Urwego rw’Igihugu rushinzwe amashuri ya Tekiniki, Imyuga n’Ubumenyingiro (RTB), ruratangaza ko rwatangiye igikorwa cyo kubaka ibigo by’amashuri y’icyitegererezo ya TVET (Centers of Excellence) ari ku rwego nk’urw’ay’i Burayi, mu rwego rwo gukomeza gushaka ibisubizo by’uko u Rwanda n’Abanyarwanda bajya bahangana ku rwego (…)
Mu gihe cy’imyaka itanu amashuri yigisha Tekinike, Imyuga n’Ubumenyingiro amaze yongerewe imbaraga n’ubushobozi, bamwe mu bayaturiye by’umwihariko abakora ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi, barayavuga imyato, kubera uburyo abayigamo babafasha kubikora kinyamwuga, bakabona umusaruro batigeze bagira.
Abatuye mu Murenge wa Janja bahangayikishijwe n’ingendo zivunanye kandi ndende, abanyeshuri bakora bajya kwiga mu Mashuri y’Uburezi bw’Ibanze bw’Imyaka 12 (12YBE), kubera ko atabegereye hafi, n’aho ari akaba adahagije, bakifuza yabegerezwa bagatandukana no kuvunika.
Abanyeshuri 30 bo mu Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro, ishami rya Musanze, basoje amasomo bari bamaze umwaka bigira mu gihugu cy’u Bushimwa, ku bufatanye na Kaminuza ya Jinhua (Jinhua University of Vocational Technology) ibarizwa muri icyo gihugu.
Kuri uyu wa 15 Mutarama Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abanyeshuri ba Kaminuza ya Wharton yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika biga amasomo y’icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza mu bijyanye n’ubucuruzi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri(NESA) cyatangaje ko cyahagaritse ibigo by’amashuri 62 birimo ay’incuke n’abanza ari mu Turere dutandukanye tw’Igihugu.
Abakozi barimo abazamu, abatetsi n’abarimu mu ishuri ribanza rya Kabirizi, Umurenge wa Karangazi, bavuga ko bamaze igihe badahembwa bakabwirwa ko biterwa n’uko amafaranga Leta igenera amashuri yo gusana ibyangiritse n’indi mirimo ataraboneka.
Ababyeyi barerera mu Iseminari Ntoya ya Butare basabwe kutabangamira abana babo igihe bifuje gukomeza inzira y’Ubupadiri kugira ngo hakomeze kuboneka Abapadiri bafasha abakirisitu.
Abarimu bo mu karere ka Burera bishyize hamwe bagabira inka mugenzi wabo Rukundo Janvier wigisha ku Ishuri ryisumbuye rya Gahunga TSS.
Hashingiwe ku ngengabihe y’amasomo n’igihe cy’ibiruhuko by’abanyeshuri yatangajwe na Minisiteri y’Uburezi, Ikigo cy’igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) kiramenyesha abayobozi b’amashuri, abarezi ndetse n’ababyeyi ko abanyeshuri biga bacumbikirwa bazatangira gusubira mu miryango yabo mu kiruhuko guhera (…)
Kaminuza y’Ubukerarugendo, Ikoranabuhanga n’Ubucuruzi (University of Tourism, Technology, and Business Studies - UTB), kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Ugushyingo 2024, yatanze impamyabumenyi n’impamyabushobozi ku banyeshuri basaga 1,000 barimo n’abanyamahanga basoje amasomo yabo mu mashami atandukanye. Abo banyeshuri barashima (…)
Mu bizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye byo mu mwaka wa 2023/2024 abanyeshuri bigaga imyuga n’ubumenyi ngiro batsinze neza kurusha bagenzi babo bigaga ubumenyi rusange.
Igitekerezo cyo gushinga amashuri y’incuke ngo cyabajemo mu kwezi kwa Nzeri k’umwaka wa 1988, ubwo babonaga ababyeyi bajya guhinga bashoreranye n’abana, bakiriranwa na bo mu mirima ariko bagataha umubyizi utarangiye, kubera ko abo bana babaga babaruhije.
Ababyeyi n’abaturiye ishuri rya GS Gatenga I bavuga ko bafite impungenge z’umutekano w’abanyeshuri bahiga by’umwihariko abo mu mashuri abanza, bitewe no kuba iryo shuri ritazitiye.
Abasesengura ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu burezi bw’amashuri yo mu cyaro, baratangaza ko ibikorwa remezo by’ikoranabuhanga bikiri bikeya, bigatuma abanyeshuri batarikoresha uko bikwiye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’ibanze (REB), cyungutse ibitabo bibiri bikubiyemo indangagaciro ziranga Umunyarwanda, bizafasha abanyeshuri mu myitwarire yabo, bityo bakazakura ari Abanyarwanda bizihiye Igihugu.
Abahanga bavuga ko siporo ari kimwe mu bituma ubuzima bwa muntu burushaho kugenda neza, haba mu mikorere no mu mitekerereze, mu mashuri siporo igafasha abana kuruhuka no gutuma ubwonko bukora neza bakabasha gutsinda, bamwe bakagira siporo umwuga ikaba yabateza imbere.
Intara y’Amajyaruguru ifite byinshi yihariye, bikomeje gukurura umubare mwinshi w’abaza bayigana, mu rwego rw’ubukerarugendo.
Mu Karere ka Huye hari ibigo by’amashuri bigemurirwa ibishyimbo bihiye, bikavuga ko na byo bibageraho bitinze, rimwe na rimwe abanyeshuri bakarya uburisho bwonyine. Kigali Today yegereye bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri, isanga batabivugaho rumwe.
Abana 150 baturuka mu miryango itishoboye bo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze biganjemo abiga mu mashuri abanza, bari barabuze uko basubira kwiga kubera kubura ibikoresho by’ishuri, babishyikirijwe bahita barisubiramo.
Ku munsi w’itangira ry’umwaka w’amashuri tariki 09 Nzeri 2024, ku mashuri n’ahakorera Ikigo cy’Imari cya Umwalimu SACCO, hiriwe umubyigano w’ababyeyi bavuga ko babuze uko bishyurira abana ishuri, cyane cyane abajya gutangira umwaka wa mbere n’uwa kane w’amashuri yisumbuye.
Abakosora ibizamini bya Leta baratangaza ko babangamiwe n’imyandikire y’abanyeshuri barangiza amashuri abanza bandika nabi ku buryo inyuguti nyinsi ziba zisa izindi zireshya bikagorana rimwe na rimwe gusobanukirwa n’ibyo umunyeshuri aba yanditse.
Musabyimana Albert warokotse Jenoside yatwaye abo mu muryango we hafi ya bose, ashima ubuyobozi bw’u Rwanda bwamwubatsemo icyizere cyo kubaho, ariga, ndetse abona akazi yiteza imbere, yiyemeza kwitura Igihugu ineza cyamugiriye ashinga ikigo cy’amashuri cyitwa Peace and Hope Academy gifasha abafite ubushobozi budahambaye.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iratangaza ko izakomeza gushyira imbaraga mu burezi budaheza mu rwego rwo gutanga amahirwe angana ku byiciro byose kugira ngo buri wese yerekane icyo ashoboye kuko byatangiye gutanga umusaruro.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko yamaze kubona no kwemera abanyeshuri 240 baziga muri Ntare Louisenlund School mu mwaka w’amashuri wa 2024/2025.
Jean de Dieu Niyonzima wiga mu ishuri ry’abafite ubumuga bwo kutabona ry’i Kibeho (Education Institute for Blind Children Kibeho) yahembwe muri batanu ba mbere bagize amanota meza mu bizamini bisoza icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye, kuri uyu wa 27 kanama 2024.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza mu mwaka wa 2023/2024 bangana na 96.8% ari bo batsinze.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), cyatangaje ko abanyeshuri biga bacumbikirwa bazatangira kujya ku masomo y’igihembwe cya mbere guhera ku wa 06 Nzeri 2024.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) cyatangaje igihe umwaka w’amashuri 2024-2025 uzatangirira mu rwego rwo gufasha ababyeyi n’abanyeshuri kwitegura neza.