Tariki 5 Ukuboza 2023, nibwo inkuru yabaye kimomo ko u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturuka mu gihugu cy’u Bwongereza, nyuma y’uko Guverinoma z’Ibihugu byombi zari zimaze gusinyana amasezerano mashya ajyanye no gukemura ikibazo cy’abimukira, yakozwe hasubizwa inenge zagaragajwe n’Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza mu (…)
Mu rwego rwo gushaka ibisubizo by’ibibazo by’abana bajyanwa mu bigo ngororamuco na ‘transit center’, Abadepite basabye ko iyi gahunda na yo yagenerwa ingengo y’imari mu mwaka wa 2025-2026, kugira ngo bitange igisubizo cyo kugabanya umubare munini w’abajya kugororerwa muri ibi bigo.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yagaragaje ko Afurika ifite byinshi byayiteza imbere ariko ikibazo ari ukumenya ibyo abayituye bagomba gukoresha, kugira ngo bagere kuri iryo terambere.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yamaze gufata zimwe mu nka ziherutse kwibwa ahitwa i Rwanda mu karere ka Gasabo, hamwe n’abakekwaho kuziba.
Kuri uyu wa Mbere tariki 12 Gicurasi 2025, Perezida Paul Kagame yageze i Abidjan muri Côte d’Ivoire, aho yitabiriye inama ihuza abayobozi b’ibigo bitandukanye, abashoramari n’abanyapolitiki baturutse muri Afurika no hirya no hino ku Isi, Africa CEO Forum.
Abatuye n’abaturanye agace kitwa i Rwanda kari hagati y’utugari twa Gasagara na Kinyana, Umurenge wa Rusororo w’Akarere ka Gasabo, barasaba inzego zibishinzwe gukaza umutekano no kubafasha kumenya irengero ry’amatungo yabo yibwe, cyane cyane inka.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Patrice Mugenzi, yabwiye Abadepite bagize Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo bya Leta, ko ikibazo cy’ibirarane Uturere dufitiye abacuruzi b’inyongeramusaruro bingana na Miliyari 22Frw, bagiye kureba uko wishyurwa ndetse hagafatwa ingamba zo kwirinda kongera kubajyamo umwenda.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Yusuf Murangwa, yatangaje ko umuhanda Kigali-Muhanga wari uteganyijwe gukorwa mu ngengo y’imari 2025-2026, utagikozwe kuko inyigo yawo itararangira.
Ku gicamunsi cy’itariki ya 7 Gicurasi 2025, abakunze kujya gusengera mu Ruhango n’i Kibeho batangiye kumva inkuru y’urupfu rw’umukecuru, wari uzwiho kubyina bidasanzwe mu gihe cya misa.
Inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri muri Mozambique zashyikirije Koperative y’abagore (Cooperativa Moda do Litoral), imashini 10 zidoda n’ibikoresho byazo mu rwego rwo kubongerera ubushobozi n’ubumenyi bikajyana no kwinjiza amafaranga. Iyi koperative iherereye mu Karere ka Mocímboa da Praia mu Ntara ya Cabo Delgado.
Abacururiza mu isoko ry’Ingenzi za Huye barinubira kuba basigaye bataha nimugoroba, mu gitondo bamwe muri bagenzi babo baza bakabura ibicuruzwa baba basize babitse neza.
Perezida Paul Kagame yageze i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa Gatatu 07 Gicurasi2025, agirana ibiganiro na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron.
Umudugudu wa Gakoma, Akagari ka Rwisirabo, Umurenge wa Karangazi, ni wo wabaye uwa mbere mu Ntara y’Iburasirazuba mu Midugudu itarangwamo ibyaha, dore ko ufite n’umwihariko wo kuba umaze imyaka umunani nta mwangavu uraterwa inda.
Urwego rw’Ubugenzuzi Bukuru bw’Imari ya Leta (OAG), buvuga ko ba nyiri inzu zubatswe mu bibanza bigera kuri 6,242 byagenewe ibindi bikorwa, nk’uko bigaragazwa n’Igishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali, bashobora kuzihomba.
Abadepite banenze imishinga yo kuhira hirya no hino mu Gihugu, yatwaye akayabo ka Miliyari 60 z’Amafaranga y’u Rwanda ariko ikaba idakora neza, ikaba ikomeje kudindiza gahunda ya Leta yo gushyira umuturage ku isonga.
Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Alexis Kamuhire, ubwo yagezaga ku bagize Inteko Ishinga Amategeko raporo y’Urwego rw’Ubugenzuzi Bukuru bw’Imari ya Leta y’umwaka w’ingengo y’imari warangiye ku wa 30 Kamena 2024, yavuze ko Leta yagaruje Miliyari 3.3Frw muri Miliyari 3.4Frw yari yanyerejwe mumwa wa 2023-2024, igikorwa (…)
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe, yabwiye Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano ko ubutwererane n’ibihugu bikiri mu nzira y’Amajyambere bwinjirije u Rwanda Miliyoni 587Frw mu mwaka wa 2023/2024.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 6 Gicurasi 2025, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Umuyobozi wa Komite Mpuzamahanga y’Umuryango utabara imbabare (Croix Rouge) ku Isi, Mirjana Spoljaric Egger.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zibinyujije mu mujyanama wa Perezida Donald Trump mu bufatanye na Afurika, Massad Boulos, kuri uyu wa 5 Gicurasi 2025, yemeje ko Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), zamaze kuyishyikiriza umushinga w’amasezerano y’amahoro.
Umuryango Never Again Rwanda wagaragarije Abadepite bagize Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu ko kwigisha uburere mboneragihugu mu mashuri abanza, byafasha urubyiruko kutagira ingengabitekerezo ya Jenoside.
Abayoboke b’ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI), barasabwa kurindira Ubunyarwanda bwabo mu kumenya amateka y’ukuri y’Igihugu cyabo, kugira ngo buzabe bufite icyo bushingiyeho.
Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane (MINAFFET), yemeje ko rurimo kuganira na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku kuba rwakwakira abimukira iki gihugu cyirukanye ku butaka bwacyo.
Perezida wa Sena, Dr Kalinda François Xavier yavuze ko Guverinoma y’ubumwe yahinyuje abateguye umugambi wa Jenoside bari bazi ko Abanyarwanda batazongera kubana.
Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 25 Mata 2025, u Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano agena ‘amahame y’ibanze mu miyoborere, umutekano n’ibijyanye n’ubukungu, azafasha akarere kubyaza umusaruro amahirwe kifitemo.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, IBUKA, hamwe na AVEGA Agahozo, ubwo baganiraga n’Abadepite bagize Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no Kurwanya Jenoside ku wa Gatatu tariki 30 Mata 2025, kuri gahunda yo gushyira mu bikorwa Politiki y’Igihugu y’Ubumwe (…)
Gen. Mamadi Doumbouya, Perezida wa Guinea-Conakry, aragirira uruzinduko mu Rwanda, rugamije gukomeza gutsura umubano hagati y’ibihugu byombi.
Abaturage b’Umudugudu wa Kabuga ya mbere, Akagari ka Byimana, Umurenge wa Matimba mu Karere ka Nyagatare, barishimira ko kuva batangiza ikigega cyo guhunikamo imyaka byabafashije guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere, ndetse banatandukana no gusesagura umusaruro.
Bamwe mu bakora mu mavuriro mato azwi nka ‘Poste de Santé’ yubatswe ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda mu Karere ka Burera, bavuga ko bakomeje kuba mu ihurizo ry’imibereho ibagoye mu miryango yabo, biturutse ku kuba bamaze amezi arenga atanu badahembwa, bakaba basaba gukemurirwa icyo kibazo.
Binyuze mu bukangurambaga bwiswe ‘Tugendane’, Vivo Energy yiyemeje gushyigikira abanyeshuri bafite ubumuga bwo kutabona 60, babishyurira amafaranga y’ishuri mu gihe cy’umwaka, hamwe no gutanga ibikoresho bibafasha bikanaborohereza gukurikirana amasomo ku bandi 300.