bwa Gerayo Amahoro bwatangira impanuka zo mu muhanda zimaze kugabanukaho 11%.
Ku Cyumweru tariki 12 Mutarama 2020, ni bwo hamenyekanye inkuru y’akababaro y’urufpu rwa Mugabo Pie, wigeze kuba Minisitiri w’Imibereho myiza y’abaturage ndetse akaba yarabaye n’umuyobozi mukuru w’ishyaka rya PL.
Uwitwa Emmanuel Ntivuguruzwa w’imyaka 28 ari mu maboko ya Polisi, akurikiranyweho gushinga ikigo cyitwa “Isango Group Ltd” cyizeza abantu ko kirimo kubahuza n’abifuza abakozi, ariko buri muntu akabanza kwishyura ikiguzi cy’amafaranga 12,500 Frw.
Umuhanzi Safi Niyibikora uyu munsi uzwi mu muziki nka Safi Madiba, yavuze ko mu byatumye ava mu nzu y’umuziki ya The Mane, ari uko amasezerano ye yari akomeje kutubahirizwa ku ruhande rwa The Mane, ibi akavuga ko atari gukomeza kubyihanganira kuko na we yagombaga kurengera izina rye amaze kubaka mu muziki.
Uruganda rw’imiti rwitwa Copper Pharma rufite inkomoko muri Maroc rurimo kubakwa mu Rwanda, mu gace kahariwe inganda gaherereye i Masoro muri Gasabo, ruratangira gukora serumu hagati muri uyu mwaka wa 2020, rukazakomeza rukora n’indi miti.
Muri paruwasi ya Nyamiyaga mu Karere ka Nyanza, hari abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’ababahemukiye biyunze hanyuma bibumbira mu isinda ‘Twunze Ubumwe’, none bahawe inkunga ya miliyoni 26 na Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge.
Rutahizamu wa Bugesera Shabban Hussein Tchabalala, agiye kwerekeza mu Bushinwa gukora igerageza muri imwe mu makipe yaho
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari i Abu Dhabi muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu (United Arab Emirates), aho yitabiriye inama yiga ku iterambere rirambye.
Abarimu batatu bahitanywe n’igitero cya Al-Shabab cyagabwe mu mu ishuri ribanza mu gace ka Kamuthe, mu ntara ya Garissa mu gihugu cya Kenya kuri uyu wa mbere.
Mu karere ka Huye hari kubera imikino ibanziriza isiganwa rya Huye Half Marathon rizaba mu mpera z’iki cyumweru, hakaba ahamaze kumenyekana amakipe azakina imikino ya nyuma (Finals)
Ikipe ya APR FC yatsinze Bugesera FC ibitego 2-1 mu mukino wabereye kuri stade ya Kigali i Nyamirambo, ihita irusha Rayon Sports iyikurikiye amanota atandatu
Umugabo witwa Mohammed Mutumba utuye mu gace kitwa Kyampisi mu Karere ka Kayunga muri Uganda, aherutse gusezerana mu idini ya Islamu n’uwitwa Swabullah Nabukeera wari usanzwe ari umugabo ariko ariyoberanya yihindura umugore ku isura.
Kiliziya Gatolika yemereye Polisi y’u Rwanda ko amateraniro y’abayoboke bayo yose agomba kwigishirizwamo ubukangurambaga bwiswe ‘Gerayo Amahoro’ na ‘Rengera Umwana’.
Madamu Jeannette Kagame avuga ko kubaho nta byiringiro ku buzima buri imbere ari nko guhakana ubushobozi bw’Imana kandi yo haba hari ibyo iteganyiriza ibiremwa byayo.
Mu rwego rw’ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda na Kiliziya Gatolika mu kurwanya impanuka zo mu muhanda, kuri iki cyumweru tariki 12 Mutarama 2020, hirya no hino mu gihugu muri Kiliziya Gatolika hatangijwe ku mugaragaro ubukangurambaga bwa ‘Gerayo Amahoro’.
Ikigo cyitwa RITCO Ltd (Rwanda Inter-Link Transport Company) gikora ibijyanye no gutwara abagenzi hirya no hino mu gihugu, kiratangaza ko kigiye kwibanda ku kwerekeza mu mihanda yo mu cyaro ihuza icyaro n’imijyi mito ndetse n’Umujyi wa Kigali.
General Kabarebe yabwiye abarimu bigisha amateka bari mu itorero i Nyanza ko atajya aririmba kandi ko yabyangishijwe n’umwalimu wamwigishaga.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred arasaba abayobozi mu Karere ka Nyagatare gukora batizigama no gukosora ibyangiza isura y’akarere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko ishuri ryigisha imyuga Unique TVET School, ryamaze gufunga imiryango, kandi ko iryitwa Future Gate TVET School riherutse guhamagarira abanyeshuri kurigana ritaremererwa gukora.
Madamu Jeannette Kagame avuga ko ibibazo bisigaye biba mu ngo z’Abanyarwanda bituma hari abato bica intege bagatinya gushinga ingo bitahozeho, bityo ko bishobora no kurangira umuntu akajya gushinga urugo yumva ko agiye aho azakundwa nk’uko byahoze kera.
Mu mikino y’umunsi wa 17 wa shampiyona yabaye kuri uyu wa Gatandatu, Rayon Sports yanganyije na AS Kigali, Gasogi itsindwa na Marines.
Itsinda ry’Abanyarwanda 40 baba mu mahanga (Diaspora) mu bihugu byo hirya no hino ku isi baravuga ko aho u Rwanda rugeze mu birebana n’ishoramari mu bikorwa bitandukanye hatanga icyizere gishimishije.
Perezida wa Sena, Dr Iyamuremye Augustin, ahamya ko urukundo hagati y’abashakanye atari ukurebana mu jisho ahubwo ari ukureba mu cyerekezo kimwe.