Bamwe mu baturiye ahari gukorwa Umuhanda Base-Kirambo-Butaro-Kidaho mu Karere ka Burera, batigeze babarurirwa imitungo yabo, bakomeje gusaba ko imitungo yabo igizwe n’amasambu ndetse n’inzu, byabarirwa agaciro bakabona uko bahava bakimukira ahandi.
Umuhanda ni kimwe mu bikorwa remezo bihenze kandi biba bifatiye runini abawukoresha kuko uhindura ubuzima bwaho ugeze, binyuze mu korohereza abaturage mu bikorwa bitandukanye birimo kugenderana no guhahirana.
Minisitiri w’Ibidukikije Dr Uwamariya Valentine yemereye abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore ko mu gihe cy’imyaka ibiri ibibazo biri mu butaka bijyanye n’imbibi bizaba byakemutse.
Mu murenge wa Jenda, Akarere ka Nyabihu hari ikiyaga cyitwa Nyirakigugu, gifite amateka atangaje. Ni ikiyaga gikora ku muhanda Musanze-Rubavu, abenshi bafata nka kimwe mu byiza nyaburanga bitatse u Rwanda.
Intumwa z’ibihugu bigize Umuhora wa Ruguru mu bijyanye n’Umutekano (Northern Corridor Integration Projects Defence Cluster) ziteraniye i Kigali mu nama y’iminsi itatu, kuva kuri uyu wa Gatatu tariki 8 Mutarama 2025, aho basuzumira hamwe imishinga ifitiye akamaro abaturage bo muri ibi bihugu.
Kwaduka kwa moto zitwarwa n’amashanyarazi mu Rwanda birimo guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye, aho umubare w’abagore batwara abagenzi kuri moto ugenda wiyongera bitewe n’uko zitabateza imvune, kandi bakaba boroherezwa kubona igishoro cyo kuzigura.
Abagore bahoze mu bikorwa byo gutunda magendu n’ibiyobyabwenge bo mu mirenge ya Burera ihana imbibi na Uganda, barishimira ko bashoje umwaka wa 2024 batakibaranwa n’abakora ibyaha.
Rungu ni kamwe mu tugari tugize Umurenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, ukora ku ishyamba rya Pariki y’igihugu y’Ibirunga.
Ku wa Gatanu tariki 13 Ukuboza 2024, hasojwe icyiciro cya mbere cy’umushinga ‘Advancing Citizens Engagement - ACE’ wo gufasha abaturage kuzamura uruhare mu iterambere bafashijwemo na Spark Microgrants.
Ministeri y’Ubucuruzi n’Inganda, ivuga ko mu mwaka wa 2035, u Rwanda ruzaba rwinjiye mu Bihugu bifite umusaruro mbumbe ugereranyije ku buryo nibura buri muturage abasha kwinjiza amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni esheshatu (5,000 USD), buri mwaka.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) ivuga ko ubukungu b’Igihugu bwakomeje kuzamuka muri uyu mwaka wa 2024 kubera ihindagurika rito ry’ibiciro ryagumye hagati ya 2-8%, ndetse no kuba igipimo cy’inyungu fatizo kitarahindutse nyuma y’uko cyagiye kigabanywa kuva mu mwaka ushize wa 2023.
Abaturage baganiriye na Kigali Today bavuga ko hakwiye gufatwa ingamba zakumira guhenda kw’ibintu no guta agaciro kw’ifaranga ry’u Rwanda, bashingiye ku byo ryaguraga mu myaka irenga 20 ishize.
Impuguke mu bijyanye n’ubukungu ziravuga ko nubwo izamuka ry’ubukungu ritanga icyizere k’u Rwanda, ariko mu rwego rwo kugira ngo rugere mu cyiciro cy’ibihugu byateye imbere cyane muri 2035, hakenewe icyatuma ubumenyi bw’Abanyarwanda bugira uruhare ku bukungu bw’Igihugu.
Abantu bafite ubumuga bo hirya no hino mu Rwanda barashima Ihuriro ry’Imiryango Nyarwanda y’Abantu bafite Ubumuga (NUDOR) hamwe n’abafatanyabikorwa batandukanye babatekerejeho, bakabashyiriraho amatsinda yo kuzigama abafasha kwiteza imbere mu bijyanye n’ubukungu.
Amafaranga angana na Miliyoni 759 y’u Rwanda mu minsi ishize, Ikigo LODA cyari cyagaragaje ko akibitswe kuri kuri Konti z’Uturere tugize Intara y’Amajyaruguru, nyamara yakabaye yarahawe abagenerwabikorwa ba gahunda ya VUP; ibintu bamwe mu bakozi b’iki Kigo bagaragaje ko bitari bikwiye, kuko uko kuyagumishaho ntakoreshwe ibyo (…)
Itegeko No 057/2024 ryo ku wa 20/06/2024 rigenga Amakoperative mu Rwanda ryitezweho guca akajagari mu micungire no gusigasira ubukungu bw’amakoperative, cyane ko mu bikubiyemo rigena ko abaziyobora n’abakozi bazo bazajya bamenyekanisha imitungo yabo kandi inakorerwe igenzurwa.
Abaturage bo mu Turere twa Kirehe na Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba by’umwihariko abakiriya ba Banki ya Kigali (BK), barishimira ko imikoranire myiza yabo n’iyo banki yabafashije kwiteza imbere.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yageze mu Budage aho yitabiriye inama yiga ku iterambere rirambye, agaragariza abitabiriye iyi nama uburyo u Rwanda rwashoboye kwihaza mu bijyanye n’ingufu z’amashanyarazi.
Mu Murenge wa Nyange, Akarere ka Musanze, hagiye kuzura uruganda rugiye kujya rwenga inzoga mu birayi yitwa VODKA.
Banki ya Kigali (BK) irashishikariza abagore kwitabira gufata inguzanyo itanga zidasaba inyungu, mu mushinga wayo yise Kataza na BK, uri muri gahunda ya ‘Nanjye ni BK’, mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere bashora mu mishinga itandukanye irimo cyane ubucuruzi butoya.
Raporo yiswe FinScope yakozwe na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) muri 2024, ivuga ko Abanyarwanda bangana na miliyoni 7 n’ibihumbi 800 bahwanye na 96%, bacitse ku muco wo kubika amafaranga mu ngo, kuko bitabiriye gukoresha serivisi z’imari.
Bamwe mu bageze mu zabukuru bagorwa n’ubuzima cyane cyane iyo badafite abana babitaho, bakabaho bakora imirimo ivunanye ngo babone ikibatunga. Akenshi usanga iyo mirimo bakora bayihemberwa amafaranga y’intica ntikize ugasanga barahemberwa ibitajyanye n’imbaraga batanga ku murimo, ugasanga barakora ako kazi kubera amaburakindi.
Mugorewishyaka Latifat w’imyaka 63 y’amavuko avuga ko yinjiza amafaranga y’u Rwanda 100,000 ku kwezi abikesha gukora amavaze mu ibumba ndetse n’imigongo nyamara yarahoze ari umukene ufashwa na Leta.
Abatuye Umurenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, bakomeje kwegeranya inkunga yabo, mu rwego rwo kwiyubakira isoko rijyanye n’icyerekezo rizatwara agera kuri miliyoni 800 FRW.
Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF), kigiye guha u Rwanda Miliyoni 165 z’Amadolari ya Amerika azarufasha muri gahunda z’iterambere no gukomeza kuzamura ubukungu bw’Igihugu.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yatangije ku mugaragaro i Kigali, icyicaro cy’Ikigega Nyafurika gishinzwe iterambere ry’ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga (FEDA), gishamikiye kuri Banki Nyafurika ishinzwe guteza imbere ibyoherezwa n’ibitumizwa mu mahanga, Afreximbank.
Mukeshimana Angélique utuye mu Mudugudu wa Cyaratsi uherereye mu Kagari ka Mukuge, Umurenge wa Ngera, Akarere ka Nyaruguru, avuga ko yize moto afite imyaka 37, bamuseka, none ubu akaba ayifashisha cyane cyane mu buhinzi.
Tariki 13 Gashyantare 2024, ubwo Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yarimo asobanurira abagize Inteko Ishinga Amategeko Imitwe yombi uko ubukungu bw’Igihugu buhagaze, by’umwihariko uko ubukungu bwongeye kuzamuka nyuma y’icyorezo cya Covid-19, yavuze ko mu by’ingenzi birimo gufasha ubukungu kongera kuzamuka, ari (…)
Mastercard Foundation, ku bufatanye n’Ikigo cy’ubushakashatsi n’isesengura kuri za Politiki z’imiyoborere mu Rwanda (IPAR), yagaragaje ubushakashatsi bwakozwe hagamijwe kwerekana ishusho y’urubyiruko mu kwiteza imbere, imbogamizi ruhura na zo ndetse n’uburyo bwo gusubiza ibibazo rufite.