Ba myugariro ba Rayon Sports na APR FC, abavandimwe Fitina Omborenga na Nshimiyimana Yunusu bakiriye inkuru y’akababaro y’urupfu rwa se witabye Imana kuri uyu wa Mbere.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, ikomeje imyitozo igeze ku munsi wa kabiri yitegura Nigeria ku wa Gatanu w’iki Cyumweru, mu mukino w’umunsi wa gatanu wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026, ndetse na Lesotho ku munsi wa gatandatu.
Ngonyani Priver ukomoka mu Majyepfo ya Tanzania, mu Karere ka Songea, ni umutoza wigisha umupira w’amaguru n’ubwo afite ubumuga bwo kutabona, ibintu ubundi bifatwa nk’ibidasanzwe, ariko we afite inzozi zo kuzamura urwego rw’umupira w’amaguru aho muri Tanzania.
Umutoza Mugiraneza Jean Baptiste ‘Miggy’ wungirije muri Muhazi United, aravugwaho kunyura kuri myugariro Bakaki Shafiq, agahamagara abakinnyi ba Musanze FC abasaba kwitsindisha bagaha amanota Kiyovu Sports, yitwaje ko azayibera umutoza mu mwaka w’imikino 2025-2026 ariko biba iby’ubusa.
Ikipe ya Rayon Sports yatsindiye AS Kigali ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 21 wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatandatu,ishyira amanota ane hagati yayo na APR FC.
Ku wa Gatanu tariki 14 Werurwe 2025, ikipe ya APR FC yakomeje kwibazwaho cyane nyuma yo kunganya na Gasogi United 0-0 kuri Kigali Pelé Stadium, ikananirwa gufata umwanya wa mbere.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya APR FC yakiriye Rayon Sports mu mukino w’umunsi wa 20, wabereye kuri Stade Amahoro banganya 0-0 ku nshuro ya gatatu yikurikiranya.
Ku wa Gatatu tariki 5 Werurwe 2025, amakipe ya APR FC na Police FC yageze muri 1/4 cy’Igikombe cy’Amahoro, asezereye Gasogi United na AS Kigali.
Kuri iki Cyumweru, kuri Kigali Pelé Stadium habereye imikino ibiri isoza umunsi wa 19 wa shampiyona, aho APR FC yahatsindiye Police FC 3-1, Rayon Sports ikahanganyiriza na Gasogi United 0-0.
Kuri iki Cyumweru,Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ryatangaje ko Umunya-Algeria Adel Amrouche ariwe mutoza mushya w’Amavubi asimbuye Frank Spittler.
Umukino wo kwishyura wa shampiyona uzahuza APR FC na Rayon Sports, wakuwe muri Gicurasi ushyirwa ku tariki 9 Werurwe 2025.
Rutahizamu wa Rayon Sports Fall Ngagne, ashobora kumara igihe kinini adakina kubera imvune yagiriye mu mukino w’umunsi wa 18 wa shampiyona, banganyijemo n’Amagaju FC 1-1 ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Mukura VS yatsindiye APR FC 1-0 kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye, mu kino w’umunsi wa 18 wa shampiyona watumye Rayon Sports ikomeza kuyirusha amanota ane.
Kuri uyu wa Gatandatu,ikipe ya Rayon Sports yanganyirije n’Amagaju FC kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye 1-1 mu mukino w’umunsi wa 18 wa shampiyona ikomeza kwiyegereza APR FC irusha amanota ane.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Gashyantare 2025, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore yatsindiwe na Misiri kuri Kigali Pelé Stadium igitego 1-0, mu mukino ubanza wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika 2025 kizabera muri Maroc.
Umutoza w’Amagaju FC, Niyongabo Amars, avuga ko barimo kwitegura Rayon Sports kuri uyu wa Gatandatu, batagendeye ku mukino ubanza wa shampiyona banganyirije i Kigali muri Kanama 2024, kuko yahindutse ndetse nabo bagahinduka ariko ngo biteguye kuyibonaho amanota.
Ku wa 19 Gashyantare 2025, ikipe ya APR FC yatsindiye Musanze FC kuri Kigali Pelé Stadium 4-0, mu mukino wo kwishyura wa 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro igera muri ¼, aho yasanze amakipe arimo Rayon Sports.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Gashyantare 2025, ikipe ya Rayon Sports yangiwe gukorera imyitozo n’umuterankunga wayo mukuru Skol, aho isanzwe ikorera mu Nzove, kubera ibyo batumvikanaho.
Ku Cyumweru tariki 16 Gashyantare 2025, ikipe ya APR FC yatsinze AS Kigali ibitego 2-1 ibifashijwemo na rutahizamu Mamadou Sy, watsinze igitego cyo ku munota wa nyuma ikomeza kotsa igitutu Rayon Sports.
Ku wa Gatandatu tariki 15 Gashyantare 2025, ikipe ya Kiyovu Sports yatsindiwe na Rayon Sports 2-1 kuri Kigali Pelé Stadium, yakomeje gufata umwanya wa mbere irusha amanota atandatu APR FC iyikurikira.
Ubusanzwe Siporo ni kimwe mu bihuza abantu benshi, igakurikirwa na benshi, ndetse igakurura amarangamutima y’ingeri zitandukanye.
Kuri uyu wa Kane, ku bibuga bitandukanye habereye imikino itandatu ibanza ya 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro, aho Rayon Sports yatsindiye i Rubavu, APR FC ikanganyiriza i Musanze.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Musanze FC ibitego 2-2 kuri Kigali Pelé Stadium, mu mukino ufungura imikino yo kwishyura ya shampiyona bigabanya ikinyuranyo hagati yayo na APR FC yo yatsinze.
Mu kiganiro ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwagiranye n’itangazamakuru kuri uyu Gatanu tariki ya 7 Gashyantare 2025, bwasobanuye byimbitse ibibazo n’impinduka zivugwa muri iyi kipe.
Ikipe ya Mukura VS yatije Umunya-Ghana, Samuel Pimpong, mu ikipe ya FC Shiroka yo muri Albania, harimo ingingo yo kugurwa mu gihe yashimwa.
Ku wa 6 Gashyantare 2025, kapiteni w’Amavubi Djihad Bizimana yatandukanye n’ikipe ya Kryvbass Kryvyï Rih yakiniraga mu cyiciro cya mbere muri Ukraine, asinyira Al Ahli Tripoli yo muri Libya.
Perezida Paul Kagame yagaragaje ibyishimo nyuma y’umukino w’umunsi wa 24 wa shampiyona y’u Bwongereza, aho Arsenal yanyagiye Man City 5-1 kuri iki Cyumweru.
Ku wa Gatandatu tariki 1 Gashyantare 2025, ikipe ya APR FC yatsinze Police FC penaliti 4-2 yegukana igikombe cy’Intwari 2025.
Ku wa Gatanu tariki 31 Mutarama 2025, nibwo hasojwe irushanwa ry’Intwari mu cyiciro cya gisirikare mu mupira w’amaguru, aho Ishuri ry’Imyitozo ya Gisirikare rya Gabiro (Combat Training Center/CTC) ryegukanye igikombe ritsinze Special Operations Force (SOF) kuri penaliti 4-3.
Kuri uyu wa Gatanu, Rayon Sports yatangaje abakinnyi bashya barimo rutahizamu Biramahire Abeddy utari witezwe mu bavuzwe.