Muri izi ntangiriro z’umwaka wa 2020, Kigali Today yasubije amaso inyuma ireba abahanzi bitwaye neza mu kinyacumi gishize (mu myaka icumi ishize) ku buryo umuntu yanabita abahanzi b’ikinyacumi.
Ku wa gatanu tariki ya 10 Mutarama 2020, mu ishuri rikuru rya gisirikare ry’u Rwanda riherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze, ku nshuro ya munani hizihijwe umunsi wahariwe umuco mu bya gisirikare.
Itsinda rya Kassav ry’abanyamuziki bamamaye ku isi yose mu njyana ya Zouk, rizafasha abakundana kwibuka icyo urukundo rusobanuye ku munsi w’abakundana. Ku itariki ya 14 Gashyantare 2020, iri tsinda rizataramira Abanyarwanda rifatanyije n’umunyarwanda Muneza Christopher, mu gitaramo cyateguwe na Arthur Nations ndetse na RG (…)
Nyuma y’uko hemejwe ko hazubakwa Bazirika ya Bikira Mariya i Kibeho, imirimo yo kuyubaka iri hafi gutangira.
Itsinda rya Dream Boys riragaragaza ibimenyetso byinshi by’uko rishobora gusenyuka, umwe akajya mu buzima bwe undi akajya mu bwe. Platini wakemanze iri tandukana, yatangiye gutekereza ahazaza he nk’umunyamuziki igihe azaba atakiri kumwe na TMC.
Mu karere ka Musanze habarurwa umubare munini w’abagore bageza igihe cyo kubyara batarigeze bipimisha ngo bamenye ubuzima bw’abana batwite n’ubwabo uko buhagaze. Abakora ibi ngo baba bahisha ko batwite, kugira ngo ababazi cyangwa abaturanyi babo batabimenya bakabaseka cyangwa bakabagirira nabi.
Shampiyona ya Basketball izatangira tariki ya 17 Mutarama 2020, hakina Patriots BBC ifite igikombe cya shampiyona cya 2018-2019, na IPRC Kigali, amakipe yombi akomeye.
Abaturage baturiye umusozi wa Rubavu mu Kagari k’Amahoro mu Mujyi wa Gisenyi, batangaza ko bugarijwe n’imbwa n’abajura baturuka mu mashyamba ari ahahoze hatuye abaturage bimuwe ku musozi wa Rubavu bakajyanwa Kanembwe.
General James Kabarebe yabwiye abarimu bigisha amateka bari mu itorero i Nyanza ko intama y’umweru yagaragaye ku mafoto hamwe n’Inkotanyi yazikundaga ikanazikurikira, ko itari umupfumu wazo.
Urwegwo Ngenzuramikorere (RURA), rurizeza abinubira gukererwa ku kazi mu Mujyi wa Kigali bitewe n’imodoka zitinda kubageraho, ko iki kibazo kizaba cyabaye amateka bitarenze ukwezi kwa Kamena muri uyu mwaka.
Kompanyi y’u Rwanda ikora ingendo zo mu kirere (Rwandair) yanyomoje amakuru yavugaga ko imwe mu ndege zayo yahiye imwe muri moteri zayo i Tel Aviv muri Israel.
Kuva muri Nzeri umwaka ushize wa 2019, igihugu cya Australia cyafashwe n’inkongi y’umuriro ku gice cyacyo kinini, haba mu mashyamba ndetse no mu mijyi ituwe n’abantu benshi, ku buryo 24 bamaze gupfa, abasaga 10 baburirwa irengero, naho ibihumbi 100 bakaba baramaze guhunga iyo nkongi.
Akarere ka Gisagara mu Ntara y’Amajyepfo, ubu ntikakiri ko karere konyine katageramo umuhanda wa kaburimbo mu Rwanda nk’uko byahoze mbere.
Abaturage bagize imiryango 16 y’Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya batujwe mu Mudugudu wa Ntoma, Umurenge wa Musheli, mu Karere ka Nyagatare, baratangaza ko batazi impamvu idahabwa umuriro w’amashanyarazi nyamara abaturanyi babo bacanirwa.
Mu bizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, abana biga muri amwe mu mashuri ya Leta batsindira ku manota make bamwe bakanatsindwa, nyamara mu yigenga hakaba aho batsinda bose kandi ku manota meza.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi(MINAGRI) imenyesha abahinzi-borozi, ndetse n’abashakashatsi ko hari isomero ry’ibitabo byabagenewe kugira ngo birinde guhomba umusaruro n’amafaranga bashora mu bikorwa byabo.
Ndabereye Augustin umaze amezi ane ufungiye muri Gereza nkuru ya Musanze, akurikiranyweho gukubita umugore we, yitabye Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze kuri uyu wa kane tariki 09 Mutarama 2020, aho yasabye urukiko gutegeka ko arekurwa by’agateganyo.
Minisitiri w’Ububayi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta, yatangaje ko ifungurwa rya za Ambasade nshya haba mu Rwanda no hanze yarwo bishimangira umubano mwiza waranze u Rwanda n’amahanga mu cyerekezo 2020.
Abagore n’urubyiruko 42 barangije ibihano bo muri gereza ya Musanze n’iya Nyagatare bahawe ibikoresho by’imyuga bigizwe n’imashini zidoda, izikoreshwa mu bubaji, gusudira, izitunganya imisatsi n’ibindi byifashishwa mu myuga itandukanye.
Ahagana saa sita n’iminota 15 mu ijoro rishyira ku wa kane tariki 09 Mutarama 2020 nibwo Abanyarwanda icyenda bari bamaze igihe bafungiye mu gihugu cya Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko basesekaye ku butaka bw’u Rwanda, banyujijwe ku mupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buravuga ko budashidikanya ko imibiri iri gushakishwa ku kibuga cy’indege cya Rubavu ari iy’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yavuze ko kuba igihugu cya Uganda gitangiye kurekura Abanyarwanda bafungiyeyo, ari kimwe mu bimenyetso byerekana ko Uganda yiteguye guhagarika ifungwa n’iyicarubozo ku Banyarwanda bari muri icyo gihugu.
U Rwanda rwongeye gusaba Leta ya Uganda kurekura Abanyarwanda bose bafungiyeyo bazira ubusa, no guhagarika ibikorwa byo gutera inkunga imitwe yitwaje intwaro igamije guteza umutekano muke mu Rwanda.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Dr. Vincent Biruta, yatangaje ko ibirego igihugu cy’u Burundi gikunze gushinja u Rwanda byo kugitera atari byo, ko ahubwo hari abagiye bava mu Burundi bgafatirwa mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Dr Vincent Biruta, avuga ko Abanyapolitiki barimo n’abanyamadini bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bavuga ko u Rwanda rufite umugambi wo kwigarurira igice cy’icyo gihugu nta shingiro bifite kuko ibihugu byombi bibanye neza.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) ruratangaza ko mu mwaka ushize wa 2019, rwanditse ibigo by’ishoramari rifite agaciro ka miliyari 2.4 z’amadolari ya Amerika, angana na miliyari ibihumbi 2.4 z’amafaranga y’u Rwanda, bivuye kuri miliyari 2.1 z’amadolari byanditswe mu mwaka wa 2018, bivuze ko ishoramari ryanditswe (…)
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Mufulukye Fred, arasaba abaturage b’Akarere ka Nyagatare n’abatuye intara muri rusange kwirinda kunyura mu nzira zitemewe no gutwara magendu kuko bishyira ubuzima bwabo mu kaga.
Ibirindiro bibiri by’abasirikare ba Amerika muri Iraq byagabweho igitero cy’ibisasu birenga icumi bya misire ziraswa kure, nk’uko byatangajwe n’ibiro by’Umunyamabanga wa Amerika ushinzwe umutekano.
Umukecuru w’imyaka 88 wo mu Murenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze, ari mu maboko ya Polisi, Sitasiyo ya Muhoza, nyuma yo gufatanwa urumogi.
Mu gihe benshi mu banyafurika batuye mu bihugu binyuranye usanga bafite inyota yo kujya mu bihugu by’i Burayi na Amerika, bimwe mu bihangange bifite uruhu rwirabura, biba muri ibyo bihugu, byo bikomeje kugaragaza ubushake bwo kuba Abanyafurika, bakahakora ibikorwa binyuranye bizamura Afurika n’abaturage bayo, ndetse bamwe, (…)
Abayobozi b’ibigo by’amashuri yigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga baravuga ko integanyanyigisho bakoreshaga yavugururwa ikongerwamo amasomo ajyanye na gahunda ya Gerayo Amahoro.
Umunya-Senegal Sadio Mané yatowe nk’umukinnyi w’umwaka muri Afurika, mu birori byabereye mu Misiri.
U Rwanda ruravuga ko irekurwa ry’Abanyarwanda barindwi bari bamaze igihe bafungiwe muri Uganda ari ikintu cyiza ariko kidahagihe, ugereranyine n’umubare w’Abanyarwanda bafungiyeyo.
Amavuriro hirya no hino mu gihugu ahora ataka ibihombo aterwa no kuvura abantu benshi ariko ntibishyure, bikagira ingaruka kuri serivisi zihabwa abandi babigana, gusa Leta yashyizeho uburyo bwo kongerera ubushobozi ubwisungane mu kwivuza hagamijwe gukemura icyo kibazo.
Umunyamabanga wa Leta Muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yikomye Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu (Amnesty International), ishami rya Afurika y’Iburasirazuba, ku byo uvuga ku mubano w’u Rwanda na Uganda.
Abantu batari bake bamaze kumenya ko gukora siporo muri rusange ari ikintu cy’ingenzi mu mibereho myiza yabo, ariko siporo yo koga ifite ibyiza byayo byihariye byagombye gutuma abantu bayitabira.
Urukiko rwa gisirikare rwa Makindye muri Uganda, rwarekuye Abanyarwanda barindwi bari bafungiye muri iki gihugu bashinjwa ibyaha birimo ibyo kuba intasi z’u Rwanda.
Nyuma yuko amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange cyamashuri yisumbuye asohotse, abanyeshuri bo muri Wisdom School bagatsindi ku rwego rwiza, ababyeyi barerera muri iryo shuri bishimiye umusaruro w’abana babo n’ubumenyi butangwa n’iryo shuri.
Ku wa mbere tariki ya 06 Mutarama 2020, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryafatiye ibihano abanyamuryango b’amwe mu makipe bitwaye nabi mu gice kibanza cya shampiyona, nubwo mu mikino ibanza ya shampiyona amakipe menshi yavuze ko imisifurire itagenze neza.
Mugisha Jean Luc yari mu bari bagiye kwiyandikisha basaba ishuri mu rwunge rwa Kagugu Catholique i Kinyinya mu Karere ka Gasabo ku wa mbere tariki 06 Mutarama 2020, ariko umubyigano w’abantu benshi yahasanze watumye atakaza amasomo ku munsi wa mbere.
Mu myaka itatu cyangwa ine ishize, u Rwanda rwagiye rugaragaza imishinga minini, umwaka ku wundi.Imwe muri yo yagiye igaragara mu gihe cyo gushyirwa mu bikorwa, ndetse ikagaragaza igihe kirekire izarangirira.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwashyize ahagaragara itangazo risaba abazi amakuru ku bantu bishwe bagatabwa mu kibuga cy’indege kuyatanga nyuma y’uko habonetse imibiri ihatabye.
Safi Madiba yandikishije ibihangano bye mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe kwihutisha Iterambere (RDB), bimusubiza igisa n’uburenganzira yari yarambuwe na The Mane yabarizwagamo. The Mane yari yaratanze impuruza ko atemerewe gukoresha ibihangano byose yayikoreyemo.
Leta y’u Rwanda yishimiye itegeko riherutse kwemezwa na Afurika y’Epfo, ribuza abahahungiye kujya mu bikorwa bya politiki.
Sosiyete ya StarTimes icuruza ifatabuguzi ry’isakazamashusho n’ibikoresho bijyanye na byo, irashishikariza abantu kwitabira Poromosiyo ya StarTimes iriho yitwa Dabagira n’Ibyiza bya StarTimes.