Corneille Nangaa washinzwe umutwe wa gisirikare witwa AFC (Alliance Fleuve Congo), ufatanyije n’umutwe wa M23, uharanira gusubiza ibintu ku murongo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yatangaje ko ibihano bafatiwe na Leta zunze ubumwe za Amerika bitazababuza gukomeza urugamba rwabo.
Umusore w’imyaka 32 y’amavuko witwa Musa Sasi, utuye ahitwa Goba-Matosa mu Mujyi wa Dar es Salaam ari mu maboko y’inzego z’umutekano nyuma yo kwica umukunzi we Lucky Haule w’imyaka 29 y’amavuko nawe afatwa arimo agerageza kwiyica.
Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wa 44, yatangaje ko ashyigikiye kandidatire ya Kamala Harris ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu.
Urukiko rwa gisirikare muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, rwatangije urubanza ruregwamo Corneille Nangaa, umuyobozi w’ihuriro rya politike rifite n’igisirikare Alliance Fleuve Congo (AFC), rirwanya Guverinoma ya Perezida Félix Tshisekedi nk’uko byatangajwe n’ibiro ntaramakuru Xinhua .
Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, yongeye gutangaza abandi ba Minisitiri icumi bagize Guverinoma ye barimo bane bari mu ruhande rw’abatavuga rumwe na we.
Mu Buhinde, inka ni ikintu cyubahwa cyane, igafatwa nk’umubyeyi wa bose kandi wuje urukundo (La mère universelle), kuko iha amata yayo ibindi biremwa bitari ibyo yabyaye gusa, ndetse muri Leta zimwe na zimwe z’u Buhinde bashyizeho amategeko abuza kwica inka ku butaka bwazo.
Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Kamala Harris yegukanye ubwiganze bw’amajwi y’intumwa z’ishyaka ry’abademukarate (Democrats) bifuza ko ari we usimbura Perezida Joe Biden mu matora y’Umukuru w’Igihugu.
Umugabo wo mu Burusiya, yahoraga yumva ububabare no kumva atameze neza munsi y’imbavu ze, icyo kibazo akaba yari akimaranye imyaka icyenda (9), nyuma aza gutungurwa no kubwirwa ko ari ikimene cy’ikirahuri gifite uburebure bwa santimetero icyenda (9) cyamuheze mu mwijima atari asanzwe abizi.
Mu Bushinwa, umugore witwa Pan Xiaoting, w’imyaka 24 y’amavuko wajyaga yerekana ibiganiro kuri interineti birimo kuba ako kanya (Livestream), akora ibyitwa ‘Mukbang’ (kurya byinshi cyane hagamijwe gushimisha abamukurikira kuri interineti), yapfuye mu gihe yarimo atambutsa icyo kiganiro cye azize kurya byinshi.
Muri Senegal, imfungwa n’abagororwa bakomeje imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara mu rwego rwo kwamagana uburyo bubi bafatwamo.
Ibikorwa by’ubucuruzi na serivisi zitandukanye zo ku rwego rw’isi byatangiye kuzanzamuka buhoro buhoro nyuma y’uko umugera (virusi) ya karahabutaka yinjiye muri za mudasobwa amasaha menshi hagati yo kuwa Kane no kuwa Gatanu.
Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Nyakanga 2024 yashyizeho Guverinoma nshya irimo Abaminisitiri 11 barimo batandatu abahoze muri Guverinoma yari aherutse gusesa.
Mu Bushinwa, umugabo yakurikiranye umugore we yakekaga ko amuca inyuma akurikije imyitwarire idasanzwe yamubonanaga, maze aza kumufata yifashishije ‘drone’ ikoreshwa na ‘remote’ yamufashaga kumugenzura kandi ari kure ye.
Mu Buhinde, umugabo witwa Ravindran Nair yaheze mu cyuma gifasha abantu kuzamuka no kumanuka mu nyubako z’imiturirwa (ascenseur) ku Bitaro yari agiye kwivurizamo, atabarwa nyuma y’amasaha 42, nta mazi yo kunywa cyangwa se ibyo kurya afite, ndetse ngo ntiyari akimenya gutandukanye ijoro n’amanywa.
Polisi yo muri Kenya kuwa Mbere yataye muri yombi umugabo w’imyaka 33 y’amavuko, wiyemerera ko yari amaze kwica abagore 42, nyuma y’uko hatahuwe imirambo icyenda (9) yashinyaguriwe, yari yaratawe mu kimoteri cy’imyanda mu Mujyi wa Nairobi.
Ibiro bya perezida wa Kenya byatangaje ko ‘byemeye ubwegure’ bw’uwari Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Kenya, Japhet Koome wabugejeje kuri Perezida Dr. William Samoei Ruto kuri uyu wa Gatanu.
Imfungwa zibarirwa muri 200 zatorotse gereza ya Koutoukalé zari zifungiyemo iri mu birometero bikeya uvuye mu Murwa mukuru wa Niger, Niamey, aho zari ziganjemo abafunzwe nyuma yo guhamwa n’ibyaha by’ubwihebe, ariko harimo n’abafunzwe nyuma guhamwa n’ibyaha birimo gukoresha no gucuruza ibiyobyebwenge n’ibindi byaha bitandukanye.
Perezida wa Kenya William Ruto yafashe icyemezo cyo kwirukana abagize Guverinoma nyuma y’igihe hari imyigaragambyo muri iki gihugu, yateguwe n’urubyiruko ruvuga ko ibyo yabasezeranije bitakozwe.
Abatuye mu Mujyi wa Barcelone muri Espagne, bari mu myigaragambyo bamagana ubukerarugendo bw’umurengera butuma abatuye muri uwo Mujyi batabona serivisi z’ubuzima uko bikwiye, imicungire y’ibishingwe ndetse bakabura n’amazi n’amacumbi.
Kubera ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa kigeze ku rwego rwa 40,66%, Guverinoma ya Nigeria yatangaje ko yafashe ingamba zo guhagarika imisoro ku bicuruzwa byinjizwa mu gihugu, ku bintu bimwe na bimwe bikenerwa mu buzima bwa buri munsi harimo ibigori, ingano, umuceri n’ibindi.
Mu Buyapani, umugabo n’umugore we bakoresha cyane urubuga rwa YouTube basangiza ababakurikira ubuzima bw’umuryango wabo, bashyizeho amashusho (Video) y’umwana wabo w’umukobwa w’imyaka 2 afungiranye mu modoka arimo aririramo, kubera ubushyuhe bwinshi kandi ibirahuri byose bifunze amaramo hafi iminota 30.
Nyuma yuko Minisitiri w’Intebe Gabriel Attal atangaje ko ashyikiriza Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron ubwegure bwe, kuri uyu wa 8 Nyakanga 2024, Perezida Emmanuel Macron yamusabye ko aguma ku butegetsi by’igihe gito.
Muri Tanzania, mu Ntara ya Geita, ku buryo butunguranye, mu rubanza rwo kwica abigambiriye, rwaregwagamo uwitwa Zephania Ndalawa, umutangabuhamya wa gatatu muri urwo rubanza yerekanye umucamanza witwa Graffin Mwakapeje, avuga ko ariwe wishe nyakwigendera Thomas Masumbuko.
Mu Bwongereza, umugabo yareze sosiyete ya Apple asaba indishyi ya Miliyoni eshanu z’Amapawundi (Arenga miliyari 10Frw), ayishinja kuba yaratumye umugore we amenya ubuzima bwe bw’ibanga, bitewe n’uko iyo sosiyete yahuje telefoni ye ya iPhone na mudasobwa ya iMac y’umuryango (Imashini ikoreshwa n’abo murugo).
Raporo iri ku rubuga rw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/HWO), ivuga ko abantu barenga 166.000 bishwe n’ubushyuhe bukabije hagati ya 1998 – 2017
Umuhanzi Bob Marley, abenshi mu bamumenye bamuzi nk’umugabo wazamuye injyana ya Reggae akayigeza ku rwego mpuzamahanga, abandi bakamufata nk’umuntu wagenderaga ku myemerere ya Rastafarianism ifite inkomoko ku ngoma y’Umwami Haile Selassie wa Ethiopia.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) Joe Biden, yasubije abamaze iminsi bavuga ko bahangayikishijwe n’imyaka ye, abwira abamushyigikiye mu ijambo rikakaye ko yizeye indi ntsinzi mu matora yo mu Gushyingo. Ni nyuma y’ikiganirompaka cyatumye benshi bicuza impamvu yongeye kwiyamamaza mu izina ry’aba demukarate (...)
Umugore w’Umufaransa yareze mu rukiko sosiyete y’itumanaho ya Orange, ayishinja kuba yaramubujije ituze ndetse ikamukorera ivangura mu kazi, ikamuhemba umushahara wose mu myaka 20 yose kandi nta nshingano na zimwe zo mu rwego rw’akazi imuha ngo azikore.
Abantu batanu muri Kenya ni bo bimaze kumenyekana ko bapfuye barashwe n’abapolisi ubwo bari mu myigaragambyo yo kwamagana izamuka ry’imisoro mu gihugu.
Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zikorera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, MONUSCO zafunze ibiro byazo i Bukavu nk’uko byatangajwe na radio Okapi iterwa inkunga n’Umuryango w’abibumbye (ONU).