Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwahisemo inzira nziza yo kurengera urusobe rw’ibidukikije n’ibinyabuzima nabyo bikarufungurira amarembo mu ishoramari.
Abafungiye ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 barasabwa kubwiza ukuri imiryango yabo ku cyo bafungiye, aho kuyishyira mu gihirahiro babeshya ko bafungiye ubusa.
Bamwe mu bagenzi mu mujyi wa Kigali barinubira ko kugenda bahagaze kandi babyiganira mu modoka zahimbwe izina rya “shirumuteto” bibabangamiye.
Ministiri w’Intebe, Dr Edward Ngirente yemeranijwe n’Abashinjacyaha barahiye kuri uyu wa gatatu, ko bagomba kurwanya by’umwihariko ibiyobyabwenge n’abanyereza umutungo wa Leta.
Mu gice cya kabiri cy’umukino, nta buryo bukomeye bwigeze buboneka ku mpande zombi, umukino urangira APR itsinze ibitego 2-0
U Rwanda rwaje ku mwanya wa 29 mu bihugu byose byo ku isi byorohereza abashoramari muri raporo ya Banki y’Isi mu bucuruzi y’umwaka wa 2019, yasohotse kuri uyu gatatu, rukaba ruje kuri uyu mwanya ruvuye kuwa 41 rwariho umwaka ushize.
Ikigo cy’imari iciriritse, Umutanguha (UFC), kigiye gutangira gukorera mu nkambi z’impuzi kizigezeho ibikorwa bijyanye n’imari, zihabwe inguzanyo zikore imishinga bityo ziteze imbere.
Umuherwe w’Umushinwa Jack Ma yemeza ko kuba u Rwanda ari igihugu gishaka impinduka z’iterambere byamworoheye kuruhitamo nk’igihugu cyakorana na sosiyete ya Alibaba.
Ikompanyi y’indege y’u Rwanda, RwandAir izatangiza ingendo zayo mu gihugu cya Israel umwaka utaha nk’uko byatangajwe n’ambasaderi wa Israel mu Rwanda.
Madame Jeannette Kagame yasabye abagore bari mu nzego z’ubuyobozi muri Afurkia kurwanya ruswa kuko abagore ari bo igiraho ingaruka cyane.
U Rwanda na sosiyete yo mu Bushinwa ya Alibaba Group y’umuherwe Jack Ma, barasinyana amasezerano agamije guteza imbere ubucuruzi bukorerwa kuri internet.
Nyuma y’umukino Musanze yatsinzwemo na Muhanga, umutoza Ruremesha yanenze cyane Mukansanga Salma wari umusifuzi wo hagati muri uwo mukino.
Minisitiri w’Urubyiruko, Rosemary Mbabazi, avuga ko iyo umuntu akora umushinga ahanini yitekerezaho atagera kuri byinshi, ahubwo ko agomba gutekereza kure n’ubwo yahera kuri bike.
Guest House ya Nkombo yagombaga kuba iri gukora ntiyigeze ifungura imiryango, kubera impungenge abashoramari bafite ku miterere y’iki kirwa no kuzabona abayigana.
Bimenyerewe ko ibikorwa byinshi byo kwita ku bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, bikunze gukorwa cyane cyane mu mezi atatu yo kwibuka Jenoside, asoza tariki ya 4 Nyakanga hizihizwa umunsi ngarukamwaka wo kwibohora.
Mu mikino y’umunsi wa gatatu wa Shampiona yabaye uyu munsi, Kiyovu, Muhanga na Police zegukanye amanota atatu, maze Kiyovu ihita iyobora urutonde rwa Shampiona
Rumwe mu rubyiruko rwacikirije amashuri rukishora mu buzererezi, uburaya, ubujura n’abandi batagiraga akazi, bamaze guhabwa impamyabumenyi zibemerera kwihangira akazi.
Sosiyete y’ubwubatsi yitwa SOCODIF Ltd iravuga ko yakoze imirimo yo gutunganya umuhanda Hanika – Peru-Cyivugiza mu Karere ka Nyamasheke, none akarere kakaba karanze kuyishyura.
Perezida Kagame yavuze ko gushaka kubaka Afurika ku isura ariko imikorere ya kera ntihindurwe ari nko “gushyira divayi nshya mu icupa rishaje.”
Kuri iki cyumweru tariki 28 Ukwakira, Abanyarwandakazi amagana, bahuriye mu mihanda ya Kigali bakora siporo mu rwego rwo kubungabunga ubuzima.
Babigaragaje mu mihigo bahigiye kuzageraho, ubwo basozaga icyumweru cyo gutozwa no kumenyerezwa iryo shuri rikuru baje kwigamo.
U Rwanda rugiye kohereza abasirikare 150 mu myitozo yateguwe n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, izabera muri Tanzania mu gihe cy’ibyumweru bibiri.
Perezida Paul Kagame yageze i Berlin mu Budage yitabiriye inama y’ibihugu 20 bikize ku isi, aho aza no gusobanurira abayitabiriye uruhare rwa Afurika mu iterambere ry’isi.
Myugariro wa Rayon Sports Mutsinzi Ange Jimmy, yongereye amasezerano y’amezi atatu mu ikipe ya Rayon Sports
Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu (NCHR) yasabye Inteko gutora Itegeko rishyiraho Ikigega giha abanyamakuru ubushobozi bwo kugera hose mu baturage.
Abasirikari 21 bo mu rwego rwa offisiye bagize ingabo za Afurika y’Iburasirazuba uhora witeguye gutabara aho rukomeye (EASF), batangiye amasomo azabafasha guhosha amakimbirane.
Ubuyobozi bwa Polisi y’Igihugu bwagize Commissioner of Police John Bosco Kabera umuvugizi wayo, asimbuye CP Theos Badege wahinduriwe inshingano.
Kuva kuri uyu wa mbere, tariki 29 Ukwakira, abanyamigabane b’ikigo cy’imari BK Group; ikigo cya mbere kigari mu bigo by’imari mu Rwanda, bashobora gutangira kwigurira imigabane ibarirwa muri miliyoni zirenga 200 z’amafaranga y’u Rwanda, ku giciro cyabaganyijwe n’iki kigo.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23, asanga kuba umukino w’Amavubi na Congo warashyizwe i Rubavu, ari amahirwe kuri Congo.
Hamble Jizzo umwe mu bagize itsinda Urban Boys yatunguye benshi mu ndirimbo "Mon Amour" bafatanyijemo n’umuhanzi Tresor ndetse na Ziggy 55, aririmb mu njyana atamenyerewemo ya Rumba.
Kuva kera abafite ubumuga bwo kutabona bagorwaga no kugenda ngo bagere aho bashaka, kuko bifashishaga ikibando cyangwa igiti, bitaba ibyo bakabarandata ariko na byo ngo bikaba ikibazo kuko kubona umuntu ugendana n’utabona buri kanya ngo byari bigoye.
Umwanditsi akaba n’umufotozi w’Umunyamerika Brandon Stanton, amaze gukusanya amadolari y’Amerika agera ku bihumbi 400 mu minsi itatu yo kubakira amazu ikigo kirera abana kizwi nko "kwa Gisimba."
Irankunda Issiak bakunze kwita Bebeto ukinira ikipe ya Vision Jeunesse nouvelle yo mu Karere ka Rubavu, yegukanye imidali ibiri y’Ifeza mu isiganwa yitabiriye muri Thailand.
Abanyarwanda bavuga ko ukena ufite itungo rikakugoboka. Ariko ushobora no kugira impano runaka, ikakugoboka igihe uhuye n’ikibazo runaka cy’ingorabazi.
Patriots mu bagabo na IPRC y’Amajyepfo mu bagore ni zo zegukanye irushanwa ryiswe Legacy Tournament ryari rimaze iminsi ribera i Kigali
Mulindwa Samuel Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’uburezi, yasabye abafite za kaminuza kujya batanga ubumenyi bufasha abaziga kwishakamo ibisubizo, aho gusoza kaminuza bagategera Leta amaboko.
Umukino usoza Shampiyona y’abafite ubumuga ku rwego rw’igihugu yari igeze ku munsi wayo wa nyuma, yashoje Musanze inyagiye Gakenke ibitego 12-0.
Abahinga umuceri mu bishanga bitandukanyo byo mu Karere ka Nyamasheje bahamya ko uburyo basigaye bawuhingamo bitanga umusaruro nyuma y’amahugurwa atandukanye bagiye bahabwa.
Mu mukino uzwi nka El Classico uhuza Fc Barcelone na Real Madrid, warangiye Fc Barcelone inyagiye Real Madrid ibitego 5-1
Mu mukino w’umunsi wa kabiri wa Shampiyona wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, Mukura itsinze Rayon Sports ibitego 2-1
Umukinnyi w’ikipe ya Fly Cycling Club Mugisha Moise yegukanye irishanwa rya Karongi Challenge, rimwe mu ma siganwa agize amarushanwa ngarukamwaka ya Rwanda Cycling Cup.
Intumwa Gitwaza akaba Umuyobozi w’Itorero Zion Temple, akunze kuvugwaho ibintu byinshi bimwe biri byo n’ ibindi biba bigamije kumusebya, bitewe n’imibanire ye, n’abo bakorana uwo bita umurimo w’Imana.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi MINAGRI, yakanguriye abahinzi baterwa inkunga n’ umushinga uyishamikiyeho witwa PASP, gutekereza ku mishinga y’ubuhinzi izabagirira akamaro, ikazanakagirira abazabakomokaho.
Guverineri w’Intara y’amajyepfo, CG Emmanuel Gasana, arasaba abatuye mu Ntara y’Amajyepfo gushyira imbaraga mu kwikemurira ibibazo bisaba ingengo y’imari idahambaye.