Abagize ishyirahamwe ‘Pourquoi Pas’, bafunguye isomero bitiriye izina ryabo mu mujyi wa Muhanga, mu rwego rwo gufasha abashaka kwihugura mu rurimi rw’Igifaransa, gukora ubushakashatsi no kwigira ku byanditswe n’impuguke mu bumenyi bw’Igifaransa.
I Kigali mu murwa mukuru w’u Rwanda hasojwe iserukiramuco ‘Ubumuntu Arts Festival’ ryari rimaze iminsi itatu guhera tariki 14 kugeza tariki 16 Nyakanga 2023. Ni iserukiramuco ryaberaga ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, rikaba ryabaga ku nshuro yaryo ya (...)
Iserukiramuco ‘Ubumuntu Arts Festival’ rigiye kubera i Kigali ku nshuro ya cyenda, guhera tariki 14 kugeza tariki 16 Nyakanga 2023.
Nyuma y’i Nyanza Twataramye na Gikundiro ku ivuko byajyaga bisusurutsa abanyenyanza, hagiye kwiyongeraho Iserukiramuco (Nyanza Cultural Hub), noneho riizajya rigaragarizwamo imico y’ibihugu binyuranye.
Ubwo bagiranaga ikiganiro n’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari twose two mu Rwanda bazwi nka ‘Rushingwangerero’ nk’izina ry’ubutore bahawe, yabashimiye uburyo bavuga neza Ikinyarwanda, abasaba gufasha bamwe mu bayobozi babakuriye kunoza urwo (...)
Yavuye mu Rwanda muri 2012 arangije kwiga muri Kaminuza y’u Rwanda (NUR), yerekeza muri Leta zunze Ubumwe za Amerika (USA), agira ngo agiye muri Paradizo cyangwa mu Ijuru, ariko ngo yasanze ubuzima butandukanye n’uko yabyibwiraga.
Umubyeyi witwa Ndacyayisenga Clementine utuye mu Karere ka Rwamagana, Umurenge wa Nzige, Akagari k’Akanzu, avuga ubwiza bw’agaseke kariho udushumi yaguze ku mafaranga ibihumbi bitandatu(6000Frw), kuri we ngo hari ubwo kamurutira amasakoshi asanzwe.
Junior Rumaga avuga ko guhanga ibisigo ndetse no kwandika indirimbo ari inganzo yamuganje imutera gukomeza gusigasira umuco nyarwanda. Mu kiganiro aherutse kugirana na Kigali Today, Junior Rumaga avuga ko ubuhanzi bwe nta muntu nyirizina yavuga yabukomoyeho ahubwo ko ari ingabire (...)
Kwizihizwa umunsi w’Umuganura mu Rwanda ni uguha agaciro umuco nyarwanda, no gushishikariza abakiri bato gukora bakiteza imbere ndetse no kwishimira ibyagezweho.
Ibyo ni ibyavuzwe na Dr Karusisi Diane, ubwo yari mu muhango wo kumurika igitabo cyiswe ‘Shaped’ cyanditswe na Umuhoza Barbara, atewe inkunga na Banki ya Kigali muri gahunda yayo ifite yo gutera inkunga abanditsi b’Abanyarwanda.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard, yabwiye abakuru b’imidugudu bo mu Karere ka Nyaruguru ko izina ‘Kibeho’ rituruka ku bakurambere b’i Nyaruguru bavuze bati turwanire igihugu, kibeho.
Birasa Bernard ni umuhanzi w’umunyabugeni mberajisho (gushushanya, kubumba, kubaza amashusho mu giti), akaba n’inararibonye mu kazi ko gufata amashusho (cameraman) yaba aya televiziyo, filime n’ibindi.
Umuryango udaharanira inyungu witwa ‘NABU’ wanahawe igihembo mu bijyanye no guteza imbere umuco wo gusoma, watangije uburyo bushya bwongerera abana bo mu Rwanda ubumenyi mu byo gusoma inyandiko kuri Interineti.
Urubyiruko rufite impano y’ubugeni, ni ukuvuga gukora ibintu bishushanyije, bibajije mu biti cyangwa mu mabuye ndetse n’ibibumbano, rusaba Leta kurwitaho mu guteza imbere izo mpano zabo.
Ni kenshi abakuru bakunze gutunga urutoki abakiri bato mu kwangiza ururimi, by’umwihariko abahanzi bakurikirwa na benshi biganjemo abakiri bato n’urubyiruko.
Mu Rwanda rwo hambere hari ibiribwa n’ibinyobwa bimwe na bimwe byaharirwaga abagore n’abana, bigafatwa nk’ikizira ku bagabo. Nyamara bimwe muri byo uyu munsi hari abagabo wabyima mukabipfa.
Rutare, ni kamwe mu dusantere Akarere ka Gicumbi kavuga ko kazagira umujyi wunganira umurwa mukuru wako, hakaba hitaruye cyane umuhanda wa kaburimbo werekeza i Byumba, aho umuntu uva i Kigali akatira mu kuboko kw’iburyo yerekeza ku kiyaga cya Muhazi.
Buri wa Gatanu w’icyumweru cya mbere cy’ukwezi kwa munani, u Rwanda rwizihiza umunsi mukuru w’Umuganura. Umuganura, ni umunsi w’ubusabane aho imiryango ihura igasangira, bishimira ibyiza byagezweho ari nako hafatwa ingamba zo kuzagera kuri byinshi umwaka (...)
Ikiganiro urukumbuzi gikunzwe na benshi gihita kuri KT Radio buri wa gatandatu kuva mu masaha ya mu gitondo kugeza saa sita z’amanywa, cyibanda ku buzima bunyuranye bw’ibihe byahise.
Abatuye mu Karere ka Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba, bafata ururimi rw’ikirashi nk’umutungo ukomeye, kuko rubafasha gusabana no guhahirana n’igihugu cy’abaturanyi cya Tanzaniya mu buryo buboroheye.
Urubyiruko rw’Itorero rya Pantekote mu Rwanda (ADEPR), ruratangaza ko rufite umutwaro wo gukomeza gusigasira amahoro igihugu gifite, kiyakesha urubyiruko rwafashe iya mbere mu kubohora igihugu no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Igitabo “Goliyati Araguye” cyanditswe na Musenyeri Bilindabagabo Alexis wahoze ayobora itorero Angilikani muri Diyosezi ya Gahini kuri ubu uri mu kiruhuko cy’izabukuru.
Abanyarwanda benshi cyane cyane abakuze, bakunze kuvuga ko umuco watakaye, cyangwa babona umuntu wambaye imyenda migufi cyangwa indi myambarire imenyerewe nk’igezweho ku rubyiruko, bakavuga ko uyambaye yishe umuco.
Abanditsi b’ibitabo mu Rwanda bakunze kuvuga ko bahendwa mu macapiro yo mu gihugu, ababicapa n’ababicuruza bakavuga ko ikibazo ari ibikoresho bakura hanze bibahenda kubera imisoro, ari na ho benshi bahera bavuga ko ibitabo byo mu Rwanda bihenze.
Mu muco Nyarwanda, Abanyarwanda bitaga umwana izina nyuma y’iminsi umunani avutse, bakamwita izina bitewe n’icyo bamwifuriza ko azaba.
Umuhango wo kurya ubunnyano wakorwaga umwana amaze iminsi umunani avutse kugira ngo ahabwe izina, nubwo kuri ubu hari abaganiriye na Kigali Today bemeza ko ukorwa hake cyangwa ugahuzwa n’indi mihango, aho ushobora gusanga umwana yiswe izina nka nyuma y’ukwezi, ariko amazina ye asanzwe azwi, ndetse n’ibiribwa byakoreshwaga muri (...)
Kuvuga no kwandika ikinyarwanda cy’umwimerere, ni ingingo ikunze kugarukwaho mu biganiro bitandukanye bitambuka ku ma radio na televiziyo anyuranye cyane cyane ku bantu bakunze kumvwa na benshi mu Rwanda.
Rwanda Cultural Fashion Show ni igikorwa kiba buri mwaka, kikaba kigiye kuba ku nshuro ya karindwi. Nk’uko Uwimbabazi Monique, umwe mu bategura ibirori bya Rwanda Cultural Fashion Show yabitangarije Kigali Today, kuri iyi nshuro iki gikorwa kirimo udushya twinshi tutari (...)
Ku cyumweru tariki 18 Kanama 2019, itsinda ry’impunzi z’Abarundi zituye mu Rwanda zaserutse mu irushanwa ryo kwerekana impano muri Kenya (East Africa’s Got Talent) maze rishimisha benshi cyane.
Abahanga mu by’indimi bemeza ko Ikinyarwanda ari ururimi rwihagije nubwo hatabura gutira amagambo amwe n’amwe, ariko ngo abashaka kugaragaza ko ari abasirimu ni bo baruvangira amagambo y’indimi z’amahanga ngo berekane ko bize.