Inzego z’umutekano z’u Rwanda ziyemeje kurushaho gufatanya n’Ingabo za Mozambique mu gutanga ubufasha bwo guhashya ibikorwa by’iterabwoba.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko ibyago by’intambara abaturage bo mu burasirazuba bwa Congo barimo bidatunguranye, kuko ngo byahereye mu myaka irenga 20 ishize ubwo Abatutsi bameneshwaga bakaza kuba impunzi mu Rwanda.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma Alain Mukaralinda yavuze ko Leta y’u Rwanda iri gufasha mu bikorwa bijyanye no gushyingura abantu 9 bishwe n’amasasu yaturutse muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo, ndetse no mu kuvuza abakomeretse.
Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda Brig Gen Ronald Rwivanga atangaza ko ingabo za FARDC zarashe ibisasu mu Rwanda bigahitana abantu batanu, abandi 35 bagakomereka.
Kuri iki cyumweru, u Rwanda rwitabiriye inama y’umuryango w’abibumbye ishinzwe amahoro ku isi idasanzwe ku mutekano mu Burasirazuba bwa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo, aho rwasobanuye imvo n’imvano y’ibibazo iki gihugu kikururiye, bikaba bigenda bifata indi ntera.
Imodoka ebyiri zarimo gukorerwa mu igaraje ‘Swift Motors Garage’ ry’uwitwa Rutaremara Félicien zirahiye zirakongoka.
Abanyeshuri babiri b’abakobwa b’imyaka 20 na 19 y’amavuko baravugwaho kugerageza kuroga bagenzi babo bakoresheje umuti wica imbeba.
Ku wa 26 Ukuboza 2024, umwe mu bantu twaganiriye twifuje guha izina Ndayisaba, yasohokanye n’umuryango we ugizwe n’abavandimwe batandatu, bajya gusangira no gusabana nk’uko byari bimeze ku miryango myinshi yishimiraga gusoza umwaka no gutangira undi.
Ubwo hasozwaga amahugurwa yahawe aba Ofisiye 45, agamije kongerera ubumenyi abapolisi mu bijyanye n’imikorere ya kinyamwuga n’ubuyobozi (Police Tactical Command Course), basabwe ko bayifashisha mu kunoza akazi kabo ko gucunga umutekano.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko n’ubwo Igihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo DRC, kirirwa kivuga ko u Rwanda rushyigikira abahungabanya umutekano wayo, ari ukwirengagiza ukuri ku gisubizo gikwiriye kirimo no kurandura umutwe wa FDLR washinzwe n’Interahamwe zasize zikoze Jenoside yakorewe (…)
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ruratangaza ko ibyaha by’ubujura, byiganje cyane mu Gihugu mu mwaka ushize wa 2024, kuko biza ku mwanya wa mbere mu byaha icumi bya mbere byakorewe amadosiye yashyikirijwe ubushinjacyaha.
Mu murenge wa Kinyinya, Akagari ka Kagugu, Umudugudu wa Kagarama ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 6 Mutarama inkongi y’umuriro yafashe inzu y’uwitwa Uwiringiyimana Ananie yakoreragamo akabari na Resitora na serivise za ‘Sauna massage’ ibyarimo birakongoka.
Polisi y’u Rwanda itangaza ko mu gusoza umwaka wa 2024 abanyarwanda bitwaye neza kandi bagakurikiza amabwiriza y’umutekano uko bayahawe, bikagabanya impanuka ku kigero gishimishije.
Abantu bane mu Turere twa Nyagatare na Kayonza, baririye ubunani muri kasho za Polisi nyuma yo gufatanwa inzoga itemewe ya kanyanga litiro 1,250.
Kuri Noheri, umugabo wo mu Karere ka Kirehe yishwe n’umusinzi wari umaze gukubitirwa mu kabari naho abana batatu bafatwa ku ngufu.
Polisi mu Karere ka Muhanga yataye muri yombi Dushimumuremyi Fulgence bakunze kwita Komando cyangwa Talibani, wayoboraga ibitero by’urugomo bihungabanya umutekano mu birombe by’amabuye y’agaciro.
Umudugudu wa Nganzo mu Kagari ka Rugogwe mu Murenge wa Muhororo, ku gice cyo haruguru y’umuhanda wa Kaburimbo, niho higanje ibirombe by’amabuye y’agaciro acukurwa na Kompanyi ya Ruli Mining Ltd.
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa 21 Ukuboza 2024 waatangaje ko rwafunze Mbyayingabo Athanase na Nsabimana Cyprien, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Uturere twa Rusizi na Kirehe na Rutikanga Joseph, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imirimo Rusange mu Karere ka Nyamasheke.
Umudugudu wa Gakoma, Akagari ka Rwisirabo, Umurenge wa Karangazi, umaze imyaka irindwi utarangwamo icyaha.
Polisi y’u Rwanda irakangurira Abanyarwanda kwirinda ibintu byose byahungabanya umutekano, muri ibi bihe by’iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani bisoza umwaka wa 2024.
Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa 18 Ukuboza yerekanye abantu 16 bakurikiranyweho ibyaha birimo kwiba inka zisaga 100 z’abaturage mu turere twa Gasabo, Nyarugenge, Rulindo, Gicumbi na Gakenke.
Umuyobozi w’Urwungwe rw’amashuri rwa Nyarupfubire, Gatare Jacques, arashakishwa n’inzego z’umutekano akekwaho gukubita no gukomeretsa byavuyemo urupfu.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima RBC kiratangaza ko ikigereranyo cy’abana b’abangavu 25 buri munsi mu Rwanda babyara, naho abangavu 25/1000 mu babyeyi babarirwa mu bihumbi 300 babyara buri mwaka.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yabasabye abapolisi kumenya ko bafite inshingano zo gukora kinyamwuga, haba mu kurinda umutekano no kugeza ku banyarwanda ibikora by’iterambere.
Inzu 19 zasenywe n’imvura yakurikiwe n’umuyaga mwinshi mu Karere ka Ngoma, Umurenge wa Jarama.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze Kamayirese Innocent, umukozi ushinzwe kurengera ibidukikije mu Karere ka Rutsiro, akurikiranweho kwaka ruswa y’amafaranga abantu batandukanye kugirango abahe ibyangombwa byo gucukura amabuye n’umucanga.
Mu Mirenge ya Bumbogo na Nduba yo mu Karere ka Gasabo, Polisi yafashe abagabo babiri bibaga abaturage biyita abakozi b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC) kugira ngo babone uko binjira mu bipangu by’abantu.
Kuri Rond-Point nini yo mu Mujyi wa Kigali rwagati habereye impanuka y’imodoka ebyiri zagonganye. Abantu babiri bakomerekeye muri iyo mpanuka, bajyanwa kuvurirwa ku Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK).