Ubuyobozi bw’ikigo cyita ku bana bafite ubumuga mu Karere ka Rubavu, Ubumwe Community Center (UCC) kirimo kwigisha ababyeyi b’abana bafite ubumuga uko bagomba kubitaho, mu rwego rwo kubaha uburenganzira bwabo no kubafasha gukura neza.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Nyakanga 2024 mbere y’ibirori byo gufungura Imikino Olimpike, Perezida Paul Kagame yahuye n’umuyobozi w’Impuzamashyirahamwe y’ Umupira w’Amaguru ku Isi, Gianni Infantino, baganira ku buryo bwo gukomeza kwagura ubutwererane n’amahirwe mashya yo guteza imbere umupira w’amaguru mu Rwanda.
Imirambo y’abantu bane mu baheruka kugwirwa n’ikirombe giherereye mu Mudugudu wa Kamatongo mu Kagari ka Budakiranya mu Murenge wa Cyinzuzi Umurenge wa Cyinzuzi mu Karere ka Rulindo, yakuwemo ihita ijyanwa mu Bitaro bya Rutongo, gukorerwa isuzumwa.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimiye Perezida wa FIFA n’abakuru b’Ibihugu birimo u Burusiya, u Buhinde, Hungary, Mauritania na Singapore bamwifurije ishya n’ihirwe mu nshingano zo gukomeza kuyobora u Rwanda aherutse gutorerwa.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, General (Rtd) James Kabarebe, yavuze ko ari we wubatse indake ya Gikoba yabagamo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, wari umuyobozi w’urugamba rwo kubohora Igihugu.
Umuyobozi w’Umuryango Never Again Rwanda, Dr. Joseph Nkurunziza Ryarasa, yagaragaje ko impamvu zituma abantu bagwa mu bishuko byo kwemera kwicuruza, ahanini biterwa n’ibijyanye n’akazi kakiri gake ugereranyije n’umubare w’Abanyarwanda muri rusange.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 25 Nyakanga 2024, bagiriye uruzinduko i Paris mu Bufaransa.
Mu bintu birimo gukurura ba mukerarugendo basura pariki ya Nyungwe harimo inzira zo mu kirere, ahubatswe ikiraro cy’ibyuma n’inshundura (Nyungwe Canopy Walk), ndetse hakaba hagiye no gushyirwaho uburyo bwo kugendera ku migozi ukambukiranya imisozi (Zipline Mountain).
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwasobanuye ko Hon. Mujawamariya Jeanne d’Arc n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibidukikije, Karera Patrick, bari gukorwaho iperereza ku byaha bakekwaho bakoreye muri iyi Minisiteri.
Urwego rwunganira Uturere mu gucunga umutekano (DASSO) rwungutse Abadasso bashya 349 bamaze igihe kirenga amezi atatu bahabwa amahugurwa mu kigo cy’amahugurwa cya Polisi cya Gishari kiri mu Karere ka Rwamagana.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko Dr. Jeanne d’Arc Mujawamariya yirukanywe ku mirimo yari ashinzwe nka Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) kubera ibyo agomba kubazwa akurikiranyweho.
Mu rwego rwo kugeza amakuru ahagije kandi y’ukuri ku Banyarwanda, ku birebana n’ubuzima bw’imyororokere, Umuryango utegamiye kuri Leta wita ku buzima bw’imyororokere (HDI), urimo guhugura bamwe mu banyamakuru bo mu Rwanda ku buzima bw’imyororokere, kuko bizeweho kugeza ubutumwa ku mubare munini no kurushaho kubafasha (...)
Mu karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyarugenge Akagari ka Kiyovu, Umudugudu wa Nyarurembo kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Nyakanga 2024, imodoka y’ivatiri (Voiture) yaritwawe n’umudamu yamanukaga umuhanda uva T2000 yerekeza kuri CHIC habereye impanuka y’imodoka yakomerekeyemo abantu batanu yangiza n’ibindi binyabiziga (...)
Ikirombe cyaridukiye abantu umunani bagicukuragamo amabuye y’agaciro, kugeza ubu abagera kuri batatu biracyekwa ko bahise bagipfiramo, mu bo cyagwiriye hakaba hari n’abakirimo gushikishwa irengero ryabo kuko bitazwi niba bakiri bazima cyangwa bapfuye.
I Nyagatare mu Ntara y’Iburasirazuba, kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Nyakanga 2024 hafunguwe uruganda rufite ubushobozi bwo gutunganya litiro 650,000 z’amata ku munsi, zigakorwamo amata y’ifu angana na toni 41.7 ku munsi. Rwubatswe mu cyanya cyahariwe inganda cya Nyagatare giherereye mu Mudugudu wa Nkonji, Akagari ka (...)
Abacuruzi bo mu Ntara y’Amajyaruguru, bari kwigishwa uko ishoramari bakora, baribyazamo imishinga igamije kurengera ibidukikije hagamijwe kugabanya ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe, nk’ikibazo gikomeje guhangayikisha isi.
Perezida Kagame yakiriye mu biro bye, Village Urugwiro, Umujyanama wihariye w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye mu bijyanye no kurwanya Jenoside, Alice Wairimu Nderitu.
Mutumwinka Bertine ni umubyeyi w’abana batatu, ubu atwara imodoka y’ikamyo yo mu bwoko bwa ‘Man’ itwara amavuta na lisansi abivana muri Tanzaniya abizana mu Rwanda.
Padiri Salvain Ndayizeye Habiyambere, wo muri Diyosezi Gatolika ya Byumba wari urwariye mu bitaro bya CHUK, yitabye Imana ku cyumweru tariki 21 Nyakanga 2024.
Umuyobozi w’Umuryango utari uwa Leta wita ku burenganzira bw’umukobwa n’umugore, Empower Rwanda, Kabatesi Olivia, asaba abayobozi b’amadini n’amatorero gushyira mu nyigisho zabo za buri munsi gukumira isambanywa ry’abana kuko aribo bantu bizerwa kuko mu gihe babihariye izindi nzego iki kibazo kitazakemuka.
Mbere y’itanga ry’Umwami Mutara wa III Rudahigwa, ihirikwa ry’ingoma ya murumuna we Kigeli V Ndahindurwa, impinduramatwara yo mu 1959, n’ingirwa-bwigenge yo mu 1962, mu Rwanda hahoze amashyirahamwe yari agamije guharanira inyungu zitandukanye zirimo iz’uturere abayashinze bakomokagamo.
Abahinzi b’umuceri mu turere twa Huye na Gisagara baribaza igihe umuceri wabo uzagurirwa ukareka kwangirikira mu mahangari no ku gasozi ku batagira amahangari yo kuwanuriramo.
Abaturage bakoresha umuhanda wa Nyange-Ndaro-Gatumba mu Karere ka Ngororero, bavuga ko ukwiye gukorwa vuba ukabafasha koroshya ubuhahirane bw’Imirenge no kugera byihuse kuri serivise bajya gusaba ku Karere ndetse ukabakemurira ikibazo cy’umutekano muke uterwa n’abajura bakunze kuwubamburiramo.
Abafite uburwayi bwo mu mutwe bagaragaza ko bakorerwa akato mu kazi aho rimwe na rimwe bahagarikwa ndetse bakirukanwa nta mperekeza mu gihe bagaragaje ubwo burwayi cyangwa ibimenyetso bwabyo.
Umuryango w’abantu bafite ubumuga bwo mu mutwe, NOUSPR Ubumuntu, wateguye ibiganiro n’inzego za Leta hagamijwe kongera kwerekana ihohoterwa bakorerwa, kugira ngo hashakwe ibisubizo birambye kuko kuba umuntu yagira ikimenyetso kimwe cyerekana ko afite uburwayi bwo mu mutwe bidasobanuye ko ejo atakira cyangwa ngo yoroherwe (...)
Ntirivamunda Epimaque w’imyaka 46 wo mu Mudugudu wa Rwintare, Akagari ka Gasharu, Umurenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, aratabariza umwana we w’umuhungu uhorana uburibwe budasanzwe, nyuma y’uko avutse afite umwenge ku mutima.
Mu mirenge itandukanye y’igice cy’Umujyi wa Musanze, hari gutunganywa site zishyirwamo imihanda mishya y’ibitaka, mu rwego rwo kunoza imiturire, kandi uretse n’ibi, abafite ubutaka hafi y’aho ziri gutunganywa, bishimira ko ubutaka bwabo bugiye kurushaho kugira agaciro, ndetse imigenderanire hagati yabo ikarushaho kunoga.
Bamwe mu baturage b’Imirenge ya Musheri na Rwempasha, barashimira Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuba babonye ikiraro kibahuza kuko ubundi ngo ubuhahirane bwabo bwari bugoranye rimwe na rimwe hakabamo n’impfu.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mathilde Mukantabana yakiriye umuyobozi mushya w’Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga, USAID, mu Rwanda, Keisha Effiom.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Nduhungirehe Olivier, yihanganishije umuryango wa Misfer bin Faisal Mubarak Al-Ajab Al-Shahwani wari Ambasaderi wa Qatar mu Rwanda, witabye Imana.