Nyinawandwi Epiphanie wo mu Mudugudu wa Mirama ya kabiri Akagari ka Nyagatare Nmurenge wa Nyagatare avuga ko umwana we yavukanye ubumuga bw’ururimi ruteguka ndetse n’ahanyura umwanda hato ariko yabuze ubushobozi bumuvuza.
Inama Nkuru ishinzwe Amashuri Makuru (HEC) irateganya gushyiraho amabwiriza akakaye ku bashoramari bateganya gushinga kaminuza zigenga n’amashuri makuru mu rwego rwo kuzamura ireme ry’uburezi muri ibyo bigo.
Akarere ka Nyaruguru kabimburiye utundi turere two mu Rwanda mu kuzuza ibyumba by’amashuri byubatswe ku nkunga ya Banki y’Isi.
Inzego zishinzwe ubwikorezi mu kirere n’inzego z’ubuzima ziratangaza ko u Rwanda rwiteguye neza gusubukura ingendo zo mu kirere tariki 1 Kanama 2020.
Abakuru b’abarwanyi bakuwe mu mitwe ishinjwa iterabwoba ikorera muri Kongo Kinshasa, batangaza ko nyuma yo kuzanwa mu Rwanda iby’iyo mitwe byabaye nk’ibirangiye burundu.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Nyakanga 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 12 banduye COVID-19.
Star times irageza ku Banyarwanda n’isi muri rusange imikino ya ½ cya FA Cup kuri Stade ya Wemble muri iyi weekenda. Yashyize igorora abakunzi b’umupira w’amaguru by’umwihariko abakunda shampiyona y’u Bwongereza ndetse na FA CUP aho amakipe yo mu Bwongereza ahatanira igikombe gitangwa n’Umwamikazi Elizabeth.
Ikipe ya Paris Saint Germain yihereranye Waasland-Beveren ikinamo umunyarwanda Djihad Bizimana iyinyagira ibitego 7-0 mu mukino wa gicuti.
Polisi mu Karere ka Kirehe yataye muri yombi Nsengiyumva Abass w’imyaka 19, nyuma yo gufatwa n’abaturage bo mu Murenge wa Nyamugali yagiye kwiba yambaye imyenda ya Polisi y’u Rwanda iriho n’amapeti ya Polisi.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC) kiratangaza ko umubyeyi wagaragaweho ubwandu bwa Covid-19, yabyariye umwana w’umuhungu mu kigo nderabuzima cya Rugerero mu Karere ka Rubavu, aho yavurirwaga iyo ndwara.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Burezi (REB) gitangaza ko abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye batazongera gukora ibizamini by’akazi, ahubwo ko hari komite izajya ibatoranya mu barimu hakurikijwe ubunararibonye bwabo.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rweretse itangazamakuru abarwanyi 57 n’umusivili umwe bavanywe mu mashyamba ya Kongo Kinshasa bohererezwa u Rwanda guhera mu kwezi kwa Gashyantare k’uyu mwaka wa 2020, barimo umuhungu wa Gen Irategeka Wilson wayoboye FDLR.
Abaganga i Paris mu Bufaransa bemeje uruhinja rwa mbere rwavukanye covid-19 nyuma y’uko nyina amwanduje amutwite nk’uko bitangazwa mu bushakashatsi. Byemezwa y’uko ari ibintu biba gake.
Minisitiri w’Ibidukikije Dr. Jeanne d’Arc Mujawamariya kuri uyu wa Gatanu aritaba inteko ishinga amategeko y’u Rwanda kugira ngo atange ibisobanuro imbonankubone ku bibazo bivugwa mu mikoreshereze y’ubutaka, ibishanga, amashyamba, imicungire y’amazi n’ibindi.
Niho Joseph ni umworozi w’inzuki wabigize umwuga, akaba yararangije kaminuza mu ikoranabuhanga ariko ntiyigeze asaba akazi, ahubwo yashyize imbaraga mu bworozi bw’inzuki ku buryo yumva nta kindi yakora.
Mu buzima bwa buri munsi, dukenera ibikoresho bitandukanye bidufasha kubaho neza haba mu rugo, mu kazi cyangwa mu ngendo. Nyamara hari ibikoresho byinshi dutunze ariko tutazi ko bifite umumaro urenze uwo twabiguriye.
Rutahizamu Didier Drogba wari ufite inzozi zo kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Cote d’Ivoire, zayoyotse nyuma yo kubura umwishingizi mu matsinda atanu abyemerewe.
Zindzi Mandela wapfuye afite imyaka 59 ku waMmbere aguye mubitaro byaJohannesburd, byatangajwe ko kuri uwo munsi bari bamusanzemo indwara ya COVID-19.
Abaturage 300 batishoboye bo mu Kagari ka Nyabugogo, Umurenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge, bishimira kuba barishyuriwe ubwisungane mu kwivuza kuko ngo bumvaga ntaho bazakura amafaranga yo kwiyishyurira.
Abatuye mu Kagari ka Muhambara mu Murenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru, tariki 2 Nyakanga 2020 bari bamaze kwishyura imisanzu ya mituweli 2020-2021 bose.
Mu gihe cya gahunda ya #GumaMuRugo yatangiye tariki ya 21 Werurwe 2020 hagamije kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, aabantu basabwe kuguma mu ngo zabo, uretse gusa abajyaga gushaka cyangwa gutanga serivisi za ngombwa.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Kane tariki 16 Nyakanga 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 38 banduye COVID-19, barimo 30 babonetse mu Mujyi wa Kigali.
Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Kigeme mu Karere ka Nyamagabe byahagaritse by’agateganyo serivizi z’abarwayi babiganaga bivuza bataha.
Nyuma y’aho Inama y’Abaminisitiri iteranye ku wa Gatatu tariki 15 Nyakanga 2020 ikemeza ko insengero zongera gufungura, abakuriye amadini n’amatorero bo mu Ntara y’Amajyaruguru bishimiye uyu mwanzuro, baboneraho no kwizeza Abanyarwanda ko biteguye kuba icyitegererezo mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwizwa (…)
Umuraperi Kanye West akaba n’umunyamideri yemerewe kuziyamamariza umwanya wa Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika (USA), mu matora yabereye muri Leta ya Oklahoma.
Dusengimana Paul uzwi nka Paul w’i Mushubi ni umusore w’imyaka 33. N’ubwo yize amashuri abanza gusa ni we Munyarwanda wa mbere, abyibwirije wandikiye Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda asaba ko ingingo 101 mu Itegeko Nshinga ihinduka.
Urubanza ku birebana n’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo rwa Dr. Habumuremyi Pierre Damien wahoze ari Minisitiri w’Intebe, rwatangiye kuburanishwa mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo kuri uyu wa Kane.
Banki ya Kigali (BK) ihamya ko buri muntu wese ashobora kwizigamira agendeye ku mafaranga ayo ari yo yose yinjiza, akirinda kuyasuzugura ahubwo akayashyira kuri konti akazagwira bityo iyo Banki ikamwungukira ndetse ikaba yamuha inguzanyo akiteza imbere.
Mu gihugu cya Kenya mu Mujyi wa Nairobi mu gace kitwa Narok, inzego z’ubuyobozi zakijije umwana w’umukobwa w’imyaka 12, washyingiwe ku bagabo babiri mu kwezi kumwe, abitegetswe na se.
Umuhanzi Senderi International Hit, avuga ko muri ibi bihe bya Covid-19 ibitaramo byabaye bisubitswe, yakoze imyitozo myinshi, ku buryo nibyongera gusubukurwa azakorera ibitaramo mu mirenge yose igize igihugu uko ari 416.
Dr. Pierre Damien Habumuremyi wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kuva muri 2011-2014, yagejejwe mu Rukiko kuri uyu wa Kane tariki 16 Nyakanga 2020 agiye kuburana ku byaha aregwa byo gutanga sheki zitazigamiye n’ubuhemu.
Ikipe ya Rayon Sports yatangiye kurekura bamwe mu bakinnyi ibona ko itazakeneera mu mwaka utaha w’imikino, ndetse n’abandi bari bisabiye kurekurwa.
Umukobwa witwa Mukundente Raïlla wo mu Kagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, arasaba ubutabera nyuma y’uko ashutswe n’umusore ubwo yigaga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza yamara kumutera inda akamwihakana.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki 15 Nyakanga 2020 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashyize abakozi n’abayobozi b’amashami bagera kuri 45 muri za Minisiteri n’ibigo bya Leta bitandukanye.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki 15 Nyakanga 2020 yemeje ko ingendo hagati mu Karere ka Rusizi ku bahatuye zemewe, ariko iziva muri ako Karere zijya mu tundi zikaba zitemewe.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Nyakanga 2020 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yize ku cyorezo cya Coronavirus yanzura ko insengero zemerewe gukora ariko uburenganzira bwo gufungura bugatangwa n’inzego z’ibanze zimaze kugenzura niba zubahirije amabwiriza ya Minisiteri y’Ubuzima.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Nyakanga 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 19 banduye COVID-19.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere Meteo Rwanda, cyatangaje ko kuva mu ijoro ryo ku ya 15 kugera ku ya 16 Nyakanga 2020, mu Ntara y’Uburasirazuba n’iy’Amajyepfo, hateganyijwe umuyaga mwinshi, uri ku gipimo cya metero 8 na 13 ku isegonda.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Nyakanga 2020, Perezida wa Repubulika yayoboye Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro.
Gahunda ya ‘Sanga Umurenge’ ikorwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera, ni igitegekerezo cyabayeho hagamijwe kwegera abaturage ku buryo buruseho, kumenya ahantu ndetse no kureba ibibazo abayobozi ku nzego z’ibanze bahura na byo.
Nyuma y’uko ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe bwari bwemereye Cyprien Tegamaso kumuvuza, kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Nyakanga 2020 yapfiriye ku Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB), ataragera kuri Faisal ngo avurwe.
Umujyi wa Kigali wakunze kugaragara ku ntonde mpuzamahanda nk’umwe mu Mijyi ifite isuku ku rwego rwa Afurika.
Umuhinzi ntangarugero witwa Serugendo Justin wo mu Murenge wa Kinigi Akarere ka Musanze, avuga ko gukora ifumbire y’imborera yifashisha mu buhinzi byamugabanyirije kuyigura imuhenze n’urugendo yakoraga rwa kure ajya kuyigura ahandi, ubu akaba abasha kuzigama nibura amafaranga y’u Rwanda asaga ibihumbi 700 buri gihembwe (…)
Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwanze ubujurire bw’abayobozi bashinjwa guhombya Leta miliyari ebyiri ubwo baguraga inzu ikorerwamo n’Urwego rw’Iperereza (NISS) muri 2018, bari barusabye kuburana badafunzwe.
Myugariro Faustin Usengimana wari umaze umwaka akina mu ikipe ya Buildicon yo muri Zambia, yamaze gusinyira Police Fc amasezerano y’imyaka ibiri.
Umunyana Shanitha wabaye igisonga cya mbere cya Miss Rwanda 2018 akaza no guhagararira u Rwanda muri Miss Supranational, yongeye guhagurutsa ubukanguramba yakoraga bwo kurwanya inda mu bana b’abangavu no kubafata gusubira ku ishuri nyuma yaho.
Ubushakashatsi bwakozwe na ‘The Lancet’ bwashyizwe hanze kuri uyu wa gatatu tariki ya 15 Nyakanga 2020, bugaragaza ko ubwiyongere bw’abaturage mu kinyejana cya 21 buzagabanukaho miliyari ebyiri, ugereranije n’imibare yatangwaga n’Umuryango w’Abibumbye.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye António Guterres yamaganye igitero cyagabwe ku ngabo ziri mu butumwa bw’amahoro muri Santarafurika, kigahitana umusirikare umwe w’u Rwanda.