Aborozi batandukanye bavuga ko kugezwaho inkingo n’intanga by’amatungo hakoreshejwe Drones (utudege duto tutagira abapilote), byabakemuriye ibibazo bahuraga nabyo birimo gutinda kubibona.
Nyirandikubwimana Marceline wo mu Mudugudu wa Kanyamizo mu Kagari ka Nyarusozi, mu Murenge wa Nyabinoni ukora umwuga w’ubuvumvu, amaze kwigisha abagore 17 n’abagabo 26 uko borora inzuki bigatanga umusaruro.
Hirya no hino hagiye hashyirwa amakusanyirizo y’amata y’inka, mu rwego rwo kugira ngo adahise anyobwa abashe gutunganywa, ariko urebye agerayo ni makeya ugereranyije n’ayari yitezwe.
Aborozi mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bashimishijwe cyane n’amabwiriza mashya, yo kororera inka mu biraro kuko harimo inyungu zo kubona umukamo mwinshi, ndetse n’umusaruro mwinshi w’ibihingwa kandi ibisigazwa byawo bikagaburirwa amatungo.
Ku wa Mbere tariki ya 02 Ukwakira 2023, Ikigo cy’Igihugu gishizwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), cyakuyeho akato k’amatungo kari karashyizweho mu Murenge wa Karangazi nyuma y’uko hagaragaye indwara y’uburenge mu nka zo mu Kagari ka Nyamirama, mu mpera za Kanama 2023. RAB ikaba yasabye aborozi gukurikiza ingamba (...)
Ntabwo ari umugani kumva ko ikibwana kimwe cy’imbwa zitwa ‘Great Dane’ kitarengeje amezi abiri y’ubukure, kigurwa amafaranga arenga miliyoni imwe n’ibihumbi 300Frw, mu gihe ikibwana cy’izitwa ’Boebul’ na cyo kigurwa arenga miliyoni imwe n’ibihumbi 100Frw.
Aborozi b’amatungo atandukanye baravuga ko bahangayikishijwe n’ibiciro by’ibiryo byayo, kubera ko kuba bihenze bidatuma bashobora kubona umusaruro uhagije w’ibiyakomokaho.
Muri Afurika y’Epfo haravugwa ikibazo cy’ibura ry’inyama z’inkoko kubera icyorezo cy’ibicurane by’ibiguruka ndetse n’ikibazo cy’ibura ry’umuriro bibangamiye cyane ubworozi bw’inkoko nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwa sosiyete nini mu zikora ubworozi bw’inkoko muri icyo gihugu yitwa ‘Astral Foos’.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Musafiri Ildephonse, aherutse gutangaza ko iyi Minisiteri itazongera kurambagiriza aborozi inka zitanga umukamo hanze y’Igihugu, ahubwo ko izajya ibaha ubufasha bwo kujya kuzirebera ndetse n’ibindi bijyanye n’ubuvuzi n’uburyo bwo kuzinjiza mu Gihugu, dore ko yemera ko n’izororerwa mu (...)
Aborozi bo mu Turere twa Nyagatare, Gatsibo, Kayonza na Kirehe, bahawe igihe cy’umwaka umwe kugira ngo inka zose zibe zororerwa mu biraro, isanzwe hanze igafatwa nk’izerera, nyirayo agafatirwa ibihano.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Ildephonse Musafiri, arateguza aborozi ko inka zizajya zifatirwa mu Kigo cya gisirikare cya Gabiro, zishobora kuba umutungo wa Leta.
Ibagiro rya Kijyambere rya Gakenke riri mu mabagiro akomeye abarizwa mu Rwanda. Abarikoreramo bakomeje guhura n’ikibazo cy’uko umubare w’inka zihabagirwa ukiri muto bagereranyije n’ubushobozi bwaryo.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), kiramara impungenge aborozi b’inkoko nyuma y’uko hatangiye gutangwa imishwi yakingiriwe mu ituragiro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buravuga ko indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Murenge wa Karangazi mu Kagari ka Ndama, ndetse inka 56 zikaba zimaze gukurwa mu bworozi.
Abajyanama b’ubworozi bo mu Karere ka Gakenke, barasabwa kurushaho kwegera aborozi babaha ubujyanama buzamura ubumenyi bw’uburyo amatungo yitabwaho, kugira ngo arusheho kororoka n’umusaruro uyakomokaho wiyongere.
Abajyanama mu by’ubworozi bo mu Karere ka Burera, barashimira umushinga USAID Orora Wihaze, wabahuguye ubaha ubumenyi bwo kunoza gahunda y’ubworozi, by’umwihariko ubw’amatungo magufi.
Abayobora amakusanyirizo y’amata mu Karere ka Nyagatare bavuga ko babangamiwe cyane n’igiciro cy’umuriro w’amashanyarazi bakoresha bayakonjesha kuko inite imwe iri hejuru y’amafaranga y’u Rwanda 170.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Matsiko Gonzague, arizeza aborozi ko ibikomera (amasoko y’inka), bifungurwa muri iki cyumweru, nyuma y’igihe hari akato ku matungo kubera indwara y’uburenge, yari yagaragaye mu Murenge wa Rwimiyaga.
Gutwara amatungo nabi igihe agiye kubagwa biri mu bituma inyama zitakaza ubuzirange, bikagira ingaruka ku buzima bw’umuntu waziriye.
Ikigo gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), ku bufatanye n’Uruganda rw’Abafaransa rukora inkingo ’Ceva Santé Animale’, batangiye gahunda yiswe ‘Prevent’ yo gukingirira imishwi y’inkoko mu maturagiro, kugira ngo zitazongera gupfira ku borozi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana, aranenga uburyo Intara y’Amajyepfo igaragaza ko ifite inka zisaga ibihumbi 400, ariko zikaba zitanga gusa umukamo ubarirwa muri litiro z’amata ibihumbi 200 ku mwaka.
Inzobere mu bworozi no mu buvuzi bw’amatungo, Dr. Zimurinda Justin, avuga ko indwara y’uburenge mu Ntara y’Iburasirazuba, ituruka ahanini mu bihugu bihana imbibi na tumwe mu Turere tuyigize kubera inyungu za bamwe mu borozi ariko nanone ngo yacika burundu mu gihe aborozi bamwe bahindura imyumvire.
Abanyeshuri biga muri Bigigwe TSS, bakomeje gahunda yo kwegera abahinzi n’aborozi baturiye iryo shuri, bakemura ibibazo bafite, bibanda ku kubavurira amatungo.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), yibutsa aborozi b’inkoko ko hari gahunda ya Leta yitwa PSTA4 ibasaba kuzamura umusaruro w’amagi, ukikuba inshuro zirenze ebyiri bitarenze umwaka utaha wa 2024, n’ubwo bataka ko bahendwa n’ibiryo byazo.
Umushinga ugamije guteza imbere ubworozi bw’amatungo magufi (PRISM), ukomeje gahunda yo guhugura aborozi biganjemo abato hirya no hino mu gihugu, mu rwego rwo kubereka uburyo bateza imbere ubworozi bwabo bifashishije ibigo by’imari.
Umworozi w’ingurube wo mu Karere ka Gicumbi, Shirimpumu Jean Claude, avuga ko umuntu ashobora gutangira umurimo uciriritse ukamugeza kuri byinshi iyo yawukoze neza, nk’uko yabigezeho abikesha ubworozi bw’ingurube.
Bamwe mu borozi mu Karere ka Kayonza barasaba Ubuyobozi gushyiraho abaveterineri benshi bagaca indwara mumatungo, kuko bashobora kugura inka zitanga umukamo mwinshi ku mafaranga menshi zigapfa zitamaze kabiri.
Ingurube ni itungo abenshi mu baryorora bavuga imyato, ku bw’iterambere rikomeje kubagezaho, kubera kororoka cyane, ariko abantu bagakomeza kuvuga ko ingurube ibwagura mu gihe andi matungo abyara, cyangwa bakavuga ibibwana (ibyana).
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda (RAB), butangaza ko n’ubwo mu Rwanda habarizwa ibiyaga byinshi, hari ibidakorerwamo ubworozi bw’amafi bitewe n’imiterere yabyo, ibindi bikaba birimo amafi arya ayandi bikabangamira kororoka kwayo.
Abarobyi bakorera mu kiyaga cya Kivu bavuga ko bahangayikishijwe n’imitego ikoreshwa na bamwe muri bo mu kuroba isambaza zitarakura, bikaba bishobora kugabanya umusaruro w’isambaza mu minsi iri imbere, mu gihe Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), idahwema kubibabuza.