Kwishyura fagitire ku bantu bakundana basohokanye, bakajya gusangira muri za resitora n’ahandi, hari ubwo bibyara ibisa n’impaka, kuko hari abantu bamwe batekereza ko kwishyura fagitire biba ari inshingano z’abasore cyangwa abagabo, uko fagitire yaba ingana kose, mu gihe hari abandi bavuga ko abakundana bagiye gusangira baba (...)
Umugabo wo mu Bwongereza witwa Mark Owen Evans yaciye agahigo ko kuba afite za ‘tattoos’ nyinshi ku mubiri we, nyuma yo kwishyirishaho tattoos z’izina ry’umukobwa we inshuro 667.
Umusaza w’imyaka 81 witwa Joseph Odongo wari waraburiwe irengero avuye aho akomoka mu Mudugudu wa Riwa, muri Kanyada y’uburengerazuba, yabonetse nyuma y’imyaka 51, akaba yari yaraburiwe irengero ubwo yari amaze gutongana n’umuvandimwe we.
Umugabo wo muri Australia yareze Ibitaro bya ‘The Royal Women’s Hospital’ biherereye mu Mujyi wa Melbourne, kuko ngo byamwemereye ndetse byamushishikarije kwinjira mu cyumba bari barimo babyarizamo umugore we bamubaze, ibyo ngo bikaba byaramuteye ikibazo ku buzima bwe bwo (...)
Umukecuru w’imyaka 95 y’amavuko, wo muri Nigeria, avuga ko kuba arinze asaza atyo atarigeze ashaka umugabo, yabitewe na Se wamubujije ngo ntazigere ashaka umugabo utari umugatolika.
Muri Brazil, umugabo w’imyaka 71 yatangajwe ko yapfuye mu 1995, hashingiwe ku buhamya bw’uwahoze ari umugore we ndetse n’abatangabuhamya babiri. Yari amaze imyaka 28 y’ubuzima bwe, mu mategeko afatwa nk’uwapfuye, ariko akishimira ko byakemutse ubu abarwa mu (...)
Abakurikirana iby’urusobe rw’ibinyabuzima bavuga ko nta kinyabuzima kidafite umumaro ku isi, ari na yo mpamvu bikwiye kubungabungwa, bagatanga urugero rw’ibikeri ngo bishobora kwifashishwa mu kumenya umugore utwite.
Umugabo w’umunyamahirwe yakubiswe n’inkuba inshuro ebyiri mu gihe kitarenze iminota itanu, ararokoka, bifatwa nk’igitangaza.
Mu Buyapani batangije uburyo bushya bwiswe ‘The Giraffenap’, aho umuntu asinzirira mu kintu kimeze nk’akazu gato gafunganye, agasinzira ahagaze mu masaha ya ku manywa, bikamufasha kuruhuka akagarura imbaraga zo gukora akazi ke neza.
Umugore witwa Falmira De Jesus w’imyaka 38 y’amavuko, usanzwe akora umwuga w’ubuhinzi bw’ingazi zikorwamo amamesa mu Burengerazuba bwa Indonesia mu Ntara Kalimantan, ubwo yarimo avoma amazi mu kizenga, yafashwe n’ingona yari iri ku nkombe zacyo iramutwara.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gaz (RMB), cyohereje itsinda ry’abahanga mu bijyanye n’ubumenyi bw’imiterere y’Isi, kujya gukurikirana iby’umwotsi, umuriro, ndetse n’amabuye ahirima aturuka mu musozi wo mu Kagari ka Burimba mu Karere ka Nyamasheke.
Mu cyumweru gishize, itangazamukuru ryo mu Buhinde ryatangaje inkuru ibabaje y’umugabo n’umugore we batuye mu Burengerazuba bwa Bengal bakunda telefoni za ‘iPhone’ bikabije kugeza aho bemera no kugurisha umwana wabo w’uruhinja kugira ngo bagure iyo telefoni igezweho ya ‘iPhone (...)
Abahanga mu bumenyi bw’ikirere ku Isi bavuga ko mbere ya Nyakanga ndetse no muri Nyakanga ari ibihe byaranzwe n’ubushyuhe bukabije kugeza n’ubu.
Umunyarwenya w’Umunya-Nigeria, avugwaho kuba yaratakaje ubushobozi bwo kubona cyangwa se kuba yarahumye, mu gihe cy’iminota 45 yose, nyuma yo kugerageza guca agahigo ko kurira amasaha 100 adahagaritse.
Umugabo wo muri Saudi Arabia yabazwe by’igitaraganya mu rwego rwo kumufungurira inzira z’ubuhumekero kuko yari yatangiye kubura umwuka nyuma yo kumira urufunguzo ku bw’impanuka mu gihe yarimo arukinisha.
Minisitri w’Intebe w’u Buhinde Narendra Modi, ku nshuro ya mbere yagize icyo avuga ku mvururu zishingiye ku moko n’ihohoterwa ry’abantu rimaze iminsi rivugwa mu Majyaruguru y’icyo gihugu.
Umunyamerika Dana Morey uyobora Umuryango mpuzamahanga w’ivugabutumwa witwa ’A Light to the Nations’, yavuze ko abitabira igiterane kibera i Nyamata mu Bugesera muri izi mpera z’icyumweru bazatombora inka, amateleviziyo, moto, amagare amatelefone n’imigati yo (...)
Umugabo w’Umushinwa yamaze imyaka 22 ashakisha umuhungu we yabuze afite imyaka ine (4), nyuma aza kumubona mu bilometero magana cyenda (900Km) uvuye aho atuye.
Muri Tanzania, umugabo yatangaje abantu nyuma yo gusezerana n’abagore babatu ku munsi umwe, mu birori by’ubukwe bimwe kandi byiza.
Umugabo witwa Donald Felix Zampach akurikiranyweho kwakira asaga 830,000 by’Amadolari, y’ubwiteganyirize bwa nyina hashize imyaka 30 apfuye, ndetse n’imishahara igenerwa abasirikare bari mu kiruhuko cy’izabukuru.
Muri Zambia, umugeni yasabwe guteka akoresheje amenyo kugira ngo agaragaze ko yakwita ku mugabo we n’umuryango muri rusange n’igihe yaba adafite ingingo nk’amaboko.
Muri Amerika, umugabo w’imyaka 48 yikubise hasi nyuma y’uko umutima uhagaze bitunguranye, nyuma y’iminota 10 gusa asezeranye n’umukunzi we.
Urukiko rwategetse Minisitiri Alfred Mutua, ushinzwe ububanyi n’amahanga, kwimura ubwiherero bwo mu nzu ye, nyuma y’uko arezwe n’umuturanyi we witwa Felicita Conte, ko yabushyize ahegeranye n’aho arira, none bikaba bimubangamiye.
Umusaza witwa Masasila Kibuta w’imyaka 102 y’amavuko, yasezeranye n’umugore we Chem Mayala w’imyaka 90 y’amavuko, bakaba basezeranye imbere ya Padiri mu rwego rwo kwiyegereza Imana, nk’uko byatangajwe na Masasila Kibuta.
Mu Bushinwa, umugabo yirukanywe n’umukoresha we kubera ko yamaraga umwanya munini cyane mu bwiherero, kandi ari mu masaha y’akazi, aho bivugwa ko yajyaga mu bwiherero akamaramo igihe kiri hagati y’iminota 47 n’amasaha atandatu (6).
Polisi y’ahitwa Osun muri Nigeria, yafashe umujura wiba za telefone uzwi cyane ku izina rya Saheed Abioye, ariko bakunda kwita ‘Anini’, nyuma yo kwiba telefone 10 z’abakirisitu mu rusengero nyuma agahita arusinziriramo.
Abana bane bava inda imwe basanzwe mu ishyamba rya Amazone, nyuma y’iminsi 40 habaye impanuka y’indege yabaye tariki ya 01 Gicurasi 2023, igahitana abapilote babiri na mama w’abo bana.
Umukobwa w’imyaka 19 y’amavuko wo muri Colombia, yavugishije benshi cyane cyane abakoresha imbuga nkoranyambaga, nyuma yo kuvugira kuri Televiziyo yitwa TV Malambo yo muri icyo gihugu, ko yaba yaratewe inda n’imbaraga zidasanzwe.
Muri Amerika, Urukiko rwa California rwarekuye umugabo wari umaze imyaka 33 afunzwe, nyuma yo kumwibeshyaho agafungirwa icyaha atakoze.
Muri Uganda, umuzamu w’imyaka 67, witwa Karim Kanku, avuga ko Leta imufite umwenda wa Miliyoni 1.8 z’Amashilingiu ya Uganda, ayo akaba ari ibirarane by’umushahara we w’amezi icyenda, ari byo byatumye afungirana abo bakozi.