Umuryango Mpuzamahanga utari uwa Leta uteza imbere umuco wo gusoma ibitabo hakoreshejwe ikoranabuhanga (NABU), wagiranye ubufatanye n’ikoranabuhanga rya GSM Systems, rizwiho gutanga uburyo bwifashishwa cyane cyane mu mikorere ya telefone. Iyi mikoranire yo guteza imbere umuco wo gusoma mu Rwanda hifashishijwe (...)
Mu gihe abanyeshuri hirya no hino mu Gihugu batangiye ibizamini bisoza icyiciro rusange ndetse n’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye, abafite ubumuga bukomatanyije bagaragaje imbogamizi mu bizamini bakora kubera ko ababitegura batita ku myigire yabo mu ndimi aho mu Kinyarwanda hashyirwamo amasaku n’ubutinde bitaba mu (...)
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe uburezi mu Rwanda (REB) Dr Mbarushimana Nelson yasabye abanyeshuri barimo gukora ibizami bya leta bisoza amasomo y’icyiciro rusange n’amashuri yisumbuye kurangwa no gukunda Igihugu, kugira ubumwe, ubupfura, kwanga umugayo no gukunda umurimo kuko bizabafasha gutegura ejo hazaza heza (...)
Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda (MINEDUC) yatangaje ko yiteze umusaruro ku cyiciro cya mbere cy’abanyeshuri barimo kurangiza amashuri yisumbuye mu ishami ry’ubuforomo. Ni icyiciro kigizwe n’abanyeshuri 203 barimo ab’igitsina gore 89 hamwe n’ab’igitsina gabo 114 baturuka mu bigo by’amashuri birindwi byigisha porogaramu (...)
Abahanga mu by’uburere bavuga ko hari ibyo abana bakora abantu bakuru bakababuza babyita ko bakubagana cyangwa bata igihe nyamara akenshi biba bihatse impano bifitemo.
Mu rwego rwo kunoza imyigishirize no gufasha abana bigisha kurushaho gusobanukirwa amateka n’umuco w’Abanyarwanda, ishuri ribanza Ikibondo ryihangiye icyumba ndangamurage.
Kuri uyu wa mbere tariki 8 Nyakanga 2024, mu Karere ka Musanze kimwe n’ahandi mu Gihugu abanyeshuri batangiye ibizamini bisoza icyiciro cy’amashuri abanza, basabwa kubahiriza amabwiriza yose agenga ibizamini no kutagira igihunga kugira ngo bazabashe gutsinda.
Kuri uyu wa Mbere tariki 8 Nyakanga 2024 Abanyeshuri basaga 202.000 biga mu mashuri abanza batangiye ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza hose mu Gihugu.
Abanyeshuri biga kuri GS Kiyonza bibumbiye muri Club Vison bakora ibikoresho binyuranye birimo Ventilateurs, Mixeurs na Baffres bahereye ku bikoresho bitakifashishwa, cyane cyane ibikoze muri pulasitike (Plastic).
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB) rwandikiye ibaruwa Padiri Hildebrand Karangwa, rumumenyesha ko igitabo cye aherutse gushyira hanze cyitwa ‘Les Origines du Génocide des Batutsi d’Il ya 30 ans’ cyemerewe kwifashishwa mu kwigisha amateka mu mashuri abanza n’ayisumbuye yo mu Rwanda.
Amashuri 77 yo muri Kingston City muri Province ya Toronto muri Canada, yamaze kugirana amasezerano y’imikoranire n’ishuri rya Wisdom School ryo mu Karere ka Musanze, mu kwakira abanyeshuri bifuza gukomereza icyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye mu mahanga.
Abanyeshuri babiri biga mu ishuri ryisumbuye rya Cyungo TSS Urumuli ryo mu Murenge wa Cyungo Akarere ka Rulindo, ry’igisha imyuga n’ubumenyingiro, bavumbuye amakara yifashishwa mu guteka, bakora mu mpapuro zishaje.
Manzi Jean Luc na Ashimwe Rugwiro Gabriella, biga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza, bavumbuye uburyo bushobora kwifashishwa mu gucunga umutekano w’inyubako zihuriramo abantu benshi no kunoza isuku yazo hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Ishimwe Thadee umwarimu ku rwunge rw’amashuri rwa Ntoma kimwe mu bigo byakira abanyeshuri mu buryo bw’uburezi budaheza arifuza ko abarimu bose bakwigishwa ururimi rw’amarenga kugira ngo babashe gufasha abanyeshuri bafite ubwo bumuga ariko hakanaboneka ibikoresho bibafasha kwiga neza.
Hashingiwe ku ngengabihe y’umwaka w’amashuri yatangajwe na Minisiteri y’Uburezi, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), kiramenyesha abayobozi b’amashuri, abarezi ndetse n’ababyeyi, ko abanyeshuri biga bacumbikirwa bazatangira gusubira mu miryango yabo mu biruhuko, guhera tariki 05 Nyakanga (...)
Ikiganiro EdTech Monday gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation kikagaruka ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga, cyatambutse kuri KT Radio Tariki 24 Kamena 2024 cyagarutse ku ‘Kwinjiza mu Burezi ikoranabuhanga rifasha kwiga binyuze mu mikino no mu masomo nyunguranabitekerezo’.
Ikiganiro EdTech Monday cya Master Card Foundayion cyo kuri uyu wa 24 Kemena 2024, gitambuka kuri KT Radio n’imbuga nkoranyambaga za Kigali Today, kiragaruka ku buryo mu Rwanda hatezwa imbere ikoranabuhanga mu burezi binyuze mu mikino.
Bamwe mu babyeyi barerera mu ishuri ribanza rya Migeshi mu Kagari ka Migeshi, Umurenge wa Cyuve Akarere ka Musanze, barashinja Ubuyobozi bw’iryo shuri kubuza abana gukora ibizamini, aho bwishyuza ababyeyi amafaranga 1000 y’impapuro z’ibizamini.
Ishuri ryisumbuye rya Stella Matutina ryatsinze amarushanwa y’ibiganiro mpaka bihuza ibigo by’amashuri yisumbuye bitandukanye byo hirya no hino mu Gihugu azwi nka iDebate, akaba yaratewe inkunga na BK Foundation.
Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun n’itsinda ayoboye, bishimiye urwego rw’abanyeshuri biga muri Wisdom School mu kuvuga neza ururimi rw’Igishinwa, yizeza iryo shuri ubufasha butandukanye mu rwego rwo gukomeza kuzamura urwego rw’amanyeshuri mu kurushaho guteza imbere urwo rurimi.
Ababyeyi barerera mu ishuri ry’incuke riri mu rwunge rw’amashuri rwa Kiruli mu Murenge wa Base mu Karere ka Rulindo, bagaragaza ko iri shuri rifite akamaro kanini, kuko rifasha abana babo kugira ubumenyi buri ku rwego rwo hejuru, babagereranyije n’abataragize amahirwe yo kunyura muri iryo shuri.
Madamu Jeannette Kagame yashimiye abanyeshuri barangije amasomo muri Green Hills Academy mu mwaka wa 2024, abasaba gukomeza kwitwara neza no mu yandi masomo bagiye gukomerezamo.
Abanyeshuri biga imyuga n’ubumenyi ngiro mu bigo by’amshuri y’Abangirikani muri Diyosezi ya Shyogwe, barasaba ko hashyirwaho uburyo uruhare rw’ababyeyi rwigaragaza kugira ngo abarangiza mu myuga babashe kwihangira imirimo.
Perezida Kagame yitabiriye umuhango wo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri magana ane (400) barangije amasomo muri Kaminuza ya ALU (African Leadership University), ubuyobozi bwa Kaminuza ya ALU bukaba bwahaye Perezida Kagame igihembo nk’umuyobozi mwiza uzana impinduka.
Abanyeshuri na bamwe mu barezi bo ku kigo cy’amashuri cya Kingdom Education Center giherereye mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro, tariki 04 Kamena 2024, basuye Ingoro y’Inteko Ishinga Amategeko ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali, baganirizwa na bamwe mu Badepite ku miterere n’imikorere y’Inteko Ishinga Amategeko.
Hirya no nino mu Rwanda hagaragara ibigo by’amashuri byicaza abana mu byumba by’amashuri mu buryo buteye impungenge. Hari aho abayobozi b’ibigo bagabanyamo icyumba cy’ishuri ibice bibiri, aho abana bicara barebana, bihabanye n’icyerekezo mwarimu arimo, kureba ibyo mwarimu yigisha cyangwa yandika bikabasaba kubanza (...)
EdTech Monday ni ikiganiro gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation kikagaruka ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga, aho igice cyo muri uku kwezi kwa Gicurasi, kizibanda ku ishyirwaho ry’isomero rihamye ry’ikoranabuhanga no guteza imbere ikorwa n’isaranganya ry’ibitabo by’uburezi bikoreshwa na bose mu (...)
Ubuyobozi bw’ishuri Elena Guerra ryo mu Karere ka Huye, buvuga ko kimwe mu bituma abana barera babasha gutsinda bakanagira amanota meza mu bizamini bya Leta, ari ukubera ko babatoza gukorera ku mihigo.
Niyonsenga Valens w’imyaka 21, ni umunyeshuri wiga mu mwaka wa gatandatu mu ishuri kabuhariwe mu kwigisha ikoranabuhanga rya Rwanda Coding Academy (RCA), avuga ko yigeze gutoroka ababyeyi be agiye kureba iri shuri riherereye ku Mukamira mu Karere ka Nyabihu ngo ashire amatsiko yari arifiteho.
Abanyeshuri bafite ubumuga baturutse mu bigo by’amashuri hirya no hino mu gihugu, bari mu bahize abandi mu marushanwa yo kwandika inkuru ategurwa n’Isomero rusange rya Kigali (Kigali Public Libary, KPL), aho mu banyeshuri 36 batsinze icyenda muri bo ari abafite ubumuga.