Minisitiri w’Ubuzima Dr Sabin Nsanzimana, yabwiye Abasenateri ko abakozi bazemera kujya gukorera mu bigo nderabuzima 82 biherereye ahantu kure kandi hagoye kugera, bazajya bahabwa agahimbazamushyi kihariye.
Nyuma y’amezi ane ibitaro bya Nyarugenge bifunzwe by’agateganyo, biteganyijwe ko bizafungurwa mu gihe cy’ibyumweru bibiri, nk’uko Minisitiri w’Ubuzima Dr Sabin Nsanzimana, yabitangarije Abasenateri, kuri uyu wa Kane tariki 16 Mutarama 2025.
Abahanga mu by’ubuzima bavuga ko indwara y’igisukari cyangwa se Diabète mu ndimi z’amahanga, ari indwara yo kugira isukari nyinshi mu mubiri ikarenga igipimo cy’iyo umubiri usanzwe ukenera, bitewe ahanini no kubura k’umusemburo witwa insuline cyangwa utabasha kwakirwa n’umubiri, bitewe n’uko utarekurwa ku rugero rukenewe.
Umugaba Mukuru ushinzwe Serivisi z’Ubuvuzi mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), Gen Maj Dr Ephrem Rurangwa, yayoboye inama yahuriyemo abaganga babarizwa mu Ngabo z’u Rwanda n’abasivili bakorana na bo mu Gihugu hose, abasaba kurushaho kunoza ibyo bakora.
Abahanga mu buvuzi n’abo mu bijyanye n’uruhererekane rutuma imiti igera ku bayikeneye, bemeza ko iyo idatanzwe mu buryo bwagenwe, bigira ingaruka zikomeye ku buzima bw’abantu kuko igera aho ikananirwa kubavura.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa kabiri tariki 17 Ukuboza 2024 yifashishije ikoranabuhanga, yagejeje ubutumwa ku bitabiriye igikorwa cyo gutangiza ikigo cy’icyitegererezo cy’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) i Lyon mu Bufaransa.
Abivuriza mu Kigo Nderabuzima cya Kabere giherereye mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze, barashimira Leta yavuguruye inyubako z’icyo kigo mu buryo bujyanye n’icyerekezo, ariko bagaragaza imbogamizi z’abakozi bake zituma badahabwa serivisi uko bikwiye.
Ikigo cy’u Rwanda cyita ku Buzima (RBC), mu mpera z’uku kwezi kwa cumi na kabiri kirateganya gushyira ahagaragara umuti uterwa mu rushinge ukarinda umuntu kwandura virusi itera SIDA, muri gahunda isanzwe ya RBC yo kurwanya icyorezo cya SIDA.
Guteza imbere ubuvuzi ni imwe muri gahunda Leta y’u Rwanda ikomeje gushyiramo imbaraga, mu rwego rwo kubungabunga ubuzima bw’umuturage. Ni muri urwo rwego hirya no hino mu Gihugu hubatswe ibikorwa remezo bijyanye n’ubuvuzi, mu rwego rwo kurinda abaturage gukora ingendo ndende bajya kwa muganga no kubarinda kurembera mu ngo.
Ubushakashatsi bwakozwe mu 2023 ku buryo bushya bwo gukemura ibibazo bishingiye ku buzima bwo mu mutwe binyuze mu matsinda ndetse no mu miryango, bwagaragaje ko imibanire myiza mu miryango igeze ku rugero rwa 99%, mu gihe komora ibikomere muri rusange biri hagati ya 75% na 94%.
Abakora mu rwego rw’ubuvuzi baravuga ko guhangana n’ikibazo cy’udukoko tugira ubudahangarwa ku miti ari urugamba rusaba ubufatanye bw’inzego zitandukanye, kuko iki ari icyorezo cyica abantu benshi bucece.
Ihuriro ry’imiryango y’abantu barwaye indwara zitandura, rishima uruhare rw’u Rwanda mu kurwanya Diyabete ariko bagasaba ko bakomeza gufashwa kurushaho kuko ari uburwayi babana na bwo budakira.
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC) tariki ya 8 Ugushyingo 2024 cyafashe amaraso abayobozi bakuru mu ngabo z’u Rwanda yo gufasha abantu barembye.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko abantu bose bari barwaye Icyorezo cya Marburg bakize ndetse mu Cyumweru gishize nta muntu n’umwe wigeze acyandura.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko abantu babiri gusa ari bo basigaye bari kuvurwa icyorezo cya Marburg.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko abantu babiri mu bavurwaga icyorezo cya Marburg bakize, mugihe habonetse undi mushya wanduye icyo cyorezo.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 29 Ukwakira 2024 nta muntu mushya wabonetse wanduye icyorezo cya Marburg, nta wakize, nta n’uwapfuye, abantu batatu bakomeje kuvurwa.
Bamwe mu baturage by’umwihariko abigeze gukoresha imiti batandikiwe na muganga, bavuga ko babikuyemo isomo rikomeye, ku buryo nta wabo bashobora kwemerera gukora icyo gikorwa, bitewe n’ingaruka bahuriyemo na zo.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu bipimo 93 byafashwe kuri iki Cyumweru tariki 27 Ukwakira 2024, byagaragaje ko nta muntu wanduye icyorezo cya Marburg.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu, tariki 26 Ukwakira 2024 habonetse undi muntu mushya wanduye icyorezo cya Marburg.
Inzego z’ubuzima mu Karere ka Rwamagana mu Ntara y’Iburasirazuba ku bufatanye n’abafatanyabikorwa batandukanye, zirashishikariza abaturage b’ako Karere, by’umwihariko abafite ubumuga, kwitabira ibikorwa biteganyijwe muri ako Karere bigamije gusuzuma no kuvura uburwayi bw’amaso.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Ukwakira 2024, umuntu umwe ari we wakize icyorezo cya Marburg.
Banki ya Kigali BK yateye inkunga ya Miliyoni eshanu z’ Amafaranga y’u Rwanda (5.000.000 Frw) gahunda y’ubukungarambaga bwo kurwanya kanseri y’ibere bwateguwe n’Ikigo ‘Breast Cancer Initiative East Africa (BCIEA)’ bukorwa buri mwaka hagamijwe kumenyekanisha kanseri y’ibere, gukangurira abantu kuyipimisha hakiri kare, ndetse (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Ukwakira 2024, umuntu umwe yanduye Icyorezo cya Marburg mu bipimo 81 byafashwe.
Kuri uyu wa Mbere, tariki 21 Ukwakira 2024, Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko umuntu umwe gusa (1) ari we uri kuvurwa Icyorezo cya Marburg.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko umuntu umwe (1), yakize mu gihe babiri (2) ari bo bari kuvurwa Icyorezo cya Marburg.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko nta muntu wanduye Icyorezo cya Marburg mu bipimo 103 byafashwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Ukwakira 2024.
Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE), yagaragaje ko abantu batatu gusa (3) ari bo basigaye bari kuvurwa Icyorezo cya Marburg mu Rwanda, mu gihe umuntu umwe mu bari barwaye yakize.
Abantu 5 bakize Icyorezo cya Marburg mu gihe mu bipimo 271 byafashwe kuri uyu wa Kane tariki 17 Ukwakira 2024.
Abantu umunani bakize icyorezo cya Marburg ku wa Gatatu tariki 16 Ukwakira 2024, abamaze gukira bose hamwe baba 38.