Leta y’u Rwanda yavuze ko ibiganiro byagombaga guhuza ba Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Felix Tshisekedi wa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo ndetse na João Lourenço wa Angola ku mutekano wa Kongo, byasibijwe n’ikibazo Kongo itaravana mu nzira.
Ibiganiro byari bitegerejwe hagati ya Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na mugenzi we wa Congo Felix Tshisekedi n’umuhuza João Lourenço wa Angola ku mutekano muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo byasubitswe ku munota wa nyuma.
Mu kiganiro aheruka kugeza ku ihuriro rya 17 ry’umuryango Unity Club Intwararumuri ku wa 16 Ugushyingo 2024, Perezida Paul Kagame yatanze ubutumwa bwumviswe na buri wese.
Ibigo bishinzwe amasoko ya Leta muri Afurika(APPN) byemeranyijwe ko itangwa ry’amasoko ya Leta rigiye kwibanda ku bikorerwa imbere mu gihugu, kubera impamvu zitandukanye zirimo iyo gusigasira agaciro k’ifaranga gatakarira mu gutumiza ibintu hanze y’Igihugu.
Umukandida w’Abademokarate watsinzwe amatora ya Amerika, Kamala Harris, yasabye abamushyigikiye kwemera intsinzi ya mukeba we Donald Trump, abasaba no kudacika intege mu kurwanira ibyo bemera.
Inararibonye mu bya Politiki, Hon. Tito Rutaremara, avuga ko ibyavuzwe na Abraham Lincoln ko Demokarasi muri Amerika ari iy’abaturage ; igakorwa n’abaturage igakorerwa abaturage, ari ikinyoma.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, ari i Doha muri Qatar kuva tariki 29 Ukwakira 2024 aho yitabiriye inama yizihirizwamo isabukuru y’imyaka 30 y’Umwaka Mpuzamahanga w’Umuryango.
Perezida Daniel Francisco Chapo, watorewe kuyobora Mozambique, yavutse ku itariki 6 Mutarama 1977, avukira mu gace kitwa Inhaminga mu Ntara ya Sofala muri Mozambique.
Komisiyo y’amatora muri Mozambique, yatangaje ko ishyaka riri ku butegetsi, Frelimo, ryatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu rikaba rigiye gukomeza kuyobora nyuma y’imyaka 49 rimaze ku butegetsi.
Perezida Paul Kagame yageze mu mujyi wa Apia, mu murwa mukuru wa Samoa, aho yitabiriye inama ya CHOGM ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo mu muryango wa Commonwealth uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza.
Visi Perezida wa Kenya, Rigathi Gachagua, yajyanywe mu bitaro igitaraganya, mu gihe Sena ya Kenya yarimo itora umwanzuro wo kumweguza.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Ukwakira 2024 abaturage bo muri Mozambique babyukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu. Haratorwa usimbura Perezida Filipe Nyusi umaze manda ebyiri ari Perezida wa Mozambique, uyu mwanya ukaba urimo uhatanirwa n’abakandida bane.
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze i Paris mu Bufaransa aho bitabiriye Inama ya 19 ya OIF ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma mu muryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa, La Francophonie.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Nzeri 2024, Abasenateri 20 bagize manda ya kane ya Sena y’u Rwanda barahiriye gutangira imirimo yabo.
Kuri uyu wa Kabiri, tariki 30 Nyakanga 2024 i Luanda muri Angola hateraniye inama ya kabiri y’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo yiga ku bibazo by’umutekano mu Burasirazuba bw’iki Gihugu.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yatangaje ko yavuye mu bikorwa byo kwiyamamariza kongera kuyobora Amerika.
Abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, bahabwa inshingano zitandukanye, hakaba n’umwanya wo kubahindurira inshingano, mu rwego rwo kurushaho kunoza imikoranire izamura iterambere ry’Igihugu n’abagituye.
Perezida Paul Kagame yihanganishije umuryango wa Senateri Jim Mountain Inhofe ukomoka muri Amerika, wari inshuti y’u Rwanda witabye Imana kuri uyu wa Kabiri.
U Rwanda rwakomoje ku ihagarikwa ry’amasezerano yo kohereza mu Rwanda abimukira baturutse mu Bwongereza, ruvuga ko rwumvise umugambi wa Leta y’u Bwongereza wo guhagarika amasezerano yo gukemura ikibazo cy’abimukira yemejwe n’Inteko Zishinga Amategeko z’Ibihugu byombi.
Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’ikinyamakuru France 24 cyo mu gihugu cy’Ubufaransa tariki 20 Kamena 2024 abajijwe niba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) iramutse ishoje intambara ku Rwanda habaho kurwana hagati y’Ibihugu byombi yasubije ko uretse na Congo, u Rwanda rwiteguye kurwanya uwo ari we wese (…)
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi mu Bufaransa, yahuye na Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, bagirana ikiganiro.
Perezida Paul Kagame, uri i Paris mu Bufaransa, kuri uyu wa Kane tariki 20 Kamena 2024 yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Sénégal, Bassirou Diomaye Faye, aho baganiriye ku ruzinduko Perezida Faye ateganya kugirira mu Rwanda mu gukomeza gusangizanya ubunararibonye mu nzego zitandukanye zirimo imiyoborere n’ubufatanye (…)
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko icyorezo cya Covid-19 cyerekanye ubusumbane bukomeye hagati y’ibihugu byateye imbere n’ibiri mu nzira y’amajyambere by’umwihariko mu kubona inkingo n’ubundi buryo bw’ubwirinzi.
Mu kiganiro yagiranye na RBA kuri uyu wa Mbere tariki 17 Kamena 2024, Perezida Kagame yavuze ku ngingo zitandukanye, harimo n’icyo atekereza ku banenga ubuyobozi bwe bavuga ko butagendera kuri Demokarasi.
Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, agiye kuyobora icyo gihugu muri manda ya kabiri, nyuma y’uko yatowe n’abagize Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite ku majwi 283, arushije Julius Malema wagize amajwi 44.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Kamena 2024, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Ambasaderi w’u Burusiya mu Rwanda, Karén Chalyan, uri gusoza inshingano ze.
Perezida Paul Kagame witabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku kibazo cy’intambara ihanganishije Israel na Hamas muri Gaza n’uburyo bwo kuyishakira ibisubizo, yagiranye ibiganiro n’Umwami wa Jordanie, Abdullah II bin Al-Hussein, ari na we wayitumije.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yitabiriye inama mpuzamahanga yatumijwe n’Umwami wa Jordanie, Abdullah II bin Al-Hussein, Perezida wa Misiri Abdel Fattah El-Sisi ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN) António Guterres igamije kwiga ku kibazo cya Gaza.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yakiriwe n’Umwami wa Brunei akaba na Minisitiri w’Intebe w’Iki gihugu, Hassanal Bolkiah ibni Omar Ali Saifuddien III.
Komiseri mu Muryango FPR Inkotanyi, Hon. Tito Rutaremara, yagiriye uruzinduko muri Mozambique, aganiriza abarimo abashakashatsi n’abandi bari bateraniye muri Kaminuza ya Joaquim Chissano.