Igihe cy’iminsi mikuru isoza n’itangira umwaka, ni igihe benshi mu bayizihiza bategura neza, bagategura uburyo bazahaha ibintu binyuranye byo kwizihiza iyi minsi mikuru. Akenshi hagurwa cyane ibyo kurya, ariko hakibandwa cyane ku bifatwa nk’imbonekarimwe kuri bamwe, ariko hagurwa n’ibindi byo kurya, imyambaro, impano n’ibindi.
Polisi y’u Rwanda irasaba abaturarwanda muri rusange kwishimira iminsi mikuru ariko birinda kubangamira abaturanyi babo bakoresheje amajwi asakuza.
Rayon Sports na Mukura zanganyije igitego 1-1 w’ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, umukino wabereye mu karere ka Nyanza.
Urukiko rukuru urugereko rwa Nyanza ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rwasubitse urubanza rwa Nsabimana Callixte ku byaha ashinjwa yagombaga gutangira kuburana mu mizi kuri uyu wa 24 Ukuboza 2019.
Inzego za Leta hamwe n’abafatanyabikorwa, bagaragaza imishinga n’ibyemezo bijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi byagezweho muri 2019, bishobora kuba amahirwe ku bahinzi-borozi n’abandi bashoramari mu mwaka mushya wa 2020.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu mujyi wa Kigali, iratangaza ko ifunze Umugande witwa Mugenyi Rachid w’imyaka 27, ukekwaho kunyuza ibiyobyabwenge bya mugo (heroine) mu Rwanda.
Muri rusange imbuto ni ingenzi mu kuzuza ifunguro rikwiriye, ariko uyu munsi turavuga ku byiza byo kurya urubuto rwitwa ‘Watermelon’ mu Cyongereza, cyangwa ‘Pastèque’ mu gifaransa. Twibanda ku byiza ruzanira abarurya.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko yinjije abagize umuryango we muri gahunda ya ‘Connect Rwanda’ igamije gukusanya telefoni zigezweho (Smartphones) zikazahabwa imiryango ikennye na yo ikinjira mu ikoranabuhanga bitarenze impera z’umwaka wa 2020.
Bamwe mu bamaze igihe barwariye mu bitaro bikuru bya Ruhengeri baravuga ko batangiye kugarura icyizere cyo gukira indwara bamaranye igihe kirekire, nyuma y’uko bafashijwe kwishyurirwa ikiguzi cy’ubuvuzi bari barabuze uko bishyura kubera ubukene.
Abashakashatsi bahujwe na Komisiyo y’u Rwanda ikorana n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burezi, ubumenyi n’umuco (UNESCO), bagaragaza ko amazi n’ubutaka by’u Rwanda birimo kwangirika ku rugero rukabije.
Nyuma yo gutsindwa na mukeba ibitego 2-0 kuri uyu wa Gatandatu, umutoza wa Rayon Sports Javier Martinez Espinoza ahise asezererwa
Buri mpera z’umwaka haba hari iminsi mikuru ikomeye Abanyarwanda, ndetse n’abatuye Isi muri rusange, bizihiza. Tariki ya 25 Ukuboza abakristo bemera Yesu/Yezu bizihiza isabukuru ye y’amavuko nk’umwana w’Imana n’umukiza, ni mu gihe tariki ya mbere Mutarama uba ari umunsi wo gutangira umwaka mushya hasozwa undi.
Abana bo mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge basangiye Noheli n’umuryango NDERA NKURE MUBYEYI, barahamya ko ari umunsi w’amateka kuri bo nyuma y’uko ababyeyi bo muri uyu muryango bidagaduye na bo mu mikino y’abana.
Kuva kuri uyu wa mbere tariki 23 Ukuboza 2019 imodoka ziva i Kigali zerekeza mu ntara zitandukanye zatangiye kubura, ku buryo bamwe mu bagenzi badafite icyizere cyo kuzasangira Noheli n’imiryango yabo.
Abantu bagira uburyo butandukanye bwo kurimba, hari abagore n’abakobwa bavuga ko icyo bakwambara cyose batakumva ko barimbye mu gihe batashyizeho inkweto ndende. Hari abibaza niba izo nkweto ndende ari nziza ku buzima bw’abazambara.
Muri uyu mwaka wa 2019, indwara ya Ebola yibasiye Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), cyane cyane ibice bimwe by’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru ihana imbibi n’u Rwanda, ndetse yageze no mu mujyi wa Goma uhana imbibi n’akarere ka Rubavu bitera ubwoba Abanyarwanda bityo hafatwa ingamba zikomeye zo kuyikumira harimo (…)
Muri uyu mwaka wa 2019, mu Rwanda habaye ibitaramo byinshi, ariko hari ibyagiye bisigara mu mitwe ya benshi. Kigali Today, yifuje kukwibutsa bimwe mu bitaramo byaranze uyu mwaka, bikitabirwa n’abantu benshi.
Ni igitaramo ngarukamwaka cyiswe Christmas Carols Concert gitegurwa na Chorale de Kigali, icy’uyu mwaka kikaba cyabaye mu ijoro ryo kuwa 22 Ukuboza 2019 muri Kigali Conference &Exhibition Village (Camp Kigali).
Bimenyerewe ko abantu bakoresha imiti y’amenyo inyuranye mu rwego rwo kuyasukura ndetse no kuyarinda indwara zitandukanye, ariko hari n’abakoresha imiti y’amenyo ikozwe mu makara kugira amenyo yabo arusheho gucya cyane.
Abanyamuryango ba Koperative y’abamotari ba Karangazi KRMC barasaba ubuyobozi kubafasha RIM ikabaha igihe kiringaniye cyo kwishyura umwenda bayifitiye batagizemo uruhare mu kuwaka.
Manzi Aloys, Umunyarwanda uba mu Bwongereza yahembye abanyeshuri 32 biga mu mashuri abanza ku bigo birindwi by’amashuri abanza mu Murenge wa Base mu Karere ka Rulindo bagize amanota ari hejuru ya 70 % mu bizamini bisoza umwaka w’amashuri wa 2019.
Kuri iki cyumweru tariki ya 22 Ukuboza 2019 muri Kigali Arena hasojwe ijonjora rya kabiri rya Basketball Africa Leaue (BAL).
Kompanyi mpuzamahanga yitwa Unimoni ikorera no mu Rwanda, isanzwe mu mpera z’umwaka yifatanya n’abana bo mu miryango itishoboye, ikifatanya na bo mu kwizihiza Noheli n’Ubunani, ibagenera ifunguro n’ibikoresho by’ishuri, ndetse bagahura bakidagadura.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi (REB), Dr. Ndayambaje Irené, aributsa ababyeyi bo mu Karere ka Nyagatare ko uruhare rwabo mu burezi n’uburere bw’abana babo rudasimburwa, bityo bakwiye gufatanya n’abashinzwe inzego z’uburezi kugira ngo intego z’uburezi zibashe kugerwaho.
Mugisha Gabriel hamwe na Mugisha Emmanuel batoraguwe ku gasozi ari impinja zikivuka, umwe nyina akaba yari yamutaye mu rutoki rw’i Nyamirama muri 2011, undi nyina yaramubyaye amuta ku cyuzi cyitwa Gikaya (muri Kayonza) muri 2013.
Urubyiruko rw’abanyeshuri biga mu Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro IPRC-Musanze, baravuga ko bari kubakira ku ikoranabuhanga kugira ngo bace intege abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside n’imigambi yo gupfobya cyangwa guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubuyobozi bwa Centre Culturel Vision Jeunesse Nouvelle n’urubyiruko ruhatorezwa impano zitandukanye, bibutse Uwiduhaye Yannick uheruka kwitaba Imana.
Kuva yagera ku isoko rya Afurika muri 2008, Sosiyete ya StarTimes icuruza ifatabuguzi ry’isakazamashusho n’ibikoresho bijyanye na byo, yakomeje guharanira ko buri muryango wose wo muri Afurika ushobora kugerwaho n’ibyiza byo gukoresha no kureba Televiziyo mu buryo bugezweho.
Mu matora ya Komite Nyobozi y’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare yabaye kuri iki Cyumweru, Murenzi Abdallah ni we utorewe kuba Perezida mu gihe cy’imyaka ibiri
Nyuma y’uko Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda asabye Perezida Kagame gushyigikira gahunda ya ’Connect Rwanda’ igamije ko buri Munyarwanda yatunga telefoni igendanwa ikoranye ikoranabuhanga rigezweho (smartphone), Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatanze telefoni z’ubwo bwoko 1500.
Ikipe ya Patriots BasketBall Club yatsinze City Oilers yo muri Uganda amanota 81 kuri 51, ihita igera mu cyiciro cy’amakipe 12 muri Basketball Africa League, mu mukino warebwe na Perezida Paul Kagame.
Umuryango wita ku buzima bw’imyororokere (HDI) ku mugoroba wo ku itariki ya 20 Ukuboza 2019 watanze ibihembo ku banyamakuru batandukanye bahize abandi mu gukora inkuru zivuga ku buzima bw’imyororokere.
Ikipe ya APR Fc yihereranye Rayon Sports iyitsinda ibitego 2-0, mu mukino usoza imikino ibanza wabereye kuri Stade Amahoro
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB), sitasiyo ya Musanze, burakangurira abahinzi kujya bapimisha ubutaka mbere yo kubuhinga, kuko ari bwo buryo bwonyine butuma bamenya intungabihingwa ziri mu butaka, ubwoko n’ingano y’ifumbire ibihingwa bikeneye kugira ngo bikure neza, binatange umusaruro mwinshi.
Chairman w’Umuryango RPF-Inkotanyi akaba na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame arasaba abanyamuryango kwirinda ubwoba mu gihe barwana n’amakosa.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburezi, Samuel Murindwa, avuga ko Banki y’isi yagaragaje ko impuzandengo y’imyigire mu Rwanda igaragaza ko Abanyarwanda biga mu mashuri yisumbye na kaminuza bakiri bakeya, kuko imibare igaragaza ko Abanyarwanda biga imyaka itandatu n’ibice bitandatu (6,6).
Ikigo cy’Igihugu cyita ku burezi (REB) cyahembye abana bo mu mashuri abanza bakoze imishinga itandukanye mu buryo bw’ikoranabuhanga bifashishije mudasobwa, akaba ari amarushanwa yari ageze ku rwego rw’igihugu.
Mu kurushaho guteza imbere ubuhinzi bw’ibirayi hagamijwe kongera umusaruro, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), gikomeje gushakira abahinzi uburyo bakongera umusaruro w’ibirayi, aho ubu hari kugeragezwa imbuto nshya z’amoko atandatu y’ibirayi.
Ku munsi wa kabiri w’Inama y’Igihugu ngarukamwaka y’Umushyikirano wabaye ku nshuro ya 17, hibanzwe ku ruhare rw’umuryango utekanye mu kwigira kw’Abanyarwanda.
Urubyiruko rw’Itorero rya Pantekote mu Rwanda (ADEPR), ruratangaza ko rufite umutwaro wo gukomeza gusigasira amahoro igihugu gifite, kiyakesha urubyiruko rwafashe iya mbere mu kubohora igihugu no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umushyikirano wa 17 wasoje kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Ukuboza 2019, wagaragayemo umwihariko wo kwimakaza imyambaro ikorerwa mu Rwanda. Ibi birashimangira Politike y’Igihugu yo gushyigikira ibikorerwa mu Rwanda bizwi nka Made in Rwanda mu rwego rwo kugabanya ibitumizwa mu mahanga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko n’ubwo ataragura, ariko iyo arebye akagereranya uko imyaka ishira, asanga ibyiza bikomeza kurushaho kugaragara uko imyaka itambuka.
Banki y’Amajyambere y’u Rwanda (BRD) yatangaje ko Inama y’Ubutegetsi yayo yagize Kampeta Sayinzoga Pichette, Umuyobozi Mukuru wa BRD, asimbuye Eric Rutabana wari uyoboye iyi Banki kuva muri 2017.
Kuva tariki 16 kugeza tariki 19 Ukuboza 2019, abantu batatu bafatiwe mu bikorwa byo kwiba umuriro w’amashanyarazi.
Bamwe mu Banyarwanda bakomeje gukorerwa iyicarubozo muri gereza zinyuranye zo mu gihugu cya Uganda, aho mu buhamya bwabo bemeza ko bakoreshwa imirimo y’agahato mu gihe cy’umwaka n’igice, baratangaza ko ubashije kubona amashilingi angana na miliyoni imwe n’ibihumbi 200 ari we urekurwa.
Ikipe ya Patriots BBC yatsinze GNBC yo muri Madagascar amanota 94 kuri 88 mu mukino witabiriwe na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame.