Muri Afurika y’Epfo, gukoresha indege zitagira abapilote (drones) muri gahunda yo kurwanya kunywa inzoga, ku bantu baba baje mu myidagaduro ku mucanga (plages) byateje ikibazo.
Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 8 Mutarama 2025, abitwaje intwaro bagabye igitero ku biro by’Umukuru w’igihugu i N’Djamena habaho kurasana n’abaharinda, amakuru akavuga ko mu bateye 18 bahaguye ndetse n’umusirikare umwe w’igihugu.
Minisitiri w’Intebe wa Canada Justin Trudeau ntiyariye amagambo, mu gushwishuriza Donald Trump wavuze ko azakoresha ingufu zishingiye ku bukungu kugira ngo yemeze Canada ko igomba kwiyunga kuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (US) bikaba igihugu kimwe. Trudeau yavuze ko ibyo Trump arimo ari nko kwizera ko ushobora guteka ibuye (…)
Umugabo w’Umunya-Nigeria witwa Mubarak Bala, umuntu uzwi cyane aho muri Nigeria akaba atemera ko Imana ibaho, ubu akaba yafunguwe nyuma yo kumara imyaka ine (4) muri gereza azira gutuka Imana ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook mu mwaka wa 2020, gusa ngo ubwoba ni bwose.
Abo mu muryango wa Le Pen, wari umaze iminsi ari mu kigo cyita ku basheshe akanguhe, bavuze ko yashizemo umwuka kuri uyu wa kabiri aho yari akikijwe n’abo mu muryango we.
Umutingito w’Isi ufite ubukana bwa 7.1 wibasiye agace ka Tibet mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Kabiri tariki 7 Mutarama 2025, wica abantu 95 abandi 130 barakomereka, ibikorwa byo gushakisha abagwiriwe n’ibikuta by’inzu zasenyutse baba bakiri bazima, birakomeje.
Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau, yeguye ku mirimo ye no ku mwanya w’ubuyobozi bw’ishyaka ry’Aba-Libéraux.
Umuyobozi mukuru mu mutwe wa Hamas yashyize ahagaragara urutonde ruriho amazina y’abantu 34 b’ingwate uwo mutwe wo muri Palestina uteganya kurekura mu cyiciro cya mbere cy’amasezerano yo guhagarika imirwano na Israel.
Kuri uyu wa Mbere 06 Mutara, Visi-Perezida wa USA Kamala Harris imbere y’inteko ishinga amategeko (Congress), arayobora igikorwa cyo kwemeza ibyavuye mu matora ya perezida yo mu Gushyingo 2024, yatsinzwemo na Donald Trump.
Muri videwo yashyizwe ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook, uwo munyapotiki utavuga rumwe na Leta muri Mozambique, wakomeje kuyobora imyigaragambyo yamagana ibyavuye mu matora yibereye mu buhungiro mu mahanga, yakomeje kuvuga ko atemera na gato intsinzi y’umukandida w’ishyaka FRELIMO riri ku butegetsi.
Inzego z’ubuzima mu Buyapani kuri uyu wa Gatandatu zatangaje urupfu rwa Tomiko Itooka, umugore wo mu Buyapani wari ufite imyaka 116 y’amavuko akaba n’umwe mu baciye agahigo ka Guinness ‘World Records’ ko kuba umuntu wa mbere ukuze kurusha abandi ku isi y’abazima.
Muri Georgia, Perezida Mikheil Kavelashvili watowe nka Perezida mushya w’icyo gihugu, yarahiriye gutangira inshingano ze ariko uwo asimbuye, Salome Zourabichvili yanga kuva ku butegetsi, avuga ko n’ubu ari we perezida wemewe n’amategeko muri Georgia.
Impanuka y’imodoka yabereye mu majyepfo ya Ethiopia muri Leta ya Sidama yahitanye abantu 71, nk’uko byemejwe n’inzego z’ubuyobozi zo muri ako gace.
Jimmy Carter wabaye Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika kuva mu 1977 kugeza mu 1981, yitabye Imana ku Cyumweru tariki 29 Ukuboza 2024 afite imyaka 100.
Imibare mishya y’abaguye mu mpanuka y’indege ya kompanyi ya ‘Jeju Air’ yo muri Koreya y’Epfo, yerekana ko abantu 179 ari bo bamenyekanye ko bapfuye.
Polisi yo muri Mozambique yatangaje ko imfungwa zisaga 1,500 zatorotse gereza, zihishe inyuma y’imvururu za politike zikomeje kubera muri icyo gihugu, zishingiye ku byavuye mu matora byateje impaka.
Israël Katz, Minisitiri w’Ingabo wa Israel yatangaje ko iki gihugu ari cyo kiri inyuma y’urupfu rwa Ismaïl Haniyeh, wishwe muri Nyakanga 2024, aturikanywe n’igisasu i Teheran mu Murwa mukuru wa Iran. Iyi ikaba ari inshuro ya mbere yemeje ku mugaragaro ko ari yo yishe uwo muyobozi wa Hamas.
Muri Nigeria, abantu bagera kuri 67 baguye mu muvundo wo gufata ibyo kurya by’ubuntu, byatanzwe mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru wa Noheri, abenshi bakaba ari abana bato.
Muri Mozambique, inkubi y’umuyaga yiswe Chido yishe abantu bagera kuri 94, nk’uko byatangajwe n’ikigo gishinzwe gukumira no kurwanya ibiza muri icyo gihugu.
Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu Ntara ya Equateur, ubwato bivugwa ko bwari bupakiye birengeje urugero, bwarohamye, abantu 40 barapfa, abandi bagera ku 100 baburirwa irengero.
Abantu bane bishwe, abandi barenga 60 barakomera nyuma y’uko umuntu yaboneje imodoka mu kivunge cy’abantu bari bagiye guhaha ibya noheli mu isoko ryo mu mujyi wa Magdeburg uri mu Burasirazuba bw’Ubudage.
Muri Kenya, gukingira amatungo byakuruye impaka hagati y’abategetsi badashaka ko iryo kingira rikorwa, ndetse bagakangurira n’aborozi kutemera ko amatungo yabo akingirwa, bavuga ko biyagiraho ingaruka.
Jenerali wari ushinzwe intwaro kirimbuzi (armes nucléaires, biologiques et chimiques/NBC), yishwe n’igisasu ubwo yari asohotse mu nzu ye i Moscow, Ukraine ikaba yatangaje ko ari yo yagize uruhare mu gutegura umugambi wo kumwica.
Igihugu cya Vanuatu gifatwa nk’Umwigimbakirwa giherereye mu Nyanja ya Pacifique, cyibasiwe n’umutingito ukomeye ufite ubukana bwa 7.3 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Ukuboza 2024, wica abantu batamenyekana umubare kugeza ubu kuko batarabarurwa, usenya n’ibikorwa remezo bitandukanye.
Mu Birwa bya Mayotte biherereye mu Nyanja y’u Buhinde ariko bigenzurwa n’igihugu cy’u Bufaransa, inkubi y’umuyaga ufite umuvuduko wa kilometero 225 mu isaha (225Km/h) wiswe Chido, yishe abantu bagera kuri 11 kugeza ubu bamenyekanye, ariko mu gihe imibare yose iza kuba imaze gukusanywa ngo ishobora kuza kugera mu magana (…)
Leta ya Niger iyobowe n’igisirikare yahagaritse gahunda za radiyo BBC, mu gihe cy’amezi atatu, igishinja gukwirakwiza amakuru atari yo kandi ashobora guhungabanya umudendezo w’abaturage akaba yanaca intege abasirikare barimo kurwanya ibyigomeke.
Mu mujyi wa Qardaha mu Majyaruguru ya Syria inyeshyamba zahiritse ubutegetsi zashenye imva ya Hafez al-Assad se wa Perezida wa Bashar al-Assad.
Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine nyuma y’iminsi mike abonanye n’abarimo Emmanuel Macron w’u Bufaransa na Donald Trump uherutse gutorerwa kuyobora Amerika, yatangaje ko hakenewe gukorera hamwe mu rwego guhagarika imirwano mu gihugu cye.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yasabye ko hategurwa ianam ihuza abanyapolitike batandukanye mu rwego rwo gutegura ishyirwaho rya Guverinoma nshya.