Inkuru y’uko umuraperi Kendrick Lamar azaza mu Rwanda yashimishije benshi mu bakunda iyi njyana, ikibazo cyakurikiye ni ukwibaza undi muhanzi bazajyana kuri urwo rubyiniro.
Umuhanzi w’umunya-Nigeria, akaba icyamamare mu njyana ya ‘Afrobeats’ Divine Ikubor uzwi ku mazina y’ubuhanzi nka Rema, yatangaje ko ahagaritse ibitaramo byose yateganyaga mu Kwezi k’Ukuboza 2023, kugira ngo abanze yite ku buzima bwe.
Leta ya Georgia muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yahaye icyemezo cy’umuturage w’indashyikirwa Umuhanzi ukomoka muri Nigeria David Adeleke, uzwi ku izina rya Davido.
Umuhanzi Dapo Ayebanjo, uzwi nka D’Banj, yahanaguweho ibirego byose yashinjwaga birimo gufata ku ngufu na ruswa nyuma yiperereza ryari rimaze iminsi rikorwa n’inzego z’umutekano muri Nigeria.
Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, muri muzika nyarwanda, yashimangiye ko ubufatanye bw’abahanzi mu bikorwa bimenyekanisha igihugu bukwiye kuza mbere y’ibindi byose kurusha ihangana.
Theophile Twagirayezu nyuma y’imyaka 15 ahagaritse umuziki, yawugarutsemo ahita asubiramo imwe mu ndirimbo ze yakoze mu bihe byashize yise ‘Iri Maso’ yaririmbanye n’abanyeshuri biganaga muri St André.
Nyuma yo kubura amafaranga yo kujya mu gitaramo cya Shaggy igihe yazaga mu Rwanda mu mwaka wa 2008, Bruce Melodie yahuriye ku rubyiniro na we muri Amerika.
Bruce Melodie na Shaggy nyuma yo gukorana indirimbo bise ‘When she is around’, bwa mbere bahuye imbonankubone muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho bagiye no guhurira mu bitaramo bizwi nka ‘iHeartRadio Jingle Ball Tour’.
Ku mugoroba wo ku munsi w’ejo tariki 26 Ugushyingo muri BK Arena habereye igitaramo cyitabiriwe n’abatari bacye baje kwihera amatwi n’amaso abahanzi bagiserutsemo barimo Kayirebwa na Muyango.
Umuhanzi Gakuba Sam ukoresha izina ‘Samlo’ mu bya muzika, wamenyekanye mu ndirimbo z’urukundo, yatereye ivi ndetse yambika impeta umukunzi we Umutesi Betty bamaranye imyaka umunani bakundana.
Itahiwacu Bruce Melodie umaze kwamamara mu ruhando mpuzamahanga, nyuma yo gukorana indirimbo na Shaggy bise ‘When She’s Around’ ni we muhanzi Nyarwanda ugiye guhurira mu gitaramo kimwe n’abahanzi b’ibyamamare ku rwego rw’isi barimo Usher, Nicki Minaj na Flo Rida.
Imbyino za gakondo, imivugo, ibisigo, indyo za kinyarwanda bimwe mu byaranze igitaramo cya Kigali Kulture Konnect cyaraye kibereye muri KCEV hamenyerewe Camp Kigali kikaba kigiye kujya kiba buri kwezi.
Ni igitaramo gisoza ibitarmo bya MTN iwacu muzika festival 2023 kizahuriramo abahanzi ba gakondo barimo Muyango na Cecile Kayirebwa bamaze imyaka itari micye bakora umuziki gakondo, hamwe n’abakiri bato ariko bihebeye iyi njyana ya Gakondo.
David Adedeji Adeleke wamamaye nka Davido ku munsi yizihiraho isabukuru ye y’amavuko, yerekanye bwa mbere abana be b’impanga aherutse kwibaruka n’umugore we Chioma Rowland.
Ngabo Richard umaze kwamamara muri muzika nyarwanda nka Kevin Kade, akaba n’umwe mu bahanzi bagezweho mu Rwanda yateguje abakunzi Album ye ya mbere yise ‘Baho’ agiye gushyira hanze.
Abitabiriye igitaramo cyateguwe na Chorale Christus Regnat cyaraye kibaye mu ijoro ryo ku itariki 19 Ugushyingo 2023 muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali batangaje ko indirimbo zaririmbwe zabanyuze umutima ndetse ko bagize ibihe byiza byo gusabana n’Imana.
Umuhanzi Davido yatangaje ko igihe kigeze ngo umuco wa Afurika ukwirakwire ndetse umenyekane mu mpande zose z’isi, binyuze mu iserukiramuco yise (A.W.A.Y), rizajya ribera ku mugabane itandukanye.
Umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben yavuze ko atifuza igitaramo cyo guhangana we na Bruce Melodie, ahubwo hagateguwe igitaramo cyabahuza bombi bagashimisha abafana babo.
Calvin Cordozar Broadus Jr. wamamaye mu njyana ya rap ku Isi, nka Snoop Dogg, yatangaje ko nyuma y’ibiganiro yagiranye n’umuryango we yafashe umwanzuro wo kutazongera gutumura ku rumogi.
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi, Nyarwaya Innocent uzwi ku izina rya Yago Pon Dat, yavuze ko atajya acibwa intege n’abantu bamurwanya ko adashoboye mu muziki, kuko mu buzima bwe aharanira gukora ibiganisha ku byiza gusa.
Umunyarwenya akaba n’umunyamakuru, Arthur Nkusi, umuhanzikazi Ariel Wayz, na Dj Toxxyk umaze kwamamara mu kuvanga imiziki, biyongereye ku rutonde rw’abazafatanya n’umuraperi Kendrick Lamar Duckworth mu gitaramo cy’amateka kizabera mu Rwanda.
Umuhanzi Butera Knowless ari kumwe n’Umugabo we Ishimwe Clement, ari na we umufasha mu gutunganya indirimbo ze muri studio ye ya ‘Kina Music’ ndetse akanakurikirana ibijyanye n’ibikorwa bye, bavuze byinshi ku buzima bwabo no ku muziki wabo muri rusange.
Umuhanzikazi ukomoka muri Nigeria, Yemi Eberechi Alade, yavuze ko nta gitutu afite cyo gukora ubukwe, ndetse agira inama abandi bakobwa kujya babanza kwitonda bagahitamo neza uwo bagiye kubana aho kwirukira gukora ubukwe.
Ubuyobozi bw’Inteko y’Umuco burahamagarira abahanzi kuvoma mu bukungu bw’umuco n’umurange nyarwanda, kugira ngo bifashe ibihangano byabo kurushaho kugira umwimerere Nyarwanda.
Abagize umuryango w’icyamamare muri Filimi zo gusetsa w’Umunya-Nigeria, John Okafor uzwi cyane nka Mr Ibu, batangaje ko yaciwe ukuguru kubera impamvu z’uburwayi.
Abahanzi batandukanye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, barimo umuraperi Drake na mugenzi we, Jennifer Lopez, bifatanyije n’abandi bahanzi benshi basaba ko intambara ikomeje guhitana benshi hagati Israel na Hamas ihagarara.
Niyitegeka Gracien uzwi cyane nka Seburikoko cyangwa Papa Sava, kubera filime akinamo yitwa ayo mazina, yavuze ikintu cyamushimishije kurusha ibindi mu buzima bwe, ndetse n’icyamubabaje kurusha ibindi.
Umuraperi w’icyamamare, Tupac Amaru Shakur, umaze imyaka 27 yishwe arashwe, yitiriwe umuhanda mu mujyi wa Oakland, muri Leta ya California.
Umukinnyi w’icyamamare muri sinema ya Nigeria (Nollywood) John Okafor, uzwi ku izina rya Mr Ibu, Umuryango we watangaje ko yabazwe inshuro eshanu ndetse ko azajya kuvurirwa hanze y’igihugu cya Nigeria.
Intore Tuyisenge Jean de Dieu, umuhanzi w’indirimbo gakondo, avuga ko yahisemo kubaka ‘Studio’ ye kugira ngo abashe guteza imbere Umuco nyarwanda.