Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko ashishikajwe no kubona umugabane wa Afurika ufite amahoro, ari na yo mpamvu icyo gihugu cyahisemo kuba umuhuza wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’u Rwanda.
Igihugu cya Qatar cyatangaje ko cyishimiye ibyatangajwe n’u Rwanda na DRC ndetse na M23 ku guhagarika imirwano mu Burasirazuba bwa DRC. Qatar ivuga ko iyi ari intambwe ishimishije itewe mu gushakira amahoro arambye Akarere.
Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Mahmoud Ali Youssouf, yashimye u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’uko abakuru b’ibihugu byombi bahuriye mu biganiro bigamije gushakira amahoro Uburasirazuba bwa DRC.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yahuriye na mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), Antoine Félix Tshisekedi mu biganiro byayobowe n’Umwani wa Qatar mu murwa mukuru Doha.
Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 17 Werurwe, yamenyesheje iy’u Bubiligi ko yahagaritse umubano wayo nabwo mu bijyanye na dipolomasi.
Inama idasanzwe yahuje abakuru b’ibihugu byo mu muryango wa SADC, yemeje bidasubirwaho guhagarika ubutumwa bwa SAMIDRC, no gutangira gucyura mu byiciro Ingabo z’uyu muryango ziri muri DRC.
Leta y’u Rwanda yasohoye itangazo ryihaniza Igihugu cya Canada kubera amagambo arusebya yashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’icyo Gihugu, avuga ko u Rwanda ruri inyuma y’ibibazo by’umutekano mucye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo-DRC.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 17 Mutarama, yashyize mu myanya abayobozi mu nzego zitandukanye zifata ibyemezo, abandi ibazamurwa mu ntera.
Leta y’u Rwanda yavuze ko ibiganiro byagombaga guhuza ba Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Felix Tshisekedi wa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo ndetse na João Lourenço wa Angola ku mutekano wa Kongo, byasibijwe n’ikibazo Kongo itaravana mu nzira.
Ibiganiro byari bitegerejwe hagati ya Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na mugenzi we wa Congo Felix Tshisekedi n’umuhuza João Lourenço wa Angola ku mutekano muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo byasubitswe ku munota wa nyuma.
Mu kiganiro aheruka kugeza ku ihuriro rya 17 ry’umuryango Unity Club Intwararumuri ku wa 16 Ugushyingo 2024, Perezida Paul Kagame yatanze ubutumwa bwumviswe na buri wese.
Ibigo bishinzwe amasoko ya Leta muri Afurika(APPN) byemeranyijwe ko itangwa ry’amasoko ya Leta rigiye kwibanda ku bikorerwa imbere mu gihugu, kubera impamvu zitandukanye zirimo iyo gusigasira agaciro k’ifaranga gatakarira mu gutumiza ibintu hanze y’Igihugu.
Umukandida w’Abademokarate watsinzwe amatora ya Amerika, Kamala Harris, yasabye abamushyigikiye kwemera intsinzi ya mukeba we Donald Trump, abasaba no kudacika intege mu kurwanira ibyo bemera.
Inararibonye mu bya Politiki, Hon. Tito Rutaremara, avuga ko ibyavuzwe na Abraham Lincoln ko Demokarasi muri Amerika ari iy’abaturage ; igakorwa n’abaturage igakorerwa abaturage, ari ikinyoma.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, ari i Doha muri Qatar kuva tariki 29 Ukwakira 2024 aho yitabiriye inama yizihirizwamo isabukuru y’imyaka 30 y’Umwaka Mpuzamahanga w’Umuryango.
Perezida Daniel Francisco Chapo, watorewe kuyobora Mozambique, yavutse ku itariki 6 Mutarama 1977, avukira mu gace kitwa Inhaminga mu Ntara ya Sofala muri Mozambique.
Komisiyo y’amatora muri Mozambique, yatangaje ko ishyaka riri ku butegetsi, Frelimo, ryatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu rikaba rigiye gukomeza kuyobora nyuma y’imyaka 49 rimaze ku butegetsi.
Perezida Paul Kagame yageze mu mujyi wa Apia, mu murwa mukuru wa Samoa, aho yitabiriye inama ya CHOGM ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo mu muryango wa Commonwealth uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza.
Visi Perezida wa Kenya, Rigathi Gachagua, yajyanywe mu bitaro igitaraganya, mu gihe Sena ya Kenya yarimo itora umwanzuro wo kumweguza.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Ukwakira 2024 abaturage bo muri Mozambique babyukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu. Haratorwa usimbura Perezida Filipe Nyusi umaze manda ebyiri ari Perezida wa Mozambique, uyu mwanya ukaba urimo uhatanirwa n’abakandida bane.
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze i Paris mu Bufaransa aho bitabiriye Inama ya 19 ya OIF ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma mu muryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa, La Francophonie.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Nzeri 2024, Abasenateri 20 bagize manda ya kane ya Sena y’u Rwanda barahiriye gutangira imirimo yabo.
Kuri uyu wa Kabiri, tariki 30 Nyakanga 2024 i Luanda muri Angola hateraniye inama ya kabiri y’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo yiga ku bibazo by’umutekano mu Burasirazuba bw’iki Gihugu.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yatangaje ko yavuye mu bikorwa byo kwiyamamariza kongera kuyobora Amerika.
Abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, bahabwa inshingano zitandukanye, hakaba n’umwanya wo kubahindurira inshingano, mu rwego rwo kurushaho kunoza imikoranire izamura iterambere ry’Igihugu n’abagituye.
Perezida Paul Kagame yihanganishije umuryango wa Senateri Jim Mountain Inhofe ukomoka muri Amerika, wari inshuti y’u Rwanda witabye Imana kuri uyu wa Kabiri.
U Rwanda rwakomoje ku ihagarikwa ry’amasezerano yo kohereza mu Rwanda abimukira baturutse mu Bwongereza, ruvuga ko rwumvise umugambi wa Leta y’u Bwongereza wo guhagarika amasezerano yo gukemura ikibazo cy’abimukira yemejwe n’Inteko Zishinga Amategeko z’Ibihugu byombi.
Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’ikinyamakuru France 24 cyo mu gihugu cy’Ubufaransa tariki 20 Kamena 2024 abajijwe niba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) iramutse ishoje intambara ku Rwanda habaho kurwana hagati y’Ibihugu byombi yasubije ko uretse na Congo, u Rwanda rwiteguye kurwanya uwo ari we wese (…)
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi mu Bufaransa, yahuye na Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, bagirana ikiganiro.
Perezida Paul Kagame, uri i Paris mu Bufaransa, kuri uyu wa Kane tariki 20 Kamena 2024 yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Sénégal, Bassirou Diomaye Faye, aho baganiriye ku ruzinduko Perezida Faye ateganya kugirira mu Rwanda mu gukomeza gusangizanya ubunararibonye mu nzego zitandukanye zirimo imiyoborere n’ubufatanye (…)