Kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Nyakanga 2020, Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, rwategetse ko Dr. Pierre Damien Habumuremyi wahoze ari Minisitiri w’Intebe afungwa iminsi 30 y’agateganyo, mu gihe iperereza rigikomeje ku byaha aregwa byo gutanga sheki itazigamiye n’ubuhemu.
Rutahizamu Hakizimana Muhadjili wari umaze iminsi avugwa mu ikipe ya Rayon Sports, ubu yamaze kuyisinyira amasezerano y’umwaka umwe
Barore Cleophas ni umugabo w’igikwerere umaze imyaka isaga 25 mu mwuga w’itangazamakuru, akaba yarakoze muri Orinfor yaje kuba RBA kuva yatangira akazi k’ubunyamakuru kugeza magingo aya.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, yasobanuriye Inteko Ishinga Amategeko (imitwe yombi) imiterere y’icyorezo cya Covid-19 nyuma y’amezi ane kimaze kigeze mu Rwanda.
Umuturage wo mu Murenge wa Cyamzarwe mu Karere ka Rubavu, yarashwe mu ijoro ryakeye, mu Kagari ka Busugari mu Mudugudu wa Bisizi, yikoreye urumogi yari avanye muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo.
Guhera ku wa Mbere tariki 20 Nyakanga 2020, abagabo batatu bari mu maboko ya RIB sitasiyo ya Musheri mu Karere ka Nyagatare, bakekwaho kwiba sima zubakishwa amashuri mu Murenge wa Musheri.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe bwahagaritse kwakira ibibazo by’abaturage guhera kuri uyu wa kabiri tariki 21 Nyakanga 2020.
Ubwo gahunda ya #GumaMuRugo yatangiraga, hari abo byagoye cyane kuhaguma kuko batari kubona ibyo bafungura batagiye ku isoko guhaha, nubwo bari bafite ibyago byo kwandurirayo.
Colonel Nizeyimana Mark, umwe mu barwanyi b’umutwe wa FLN uherutse gufatirwa mu mashyamba ya Kongo Kinshasa, atangaza ko abakiri muri ayo mashyamba bafite umugambi wo gutera u Rwanda bagowe.
Bitewe n’icyorezo cya Covid-19, ‘Ballon d’Or’ igihembo gihabwa umukinnyi wahize abandi ku isi mu mupira w’amaguru mu bagabo n’abagore ntizatangwa muri uyu mwaka wa 2020.
Umusenateri wo muri Kenya yasabye imbabazi Abanyakenya kubera kurenga ku mabwiriza y’umukwabu yashyizweho mu gufasha guhagarika ubwandu bwa coronavirus.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yatangaje ko guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Nyakanga 2020, umudugudu Kidobogo wo mu Kagari ka Kigali mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge ukuwe muri gahunda ya #GumaMuRugo (Lockdown).
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 20 Nyakanga 2020, mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 47 banduye COVID-19.
Abagize Sendika y’abakora mu buhinzi n’ubworozi mu Rwanda (SYNATRAEL) bavuga ko uwari perezida wayo, Emmanuel Ngendambizi yayisubije inyuma kubera kuyicunga nabi, ari yo mpamvu bamweguje aranasimburwa, gusa we ibyo ntabikozwa.
Icyorezo cya Covid-19 cyatumye byinshi mu bihugu bifata imyanzuro yo kuba bihagaritse amashuri. Muri Kenya, ibi byateje ikibazo kuko abangavu benshi batangiye kugaragara ko batewe inda.
Miniteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko hakiri kare ngo abafite ibikorwa by’utubari bemererwe gufungura kuko byatuma ubwandu bwa COVID-19 burushaho gukwirakwira.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu rugamba rwo guhangana na Covid-19, u Rwanda rwateganyije ingengo y’imari ingana na miliyoni 73 z’amadolari ya Amerika, ni ukuvuga amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyari 70, agomba gukoreshwa mu gihe cy’amezi atandatu.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, arasaba abarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 barenga 500 batarayitaba kwihutira kujyayo batarafatwa.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko kuva ku Cyumweru tariki ya 19 Nyakanga 2020, umuryango we wishimiye kuba babonye umwuzukuru.
Abakirisitu basengera muri ADEPR-Muhoza mu Karere ka Musanze, barishimira umuhigo besheje wo kubaka urusengero rujyanye n’igihe, aho rugiye kuzura rutwaye amafaranga agera kuri miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda.
Umukino wa Tennis mu Rwanda ni umwe mu mikino yemerewe kongera gukora imyitozo ariko birinda gukwirakwiza icyorezo cya Coronavirus.
Ikipe ya Kiyovu Sports yatangaje ko yababajwe no kuba APR Fc yarasinyishije Nsanzimfura Keddy bavuga ko yari akibafitiye amasezerano.
Abagiye bahohoterwa mu ngo bakaza gufashwa bakiyunga n’ababahohoteraga, bavuga ko babanye neza na bagenzi babo, ariko ko nubwo babababariye batabura kugira inkomanga ku mutima.
Ikipe y’Akarere ka Bugesera y’abagore bafite ubumuga bakina imikino y’intoki, ariko bakina bicaye, (Bugesera Women sitting volleyball na seat ball), yatwaye ibikombe bitandukanye yikurikiranya mu myaka ishize, ku buryo yari yizeye gutwara n’igikombe cy’umwaka w’imikino wa 2019-2020, ariko Covid-19 yayikomye mu nkokora.
Abaturage bo muri imwe mu midugudu itaragezwamo amashanyarazi yo mu Karere ka Musanze bavuga ko bamaze igihe mu gihirahiro batewe no kuba bataragezwaho umuriro w’amashanyarazi, nyamara abo mu yindi midugudu bihana imbibi bo baramaze kuyabona.
Mu gihe siporo, byumwihariko umupira w’amaguru itarakomorerwa mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa rya COVID-19, bamwe mu rubyiruko ku bibuga binyuranye hirya no hino mu Karere ka Musanze bakomeje gukina.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri iki Cyumweru tariki 19 Nyakanga 2020, mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 43 banduye COVID-19.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera, aravuga ko hari gukorwa iperereza ngo hamenyekane aho imyenda igaragara ko ari iy’umupolisi w’u Rwanda w’ipeti ry’inyenyeri ebyiri, (Inspector of Police) yaba yaraturutse ngo igere ku mujura uherutse gufatwa ayambaye.
Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki 19 Nyakanga 2020, abagenzi bagera muri 30 bavaga mu Karere ka Gatsibo berekeza i Gicumbi, barokotse impanuka ya Bisi ya Sosiyete itwara abagenzi ya Ritco, nyuma y’uko iguye mu mugezi.
Bamwe mu bakobwa n’ababyeyi bavuga ko nubwo abana baba barasambanyijwe bagatwita imburagihe, gukuramo inda atari wo muti kuko bishobora kubagiraho ingaruka.
Colonel Iyamuremye Emmanuel wari uzwi ku mazina ya ‘Colonel Engambe Iyamuseya’ wabarizwaga mu mutwe wa FLN akaza gufatwa n’ingabo za Kongo Kinshasa akoherezwa mu rwanda ari kumwe n’abandi basirikare 56, yavuze ko yicuza imyaka yose yamaze mu mashyamba ya Kongo yizezwa ibitangaza.
Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Uwanyirigira Marie Chantal, aratangaza ko mu nsengero zibarizwa muri aka Karere, rumwe rwonyine ari rwo rwujuje ibisabwa mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19, rukaba ari na rwo rwahawe uburenganzira bwo gufungura imiryango.
Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 18 Nyakanga 2020, umuhanzi Queen Cha ni we wari utahiwe gutaramira Abanyarwanda mu gitaramo cyiswe "Iwacu Muzika Festival’.
Kuri iki cyumweru tariki ya 19 Nyakanga 2020, hirya no hino mu gihugu zimwe mu nsengero zamaze kugaragaza ko zujuje ibisabwa kugira ngo zemererwe kongera gufungura, kandi zikabiherwa icyemezo, abayoboke bazo batangiye kwitabira amateraniro.
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu tariki 18 Nyakanga 2020, imodoka yari irimo Sembagare Samuel wahoze ayobora Akarere ka Burera yakoze impanuka, we n’abo bari kumwe barakomereka ariko ntawitabye Imana.
Urugaga rw’Abahinzi n’Aborozi bo mu Rwanda rwitwa ‘Imbaraga’ ruvuga ko muri iki gihe cya Covid-19, abahinzi babuze aho bagurisha umusaruro bikabateza igihombo.
Habumukiza Theoneste wari uzwi ku izina rya Antreparanthèse mu nyeshyamba, akaba n’umwe mu nyeshyamba zagabye igitero mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, yasobanuye byinshi kuri icyo gitero.
Kiliziya ya Paruwasi Gatolika ya Saint André Gitarama yo mu Mujyi wa Muhanga ikaba ibarizwa muri Diyosezi ya Kabgayi, ni imwe muzitegura gufungura nk’uko n’ahandi bimeze, ariko ngo ikazakira abakirisitu 300 muri misa imwe mu gihe yajyaga yakiraga abagera ku 2,000 mbere ya Covid-19.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa gatandatu tariki 18 Nyakanga 2020 mu Rwanda umuntu wa gatanu yishwe na COVID-19. Uwo ni umukecuru w’imyaka 88 wo mu Karere ka Nyamasheke.
Nkuko umuntu wese agira ubwoko bw’amaraso (A, B, AB na O) ni na ko umuntu wese agira imiterere y’amarso bita RESUS, igaragazwa n’akamenyetso ko guteranya (+) cyangwa ako gukuramo (-).
Itsinda rikora igenzura mu nsengero rireba izujuje ibisabwa kugira ngo zikore mu Karere ka Nyagatare, zasanze 13 kuri 326 ari zo zakoze ibishoboka ku buryo kuri iki cyumweru zitangira gukora.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwemeza ko rutahizamu Yannick Bizimana atakiri umukinnyi wayo
Abatuye mu Mudugudu wa Kibyibushye mu Kagari ka Gitita ho mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru, barifuza kwegerezwa serivise z’ubuvuzi kuko ngo na mituweri basigaye bayiriha 100%.
Abaroba isambaza baravuga ko bishimiye imitego yiswe ‘icyerekezo’ ubu iri mu igeragezwa mu gukoreshwa mu burobyi bw’isambaza mu Rwanda, ikaba yasimbura iyindi isanzwe ikoreshwa kuko ifasha mu kuroba isambaza nini.
Kiliziya Nkuru ya Mutagatifu Pierre na Mutagatifu Paul yo muri Nantes mu Bufaransa yibasiwe n’inkongi y’umuriro.
Hashize amezi arenga ane icyorezo cya Coronavirus kigeze mu Rwanda. Icyo cyorezo cyahungabanije ibintu byinshi ku buzima bw’abatuye isi ndetse n’Abanyarwanda by’umwihariko.
Nyinawandwi Epiphanie wo mu Mudugudu wa Mirama ya kabiri Akagari ka Nyagatare Nmurenge wa Nyagatare avuga ko umwana we yavukanye ubumuga bw’ururimi ruteguka ndetse n’ahanyura umwanda hato ariko yabuze ubushobozi bumuvuza.
Inama Nkuru ishinzwe Amashuri Makuru (HEC) irateganya gushyiraho amabwiriza akakaye ku bashoramari bateganya gushinga kaminuza zigenga n’amashuri makuru mu rwego rwo kuzamura ireme ry’uburezi muri ibyo bigo.
Akarere ka Nyaruguru kabimburiye utundi turere two mu Rwanda mu kuzuza ibyumba by’amashuri byubatswe ku nkunga ya Banki y’Isi.