Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryamaze kumenyesha amakipe ya Gicumbi na Heroes ko icyemezo cyafashwe cyo kumanuka mu cyicoro cya kabiri kidahinduka
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro butangaza ko bwahagaritse abakozi 16 barimo abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge batanu mu gihe cy’amezi atandatu, bakekwaho kunyereza umutungo.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco irahamagarira abahanzi, amatsinda y’abantu cyangwa ibigo biteza imbere abahanzi, n’inganda ndangamuco (Cultural and creative industry) muri rusange kwiyandikisha, kugira ngo bahabwe ubufasha bubazahura nyuma y’ingaruka bagizweho na Covid-19.
Kuri uyu wa kane tariki 06 Kanama 2020, Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron, arasura Liban mu rwo kwifatanya n’iki gihugu, nyuma y’iminsi ibiri habaye iturika ridasanzwe ryahitanye abagera ku 113 abandi 4000 bagakomereka ku cyambu cya Beirut muri Liban. Niwe mu Perezida wa mbere usuye iki gihugu nyuma y’ibi byago, ari no (…)
Umuyobozi w’ihuriro ry’aborozi mu Karere ka Nyagatare Gashumba Gahiga avuga ko muri iyi minsi amata agera ku makusanyirizo yagabanutse bitewe ahanini n’ibiza ndetse n’izuba ryinshi.
Abantu basaga 5000 bahatanira imyanya 11 y’akazi mu Karere ka Muhanga baravuga ko kubera ko akazi ka Leta ari gake kandi nta gishoro gihagije mu kwihangira imirimo, ari yo mpamvu yo kwitabira ibizamini by’ipigana kuri iyo myanya n’ubwo baba babona ko itabakwira.
Abapolisi bagize ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ubucuruzi bunyereza imisoro (RPU) ku bufatanye n’izindi nzego, ku wa Kabiri tariki ya 4 Kanama 2020 bafashe Tuyishime Jean Claude w’imyaka 19, Sindayiheba Emmanuel w’imyaka 25, Gasore Lionçeau w’imyaka 19 na Nkurunziza Jean de Dieu w’imyaka 22. Bose bafatiwe mu Karere ka (…)
Umworozi wo mu Mudugudu wa Gihorobwa mu Kagari ka Rutaraka, Umurenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare arasaba Akarere kumutiza aho yaba yororeye inka kubera ko urwuri rwe rwarengewe n’amazi.
Abagize urugaga mpuzamahanga rw’abashakashatsi kuri Jenoside (RESIRG asbl) rufite icyicaro mu Bubiligi, bashyize ahagaragara itangazo rivuga ko bishimiye ibyavuzwe n’Umwami w’u Bubiligi Philippe, uheruka kwemera ku mugaragaro ko yicuza ibikorwa by’ubugizi bwa nabi n’ubugome byaranze Ababiligi muri Repubulika Iharanira (…)
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Kanama 2020, mu Rwanda habonetse abarwayi bashya batanu banduye COVID-19, abandi 15 bari barwaye bakaba bakize.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko yiyemeje kuzasezeranya Jérémie Nzindukiyimana bivugwa ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbazi yabyangiye yari yageze ku murenge n’umugeni we.
Isima y’u Rwanda ikomeje guhenda ku isoko ryo hirya no hino mu gihugu, kuko igiciro gishyirwaho n’uruganda rwa CIMERWA ku bufatanye na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) abacuruzi batacyubahiriza.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) ruratangaza ko kuva tariki ya 15 Kanama 2020, ingendo kuri Moto mu Mujyi wa Kigali zizajya zishyurwa hakoreshejwe mubazi, urugendo ruto rukazajya rwishyurwa amafaranga y’u Rwanda Magana atatu (300Frw).
Uwo mukecuru wakatiwe gufungwa imyaka 35 uhereye tariki 4 Kanama 2020, yitwa Joyce Wairimu Kariuki akaba kandi ngo atari ubwa mbere afunzwe, kuko yigeze gufungwa na none azira kuba yaragize uruhare mu bujura bw’ibinyabiziga bwabayeho mu myaka ya za 2018 na 2019, mu mijyi ya Nakuru, Nairobi na Mombasa, iyo mijyi yose ikaba (…)
Minisiteri y’Ubutabera(MINIJUST), Urwego rushinzwe Iterambere(RDB) hamwe na Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Innovasiyo, byatangije ku mugaragaro ikoranabuhanga rikorera mu risanzweho rya IECMS, kugira ngo byihutishe guhesha abantu ibyo batsindiye mu manza.
Amakipe hafi ya yose akomeye i Burayi yamaze gutangaza imyambaro azakinana mu mwaka w’imikino wa 2020/2021.
COOJAD ubundi ni impine y’amagambo y’Igifaransa(Cooperative de la Jeunesse pour l’auto-emploi et le developpement),bishatse kuvuga mu Kinyarwanda ko ari Koperative y’urubyiruko rugamije kwihangira umurimo no kwiteza imbere.
Umukozi w’Akarere ka Nyagatare uyobora ishami ry’ubuhinzi, ubworozi, amashyamba n’umutungo kamere, avuga ko gutwika ibisigazwa by’imyaka ari ugutubya umusaruro.
Ku wa kabiri tariki ya 04 Kanama 2020, umurwa mukuru wa Liban washegeshwe bikomeye n’ibiturika bibiri byaturikiye ku cyambu cya Beirut, ku ikubitiro bigahitana abagera kuri 78 abandi 4000 barakomereka, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’ubuzima muri iki gihugu.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Kanama 2020, mu Rwanda habonetse abarwayi bashya barindwi banduye COVID-19, abandi 53 bari barwaye bakaba bakize.
Itangazo rya cyamunara ryashyizwe ahagaragara ku wa kabiri tariki 04 Kanama 2020, rivuga ko hari imitungo ya kaminuza ya UNIK (yahoze yitwa INATEK) igiye kugurishwa kugira ngo hishyurwe imyenda yari ifitiye umwe mu bayireze mu rukiko akanayitsinda.
Kuva tariki ya 01 Nyakanga kugera tariki ya 03 Kanama 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya1,050 banduye icyorezo cya COVID-19. Muri bo, abo mu Ntara y’Iburengerazuba bari 300 bavuye mu turere twa Rusizi, Nyamasheke, Rubavu, Rutsiro na Nyabihu.
Banki ya Kigali(BK) ivuga ko umuhinzi wese uri muri gahunda ya ‘Smart Nkunganire’ ashobora gusaba inguzanyo yo kugura imbuto, ifumbire, imiti n’ibindi yakenera mu mushinga we.
Abakora uburaya bo mu Karere ka Rulindo, baratangaza ko gusobanukirwa icyo amategeko ateganya ku gukuramo inda, byatumye bafata umwanzuro wo kutazongera kuzikuramo mu buryo bwa magendu, dore ko byanabagiragaho ingaruka zirimo ubumuga, urupfu cyangwa indwara zidakira.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) rivuga ko n’ubwo hari ubushakashatsi bwinshi ku rukingo rw’icyorezo cya Covid-19, abantu batagomba kwizera ko hari igitangaza kizabaho, kuko bishoboka ko nta muti cyangwa urukingo byaboneka.
Ubushakashatsi bwakozwe bugaragaza ko abantu 40% barwara Stroke ibica, naho 70% ikabasigira ubumuga bukomeye.
Iradukunda Julienne wo mu Mudugudu wa Rwarucura, Akagari ka Mbare, Umurenge wa Karangazi muri Nyagatare, asaba ubuyobozi kumufasha agahabwa ibitunga abana kuko umugabo we yamutaye akajyana imitungo yose n’isambu bahinganga akayirukanwamo.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump yatangaje ko urubuga rukunzwe cyane muri iyi minsi n’urubyiruko rwitwa Tik Tok rutazongera gukoreshwa muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, mu gihe cyose ruzaba rukiri mu maboko ya sosiyete y’Abashinwa, bitarenze tariki 15 Nzeri uyu mwaka kandi ko bitagibwaho impaka.
Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko amashuri na kaminuza bigiye kongera gufungura agaragaza ibisabwa kugira ngo abanyeshuri bashobore kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya COVID-19.
Hari abantu batandukanye batamenyereye iby’ubuhinzi, bibwira ko imboga zera cyane mu gihe cy’imvura, kuko amazi aba aboneka ari mesnhi bidasaba kuhira.
Kim Kardashian West, arimo kugerageza gusaba umugabo we Kanye West guhagarika ibikorwa byo kwiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA).
Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko yiteguye gufasha impunzi z’Abarundi zifuza gutahuka ku bushake bwazo, nyuma y’uko bitangajwe ko impunzi zicumbikiwe mu nkambi ya Mahama zasabye igihugu cyazo kuzifasha gutahuka.
Abatoza n’abakinnyi ba APR FC bihaye intego zo kwitwara neza ku ruhando mpuzamahanga, mu nama yabahuje n’abayobozi bakuru b’iyi kipe.
Urwego rw’Ubugenzacyaha(RIB) rufunze abasore batatu ari bo Ihimbazwe Maurice, Yangeneye Emmanuel na Nshimiyimana Theogene bo mu mudugudu wa Gikumba, Akagari ka Gikoma mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, bazira kubaga imbwa bashaka gucuruza inyama zayo.
Ibihugu bya Brazil n’u Bushinwa byakunze gushinjwa guhisha imibare y’ukuri ku banduye n’abahitanywe n’icyorezo cya Covid-19. Iran na yo yiyongereye ku bihugu bitanga amakuru atari yo kuri iki cyorezo.
Ubusanzwe, abunzi bo ku rwego rw’Akagari ari narwo rwa mbere, bakemuraga ibibazo byananiranye gukemuka ku rwego rw’Akagari. Nk’uko bisobanurwa na Niyirora Rashid, umuyobozi w’Akagari ka Nyamata ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, umuntu ugiranye ikibazo n’undi, kibanza gukemurirwa ku rwego rw’isibo(ingo hagati 15-20) (…)
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 03 Kanama 2020, mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 30 banduye COVID-19.
Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’ikinyamakuru cya The East African, yagaragaje ko kudashyira hamwe nk’ibihugu mu muryango w’Afurika y’Uburasirazuba, bitorohera ibihugu guhangana n’ingaruka ziterwa n’icyorezo cya COVID-19.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye Ange Sebutege yatangaje ko aka karere kasoneye abaturage bafite ubutaka muri Huye bafite ibirarane bigeza muri 2018, ko Inama Njyanama yabasoneye ibyo birarane.
Umuhanzikazi w’Umwongereza Adele, akomeje kugaragaza urukundo afitiye mugenzi we Beyoncé, abinyujije ku rubuga rwa Instagram.
Uruganda rukora sima mu Rwanda rwa CIMERWA Plc, rwashyize imigabane yarwo yose ku isoko, aho umuturage ubishaka azajya agura umugabane umwe ku mafaranga y’u Rwanda 120, bityo ruba rubaye urwa 10 ku isoko ry’imari n’imigabane ry’u Rwanda (RSE).
Ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania yamaze gusezerera abakinnyi 14 barimo umunyarwanda Patrick Sibomana
Police y’u Rwanda yashyizeho uburyo bw’ikoranabuhanga bufasha abagenzi bajya n’abava mu mahanga mu ndege mu masaha akuze, kugira ngo batagira ingorane igihe barengeje igihe cyo kuba batari hanze (couvre-feu).
Nyuma yo gukomoera imwe mu mikino yo mu Rwanda ngo yongere gukora imyitozo, umukino wa Cricket ni umwe basubukura imyitozo inategura amarushanwa mpuzamahanga
Mu kiganiro Ubyumva Ute cya KT radio, cyari cyatumiwemo umunyamakuru Cleophas Barore ndetse na Depite Dr. Frank Habineza, bagarutse ku mikorere y’abanyamakuru bo mu Rwanda, bavuga ko badacukumbura.
Mu gihe amashuri afunze mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa rya COVID-19, bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye mu Karere ka Musanze, bavuga ko ikiruhuko kimaze kuba kirekire bahitamo kujya mu bucuruzi buciriritse.
Abashakashatsi mu by’ubuhinzi bavuga ko guhinga mu kuzimu bizafasha guhangana n’ibura ry’ibiribwa ndetse no gukumira iyangirika ry’umubumbe rikomeje gufata indi ntera bitewe n’ihindagurika ry’ikirere.
Ishami ry’ikigo gishinzwe amazi isuku n’isukura (WASAC) mu Karere ka Muhanga riratangaza ko umuyoboro mushya w’amazi uri kubakwa na Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AFDB) ari yo yitezweho gukemura burundu ikibazo cy’ibura ry’amazi mu Mujyi wa Muhanga.
Umushumba w’Itorero ry’Abangilikani mu Rwanda (EAR) Diyosezi ya Byumba, Musenyeri Ngendahayo Emmanuel, akangurira abakirisitu n’Abanyarwanda muri rusange kwirinda Covid-19 bubahiriza amabwiriza yashyizweho, ariko banashingiye ku byanditse muri Bibiliya.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba CIP Hamdoun Twizeyimana, avuga ko mu ijoro ryo kuri uyu wa 01 Kanama 2020 hafashwe abantu 906 muri iyi Ntara, kubera kurenga ku mabwiriza ajyanye no kwirinda indwara ya COVID-19.