Madame Jeannette Kagame ari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), aho yitabiriye amasengesho ngarukamwaka yo gushimira Imana abaye ku nshuro ya 67 azwi nka National Prayer Breakfast.
Itsinda ry’abayobozi bakuru b’ibihugu muri Afurika, ab’imiryango itandukanye ihuza ibihugu, umuyobozi wa komisiyo y’umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, bayobowe na Perezida Kagame barasabwa kwerekeza muri Kongo vuba na bwangu, ngo bavugane n’impande zihanganye hagamijwe gushaka umuti w’ibibazo byo kutumvikana ku byavuye mu (...)
Felix Tshisekedi watowe nka perezida mushya wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yashimiye uwo asimbuye Joseph Kabila Kabange, aboneraho gusaba abamushyigikiye kutamufata nk’umwanzi we cyangwa uwo bahanganye, ahubwo bakamufata nk’umufatanyabikorwa muri gahunda y’ihererekana (...)
Félix Tshisekedi niwe watsindiye kuyobora Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, nk’uko byatangajwe na (CENI) ariyo komisiyo y’amatora muri iki gihugu mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu rishyira uwa kane tariki 10/01/2019.
Guy-Bertrand Mapangou, Minisitiri w’itumanaho muri Gabon aravuga ko agatsiko agatsiko k’abasirikare bato bigerezaho bagerageje guhirika ubutegetsi batawe muri yombi.
James Musoni yagejeje impapuro zimwemerera kuba Ambasaderi w’u Rwanda muri Zimbabwe kuri Perezida w’icyo gihugu, Emmerson Mnangagwa.
Inama y’abayobozi b’ibihugu bigize umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba “EAC” yari iteganyijwe kuwa 27 Ukuboza 2018 yongeye gusubikwa hadatanzwe impamvu.
Perezida Paul Kagame yemeza ko ingufu zirimo gushyirwa mu kuzahura umubano wa Afurika n’u Burayi ari akazi kakabaye karakozwe kera.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Dr. Richard, Sezibera yahamije ko abimukira atari abanyabyaha nubwo hari abafatwa nabi mu bihugu byabakiriye.
Perezida Kagame yavuze ko gushaka kubaka Afurika ku isura ariko imikorere ya kera ntihindurwe ari nko “gushyira divayi nshya mu icupa rishaje.”
Abakuru ba za guverinoma n’ibihugu bigize umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), basabye ko uyu muryango wakongera imbaraga mu gushakira umuti ibibazo bihangayikishije isi.
Mu gitaramo Nyarwanda cya kabiri cyabimburiye Ihuriro ry’abayobozi b’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, OIF, Madame Louise Mushikiwabo yatunguye abakitabiriye abyina imbyino Nyarwanda, agasusurutsa benshi.
Perezida Paul Kagame yemeza ko Amerika isa nk’itarahinduye imyitwarire muri politiki yayo ku mugabane wa Afurika kuva intambara y’Ubutita yarangira.
Perezida Paul Kagame yavuze ko idindira ry’umugabane wa Afurika ryaturutse ku kuba ibindi bihugu byarayibonaga nk’umugabane udahuriza hamwe
Perezida Paul Kagame yemeye kuba umwe mu bayobozi ba gahunda y’Umuryango w’Abibumbye igamije gushaka icyafasha urubyiruko gutera imbere.
Perezida Paul Kagame uyoboye umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), yemeza ko kuba u Bushinwa bufitanye umubano na Afurika byerekanye ko buzi ibanga Afurika ibitse.
Perezida Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame bageze mu Bushinwa, aho bitabiriye inama ikomeye yiga ku bufatanye hagati y’icyo gihugu n’umugabane wa Afurika.
Umuryango w’Abibumbye (UN) urashaka ko abagore biyongera mu bikorwa byo kubungabunga amahoro ku isi kuko bakiri bake kandi baba bakenewe ahavutse ibibazo.
Perezida Paul Kagame ari muri Canada aho yitabiriye inama y’ibihugu birindwi bikize ku isi (G7), ariko yanatumiwemo n’abandi bayobozi b’ibihugu batandukanye.
Perezida Paul Kagame avuga ko bikigoye gufata umugore nk’umuntu ushoboye, kuko igihe cyose abarirwa mu ishusho y’umugabo kandi badahuje imbaraga n’imiterere.
Perezida Kagame ari mu Bubiligi aho yitabiriye inama ya 12 Ngarukamwaka Nyaburayi ku Iterambere izwi nka (European Development Days).
Perezida Kagame ategerejwe i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Gicurasi 2018, uruzinduko rwa kabiri aba ahagiriye nyuma y’imyaka itatu.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo ashobora kwiyamamariza kuyobora umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa kandi kandidatire ye ishyigikiwe na Leta y’u Bufaransa.
Perezida Kagame yavuze ko Kurinda amazi n’ibiyakomokaho, n’amashyamba yo mu Kibaya cy’Uruzi rwa Congo ari ingenzi mu iterambere rirambye ry’umugabane wa Afurika ndetse no mu bindi bice binyuranye by’isi.
"Rwanda the Royal Tour" filime mbarankuru igaragaramo Perezida Paul Kagame yamuritswe bwa mbere mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere tariki ya 23 Mata 2018 mu Mujyi wa Chicago.
kuri uyu wa mbere taliki ya 19 Gashyantare , mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu i Malabo, Perezida wa Guinée Equatorial Teodoro Obiang Nguema Mbasogo yakiriye impapuro zemerera Ambasaderi Habyalimana Jean Baptiste guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari mu Mujyi wa Munich mu Budage, aho yagiye kwitabira inama ya 54 yiga ku mutekano, izwi nka ‘Munich Security Conference’.
Abanyarwanda baba muri Canada bandikiye Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu Justin Trudeau bamusaba ko guverinoma ye yahindura uko ifata Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Polisi ya Uganda yataye muri yombi umuntu ukekwaho kuba yarakubise umuririmbyi Mowsey Radio bikamuviramo gupfa.
Abanyakenya baba mu Rwanda nabo bitabiriye igikorwa cy’amatora y’umukuru w’igihugu, aho batoreye ku biro by’uhagarariye icyo gihugu mu Rwanda biherereye ku Kacyiru.