Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe, mu ruzinduko akomeje kugirira muri Israel yasuye umuryango Save a Child’s Heart ukorera mu bitaro bya Wolfson Medical Center ukaba umaze n’igihe kirekire ukorana n’u Rwanda.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yagizwe umwe mu bayobozi ba Komisiyo nshya mpuzamahanga ishinzwe ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI), yashyizweho n’Umuryango w’Abibumbye binyuze mu Ishami ry’Itumanaho ku Isi (ITU).
U Rwanda na Israel byashyize umukono ku masezerano agamije kwagura ubufatanye mu nzego z’iterambere, guhanga udushya ndetse n’uburezi.
Umutangabuhamya yabwiye Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris mu Bufaransa, ruburanisha Dr Eugène Rwamucyo, ko yamubonye mu ntangiriro za Gicurasi 1994 kuri bariyeri i Butare yambaye imyenda ya gisirikare, yitwaje imbunda kandi ari kumwe n’abantu bari bafite uruhare rukomeye mu bwicanyi bwakorwaga muri ako gace.
Ambasade y’u Rwanda mu Burusiya ifatanyije n’Umuryango w’Abanyarwanda batuye muri iki gihugu na Belarus, bateguye Irushanwa rya Kwibohora ku nshuro ya 32 ryabereye ku kibuga cy’imikino cya Kaminuza ya RUDN.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Amb Olivier Nduhungirehe yashimye byimazeyo ubuyobozi bwa Louise Mushikiwabo, Umunyamabaga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, ku mpinduka zifatika amaze kugeza kuri uyu muryango muri Manda ebyiri amaze awuyobora.
Inama y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu (Human Rights Council) yemeje raporo y’ibyavuye mu isuzuma rya kane u Rwanda rwakozweho muri gahunda ya Universal Periodic Review (UPR), igamije guteza imbere no kurengera uburenganzira bwa muntu.
U Rwanda rwasabye u Burundi guhagarika uruhare rwabwo rutaziguye mu makimbirane arimo kubera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
U Rwanda rugiye gutangira gahunda nshya yo gutumiza ibikomoka kuri peteroli bikozwe hagati ya Leta ebyiri (Government-to-Government), mu masezerano y’ubufatanye n’Igihugu cya Oman, guhera mu kwezi kwa Kanama 2026.
Mu Rukiko rwa Rubanda i Paris, mu rubanza rw’ubujurire rwa Dr Eugene Rwamucyo wakatiwe gufungwa imyaka 27 kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, umutangabuhamya yabwiye urukiko ko Dr Rwamucyo yari umugabo w’umufungamutwe wabaga mu itsinda ry’abakozi ba CUSP baturukaga mu Majaruguru y’u Rwanda.
Mu rubanza rwa Dr Eugène Rwamucyo rubera i Paris mu Bufaransa, umutangabuhamya yabwiye urukiko ko katiripirali (Caterpillar) yakoreshejwe mu gushyingura imibiri y’Abatutsi biciwe kuri Paruwasi ya Nyumba no muri Seminari Nkuru ya Nyakibanda, yakoraga mu buryo bwashinyaguriraga imibiri y’abishwe.
Imitingito ibiri ikomeye yibasiye Venezuela ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 24 Kamena, ihitana abarenga mirongo itatu, ndetse ikomeretsa abarenga 700. Iyi mibare iracyari iy’agateganyo.
U Bufaransa bwatangaje ko bwabonye umurwayi wa mbere wanduye icyorezo cya Ebola, akaba ari umuganga wari umaze iminsi avuye mu butumwa bw’ubutabazi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Mu rubanza rw’ubujurire rwa Eugène Rwamucyo rukomeje kubera mu Bufaransa, urukiko rwateye utwatsi ubusabe bw’abunganira uregwa bwo gukura mu bimenyetso biri gusuzumwa umwanzuro w’urukiko ufitanye isano n’umunyamakuru n’umwanditsi Charles Onana, wahamijwe ibyaha bifitanye isano no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zahagaritse by’agateganyo ibihano zari zarafatiye Iran mu gihe cy’iminsi 60, nyuma y’ibiganiro bya mbere byabaye mu rwego rw’amasezerano y’amahoro akiri mu ntangiriro hagati y’impande zombi.
Ikipe ya Manchester United yatangaje ko yamaze kubona igice kinini cy’ubutaka izubakaho sitade nshya izajya yakira abafana 100,000, igikorwa gifatwa nk’intambwe ikomeye mu mushinga mugari wo kuvugurura no guteza imbere agace ka Old Trafford.
Andy Burnham yarahiriye kuba Umudepite uhagarariye agace ka Makerfield mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza, mu masaha make nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe Keir Starmer atangaje ko yeguye ku buyobozi bw’Ishyaka ry’Abakozi (Labour Party).
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, kuri uyu wa 22 Kamena 2026 yatangaje ko yeguye ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe ndetse no ku buyobozi bw’Ishyaka ry’Abakozi (Labour Party), nyuma y’amezi menshi y’igitutu cya politiki n’amakimbirane yari amaze igihe amugaragaraho.
Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian, yatangaje ko igihugu cye kitazigera kiyambura uburenganzira gifite bwo kwihaza kuri uranium, ashimangira ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika nta yandi mahitamo zigomba kuzabyemera.
Ku wa Gatanu nibwo, Donald Trump yatashye indege nshya itwara Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, izwi nka Air Force One, ikaba ije gusimbura itari isanzwe ikoreshwa. Ni indege yo mu bwoko bwa Boeing 747-8 yatanzwe nk’impano na Qatar ikaba ifite agaciro ka miliyoni 400$.
Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Keir Starmer, ashobora kwegura kuri uyu wa mbere nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru bikomeye ku isi harimo n’ibyo mu Bwongereza.
Donald Trump, yatashye ku mugaragaro indege nshya itwara Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika izwi nka Air Force One itandukanye n’iyari isanzwe haba kunmabara ndetse n’ikoranabuhanga ikoranywe.
Guverinoma y’u Busuwisi yatangaje ko ibiganiro byari biteganyijwe kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Kamena hagati ya Amerika na Iran bitakibaye, mu gihe impande zombi zari zitezwe guhurira muri icyo gihugu hagamijwe gukomeza ibiganiro byari bigamije intambara n’ubushyamirane bumaze iminsi urangwa mu Burasirazuba bwo Hagati.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yanenze Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi, wibasiye u Rwanda ubwo ikipe y’Igihugu cye y’umupira w’amaguru (Les Léopards) yari imaze kunganya n’Ikipe ya Portugal mu mukino w’igikombe cy’Isi
Ubushakashatsi bushya bwakozwe na CNN ku bufatanye na SSRS bwagaragaje ko Barack Obama, , wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, agifitiwe icyizere n’abaturage ba Amerika kurusha abamusimbuye ku buyobozi bw’Igihugu.
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye yavuze ko mu gihe Isi muri iyi minsi ifite ibibazo by’ihungabana ry’ubukungu hakenewe ubufatanye mu guhangana n’ingaruka z’ibyo bibazo hifashishijwe ubushakashatsi bufite ireme bikajyana no guhuza ibikorwa bya politike.
Mu rubanza rw’ubujurire rwa Dr Eugène Rwamucyo ushinjwa ibyaha bya Jenoside, Padiri Hildebrand Karangwa, umuhanga mu mateka akaba n’umupadiri, yatanze ubuhamya bwibanze ku mateka n’imiterere byagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ambasaderi Urujeni Bakuramutsa yashyikirije Perezida wa Slovenia, Nataša Pirc Musar, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo Gihugu ndetse baganira ku gushimangira umubano mu nzego zitandukanye.
Perezida Paul Kagame yageze i Lomé muri Togo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Kamena, aho yitabiriye Inama n’Imurikabikorwa byerekeye ubwikorezi bwo mu kirere muri Afurika (African Air Transport Convention and Expo), iteganyijwe kuva tariki 15-19 Kamena 2026.
Lt Col Emmanuel NSENGIYUMVA wo mu Ngabo z’u Rwanda yarangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare mu gihugu cya Jordan (Royal Jordanian Command and Staff College).