Nduhungirehe yasabye Shadyboo gutanga impapuro z’isuku muri #FreeThePeriod
Ambasaderi Olivier Nduhungirehe yasabye Shadyboo gutanga impapuro z’isuku (sanitary pads) mu bukangurambaga bwiswe #FreeThePeriod.

Ni ubukangurambaga bwatangijwe n’uwitwa Autumn Marie mu cyumweru gishize, bukaba bugamije gushakira abana b’abakobwa impapuro z’isuku bakenera cyane cyane mu gihe bari mu mihango.
Ubu bukangurambaga bwa #freetheperiod buri gukorerwa ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, bugamije guha ibyo bikoresho by’isuku abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye bageze mu gihe cyo kujya mu mihango ariko bakabura ibikoresho by’isuku kuko bihenze kuri bamwe.
Uko bukorwa ni ukwandika umubare w’ibyo bikoresho by’isuku utanze ubundi ugahamagarira abandi bantu ko bakwifatanya nawe mu guhashya ubukene butuma abana b’abakobwa batiga. Ni ubukangurambaga burimo gukorwa hifashishijwe hashtag zirimo #Endperiodpoverty na #FreeThePeriod .
Challenge accepted. I have just donated 100 #MadeInRwanda @Tamu_Pads to young girls from 12YBE and call on @_shaddyboo to join the cause.#FreeThePeriod https://t.co/1fLiou8ebD
— Amb. Olivier J.P. Nduhungirehe (@onduhungirehe) January 29, 2020
Amb.Nduhungirehe Olivier abinyujije kuri Twitter, yatangaje ko yiyemeje gutanga udupaki 100 tw’impapuro z’isuku zikorerwa mu Rwanda zitwa Tamu, ahamagarira umunyamideli Mbabazi Shadia, abenshi bazi nka ShadyBoo kwitabira ubwo bukangurambaga.
Umwana w’umukobwa akenera gukoresha nibura udupaki 3 cyangwa 4 ku gihembwe kandi imwe igura amafaranga y’u Rwanda magana atandatu (600frw) kuzamura.
Kugeza ubu hari abantu batandukanye bakomeje gushyigikira ubu bukangurambaga, bamwe ndetse bakaba baramaze gutanga ubufasha bwabo bemeye.
@Fionambabazi1 24 packs as promised. Great you sensitize for this issue, kudos also to @IAkaliza . Waiting for collection points we discussed. #EndPeriodpoverty @Imatter_Period #IMatter2020 #EndPeriodShame #RwOT pic.twitter.com/JDZ5tkMGVb
— Lucas . (@Lucas_Afrilive) January 29, 2020
Inkuru bijyanye:
Ange Kagame na Jeannette Kagame na bo batanze impapuro z’isuku ku bana b’abakobwa
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
Nukuri ubwo hajemo nuruhare rwabanyaparitike kbsa iyo gahunda igiye gushinga imizi muri byose kdi abana babakobwa nibitabweho kabsa
Min. ndamwemeye, azi neza ko Shaddy Boo akurikirwa na benshi mu rubyiruko rw abakobwa, nawe rero nabiture kabisa azitange. Likes zabo nawe zituma arushaho kwamamara