Itorero ry’Abadivantisite na ryo ryahigiye kwigisha ‘Gerayo Amahoro’
Ubuyobozi bwitorero ry’Abadivantisite b’umunsi wa karindwi mu Rwanda, bwemereye Polisi ko bugiye kwigisha gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’, ku buryo ngo abanyamahanga bazagera ubwo bashimira Abanyarwanda kujijukirwa ibijyanye no kugenda neza mu mihanda.

Polisi y’u Rwanda imaze ibyumweru 37 yigisha abantu batandukanye imigendere yo mu muhanda yabarinda impanuka muri gahunda yise ‘Gerayo Amahoro’, ndetse ikaba yaratangiye kwifashisha amadini n’amatorero kugira ngo abikangurire abayoboke bayo.
Kiliziya gatolika yatangiriyemo iyi gahunda, ivuga ko izageza ubu butumwa ku Banyarwanda bakabakaba miliyoni zirindwi bitabira misa, ADEPR na yo ikavuga ko yatangiye kubugeza ku baza kuyisengeramo bagera kuri miliyoni enye.
Kuri uyu wa mbere abayobozi b’Abadiventisite b’umunsi wa karindwi mu Rwanda, na bo bakiriye abahagariye Polisi kugira ngo bategure uburyo ubukangurambaga bwa ‘Gerayo Amahoro’ buzigishwa Abadivantisite n’inshuti zabo barenga miliyoni imwe ku itariki 08/2/2020.
Umuyobozi w’Abadivantisite b’umunsi wa karindwi mu Rwanda, Pasiteri Hesron Byiringiro, yagize ati “Burya ikigaragaza ubujiji kigaragarira mu ntambuko, iyo umuntu akubona mu muhanda uburyo uri kugenda abona ko uturutse mu cyaro.
Abanyamahanga bavuye mu bihugu bisobanutse bahita bagira bati ‘bariya ni injiji, ndagira ngo ibyo dukora muri gahunda z’igihugu tugaragaze ko Umunyarwanda atandukanye n’abandi bantu, (abo banyamahanga) bazajye batwibazaho.

Mu buryo bwo gutwara imodoka abo bantu bagomba kugira bati ‘Abanyarwanda batwara imodoka neza’, babona dutambuka mu muhanda bati ‘Abanyarwanda bubahiriza amategeko’, ibi byagerwaho biturutse mu bufatanye bwa twese”.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Itororo ry’Abadivantisite b’umunsi wa karindwi mu Ntara yo hagati mu Rwanda, Pasiteri Shadrak Nsengimana, we yizeza ko agiye guhuza gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’ n’urugendo rw’umukirisitu ujya mu ijuru.
Avuga ko azajya yigisha kuri iyi gahunda abwira Abadivantisite b’umunsi wa karindwi ko urugendo rujya mu ijuru bagomba kurutangira birinda impanuka zibera mu muhanda.
Mu bigize gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’ Polisi yigisha abantu, harimo ikijyanye n’ubworoherane bugomba kuranga abantu bose bavuga ko ari abakirisitu.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera agira ati “Usanga umuntu utwaye ikamyo asagarira akamodoka gato, utwaye ivatiri agasagarira umunyegare, abamotari bose bavuga binubira abatwaye imodoka, umuntu utwaye ‘jeep’ we agutera amahoni cyangwa amatara maremare, ibi ntabwo ari byo, reka tugire ihame ry’ubworoherane.

Umuntu ugenza amaguru mu muhanda, ugenza igare, uri kuri moto, ugenda mu ivatiri, ugenda mu ikamyo cyangwa se muri ‘jeep’, yumve ko mugenzi we afite agaciro kandi agomba kumuha uburenganzira bwo guhita, kandi ntuzavuge ko utarebaga kuko iyo ugenda mu muhanda ugomba kuba ureba”.
Polisi y’u Rwanda ngo irashaka ko kugenda neza mu muhanda byava ku kubahiriza amategeko bikagirwa umuco mu Banyarwanda.
Abayobozi b’Abadiventisite bavuga ko bazigisha abayoboke babo n’abandi Banyarwanda muri rusange gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’, hifashishijwe amatangazo mu nsengero bateraniramo, inyigisho mu mashuri yose ashamikiye kuri iri dini ndetse na radio.
Inkuru zijyanye na: Gerayo Amahoro
- Polisi na FERWACY bifatanyije mu bukangurambaga bwa ‘Gerayo Amahoro’
- Gerayo Amahoro ishobora kurenga imbibi z’u Rwanda binyuze mu ba Guide n’Abasukuti
- Abantu bakwiye kwirinda impanuka bakagera ku rusengero amahoro- Pasitoro Ruhongeka
- Irinde ‘Nakererewe reka mfate akamoto’ - CP Kabera
- Amafoto: Gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’ yakomereje mu itorero ry’Abadiventiste
- Ubutumwa butangiwe mu misigiti burubahwa cyane - Sheikh Gabiro avuga kuri Gerayo Amahoro
- Ubukangurambaga bwa ‘Gerayo Amahoro’ bwakomereje mu idini ya Islam (Amafoto)
- Gerayo Amahoro yitezweho kugabanya ubumuga buterwa n’impanuka
- Ubukangurambaga bwa ‘Gerayo Amahoro’ bwakomereje mu matorero ya Porotesitanti (Amafoto)
- Ntimugatware ibinyabiziga mucunga Polisi -CSP Businge
- Gerayo Amahoro: impanuka zo mu muhanda zimaze kugabanukaho 11% mu Burasirazuba
- ‘Gerayo Amahoro’ na ‘Rengera Umwana’ bizigishwa mu materaniro Gatolika yose
- Ubukangurambaga bwa ‘Gerayo Amahoro’ bwakomereje muri Kiliziya Gatolika (Amafoto)
- Muri 2020 Polisi izakomeza gahunda ya ‘Gerayo amahoro’ iyifatanye n’indi yitwa ‘Rengera Umwana’
- Polisi irifuza ko abantu basoza umwaka nta mpanuka
- Polisi y’u Rwanda irifuza ko impanuka zo mu muhanda zigera kuri 0%
- Nyuma y’umuganda ikipe ya Police FC yatanze ubutumwa bwa ‘Gerayo Amahoro’
- Buri wese akwiye kugira gahunda ya Gerayo Amahoro iye - CP Kabera
- Polisi na FERWAFA batangije ubukanguramba bwa Gerayo Amahoro ku bibuga by’umupira
- Ubukangurambaga bwa Gerayo Amahoro bukomereje mu nsengero
Ohereza igitekerezo
|
Yes Sezikeye,urakoze.Amabwiriza ya Gerayo Amahoro tuyasanga mu mahame ya bible.Wabisobanuye neza.Ikibazo nuko abantu batita kubyo bible ivuga.Batunze bible ariko ntibumvira ibyo ivuga.
Kwigisha "Gerayo amahoro" ni byiza.Ariko abanyamadini bakwiye gukoresha bible,bakereka abayoboke babo uburyo bakirinda impanuka mu muhanda.Urugero,umukristu nyakuri,agomba kwirinda gusinda igihe cyose nkuko bible idusaba.Bisobanura ko atateza impanuka.Agomba kujyana imodoka ye muli controle technique,akambara casque kuli moto,akubahiriza ibyapa,akirinda umuvuduka,etc...kubera ko bible imwumvisha ko atabikoze byateza impanuka.Muli make,amahame ya Gerayo amahoro,tuyasanga muli bible.Abayoboke ba Pastor bumviye amahame yo muli bible,byabarinda impanuka.
Urundi rugero,muli Yesaya 48,umurongo wa 18,Imana itubwira ko turamutse twumviye amategeko yayo,twagira amahoro asesuye.Harimo no kwirinda impanuka.Nguwo umuti nyawo kurusha amahame ya Gerayo Amahoro.