Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (ONU), António Guterres, yagaragaje ko Kigali ari umwe mu mijyi iyoboye indi mu micungire y’imyanda, mu Nteko Rusange ya ONU, yaganiriye ku ruhare rwo kurangiza ikibazo cy’imyanda ikabyazwamo ibindi bikoresho, muri gahunda yo kugera ku ntego z’iterambere rirambye (...)
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya, akangurira Abanyarwanda n’abaturarwanda kubungabunga amashyamba aho ari hose, kuko ari nk’ibihaha by’umuntu, bityo ko ari ubuzima, akanabasaba kuyongera aho bishoboka hose.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, Hon Mukabalisa Donatille, yibukije abaturage batunze ibikoresho by’ikoranabuhanga bitagikoreshwa, kutabivanga n’indi myanda ahubwo babibika ahantu hiherereye, ubuyobozi bukabihakura bubijyana ahabugenewe.
Abaturage bo mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera, bahamya ko ingamba zashyizwe mu bikorwa bigamije kugabanya ubukana bw’amazi ava mu birunga, zigenda zitanga umusaruro, icyizere kikaba ari cyose ko mu gihe zakomeza gushyirwamo imbaraga, igihe kizagera ayo mazi akunze kubasenyera akanatwara ubuzima bw’ababo, bizaba (...)
Abasaga 500 biganjemo urubyiruko, kuri uyu wa 11 Werurwe 2023, bakoze umuganda wo gutera ibiti mu ishyamba rikikije ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye, rizwi ku izina rya Arboretum, mu rwego rwo kwizihiza umunsi w’Ibihugu bihuriye ku rurimi rw’Icyongereza (...)
Ihuriro ry’ibigo bishinzwe kurengera ibidukike muri Afurika (EPA) hamwe n’abayobozi muri urwo rwego, batoreye u Rwanda kuyobora ibikorwa by’iryo huriro muri Afurika.
Mu mujyi wa Kigali ahaherereye Ingoro Ndangamateka yitiriwe Richard Kandt uretse kuba ibumbatiye amateka y’u Rwanda rwo hambere, mbere ndetse no mu gihe cy’Abakoloni by’umwihariko Abadage ba mbere baje mu Rwanda, hari igice cy’iyi ngoro gisigasiye ibinyabuzima by’ibikururanda birimo inzoka (...)
Ubuyobozi bwa Pariki ya Nyungwe bwashyiraho itsinda ry’abantu 92 biganjemo urubyiruko, bashinzwe gushakisha ahari imitego yica inyamaswa ba rushimusi bagenda batega muri Pariki, cyane cyane ku nkengero zayo bakayitegura, mu rwego rwo kurengera ibyo (...)
Ishuri rikuru ry’Abaporotesitanti (PIASS) ryubatse inzu yubatse mu buryo irengera ibidukikije, ikazajya inigishirizwamo ibijyanye no kurengera ibidukikije. Icya mbere umuntu abona agitunguka kuri iyo nzu ni ibikoresho by’ikoranabuhanga bizwi nka ‘Panneaux’ bifata imirasire y’izuba biri ku rukuta rwose rw’uruhande rumwe. Izo (...)
Umuyobozi w’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, Kristalina Georgieva mu kiganiro yagiranye na ba rwiyemezamirimo tariki ya 25 Mutarama 2023, muri ECO-Park ya Nyandungu, yashimye u Rwanda mu bikorwa byo guhangana n’ihindagurika ry’ibihe, n’uburyo rubungabunga (...)
Abatuye mu Tugari twa Gahurizo na Rugerero mu Murenge wa Kivu mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko bifuza ingemwe zihagije z’ibiti by’imbuto kugira ngo babashe kurya indyo iboneye, banasagurire amasoko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana buraburira abogereza ibinyabiziga mu bishanga, kubihagarika bakayoboka ibinamba byemewe, abatazabyubahiriza bakazajya bacibwa amande yagenwe.
Umushinga Green Gicumbi w’Ikigega cya Leta cy’Ibidukikije (FONERWA), uratanga icyizere ko mu myaka icyenda iri imbere, muri ako Karere hazaba hamaze kuboneka ibiti byavamo imbaho n’amapoto y’amashanyarazi, nyuma yo gusazura hegitare zirenga 1700 z’amashyamba (...)
Abaturage bo mu Karere ka Gicumbi bafite imishinga myiza yo kurengera ibidukikije no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, bagiye guhabwa Amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni 700 bitarenze Werurwe 2023.
Abantu umunani bafashwe n’inzego z’Umutekano mu Karere ka Kicukiro ku wa Gatandatu tariki 14 Mutarama 2023, zibahora kwambukiranya imihanda ahatemewe mu busitani. Bakaba berekaniwe muri Gare ya Nyanza bahita barekurwa, ariko baburirwa ko ubutaha bazahanwa.
Ku bufatanye bw’umushinga Green Gicumbi, Akarere ka Gicumbi gafite intego yo kuzasazura amashyamba ku buso bungana na hegitari 360 mu mwaka wa 2023.
Pamela Ruzigana, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Kubungabunga Ibyogogo no Kurwanya Isuri, Kigo cy’Igihugu gishinzwe Umutungo Kamere w’Amazi mu Rwanda (RWB), avuga ko mu nyigo bakoze basanze mu turere twose tw’u Rwanda isuri itwara ubutaka bwinshi, bugatemba bugana mu nzuzi no mu (...)
Dian Fossey wamenyekanye cyane mu Rwanda nka Nyiramacibiri, imyaka 37 irashize atabarutse, kuko yitabye Imana ku ya 26 Ukuboza 1985, akaba yariciwe mu Birunga.
Pasitoro Eraste Rukera urimo gukorera impamyabumenyi ya ‘Masters’ mu ishuri rikuru ry’Abaporotesitanti (PIASS), avuga ko abizera Imana badatekereza kwita ku bidukikije kuko bumvise nabi amagambo yo muri Bibiliya, aho mu gitabo cy’Intangiriro mu mutwe wa mbere n’uwa kabiri Imana yahaye umuntu ububasha bwo “Kororoka, gukwira Isi (...)
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buributsa abawutuye ko umuntu wese ushaka gutema igiti abisabira uruhushya, yandikiye Umuyobozi w’uyu Mujyi (Mayor).
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Umutungo Kamere w’Amazi mu Rwanda (RWB), butangaza ko burimo gushaka amafaranga atunganya imikoke 53 y’amazi ava mu Birunga agasenyera abaturage.
Ikiyaga cya Victoria kiri mu karere u Rwanda ruherereyemo n’ubwo rutagikoraho, gusa iyo cyanduye cyangwa cyahumanyijwe n’imyanda ituruka mu bihugu bitandukanye, bigira ingaruka ku Rwanda, cyane ko hari n’imyanda iruturukamo ikaruhukira muri icyo kiyaga, nk’uko impuguke (...)
Perezida Paul Kagame yatangaje ko ihindagurika ry’ibihe rigira ingaruka kuri Afurika ariko ko ibyo bidakwiye kuyica intege. Yabitangaje tariki 8 Ukuboza 2022, aho yitabiriye ihuriro ryitwa ’Kusi Ideas Festival’.
Minisiteri y’Ibidukikije ifatanyije n’Urugaga rw’Abikorera (PSF) batangije umushinga wo gukusanya ibintu bikozwe muri pulasitike no kubinagura bigakorwamo ibindi bikoresho birimo iby’ubwubatsi.
Mu muganda ngarukakwezi wahariwe Urubyiruko mu Rwanda ku wa Gatandatu tariki 19 Ugushyingo 2022, ab’i Kigali bateye ibiti bigera ku 5000 bizakumira isuri ku musozi wa Ryamakomari mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali busaba abantu kwirinda kujya ahantu hatera imyuzure mu gihe cy’imvura, cyane cyane mu bice byegereye ruhurura muri Kimisagara, Rwandex, mu Kanogo n’ahitwa ku Mukindo mu Gakiriro ka Gisozi.
N’ubwo hari inyigo zigaragaza ko ibisiga by’imisambi bikundwa na ba mukerarugendo bikomeje kugabanuka cyane ku Isi, Minisiteri y’Ibidukikije mu Rwanda yo yagaragaje ko imisambi irimo kwiyongera cyane kuva mu myaka itandatu ishize.
Perezida Paul Kagame asanga uburyo abantu babayeho bishingira ku kwisanisha n’imihindagurikire y’ibihe. Ibi Umukuru w’igihugu yabigarutseho ku wambere tariki 07 Ugushyingo 2022, ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye itangizwa ku mugaragaro ry’ikigega Ireme (...)
Bamwe mu baturage bagezweho n’uburyo bwo guteka burondereza ibicanwa, barishimira ko bwabafashije kurengera ibidukikije, ndetse no kwizigamira kubera kugabanya ingano y’ibicanwa bakoreshaga.
Mu Misiri ahitwa Sharm El Sheikh, hagiye kubera inama yiswe COP27, ikaba ari inama ya 27 y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku mihindagurikire y’ibihe (UNFCCC).