Sosiyete Nyarwanda y’ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, yahawe igihembo nk’ikigo gitanga serivisi nziza zo mu ndege kurusha ibindi muri Afurika kizwi nka ‘Best Cabin Service in Africa 2026’.
Nyuma y’uko Guverinoma y’u Rwanda ifunguye Ambasade muri Espagne, abasesenguzi bavuga ko ari igikorwa cy’ingirakamaro mu rwego rwo gukomeza kwagura umubano w’ibihugu byombi no guteza imbere inyungu z’ubukungu, ubukerarugendo n’imikoranire mpuzamahanga.
Perezida Paul Kagame yabwiye abasirikare bashoje amasomo mu Kigo gishinzwe kwigisha aba Ofisiye Bakuru ibijyanye n’ibikorwa n’Ubuyobozi bw’Ingabo - Senior Command and Staff College i Nyakinama, ko amasomo barangije abashyize ku rundi rwego, ku buryo inshingano bahawe ziyongereye. Aha rero, n’ingaruka z’ibyemezo bafata, na zo (…)
Ikoranabuhnaga ry’ubuhinzi rya Smart Nkunganire aho Leta ifasha abaturage kubona ifumbire n’imbuto z’indobanure, ryamaze guhuzwa n’izindi gahunda nshya z’ikoranabuhanga, aho umuhinzi azajya asabwa gupimisha ubutaka bwe, akamenya ubwoko bw’ifumbire n’imbuto bukeneye, akaba ari byo ahabwa.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yatangaje ko inganda zitunganya imyenda zitezweho guhanga imirimo mishya isaga 50,500 bitarenze umwaka wa 2029, mu rwego rwo guteza imbere inganda no kugabanya ubushomeri mu gihugu.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amashuri makuru na za Kaminuza (HEC), cyagaragaje ko ishoramari rikorwa mu bijyanye n’ubushakashatsi bukorerwa mu mashuri makuru na Kaminuza rikiri hasi ugereranyije n’ahandi mu Karere.
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye raporo y’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Human Rights Watch (HRW), yise “Death Was Everywhere”, ishinja Ingabo z’u Rwanda ibikorwa birimo gufungwa bidakurikije amategeko, ubwicanyi no kwinjiza abantu ku ngufu mu mitwe yitwaje intwaro.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yatangaje Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2026/27 ingana na miliyari 7796,3 Frw, ugereranyije na miliyari 6952,1 Frw ari mu ngengo imari ivuguruye y’umwaka wa 2026.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Yusuf Murangwa, ubwo yagezaga abagize Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi ijambo k’Umushinga w’Itegeko rigena Ingengo y’Imari ya Leta y’umwaka wa 2026/2027, yagaragaje ko mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2026/27 amafaranga u Rwanda ruzakoresha azagera kuri miliyari 7,796.3 Frw.
Muri iyi ngengo sinabonye ingengo y’imari yagenewe ubushakashatsi n’iterambere, kandi nyamara mu nzego zose iyo urebye usanga ahanini zikwiriye gushingira ku byavuye mu bushakashatsi kugira ngo tuzashobore kugera kuri cya cyerekezo cy’igihugu cy’igihe kirambye, yaba mu byo dukora uyu munsi cyangwa mu guhanga udushya (…)
Kaminuza y’u Rwanda n’iya Somalia (Somali National University) basinyanye amasezerano y’ubufatanye agamije guteza imbere uburezi, ubushakashatsi no kwimakaza amahoro n’ubwiyunge. Ni amasezerano yasinywe ku bufatanye bw’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza imbere ubufatanye (RCI).
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yatangaje ko inzego z’ubutabera zabashije kugaruza amafaranga y’umutungo wa Leta yari yaranyerejwe angana na Miliyoni 729 Frw ndetse n’ibihumbi 5 by’Amadolari ya Amerika.
Umuryango Imbuto Foundation wahembye Imbuto z’Icyeza zirenga ibihumbi 8,103 bashimirwa gutsinda neza ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’ayisumbuye.
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, GAO Wenqi yakiriwe na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Gertrude Kazarwa, bagirana ibiganiro byibanze ku mubano w’ibihugu byombi n’ubufatanye mu nzego zitandukanye.
Sebahizi Prudence wari Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda yashimye byimazeyo Perezida Paul Kagame, ku cyizere yamugiriye cyo gukorera Igihugu akamuha izo nshingano mu myaka ibiri ishize.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Kamena 2026, nibwo Perezida Paul Kagame yagize Bwana Damien Murwanashyaka, Minisitiri w’Ibikorwa Remezo asimbuye kuri uwo mwanya Dr Jimmy Gasore.
Perezida Paul Kagame yagize abarimo Lt Gen (Rtd) Karenzi Karake na Col (Rtd) Jeannot Ruhunga ba Ambasaderi.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yasimbuje ba Minisitiri b’Ibikorwa Remezo, uw’Ubucuruzi n’Inganda ndetse n’uw’Abakozi ba Leta n’Umurimo. Murwanashyaka Damien, Minisitiri w’Ibikorwa Remezo
Icyayi cy’u Rwanda kizwiho ubwiza n’uburyohe butangaje ku rwego mpuzamahanga ndetse kikaba gisanzwe kinjiriza u Rwanda amadovize binyuze mu bucuruzi bw’ibikomoka ku buhinzi byoherezwa mu mahanga, mu minsi iri imbere kizajya cyoherezwa muri Pakistan kinyuze inzira imwe, nta handi kibanje kunyuzwa (direct exports), kugira ngo (…)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, muri Village Urugwiro yakiriye itsinda rigizwe n’abanyamuryango 19 babarizwa mu Muryango w’Abayobozi bakiri bato, (Young Presidents Organisation YPO), bari kumwe n’abo bashakanye.
Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, babwiye Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, ko abanyabugeni bahangayiksihijwe n’ibihangano byabo byiganwa. bigakorwa kandi bigacuruzwa n’abashinwa ku masoko atandukanye.
Itsinda ry’intumwa zo ku rwego rwo hejuru zaturutse muri Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Ibikorwa bya Leta n’Ubwiyunge muri Somalia, ziri mu ruzinduko rw’icyumweru mu Rwanda.
Minisitiri Sebahizi Prudence yabwiye abadepite mu Nteko Ishinga amategeko, ko hari uruganda rumaze ukwezi rutangiye, rwasabye abakozi magana abiri, ariko mu Rwanda basanga ubumenyi bakeneye ari bushya, nta buhari.
Abadepite babajije Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda niba inganda zose zabangamira umutekano w"ikibuga cy’Indege cya Bugesera zarigijweyo.
U Rwanda ruri kuvugana n’abashoramari bo muri Kenya, kugira ngo bazane uruganda rwabo rukora isukari mu gihugu, kuko hakiri icyuho cy’umusaruro w’imbere mu gihugu.
Mu gihe byabaye nk’akamenyero ko abajya gusengera i Kibeho ku minsi yitabirwa cyane (ku ya 15 Kanama hizihizwa Asomusiyo no ku ya 28 Ugushyingo hizihizwa isabukuru y’amabonekerwa) babura aho kurara, ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buvuga ko muri uyu mwaka wa 2026, amacumbi mashya magana atatu yiteguye kwakira abashyitsi.
Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) binyuze muri gahunda ya Extended Credit Facility (ECF), cyemereye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 250 z’amadolari y’Amerika (ni ukuvuga agana na miliyari 365.75 z’Amafaranga y’u Rwanda) mu gufasha Igihugu gusigasira ubukungu.
Kuri uyu wa 5 Kamena, mu Rwanda hatangijwe ku mugaragaro iserukiramuco ryiswe "Global Green Heroes Festival" rigamije kurengera ibidukikije hifashishijwe ubuhanzi nk’umuyoboro wo gushishikariza abantu kurengera ibidukikije no guteza imbere iterambere rirambye.
Inama ya y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa mbere tariki 8 Kamena, yameje ivugurura ry’amasezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’Umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bisangiye uruzi rwa Nil, ahesha uwo muryango uburenganzira bwo kugira icyicaro mu Rwanda.