Uwahoze ari Umudipolomate w’u Rwanda, Eugène Richard Gasana, yahamijwe n’itsinda ry’abacamanza bo muri Manhattan icyaha cy’ihohotera rishingiye ku gitsina, maze urukiko rutegeka ko aha Benita Uruhisho wari watanze ikirego, Miliyoni 5 z’Amadolari ya Amerika nk’indishyi nyuma y’urubanza mbonezamubano rwabereye i New York.
Inteko rusange umutwe w’Abadepite yateranye ku wa Kane tariki 29 Mata 2026 yatangaje ko Leta yatsinzwe imanza 9 bituma yishyura 46,438,529 Frw harimo n’indishyi z’akababaro kubera imanza yarezwemo zirebana no kuba zimwe mu nzego za Leta zitubahiriza amategeko, amabwiriza n’ibyemezo bijyanye n’imicungire y’abakozi ba Leta.
Mu nkiko z’u Rwanda kuri ubu hari imanza 892 zifitanye isano n’ibibazo by’ubwishingizi bijyanye n’indishyi, impanuka, amasezerano y’ubwishingizi, n’ibindi.
Mu rubanza rukomeje kubera mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Ubuhuza i La Haye mu Buholandi, ku kibazo cy’amasezerano atarubahirijwe ajyanye n’impunzi n’abimukira bagombaga kuzanwa mu Rwanda baturutse mu Bwongereza, kuri uyu munsi warwo wa kabiri, Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr. Ugirashebuja Emmanuel, (…)
Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro guhanisha igihano cy’igifungo cy’imyaka itanu abantu batanu bakekwaho gusakaza amashusho agaragaza Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano ari gukora imibonano mpuzabitsina.
Brig Gen Gakwerere Ezechiel wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Umutwe w’Iterabwoba wa FDLR, arashyikirizwa ubutabera bwa Gisirikare mu gihe cya vuba.
Ni nyuma y’uko uburana n’abamwunganira bagaragaje ko batiteguye kuburana ku byaha bine akekwaho. DJ Toxxyk wavutse tariki 27 Nyakanga 1993, ni umusore w’imyaka 33 utuye mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Remera, Akagari ka Rukiri I mu Mudugudu w’Urumuri.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kiyumba ruherereye mu Karere ka Muhanga rwakatiye Germain Musonera igifungo cy’imyaka 20, rumutegeka kwishyura indishyi z’akababaro za Miliyoni 50Frw ku muryango urengera inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA).
Perezida w’Agateganyo w’Inama y’Abakomiseri muri Komisiyo y’Igihugu ishinzwe abakozi ba Leta (NPSC) Sebagabo Muhire Barnabé, yatangaje ko uturere twatsinzwe imanza 4 ducibwa 18,826,907Frw kubera kutubahiriza uburenganzira bw’abakozi.
Urukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa, rwongeye guhamya Dr Munyemana Sosthène icyaha cya Jenoside, rugumishaho igihano cy’igifungo cy’imyaka 24 yari yarahawe mbere.
I Paris mu Bufaransa, ubushinjacyaha bwasabye urukiko rwa rubanda urugereko rw’ubujurire guhamya Sosthene Munyemana ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibyibasiye inyokomuntu no kumuhanisha igifungo cya burundu.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, akaba na Perezida w’Urwego rw’Ubucamanza, Mukantaganzwa Domitilla yavuze ko ibirarane by’imanza biterwa ahanini n’imyumvire ikiri hasi y’abagana inkiko ku ikemurwa ry’ibibazo mu bwumvikane, kuko benshi bumva ko ibibazo byabo bigomba gukemuka biciye mu iburanisha ry’urubanza hakaboneka utsinda (…)
Ku rukiko rwa Gisirikare ruri i Nyamirambo, kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Kanama 2025, hatangiye kuburanishirizwa urubanza ruregwamo abantu 28 barimo abasivile 23, abasirikare batatu, n’abo mu rwego rushinzwe igorora (RCS) babiri barimo CSP Hillary Sengabo, usanzwe ari Umuvugizi w’urwo rwego.
Urukiko Rukuru i Kigali rwategetse Victoire Ingabire kurwitaba kugira ngo abazwe mu rubanza rw’abafatwa nk’abakorana na we mu mugambi wo guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.
Abahanga mu gukemura impaka mpuzamahanga zishingiye ku bucuruzi baturutse mu bihugu 38 byo hirya no hino ku isi, bahuriye i Kigali ku wa 6 Kamena baganira n’inkiko ku buryo baharirwa imanza z’Ubucuruzi z’abashoramari b’abanyamahanga.
Ibi ni ibyasabwe n’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga bo mu Rwanda, aho bagaragaza ko Minisiteri y’Ubutabera, ikwiye kugira icyo ikora ku busabe bwabo bwo guhindura iteka rigena ingano y’ibihembo bahabwa.
Urukiko Rwisumbuye rwa Kicukiro kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Gicurasi 2025, rwatangiye kuburanisha urubanza rw’umunyamideri Moses Turahirwa, ukurikiranyweho ibyaha bitandukanye bijyanye no gukoresha ibiyobyabwenge.
Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza rwategetse ko Musenyeri Dr Mugiraneza Mugisha Samuel, afungwa iminsi 30 y’agateganyo nyuma yo gusuzuma rugashingira ku kuba hari iperereza ku byaha aregwa rigikorwa, kandi ko arekuwe yaribangamira.
Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza ruherereye mu Karere ka Musanze, ku wa Kane tariki 6 Gashyantare 2025, rwaburanishije Musenyeri Dr Mugiraneza Mugisha Samuel wahoze ari Umushumba wa EAR Diyosezi Shyira, ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ku byaha akurikiranweho birimo kunyereza no gukoresha umutungo wa Diyosezi mu nyungu ze (…)
Umunyarwanda utuye mu Bwongereza, Axel Rudakubana w’imyaka 18 y’amavuko, yakatiwe n’Urukiko igihano cyo gufungwa imyaka 52, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica abana b’abakobwa batatu bari mu ishuri ahitwa i Southport, muri Nyakanga umwaka ushize wa 2024, ndetse akagerageza no kwica abandi bantu 10.
Abadepite bagize Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no Kurwanya Jenoside, basabye Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), gukaza ingamba mu kurwanya inda ziterwa abangavu.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyamabuye rwanzuye ko Dushimumuremyi Fulgence, ukekwaho ibyaha birimo no kurema umutwe w’abagizi ba nabi, kwiba no gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe, akomeza gukurikiranwa afunze kubera impamvu zikomeye rushingiraho kuri ibyo byaha akurikiranweho.
Dushimumuremyi Fulgence uherutse gutabwa muri yombi, kubera ibikorwa ashinjwa byo kubangamira umudendezo wa rubanda, no kurema umutwe w’abagizi ba nabi, yasabiwe gufungwa iminsi 30 y’agateganyo, kubera ibyo byaha akurikiranweho n’ubushinjacyaha.
Séraphin Twahirwa wari uherutse guhamywa ibyaha bya Jenoside, no gukatirwa igifungo cya burundu n’Urukiko rwo mu Bubiligi, yapfuye aguye mu bitaro bya Saint-Luc biri i Bruxelles.
Urugereko rw’Urukiko rukuru rwa Nyanza rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kabera Vedaste, wahoze ari umukozi w’Intara y’Amajyepfo ushinzwe imiyoborere.
Nyuma y’igihe aburana ubujurire mu Rukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa, Hategekimana Philippe Manier uzwi nka Biguma, yongeye guhamwa n’ibyaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu ndetse ahanishwa igifungo cya Burundu.
Urukiko rwa Gisirikare ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 09 Ukuboza 2024, rwakatiye Sergeant Minani Gervais, igihano cy’igifungo cya burundu ndetse no kwamburwa impeta za gisirikare.
Kuri uyu wa kabiri tariki 3 Ukuboza 2024, nibwo Urukiko rwa Gisirikare rwaburanishije Sergeant Minani Gervais ukekwaho kwica arashe abantu batanu bo mu murenge wa Karambi mu Karere ka Nyamasheke.
Kuri uyu wa Kabiri, Urukiko rwa Gisirikare rwatangiye kuburanisha mu ruhame, urubanza ruregwamo Sergeant Minani Gervais w’imyaka 39, ukekwaho kurasa abaturage batanu mu Karere ka Nyamasheke abasanze mu kabari. Urubanza rurabera mu Kagari ka Rushyarara mu Murenge wa Karambi, aho icyaha cyabereye.
Mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyamata, kuri uyu wa Kane tariki 14 Ugushyingo 2024 Ubushinjacyaha bwasabiye Rurangirwa Wilson uzwi nka Salongo gufungwa iminsi 30 y’agateganyo kubera ko hari impamvu zikomeye zituma akekwaho ibyaha akurikiranyweho.