Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (Rwanda Revenue Authority) kiratangaza ko guhera mu kwezi gutaha kwa Nzeri 2019 hazatangira uburyo bushya bwo kwandika ibinyabiziga.
Ku bigo nderabuzima n’ibitaro bya Rubavu batangiye gupima Ebola ababyinjiramo kugira ngo abagana ibyo bigo bashobore kumenya abarwayi babagana uko bahagaze.
Umuntu wa kane wanduye Ebola yabonetse i Goma ku wa kane tariki 01 Kanama 2019.
Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) iraburira abanyura mu nzira zitemewe bajya mu bihugu bituranyi, ko bateganirijwe ibihano byihanukiriye.
Imipaka ibiri ibarirwa mu karere ka Rubavu ihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki 01 Kanama 2019 yongeye irakora nkuko byari bisanzwe, nyuma y’uko mu gitondo cy’uyu munsi utari ukiri nyabagendwa ku bantu n’ibintu nk’uko bisanzwe.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, aherekejwe na Madame Jeannette Kagame, yafunguye ku mugaragaro Hoteli yitwa Singita Kwitonda Lodge yuzuye itwaye miliyoni 25 z’amadolari.
Imiryango 105 yo mu Mudugudu wa Gakoro, Akagari ka Birira Umurenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze, iremeza ko yavuye mu bukene bukabije, ubu ikaba imaze kwiteza imbere binyuze mu mishinga inyuranye ifashwamo n’umushinga Spark MicroGrants.
Hakizamungu Aderte umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Mahama avuga ko igihembwe cy’ihinga gitaha abaturage b’utugari twegereye umugezi wa Akagera batazongera konerwa n’imvubu.
Urukiko rwibanze rwa Gisenyi rwafashe uyu mwanzuro nyuma yo gusuzuma imiburanire y’urubanza rwa koperative COADU n’umuhesha w’inkiko Semajambi Leon rwabaye kuwa 31 Nyakanga 2019 aho Koperative yareze isaba ko cyamunara ihagarika kubera umuheshawinkiko atubahurije imihango yifatira no kubarura umutungo wa Koperative.
Hari ibintu bigenda byiyongera byo kumva abantu benshi biyita aba Bishop cyangwa se Apôtre, uyu munsi ukumva umuntu ngo ni Bishop, ukumva undi ngo ni Apôtre. Hari ababyumva ntibasobanukirwe aho biva n’icyo bisaba kugira ngo umuntu agire iryo zina. Ibi byose ni byo Apôtre Dr Paul Gitwaza asobanura muri iyi nkuru ya Kigali (…)
Mu ruzinduko rw’iminsi ine yagiriraga mu gihugu cya Sudani y’Epfo, Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, Inspector General of Police (IGP) Dan Munyuza, ku wa gatatu tariki 31 Nyakanga, yanasuye itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro n’umutekano muri iki gihugu.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 01 Kanama 2019, Abatuye umujyi wa Rubavu basanzwe bakoresha imipaka y’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo babyutse basanga hari amabwiriza avuga ko nta wemerewe kwambuka, ndetse n’Abanyekongo batemerewe kwambuka ngo baze mu Rwanda.
Madame Jeannette Kagame avuga ko umuntu ukora siporo rusange inshuro ebyiri mu kwezi akabikora mu gihe kingana n’amezi atatu, yaba azigamye amafaranga ibihumbi 90 yavuza umurwayi w’indwara y’umwijima wo mu bwoko bwa C (Hepatite C) agakira.
Ibihugu by’u Rwanda, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu kubaka urugomero rw’amashanyarazi ruzuzura rutwaye miliyoni 700 z’Amadolari ya Amerika.
Ubuyobozi bushinzwe kurwanya ebola muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo bwemeje ko habonetse undi murwayi wa Ebola ndetse iramuhitana.
Mu karere ka Rubavu kuri uyu wa gatatu tariki 31 Nyakanga 2019 habaye urubanza ruhagarika cyamunara y’ibikorwa bya KOADU nyuma y’uko abagize koperative KOADU bangiye ko umuhesha w’inkiko witwa Semajambi Leon ateza cyamunara ibagiro ryabo.
Aborozi mu karere ka Nyagatare bavuga isoko ry’amata bafite ari rito mugihe ingamba zo kongera umukamo zigenda zigerwaho.
Abategura irushanwa rya Basketball Africa League riterwa inkunga n’Ishyirahamwe rya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika batoranyije Kigali nk’umujyi uzakira imikino ya nyuma y’iri rushanwa rizaba ku nshuro ya mbere muri 2020.
Abantu basaga 800 bishimira ko bavuye mu bushomeri kubera guhabwa akazi mu mirimo yo kubaka irimo gukorwa na Kaminuza y’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi muri Afurika yo hagati (AUCA), ku cyicaro cyayo gikuru giherereye i Masoro muri Gasabo.
Ibyiciro by’ubudehe biri kuvugururwa muri uyu mwaka wa 2019 bizashingirwaho mu gufasha abakene n’abakene cyane, ariko ntibizatuma n’abakeneye ubufasha batari mu byiciro by’abakene badafashwa.
Ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amashusho n’amafoto y’umugabo wagaragaye muri Kenya usa na Yesu uvugwa muri Bibiliya.
Mu karere ka Musanze mu murenge wa Musanze, haravugwa urupfu rw’umusore w’imyaka 32 witwa Kaneza Innocent, ukomoka mu Murenge wa Nyange mu karere ka Musanze aho basanze umurambo we ufite uruguma mu mutwe.
Mu Banyarwanda igihugu cya Uganda kirimo kohereza iwabo bavuye muri gereza, hari abagishinja kuba bazanwa mu gicuku bakajugunywa ku gasozi aho bashobora kugirirwa nabi.
Authentic Word Ministries ari na yo ibarizwamo itorero Zion Temple yateguye icyumweru cy’ubukangurambaga ku nshuro ya 20 bwo guhagurutsa Afurika hibandwa ku burezi, kikazatangira tariki 04 kugeza tariki 11 Kanama 2019 i Kigali.
Mu mpera z’icyumweru gishize, umuryango wo Mujyi wa Kigali wapfushije umuhungu wari umaze igihe gito ashinze urugo, azize indwara y’umwijima. Uyu mugabo witabye Imana yakurikiraga murumuna we na we wari umaze ukwezi kumwe gusa yitabye Imana, na we azize indwara y’umwijima.
Benshi Mu baririmba indirimbo zihimbaza Imana zizwi nka ‘Gospel music’, ntibakunze kwerura ngo bavuge ko bakura amafaranga mu muziki wabo. Usanga bavuga ko bakora uwo muziki bagamije gutanga ubutumwa bwiza, cyangwa kwibutsa abantu ko Imana iriho, ariko batagamije inyungu z’amafaranga.
Iteka ryo ku itariki 22/01/1918 rivuga ko umuntu wese utazafata imbwa ye ikagira ubwo ikurikira umuntu ishaka kumurya, azahanishwa gucibwa ihazabu y’amafaranga ari hagati ya 25-100, hamwe n’igifungo kuva ku munsi umwe kugera kuri itanu, cyangwa kimwe muri ibyo bihano.
Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwitegura imikino ya CAF Champions League, iri gutegura imikino ibiri ya gicuti izabera i Kigali muri iki Cyumweru
Kuri uyu wa mbere tariki 29 Nyakanga 2019 umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza n’intumwa ayoboye batangiye uruzinduko rw’akazi muri Sudani y’Epfo aho bitabiriye umuhango wo gusoza amasomo akomatanyije yahabwaga abapolisi 420 bo mu gihugu cya Sudani y’Epfo.
Umuvugabutumwa wo muri Tanzaniya Bishop Noel Uliyo aratangaza ko intambwe imaze guterwa mu bumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda ishimishije.
Abaganiriye na Kigali Today bo mu Murenge wa Mugunga, baremeza ko hari ubwo bagura amasambu ku kiguzi kiri munsi yayo bakwa ngo bahinduze ubwo butaka, bakavuga ko ari akarengane kuba umuntu yagura ubutaka bwa miliyoni agasabwa gutanga amafaranga angana n’uguze ubutaka bw’ibihumbi 20.
Sosiyete icuruza ibijyanye n’itumanaho rya Internet yitwa Liquid Telecom yatanze miliyoni 10 zo kwishyurira ubwisungane mu kwivuza (mituweli) abaturage batishoboye bo mu Karere ka Nyagatare.
Muri Tombola imaze kubera i Caïro mu Misiri, u Rwanda ruzahura na Seychelles mu ijonjora ry’ibanze ryo kwerekeza mu gikombe cy’isi kizabera muri Qatar muri 2022.
Kuri uyu wa mbere tariki 29 Nyakanga 2019 ahagana saa yine z’igitondo, umugabo wari utwaye imodoka ya Toyota RAC 785 B, yakoze impanuka ikomeye ahunga Polisi yari imukurikiye kuko yari imaze kumenya amakuru y’uko atwaye magendu.
Abaturage bafite imirima mu kibaya cya Mugogo giherereye mu kagari ka Gisesero Umudugudu wa Kabaya mu murenge wa Busogo mu karere ka Musanze bari mu gihirahiro batewe n’uko icyo kibaya cyamaze kurengerwa n’amazi y’imvura aturuka mu misozi igikikije no mu birunga, imyaka yabo ikaba yararengewe.
Leta ya kenya igiye kuba igihugu cya mbere kigiye gukora ibarura ridasanzwe ryo kumenya abantu bavukanye ibitsina bibiri bamwe bita ‘Ibinyabibiri’.
Uwari umunyezamu wa Rayon Sports Bashunga Abouba, yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Buildcon yo muri Zambia
Ku munsi wa mbere w’igikombe cya Afurika mu bakobwa batarengeje imyaka 16 muri Basketball, u Rwanda rwatsinzwe na Tanzania
Perezida w’Inteko Inshinga Amategeko, umutwe w’abadepite, Mukabalisa Donatille yibukije abaturage b’i Karama muri Nyagatare ko amazi y’imvura adakwiye kuba ikibazo ahubwo akwiye kuba igisubizo.
Umukecuru witwa Amina Mukanduhura, ni umwe mu bayoboke b’idini ya Islamu mirongo inani na batanu (85) bahagurutse i Kigali mu ijoro ryo ku cyumweru berekeza i Maka muri Arabiya Sawudite mu mutambagiro mutagatifu (Hidja).
Umwana w’imfubyi w’imyaka 17 wo mu Murenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke, avuga ko umuhungu w’imyaka 25 ukora umwuga wo gutwara abagenzi ku igare (umunyonzi) yamushukishije ko azamugira umugore amusambanya afite imyaka 14 amaze kumutera inda aramwanga.
Umuryango Nyarwanda wita ku mibereho myiza y’ingo (ARBEF) umaze igihe ukorera mu Rwanda ufasha Abanyarwanda mu bikorwa bitandukanye birimo kuboneza urubyaro, gufasha ababishaka kwisuzumisha virusi itera SIDA, no gufasha urubyiruko gusobanukirwa ibyerekeranye n’ubuzima bw’imyororokere.
Ikipe ya Scandinavia yatsinze AS Kigali igitego 1-0 i Rubavu, yegukana igikombe cya Shampiyona y’abagore cya mbere mu mateka yayo
Nzarora Marcel waherukaga kugurwa n’ikipe ya Musanze ariko ntayikinire, yamaze gusinya imyaka ibiri muri Mukura VS