Inzego z’Ubuzima mu Rwanda zigaragaza indwara y’igituntu nk’imwe mu ndwara zihangayikishije, kuko imibare y’abakirwara irimo kwiyongera cyane, ugereranyije n’imyaka yatambutse.
Inzego zitandukanye z’ubuzima zirahamagarira abantu kureka kwivuza mu buryo bwa gakondo, by’umwihariko indwara ya Gapfura (Angines) ndetse na Sinezite, kubera ko bishobora gutera indwara zitadukanye z’umutima.
Inzego z’ubuzima mu Rwanda zivuga ko hari benshi bagendana uburwayi batabizi, zikagira abantu inama yo kwirinda indwara zitandura, kandi bakagira umuco wo kuzipimisha nibura rimwe mu mwaka, kubera ko bikorerwa ku bigo nderabuzima kandi bigakorwa kuri (...)
Umuryango Nyarwanda wita ku buzima (SFH Rwanda) wahawe gucunga amavuriro y’ibanze (Health posts) mu Rwanda, umaze gusuzuma ibibazo byugarije imikorere n’amavuriro y’ibanze usuzuma n’ingamba zafatwa kugira ngo arusheho gukora neza.
Ababyeyi bafite abana bavukanye uturenge tw’indosho (Clubfoot) barahamagarira ababafite kubavuza, kubera ko ari indwara ivurwa igakira, bikaba byabarinda ubumuga bwo kudashobora kugenda.
Inzego z’ubuyobozi mu Karere ka Nyarugenge hamwe n’Umuryango uharanira Iterambere witwa DUHAMIC-ADRI, bemeranyijwe gukorana kugira ngo bafashe abarenga ibihumbi 20 bafite ibyago byo kwandura virusi itera SIDA, cyangwa kuyanduza abandi.
Kuba imiti myinshi n’inkingo bikoreshwa muri Afurika bituruka hanze yayo, ni ikibazo gihangayikishije, ku buryo abashakashatsi barimo gukora ibishoboka kugira ngo Afurika ishobore kwihaza mu bijyanye n’imiti n’inkingo.
Mu Rwanda hagiye kubera inama mpuzamahanga y’iminsi itatu, ihuje abashakashatsi ku ndwara zitandukanye, bamaze kwandika inyandiko zitanga ibisubizo ku bibazo byinshi byugarije urwego rw’ubuzima, mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba.
Umubyeyi wabo, Ntakirutimana Emmanuel yabwiye Kigali Today ko aba bana bavukiye mu Bitaro byo ku Munini mu Karere ka Nyaruguru bitabye Imana ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 18 Nzeri 2023.
Minisiteri y’ubuzima MINISANTE yatangaje gahunda iteganya yo gutangiza ikigo cy’ubuvuzi gishya, kizita ku kuvura indwara zo mu mutwe, serivisi zizagitangirwamo zikaziyongera ku zisanzwe zitangirwa mu bitaro by’ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe by’i Ndera.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda iherutse gutangaza zimwe mu nama zafasha abantu kwirinda uburwayi bwo mu mutwe n’uburyo umuntu yakwita ku muntu wahuye n’icyo kibazo.
Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) buvuga ko igikorwa cyo gutandukanya abana bavutse bafatanye tariki 15 Nzeri 2023 bizakorwa nyuma y’igihe kibarirwa hagati y’amezi atandatu n’umwaka, kugira ngo babanze bagire ingingo zifatika.
Mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) , hari abana bavutse bafatanye barimo kuhakurikiranirwa. Umuganga urimo kubakurikirana witwa Dr Ntaganda Edmond, avuga ko hari icyizere ko abo bana bashobora kubaho, nubwo ibikorwa byo gutandukanya ibice by’umubiri by’abo bana bifatanye bizakorwa mu (...)
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO), ritangaza ko impamvu hakoreshwa urukingo rw’ibitonyanga aho gukoreshwa inshinge ku bana ari ukubera inzira indwara ziba zirimo gukingirwa zanduriramo.
Abantu bakunze kugira ikibazo cy’igogora, n’ubwo hari igihe bidafatwa nk’uburwayi, ariko usanga abagifite bibatera kumva bagugaye ndetse ntibabashe no kubahiriza ingengabihe yo gufata amafunguro mu buryo bukwiriye.
Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC), kiraburira abatita ku isuku yo mu kanwa ko bafite ibyago bikomeye byo kwibasirwa n’indwara zitandura, zirimo iyo gucukuka kw’amenyo, bikanatera diyabete.
Hari abantu bakunze kugira ububabare mu ngingo yaba mu mavi, mu nkokora, mu ruti rw’umugongo, mu mayunguyungu, mu ntugu, mu bugombambari, mu bujana n’ahandi bitewe ahanini n’indwara ya ‘arthrose’ ikunze kwibasira ingingo, ikangiza akantu kaba hagati y’amagufa y’ingingo, kayarinda gukoranaho (...)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma, buratangaza ko muri Mutarama 2024, abaturage b’Umurenge wa Karembo bagorwaga no kubona serivisi z’ubuvuzi hafi yabo, ko bazaba babonye ikigo nderabuzima kibegereye.
Bamwe mu rubyiruko bifuza ko udukingirizo twashyirwa ku bajyanama b’ubuzima mu Midugudu aho batuye kuko ahandi tuboneka ari kure ndetse bamwe bakagira isoni zo kutugura mu maduka.
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mutoni Jeanne, arashishikariza abaturage bamaze kumenya ko bafite virusi itera SIDA gufata imiti igabanya ubukana kuko kutayifata ari ukwihemukira no guhemukira Igihugu kiyemeje kuyitanga ku (...)
Mu nama mpuzamahanga ya 25 y’Urugaga rw’Abaganga muri Afurika, iteraniye i Kigali guhera tariki ya 4 kugera tariki 9 Nzeri 2023, yiga ku ngamba zigamije guteza imbere ubuzima, Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yagaragaje ko urwego rw’ubuzima rugikeneye ibikorwa byinshi birimo kongera umubare w’abaganga ndetse bafite (...)
Abatuye Umudugudu wa Terimbere, Akagari ka Mugari, Umurenge wa Shingiro mu Karere ka Musanze, bahangayikishijwe n’indwara idasanzwe, y’amaso ikomeje gufata abatuye uwo mudugudu.
Abagana Ikigo nderabuzima cya Rurembo mu Karere ka Nyabihu biganjemo abagore, bari mu byishimo by’inzu y’ababyeyi (maternité) nshya yuzuye, ikaba yitezweho kubarinda kubyarira mu ngo n’ingendo zivunanye bakoraga bajya ku bindi bigo nderabuzima kubyarirayo.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda (MINUBUMWE) n’abafatanyabikorwa bayo, batangije ubukangurambaga bwo kwita ku buzima bwo mu mutwe mu Turere twa Ngororero, Burera na Musanze.
Inama ya cyenda y’abagenzuzi mu by’imiti bo ku mugabane wa Afurika yateraniye i Kigali mu Rwanda, yigiye hamwe uburyo ibihugu byose by’uyu mugabane byakwemeza ishyirwaho ry’ikigo Nyafurika cy’Imiti, ibyafasha uyu mugabane kwikorera imiti n’inkingo bitarenze mu (...)
Umuryango nyarwanda uharanira ubuzima bwiza bw’urubyiruko n’ababyeyi (Rwanda Health Initiative for Youth and Women/RHIYW), wateye inkunga y’Imashini kabuhariwe zigenewe gusuzuma ababyeyi batwite (Echography), mu bigo nderabuzima 13 byo mu Karere ka Musanze.
Minisiteri y’ubuzima irakangurira ababyeyi batwite gukora imyitozo ngororamubiri kuko bibafasha kugira ubuzima bwiza haba ku mubyeyi ndetse no ku mwana atwite.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko bugiye kwegurira abikorera amavuriro mato (Postes de Santé) adakora neza, mu rwego rwo kuyashakira abakozi bashoboye kandi bavura abaturage buri munsi.
Kwita ku ruhu rwo mu maso bikubiyemo ibirenze kurusukura no gukoresha amavuta yo kwisiga, harimo gufata indyo yuzuye, gusinzira bihagije, gukora siporo n’ibindi.
Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye n’ubuyobozi bukuru bw’Ingabo za Leta zunze Zbumwe za Amerika, zikorera ku mugabane wa Afurika (USAFRICOM) n’izo muri Leta ya Nebraska, zatangije ibikorwa by’iminsi itanu byo kuvura abaturage mu Karere ka Bugesera.