Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yatangarije Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe Ingengo y’Imari n’umutungo, kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Gicurasi 2025, ko Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) n’ibigo biyishamikiyeho bizakoresha ingengo y’imari ingana na 333,558,981,729Frw mu mwaka wa 2025-2026.
Mu kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, by’umwihariko abiciwe i Karambi ku musozi wa Kayumba wo muri Nyamata n’ahandi, Umuryango Abadahigwa Iwacu utegura icyo gikorwa wagaragaje ko muri ako gace hakenewe kongerwa ibikorwa by’iterambere.
Mu cyumweru gishize umuryango wanjye wagize ibyago, maze dutangira guhanahana amakuru, dukora utunama twa hato na hato, cyane cyane tureba uburyo tuzajya gutabara.
Mu Busuwisi, umukecuru w’imyaka 68 yajyanywe mu rukiko n’umuturanyi we, amushinja ko amaze amezi icumi (10), ahora agaburira injangwe ye agamije kuyimenyereza cyane nk’amayeri yo kugira ngo azayibe ayitware, ibyo akaba yarakomeje kubikora mu gihe nyamara yari yarihanangirijwe mu buryo bw’inyandiko mbere, asabwa kubireka.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya APR FC yatandukanye n’uwari umutoza wayo mukuru Umunya-Serbia Darko Novic.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buratangaza ko inzibutso eshatu z’abazize Jenoside za Kamonyi, Bunyonga na Mugina, ari zo zizakomeza kwakira no kwimurirwamo imibiri y’abazize Jenoside yari ishyinguye mu mva zitandukanye, no kwakira izagenda iboneka mu rwego rwa gahunda ya Leta yo guhuza inzibutso ku rwego rw’Uturere.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwada [FERWAFA] ryahagaritse burundu Amida Hemedi, Mbarute Djihadi na Uwimana Ally mu mwuga wo gusifura kubera ibikorwa birimo kugena ibiva mu mikino biciye mu buriganya “Match Fixing” no gutega ku mikino "Betting" bakoze.
Abanyeshuri n’abarimu bo muri Kaminuza Gatolika y’u Rwanda, bavuga ko basanze Nyange ari ikimenyetso cy’u Rwanda rushya n’urw’amateka mabi rwanyuzemo.
Binyuze mu masezerano yo kugabanya imisoro bagiranye ku wa 12 Gicurasi 2025, ibihugu bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bushinwa, byiyemeje kugabanya imisoro biheruka gutumbagiza mu rwego rwo koroshya ubuhahirane hagati y’impande zombi.
Abakina umukino wa biyari mu Rwanda bavuga ko bafite intego yo guhindura uko umuryango mugari ufata abawukina, bavuga ko ari uw’abasinzi cyangwa wo mu kabari bizatuma isura wari ufite ihinduka ikaba nziza kugeza ubwo wakinwa kinyamwuga.
Tariki 5 Ukuboza 2023, nibwo inkuru yabaye kimomo ko u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturuka mu gihugu cy’u Bwongereza, nyuma y’uko Guverinoma z’Ibihugu byombi zari zimaze gusinyana amasezerano mashya ajyanye no gukemura ikibazo cy’abimukira, yakozwe hasubizwa inenge zagaragajwe n’Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza mu (…)
Abanyeshuri biga muri amwe mu mashuri yo mu Mujyi wa Kigali bamaze igihe bakora amarushanwa, aho babazwa ibibazo bitandukanye ku bumenyi mu bidukikije n’akamaro kabyo, bikaba byitezweho kubongerera ubumenyi mu kubungabunga ibidukikije ndetse bakaboneraho kubusangiza n’abandi.
Mu rwego rwo gushaka ibisubizo by’ibibazo by’abana bajyanwa mu bigo ngororamuco na ‘transit center’, Abadepite basabye ko iyi gahunda na yo yagenerwa ingengo y’imari mu mwaka wa 2025-2026, kugira ngo bitange igisubizo cyo kugabanya umubare munini w’abajya kugororerwa muri ibi bigo.
Abanyarwanda Fidèle Gatete na Jean Paul Ntambara bahesheje ikipe ya Malatya Spor Kulübü yo muri Turukiya (Turkey) itike yo kujya muri shampiyona ya ruhago y’abafite ubumuga (Turkish Amputee Super League), nyuma yo kwegukana igikombe cya diviziyo ya 1 ku Cyumweru.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yagaragaje ko Afurika ifite byinshi byayiteza imbere ariko ikibazo ari ukumenya ibyo abayituye bagomba gukoresha, kugira ngo bagere kuri iryo terambere.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yamaze gufata zimwe mu nka ziherutse kwibwa ahitwa i Rwanda mu karere ka Gasabo, hamwe n’abakekwaho kuziba.
Mu gihe Rayon Sports isabwa gukorera hamwe ngo irangize shampiyona 2024-2025 ibura imikino itatu itwaye igikombe, bamwe mu babigiramo uruhare kuva ku batoza ntabwo bari mu mwuka mwiza nyuma yo kwizezwa guhembwa inshuro nyinshi, ibirarane bikaba bigeze mu mezi atatu.
Kuri uyu wa Mbere tariki 12 Gicurasi 2025, Perezida Paul Kagame yageze i Abidjan muri Côte d’Ivoire, aho yitabiriye inama ihuza abayobozi b’ibigo bitandukanye, abashoramari n’abanyapolitiki baturutse muri Afurika no hirya no hino ku Isi, Africa CEO Forum.
Robert Cardinal Prevost yatowe nka Papa ku wa Kane tariki 8 Gicurasi 2025, ku munsi wa kabiri w’amatora kuko uwa mbere wari warangiye Abakaridinali batabashije kwemeranya k’ugomba kuba Papa.
Shampiyona ya volleyball mu Rwanda yashyizweho akadomo kuri iki cyumweru tariki 11 Gicurasi 2025, aho amakipe ya APR VC mu bagabo na Police VC mu bagore, ari yo yegukanye ibikombe.
Itorero Mashirika ryatangije ku mugaragaro gahunda nshya yitwa Genesis Dance Showcase, urubuga ruhuza impano nshya n’ababigize umwuga mu buhanzi, hagamijwe gutahura no kugaragaza impano mu mbyino.
Kuri iki Cyumweru, Ikipe ya Rayon Sports bigoranye yatsindiye Police FC igitego 1-0 kuri Kigali Pele Stadium mu mukino w’umunsi wa 27 wa shampiyona yongera gufata umwanya wa mbere uyiganisha ku gikombe.
Kuri iki cyumweru, Ikipe ya FC Barcelona yatsinze Real Madrid ibitego 4-3 mu mukino w’umunsi wa 35 wa shampiyona biyongerera amahirwe yo kwegukana igikombe.
Abatuye n’abaturanye agace kitwa i Rwanda kari hagati y’utugari twa Gasagara na Kinyana, Umurenge wa Rusororo w’Akarere ka Gasabo, barasaba inzego zibishinzwe gukaza umutekano no kubafasha kumenya irengero ry’amatungo yabo yibwe, cyane cyane inka.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abakobwa batarengeje imyaka 20 yatsindiwe na Kenya ku mukino wa nyuma w’imikino y’Akarere ka Gatanu muri Handball yasojwe ku wa 10 Gicurasi 2025 muri Uganda mu gihe abatarengeje imyaka 18 batahanye umwanya wa kane.
Nigeria yavuze ko yafashe icyemezo cyo gukuraho buruse z’abiga mu mahanga kubera ubukungu buhagaze nabi.
Munderere Viateur, wigeze gusarikwa n’ibiyobyabwenge kugeza ku rwego byamuviriyemo kujyanwa kugororwa mu Kigo cy’Igororamuco cya Iwawa, akigishwa amasomo harimo n’ajyanye n’umwuga w’ubuhinzi n’ubworozi, ubu yabaye rwiyemezamirimo watanze akazi ku buryo abo mu gace k’aho akorera umushinga we, bamufata nk’icyitegererezo.
Kuri uyu wa Gatandatu, Ikipe ya APR FC yatsindiye Amagaju FC kuri Kigali Pele Stadium ibitego 3-1 mu mukino w’umunsi wa 27 wa shampiyona ifata umwanya wa mbere by’agateganyo ku rutonde.
Ubutekamutwe bushingiye ku guhererekanya amafaranga ku buryo bakunze kwita Pyramid na Ponzi, aho abantu bizezwa inyungu z’umurengera buri gufata indi ntera.
Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’abagore mu Karere ka Gisagara, Françoise Uwizeyimana, avuga ko basanze byaba byiza hagiyeho ibiganiro byihariye ku barokotse Jenoside, by’umwihariko intwaza, kubera ko abo babana buri munsi batazi uko bakwiye kubyitwaramo bikwiye, bityo hakaba hakenewe ko abasobanukiwe iby’ubuzima bwo mu (…)
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Ubukungu, Matsiko Gonzague, avuga ko ingengabitekerezo ya Jenoside ntacyo yamariye Abanyarwanda, bityo ko ikintu kitabagiriye akamaro bakwiye kugisiga inyuma bagaharanira icyubaka Igihugu.
Nyuma y’imyaka 15 adataramira mu Rwanda, umuhanzi Richard Nick Ngendahayo, wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, agiye gutaramira i Kigali. Ni igitaramo kizaba ku wa 23 Kanama 2025 muri BK Arena, cyiswe ‘Niwe Healing Concert’.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Patrice Mugenzi, yabwiye Abadepite bagize Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo bya Leta, ko ikibazo cy’ibirarane Uturere dufitiye abacuruzi b’inyongeramusaruro bingana na Miliyari 22Frw, bagiye kureba uko wishyurwa ndetse hagafatwa ingamba zo kwirinda kongera kubajyamo umwenda.
Abanyamigabane ba BK Group Plc bishimira inyungu ibageraho kuko igenda yiyongera, bayikesha urwunguko icyo kigo kibona buri mwaka.
Umunyamideri Moses Turahirwa, kuri uyu wa Gatanu 09 Gicurasi yasabiwe gufungwa iminsi 30 y’agateganyo nyuma y’uko Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwemeje ko hari impamvu zumvikana zituma ashinjwa ibyaha bijyanye no gukoresha ibiyobyabwenge.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abakobwa batarengeje imyaka 20 yageze ku mukino wa nyuma w’imikino y’Akarere ka Gatanu muri Handball iri kubera muri Uganda, nyuma yo gutsinda iki gihugu cyakiriye muri 1/2.
Kuri uyu wa Gatanu, myugariro Fitina Omborenga yongeye kugaragara mu myitozo ya Rayon Sports yamusubije ku byo gusesa amasezerano yari yayandikiye ayisaba.
Ikipe ya Kiyovu Sports yatsinze AS Kigali FC igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa 27 wa Shampiyona, ifata umwanya wa munani ku rutonde rw’agateganyo mu gihe habura imikino itatu ngo Shampiyona ya 2024/2025 irangire.
Muri Suwede, umugore w’imyaka 24 uturuka mu gace kitwa Helsingborg, yahamijwe n’urukiko icyaha cyo guhohotera umwana we w’umukobwa, akamena igi ribisi arihonze ku gahanga k’uwo mwana, kugira ngo akore videwo ya TikTok.
Abagize Inteko Ishinga Amategeko barasaba ko ingengo y’imari yateganya amafaranga yo kwishyura abaturage bimurwa ku nyungu rusange, kuko bimaze kugaragara ko kwimurwa kwabo hari aho binyuranya n’itegeko ibyabo bikangizwa batarishyurwa.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Yusuf Murangwa, yatangaje ko umuhanda Kigali-Muhanga wari uteganyijwe gukorwa mu ngengo y’imari 2025-2026, utagikozwe kuko inyigo yawo itararangira.
Umunyamerika Robert Francis Prevost wamaze gutorerwa kuba Papa, ku gicamunsi cyo ku wa Kane tariki 08 Gicurasi 2025, yahise afata izina ry’Ubutungane rya Leo XIV.
Ku gicamunsi cy’itariki ya 7 Gicurasi 2025, abakunze kujya gusengera mu Ruhango n’i Kibeho batangiye kumva inkuru y’urupfu rw’umukecuru, wari uzwiho kubyina bidasanzwe mu gihe cya misa.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo MININFRA n’Abafatanyabikorwa bayo barimo Ikigo gutanga imodoka zikoresha amashanyarazi BasiGo, n’Ishyirahamwe ry’abatwara abantu mu modoka mu Rwanda RTA, batangije gahunda yo gutwara abagenzi mu modoka zikoresha amashanyarazi, ku muhanda Kigali-Muhanga-Nyanza-Huye, mu rwego rwo kubungabunga (…)
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko (Imitwe yombi), imbanziriza mushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025/2026 irenga miliyari 7032.5Frw, ikaba izavamo ayo kurangiza kubaka Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali kiri mu Bugesera.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Yusuf Murangwa, ageza ku bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda kuri uyu wa Kane imbanzirizamushinga y’ingengo y’Imari ya Leta y’umwaka wa 2025/2026 (Budget Framework Paper), hamwe n’ingamba zo mu gihe giciriritse 2025/2026-2027/2028, yatangaje ko amafaranga ateganyijwe gukoreshwa mu (…)
Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Rutsiro FC ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa 26 wa Shampiyona wabereye kuri Stade ya Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Kane, yisubiza umwanya wa mbere wari warayeho APR FC ku rutonde rw’agateganyo.
Mu matora ya Papa yari amaze iminsi ibiri abera i Vatican muri Chapeli Sistine, Umunyamerika Robert Francis Prevost ni we utorewe kuba Papa, afata izina rya Gishumba rya Leo XIV.
Inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri muri Mozambique zashyikirije Koperative y’abagore (Cooperativa Moda do Litoral), imashini 10 zidoda n’ibikoresho byazo mu rwego rwo kubongerera ubushobozi n’ubumenyi bikajyana no kwinjiza amafaranga. Iyi koperative iherereye mu Karere ka Mocímboa da Praia mu Ntara ya Cabo Delgado.