Komisiyo y’Umutekano n’Ubusugire bw’Igihugu mu Nteko Ishinga Amategeko ya Afurika y’Epfo irimo guhata ibibazo Minisiteri y’Ingabo ku kibazo cy’ingabo zabo ziri muri Kongo, zikaba zaratakaje abasirikare 14 mu rugamba bafatanya na FARDC mu kurwanya M23.
Raporo yakozwe n’abashakashatsi batandukanye yagaragaje ko Tunisia yirukanye abimukira, ikabagurisha kuri Libya, nk’uko byasobanuriwe Inteko Ishinga Amategeko y’u Burayi ku nshuro ya mbere tariki 29 Mutarama 2025, ibikubiye muri iyo raporo ngo bikaba bishimangira ikibazo ibyo bihugu byombi bifite, mu bijyanye no guhungabanya (…)
Ku wa Gatandatu tariki ya 01 Gashyantare 2025, Abanyarwanda baba muri Nigeria n’inshuti zabo bizihije umunsi w’Intwari z’Igihugu ku nshuro yawo ya 31, mu ndangagaciro z’umuco w’u Rwanda.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 1 Gashyantare 2015, abaturage ba Goma bakoze umuganda wo gukuraho imyanda yanyanyagijwe mu mujyi mu gihe cy’imirwano ya M23 n’abasirikare ba FARDC ubu bamaze kwamburwa intwaro, abacanshuro bagasubira mu bihugu bakomokamo, naho FDLR na Wazalendo bakishyikiriza umutwe wa M23.
Inama idasanzwe ihuje abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo SADC yateranye iyobowe na Perezida wa Zimbabwe Dr. Emmerson Mnangagwa i Harare muri Zimbabwe, kugira ngo yige ku kibazo cy’umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), umwe mu banyamuryango.
Uganda yamaze kwemeza ko virusi itera icyoreza cya Ebola yageze mu Murwa mukuru Kampala, ndetse ikaba yamaze kwica umurwayi umwe, nk’uko byemejwe na Minisiteri y’Ubuzima y’icyo Gihugu.
Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yabwiye itangazamakuru ko bakemura ikibazo cy’umuriro mu masaha 48 mu mujyi wa Goma no mu nkengero zaho, ariko mu isaha imwe 75% by’abakoresha umuriro mu mujyi wa Goma batangiye gucana.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, yavuze ko mu rwego rwo gukomeza gahunda yihaye yo guhangana n’abimukira bari muri Amerika kandi badafite ibyangombwa byo kuhaba, agiye gusinya iteka rya risaba inzego za gisirikare n’izishinzwe umutekano kwagura Gereza ya Guantanamo, igashobora kwakira nibura abantu 30.000.
Umuhuzabikorwa wa AFC, Corneille Nangaa, yatangaje ko batarwanya igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ahubwo barimo kurwanya ubutegetsi butagize icyo bumarira abaturage.
Perezida wa M23 Bertrand Bisiimwa yahamagariye abantu bose bayirwanyaga kimwe n’ abanyamakuru bayivuga nabi kugaruka mu kazi.
Umuhuzabikorwa wa AFC Corneille Nanga yagiranye ikiganiro n’ abanyamakuru mu mujyi wa Goma atangaza ko bihaye amasaha 48 bagakemura ibibazo basanze mu mujyi wa Goma bagakomeza urugamba ruberekeza i Kinshasa gukuraho ubutegetsi.
Inyeshyamba za M23 ziherutse gufata umujyi wa Goma mu Burasirazuba bwa Repuburika Iharanira Iharanira Demokarasi ya Kongo(DRC) zabwiye abanyamakuru ko kuvuga ko u Rwanda rufasha M23 ari uburyo bwo Kinshasa yahisemo bwo kuyobya amahanga ku bushake.
Ingabo za Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo(FARDC) ndetse n’abo bafatanyije barimo Wazalendo, FDLR, abacanshuro, Abarundi na SADC mu ntangiriro z’iki cyumweru birukanywe mu mujyi wa Goma mu ntambara ikomeye bamazemo imyaka ibiri bahanganye n’inyeshyamba za M23.
Nk’uko byatangajwe na Guverinoma ya Sudani y’Epfo, abakozi 20 bo mu bucukuzi bwa peteroli baguye mu mpanuka y’indege, umwe akarokoka.
Mu Majyaruguru y’u Buhinde, abantu 30 bapfuye, abandi 90 barakomereka mu muvundo wabaye ubwo imbaga y’abantu benshi bari mu rugendo-nyobokamana (pèlerinage) rwitwa ‘Kumbh Mela’, rujyana no kwiroha mu mazi y’ahahurira imigezi mitagatifu, yoza ibyaha nk’uko biri mu myizerere y’idini ya Hindu babyiganaga, bamwe bakagwa (…)
Muri Kenya, Guverinoma yahagaritse ifunguro ry’ubuntu ryagenerwaga abasirikare ba Kenya, KDF, ku manywa, hashyirwaho gahunda yo kujya umuntu yiyishyurira uko agiye gufata iryo funguro, iyo gahunda ikaba yiswe ‘PAYE’(Pay-As-You-Eat).
Muri Koreya y’Epfo, raporo y’iperereza ku cyateje impanuka y’indege ya Kompanyi ya Jeju, yasohotse igaragaza ko iyo mpanuka yatewe n’imbata y’i gasozi (Baikal teal), kuko ibyaje muri moteri y’iyo ndege hagaragayemo amababa y’iyo mbata, ndetse n’utunyangingo duto duto twayo (DNA), dukwirakwiye hose muri moteri.
Imipaka ihuza Goma na Gisenyi yongeye gufungurwa abantu bari baheze i Goma bataha mu Rwanda, nyuma y’uko uyu mujyi ufashwe na M23.
Imirwano irakomeje hagati y’Ingabo za Repubulika Iharanira Demikarasi ya Congo (FARDC) n’abarwanyi ba M23 mu mujyi wa Goma.
Abakozi ba MONUSCO n’imiryango yabo babaga mu mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo batangiye guhungishirizwa mu Rwanda.
Abantu amagana barimo barinjira mu Rwanda bakoresheje umupaka munini uhuza Goma na Gisenyi, mu gihe umupaka muto umaze gufungwa ku ruhande rwa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo.
Hashize imyaka itatu u Burusiya butangije intambara muri Ukraine kuko intambara yatangiye ku itariki 24 Gashyantare 2022.
Umuryango w’Abibumbye (UN), watangiye gukura abakozi bawo badakenewe cyane mu mujyi wa Goma, mu kwirinda ko bahura n’ikibazo cy’umutekano muke kubera imirwano isatiriye uyu mujyi.
Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump yasabye Arabia Saoudite n’ibindi bihugu byibumbiye muri OPEP ( ugizwe n’ibihugu bicukura bikanacuruza Peterori ku Isi) kugabanya ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli, kubera ko kuba biri hejuru ari byo bifasha u Burusiya gukomeza intambara burimo muri Ukraine.
Goma iramutse ari umuntu yavuga iti: “mbaye uwande?” kuva iki cyumweru cyatangira uyu mujyi uri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo urasumbirijwe.
Muri Tanzania haravugwa inkubi y’umuyaga yateje impanuka mu Kiyaga cya Rukwa, mu Karere ka Sumbawanga mu Ntara ya Rukwa, abarobyi 550 bararohama, abagera kuri 540 muri bo baratabarwa, ariko 10 baburirwa irengero, ibikorwa byo kubashakisha bikaba bikomeje.
Ikigo Virunga Energies gicuruza amashanyarazi muri Kivu y’Amajyaruguru, cyane cyane mu mujyi wa Goma, cyatangaje ko kidashobora gutanga amashanyarazi mu mujyi wa Goma na Nyiragongo kubera imirwano yaciye insinga z’amashanyarazi mu bice bya Nyiragongo.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame basoje uruzinduko bamazemo iminsi ibiri i Ankara muri Turukiya, uruzinduko ruzandikwa mu mateka, rushyize ubucuti n’ubutwererane bw’ibihugu byombi ku rundi rwego.
I Los Angeles muri Leta ya California muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, hateye indi nkongi y’umuriro, ubuyobozi buvuga ko abantu barenga ibihumbi 31 bashobora gusabwa gukiza amagara yabo umwanya uwo ari wose.
Gen. Herzi Halevi, Umugaba mukuru w’Ingabo za Israel, yatangaje ko yeguye ku mirimo ye kubera ko atashoboye kuburizamo igitero cya Hamas cyo ku itariki 7 Ukwakira 2023, kigahitana abantu basaga 1200 muri icyo gihugu.