Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 01 Kanama 2020, mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 20 banduye COVID-19.
Ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza yegukanye igikombe cy’igihugu kizwi nka FA Cup, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yifatanya n’abandi bakunzi bayo kwishimira intsinzi.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), ruratangaza ko Polisi y’u Rwanda yarashe David Shukuru Mbuyi w’imyaka 25 ukomoka muri Repubulika iharanira demukarasi ya Kongo, ashaka gutoroka aho yari afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyarugunga. Yakekwagaho icyaha cyo gusambanya no gucuruza bantu.
Abarenze ku mabiriza yo kwirinda COVID-19 mu Karere ka Ruhango batangiye gucibwa amande yagenwe n’Inama Njyanama y’Akarere mu mpera z’ukwezi kwa Nyakanga 2020, ahemejwe ko ayo mande agomba kuba hagati ya 1,000frw kugeza ku 50,000frw.
Abakinnyi 12 b’Ikipe y’Igihugu y’umukino wa Chess bitabiriye irushanwa rya Olempike ry’uyu mukino, uri kuba hifashishijwe ikoranabuhanga. Ni imikino yatangiye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 31 Kamena 2020 muri Saint Famille mu Mujyi wa Kigali, aho abitabiriye bari gukinira kuri Internet.
Umuryango wa Mukanzasaba Belancile utuye mu Karere ka Ruhango, uratangaza ko inka bahawe muri gahunda ya ‘Girinka Munyarwanda’ yabahinduriye ubuzima bakaba bageze ku rwego rwo koroza abaturanyi.
Nakure (izina twamuhaye) wabyaye impanga afite imyaka 15, akaba yari amaze amezi atatu abana n’umugiraneza, yasubijwe mu muryango we yatinyaga ko wamubwira gushyira abana uwamuteye inda.
Abantu babarirwa mu 2000 barenze ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus, biganjemo abafashwe batambaye udupfukamunwa cyangwa batwambaye nabi, baraye bafashwe bamwe barazwa muri sitade, abandi ku biro by’inzego z’ubuyobozi mu turere two mu Ntara y’Amajyepfo.
Abantu 9 bishwe no kunywa umuti usukura intoki (hand sanitizer) nyuma y’aho amaduka acuruza inzoga zo mu bwoko bwa liquer asabwe gufunga nk’uko polisi yo mu Mujyi wa New Dehli ibitangaza.
Mu Karere ka Bugesera, hari abavuga ko igare ari umuco, bitewe n’uko usanga rikoreshwa n’abagabo ndetse n’abagore mu mirimo yabo ya buri munsi nko mu bwikorezi ku bantu bakivoma amazi kure y’aho batuye cyangwa se abarema amasoko ya kure, abenshi bakoresha amagare.
Abaturage 22 bo mu Murenge wa Mushikiri mu Karere ka Kirehe, ahubatswe icyuzi cya Cyunuzi cyororerwamo amafi, bavuga ko bamaze imyaka icyenda bishyuza ingurane y’ubutaka bwabo bwarengewe n’amazi y’icyo cyuzi ariko amaso yaheze mu kirere.
Hashize iminsi havugwa ko Yvan Buravan yaba yavuye mu nzu y’umuziki yari asanzwe akoreramo ya ‘New Level’, ariko we yabihakanye yemeza ko hari impinduka runaka barimo bakora.
Abakunze kugendagenda mu Mujyi wa Huye ndetse no mu nkengero zaho, bavuga ko kutambara agapfukamunwa cyangwa kukambara nabi biviramo nyir’ikosa gutakaza umubyizi w’ibyo yikoreraga.
Abayobozi bakuru bo mu ishyaka ry’Abarepubulikani, ari na ryo rya Perezida Donald Trump wa Leta zunze ubumwe za Amerika, bamaganye igitekerezo cye cy’uko amatora ya perezida ateganyijwe kuba mu kwezi k’Ukuboza 2020 yakwigizwa inyuma, mu kwirinda ko yazagaragaramo uburiganya.
Abaturage bibumbiye muri koperative ‘Tunoze ubwubatsi’ bakora umwuga wo gucukura umusenyi mu mugezi wa Nyamutera mu Murenge wa Rugera mu Karere ka Nyabuhu, barinubira uburyo ibikorwa byabo byigabijwe na Kampani ‘Kigali Trust’, Akarere ka Nyabihu kakavugwaho kuyitiza umurindi.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryamaze kwemeza ko AS Kigali ari yo izasohokana na APR FC mu marushanwa nyafurika.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Nyakanga 2020, mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 28 banduye COVID-19.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, CIP Hamdoun Twizeyimana, arasaba abaturage cyane urubyiruko kwirinda ababashukisha akazi bakabarya utwabo, ahubwo bagatanga amakuru byihuse kugira ngo bafatwe.
Nyuma y’ibyumweru hafi bitatu insengero zikomorewe kongera gukora, esheshatu zari zakomorewe mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye zongeye kuba zifunzwe.
Tariki 28 Nyakanga buri mwaka, ni umunsi isi yose izirikana indwara y’umwijima ‘world hepatitis day’. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO), rikaba rihamagarira za Guverinoma z’ibihugu kwita cyane ku gukumira iyo indwara ku babyeyi no ku bana bakivuka.
Ku wa Kane tariki 30 Nyakanga 2020, uruganda rwa Huawei rw’Abashinwa rukora telefone rwabaye urwambere ku isoko mu gucuriza telefone nyinshi ku isi, ruca kuri Samsung y’Abanya Korea, nk’uko canalys ikigo cy’ubushakashatsi cyandika kuri tekinologi kibivuga.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 31 Nyakanga 2020 ku biro by’ikipe ya AS Kigali, habereye umuhango wo kongera umutoza Eric Nshimiyimana amasezerano y’umwaka umwe nk’umutoza mukuru w’iyi kipe.
Ku Muhima mu marembo y’ibiro bya Polisi y’u Rwanda, ahakorera ishami rishinzwe umutekano wo muhanda, hakomeje gufatirwa abiyita abapolisi basaba abantu amafaranga babizeza kuzabaha ‘permis’ (impushya zo gutwara ibinyabiziga).
Ubuyobozi bw’igihugu cya Tanzania bwasohoye amabwiriza ngenderwaho mashya agenga imyambarire ku bakozi ba Leta. Aya mabwiriza mashya abuza kwambara inkweto ndende mu biro bya Leta cyangwa mu bikorwa bya Leta ibyo ari byo byose ku bakozi ba lLta, cyane cyane ibirenze santimetero eshanu.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ruvuga ko kwerekana ubwambure kuri murandasi (internet) wamamaza imikoreshereze y’ibitsina ari icyaha gihanwa n’amategeko.
Kuri uyu wa gatanu tariki 31 Nyakanga 2020, Abayisilamu bo mu Rwanda bifatanyije n’abandi bo ku isi yose mu kwizihiza umunsi mukuru w’igitambo (Eidil-Ad’ha). Ni umunsi mukuru wizihijwe mu buryo budasanzwe, mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19.
Minisiteri y’Ubutabera iratangaza ko kuva tariki 1 Kanama 2020 abunzi bazaba barangije imirimo yabo hagategerezwa igihe hazatorwa abandi.
Padiri Hildebrand Karangwa akaba n’umushakashatsi ku mateka, amaze gusohora igitabo ku ruhare rwa Parmehutu n’abakoloni mu kubiba amacakubiri y’ingengabitekerezo ya Jenoside, yatumye haba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Ngamije Daniel yavuze ko u Rwanda rudashobora kwigerezaho ngo rufungure amashuri mu gihe Abanyarwanda batarumva ubukana bw’icyorezo cya covid-19.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Kane tariki 30 Nyakanga 2020, mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 31 banduye COVID-19.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), yatangaje ko imidugudu itatu yo mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro yakuwe muri gahunda ya #GumaMuRugo, guhera kuwa Gatanu tariki 31 Nyakanga 2020.
Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe kugenzura ibinyabiziga, yatangaje ko ikigo gisuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga kizasubukura imirimo yacyo ku wa 04 Kanama 2020.
Ubuyobozi bwa Diyosezi Gatolika ya Gikongoro bwamenyesheje abakirisitu n’imbaga y’abasanzwe bakorera ingendo Nyobokamana i Kibeho, cyane cyane ku munsi mukuru wa Asomusiyo uzizihizwa tariki ya 15 Kanama 2020, ko nta ngendo Nyobokamana zizakorerwa i Kibeho kuri iriya tariki nk’uko byari bisanzwe.
Abashinzwe kwita ku ngagi muri Pariki y’Ibirunga bavuga ko ubuzima bwazo bubangamiwe na ba rushimusi bashyiramo imitego bashaka inyama z’inyamaswa z’agasozi cyangwa ibindi bizikomokaho.
Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika Donald Trump, yavuze ko mu gihe bigaragara ko abantu benshi bashobora gutora bakoresheje uburyo bw’ikoranabuhanga, ibi bikaba bishobora gutuma haba ubujura bw’amajwi n’inenge, ku buryo ibyazava mu matora byazaba bitizewe, ari yo mpamvu asaba ko aya (…)
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Mushabe David Claudian, avuga ko nta mwana n’umwe mu basiramuwe yaba afite ubwishingizi bw’indwara cyangwa atabufite, wangiwe kwivuza ibikomere.
Munyabugingo Pierre Claver uzwi nka Padiri, ku myaka 47 ntiyari yarigeze atekereza ko azaba umuhanzi agahanga indirimbo ze ndetse zikajya hanze.
Ishami ry’Abagore mu Rugaga rw’Abikorera (PSF), ryitwa Chamber of Women Entrepreneurs (CWE), ryatangije gahunda y’imyaka itanu yo kongera abagore bari mu bucuruzi barimo n’abakobwa babyariye iwabo.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buhinzi n’Ubworozi (RAB), cyemeza ko hari imbuto umuhinzi ashobora guhinga bwa mbere ayikuye ku mutubuzi wemewe cyangwa mu kigo kizigurisha, akaba yakwibikiraho imbuto azifashisha mu bihembwe bibiri biri imbere umusaruro ntuhungabane.
Ku wa Gatatu tariki ya 29 Nyakanga 2020, Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda ryasinye amasezerano yo gutangiza andi masiganwa atatu y’umukino w’amagare mu Rwanda
Leta zunze ubumwe za Amerika zibinyujije mu kigo cyazo gishizwe iterambere mpuzamahanga (USAID), zashyikirije u Rwanda inkunga y’imashini 100 zongerera umwuka abananiwe guhumeka.
Ubuyobozi bwa Polisi mu Karere ka Ngororero mu Murenge wa Kabaya buravuga ko bwafashe Bikorimana Ignas ufite imyaka 17 akekwaho kwica mukase n’abana babiri.
Ikibazo cy’imyubakire yo mu kajagari si umwihariko mu Karere kamwe, ni ikibazo usanga kivugwa mu bice bitandukanye hirya no hino mu gihugu, ariko mu Karere ka Bugesera by’umwihariko hari ingamba zifashwe mu rwego rwo guca ako kajagari mu miturire.
Ku wa Gatatu tariki 29 Nyakanga 2020, Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi Geraldine Mukeshimana, yatangaje ko akato k’amatungo kari karashyizweho mu Ntara y’Uburasirazuba kakuweho.
Abakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda bashenguwe n’urupfu rw’uwari Team Manager wa Gasogi wapfuye azize impanuka kuri uyu wa Gatatu.
Abasesengura ibijyanye no kunyereza no gukoresha nabi umutungo wa Leta baravuga ko kuba mu bigo runaka hakorera abantu bafitanye amasano cyangwa ubucuti, biri mu bituma kunyereza umutungo wa Leta cyangwa kuwukoresha nabi byihuta ariko bikagorana kuwugaruza.
Mu ntangiriro z’urugamba rwo kubohora u Rwanda muri 1990, Ingabo za RPA ntizorohewe n’urugamba kuko mu gihe kitageze ku kwezi kumwe, abafatwaga nk’abayobozi bakuru b’igisirakre bivuganywe n’umwanzi.