Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko Mutarama 2019 igomba kurangira bamwe mu bakozi bambuye SACCO bamaze kwishyura.
Hari aborozi bashima inka zo mu bwoko bw’Injeresi (Jersey), bavuga ko zibereye kororwa n’Abanyarwanda, kuko ngo zirya bike kandi zigatanga umukamo mwinshi.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku buzima (RBC) gitangaza ko mu Rwanda 17% by’abafite virusi itera SIDA batari ku miti ngo kikaba ari ikibazo kuko ubuzima bwabo buri mu kaga.
Kuva kuri uyu wa kabiri, perezida w’u Rwanda, akaba n’umuyobozi w’Afurika yunze ubumwe Paul Kagame afatanyije na chancellor wa Autriche akaba nawe ayoboye umuryango w’ubumwe bw’Uburayi Sebastian Kurz barayobora inama yo ku rwego rwo hejuru ihuza Afurika n’u Burayi.
Ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda buravuga ko nyuma y’igitero cyo kuwa gatandatu cyo ku Cyitabi, ingabo z’igihugu zahise zikurikira abo bagizi ba nabi zicamo batatu zinabohoza abo abagizi ba nabi bari batwaye bunyago.
Mu irushanwa ryahuzaga amarerero y’abana mu mupira w’amaguru mu batarengeje imyaka 15 na 17, ryarangiye Kiyovu yegukanye kimwe mu bikombe byakinirwaga
Perezida Kagame yageze mu Murwa mukuru Vienne wa Autriche, aho yitabiriye inama mpuzamahanga izaba y’iga ku bufatanye bw’umugabane wa Afurika n’u Burayi mu iterambere.
Ihuriro ry’abafana ba Mukura Victory Sports rigizwe n’abafana biganjemo urubyiruko rizwi nka Generation M.V.S (Gen M.V.S) bakiranye ubwuzu bwinshi Mukura ubwo yageraga ku kibuga cy’indege I Kanombe ikubutse muri Soudani.
Mu mwaka wa 2017, nibwo batangaje ko urukundo rwabo rugeze aho bashobora no kuzabana, none byarangiye basezeranye kubana burundu mu bukwe bwabaye mu ibanga muri iyi wikendi ishize.
Igishushanyo mbonera cy’ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bugesera, cyavuguruwe hagamijwe kucyagura, kongera ubwiza bwa cyo ndetse no kuvugurura imyubakire, hagendewe ku biranga ibibuga mpuzamahanga bigezweho.
Umuvugizi w’ingabo za Congo FARDC Maj Ndjike Kaiko yatangarije Kigali Today ko Bazeye Laforge wafashwe n’inzego z’iperereza mu ngabo za Congo, amaherezo agomba gucyurwa mu Rwanda.
Kugirango igikorwa gikomeye gisaba imbaraga za benshi kigere ku ntego, hakenerwa byinshi harimo n’abahanzi n’abashyushyarugamba, ngo bihutishe icengeramatwara mu mitwe y’abantu, babyumve, babikunde ndetse babikore vuba nk’abasiganwa n’igihe.
Polisi y’iguhugu yafashe Abantu 14 bo mu Murenge wa Masoro mu Karere ka Rulindo, bacukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe.
Uwimana Edita (amazina yahawe) avuga ko gutereranwa n’ababyeyi be kubera ubwumvikane buke byatumye abaho mu buzima bubi bimuviramo guterwa inda ku myaka 17.
Uwari umuvugizi w’umutwe wa FDLR urwanira mu mashyamba ya Congo yatawe muri yombi kuri iki cyumweru tariki 16 Ukuboza 2018.
U Rwanda rumaze kuba ubukombe ku isi kubera ubukerarugendo bwarwo bukurura abantu benshi bavuye imihanda yose y’isi, aho ingangi zo mu Birunga ziri mu bikurura benshi.
Ku kibuga cy’isoko ry’i Nyamata, Bugesera yihagazeho inganya na APR FC igitego 1-1, mu mukino w’umunsi wa cyenda wa Shampiona.
Mwiseneza Josiane wiyiziye buhoro buhoro n’amaguru, yagenze urugendo rw’iminota 40 ariko ibyuya no kudasirimuka mu maso ya bamwe, kimwe n’abaje mu modoka ntibyamubujije kwemeza abatanga amanota.
Mukura Victory Sports yegukanye igikombe cy’Amahoro mu Rwanda mu mwaka w’imikino ushize yanganyirije ubusa ku busa muri Soudani n’Ikipe ya Al Hilal Al Ubayyid muri CAF Confederation Cup.
Abatwara amagare bazwi nk’abanyonzi bo mu karere ka Musanze ngo bahangayikishijwe n’ikibazo cy’imisoro bakwa buri munsi rimwe na rimwe ikagerekwaho amande ya hato na hato.
Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) itangaza ko ubushakashatsi iheruka gukora, bwagaragaje ko 40% by’abafite ihungabana batewe na Jenoside yakorewe abatutsi bagishakira ibisubizo mu madini n’amasengesho aho kugana inzego z’ubuvuzi.
Ku mugoroba wo kuri uyu wagatandatu tariki 15 Ukuboza 2018, mu murenge wa Cyitabi, akarere ka Nyamagabe, intara y’Amajyepfo, ahagana saa 18h15, abantu bataramenyekana batwitse imodoka eshatu zitwara abagenzi, babiri bahasiga ubuzima naho umunani barakomereka.
Abahembwe mu isozwa ry’ irushanwa ‘Art Rwanda Ubuhanzi’ kuri uyu wa gatandatu tariki 15 Ukuboza 2018, baravuga ko amafaranga bahembwe agiye kubafasha gushyira mu bikorwa imishinga ya bo y’ubuhanzi bari baraburiye uburyo kubera amikoro.
Abaturage baturiye umupaka uhuza u Rwanda na Congo batangaza ko ikibazo cy’abinjiza rwihishwa ibicuruzwa mu Rwanda bazwi muri ako gace nk’ ‘abacoracora’ gihangayikishije umutekano.
Gasore Hategeka ukinira ikipe Nyabihu Cycling Club yegukanye amarushanwa ya Rwanda Cycling Cup y’uyu mwaka nyuma y’isiganwa rya nyuma muri aya marushanwa ryakinwe kuri uyu wa gatandatu rikegukanwa na Mugisha Samuel.
Mu masaha y’ igitondo, i Musanze ahakorerwa amajonjora ya Miss Rwanda, abakobwa bashinguye n’ibiro biringaniye bari urujya n’uruza.
Ikipe ya Rayon Sports itsinze As Muhanga igitego 1-0, mu mukino w’umunsi wa cyenda wa shampiona wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Madame Jeannette Kagame aravuga ko abahanzi bakwiye gushyigikirwa mu buhanzi bwabo, kuko ari bamwe mu bakozi bagira ingorane kenshi zirenze iz’abandi, bitewe n’uko bavunika cyane bahanga kandi ntibacike intege n’ubwo baba batizeye ko ibyo bahanga bizakundwa.
Kurikirana ikiganiro Hon. Edouard Bamporiki yatanze mu nama y’Umushyikirano 2018, n’uburyo cyanyuze abatari bake bagikurikiranaga.
Miliyari 30 z’amafaranga y’u Rwanda niyo ngengo y’imari izifashishwa muri gahunda yo guhugura abarimu mu rurimi rw’icyongereza n’imibare, yateguwe na Leta y’u Rwanda binyuze mu mushinga wayo BLF (Building Learning Foundations).
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yahishuye ko mu gitero ingabo zikekwa kuba ari iz’umutwe wa FDLR zagabye mu karere ka Rubavu mu ntangiriro z’iki cyumweru cyaguyemo n’abasirikare b’u Rwanda.
Bamwe mu bahinzi bahinga ibihingwa nk’inyanya n’imyumbati mu karere ka Rusizi baravuga ko bahangayikishijwe n’isoko ry’abanyekongo badashoye guhaza, bishobora kuzatera ikibazo y’ibiribwa muri aka karere mu minsi iri imbere.
Zizou amaze gukora indirimbo zirindwi zamenyekanye cyane, aritegura kuzihuriza hamwe agakora Mix Tape, ariko nta ndirimbo n’imwe yumvikanamo ijwi rye, n’aho bahamagaye abahanzi ntahakandagira.
Hari abaturage bavuga ko bacitse ku gusaba inguzanyo ya VUP bitewe n’uko kuyisaba harimo amananiza arenze inyungu yazamuwe ikava kuri 2% ikajya kuri 11% nk’uko byagaragaye ko ari ryo pfundo mu mushyikirano wasojwe kuri uyu wa gatanu.
Guverinoma y’igihugu cya Cote d’Ivoire iratangaza ko Perezida w’u Rwanda Paul Kagame azabasura mu cyumweru gitaha, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri kuva tariki 19 kugeza tariki 20 Ukuboza, mu ruzinduko rw’akazi.
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyakurikiye inama y’igihugu y’umushyikirano ya 16, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rutigeze rwinginga ngo rwemererwe kujya mu muryango w’ibihugu by’Afurika y’Uburasirazuba kubera ko byari uburenganzira bwarwo.
Yvan Buravan uherutse kwegukana ibihembo bya Prix Decouverte, yamaze gusinyana amasezerano n’ikigo SACEM( Société des auteurs, compositeurs et éditeurs de musique) gishinzwe kwamamaza ibihangano no gushakisha amafaranga muri ibi bihangano agashyikirizwa ba nyirabyo.
Ikipe ya Gicumbi yabonye amanota atatu ya mbere, nyuma yo gusezererwa k’umutoza Bekeni wari wabyisabiye
Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda ntawe ruzendereza ngo rwivangire muri gahunda ariko ruhora rwiteguye uwarusagarira kuko rutajya rujenjeka ku bijyanye n’umutekano warwo.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, aravuga ko abayobozi bafata iyambere mugutuma gahunda ziba zashyizweho ngo ziteze imbere umuturage zigenda nabi, ibintu byatumye urugero rw’ubukene butagabanuka mu myaka 3 ishize bagomba gukurikiranwa kandi vuba.
Perezida Paul Kagame yategetse ko ikibazo cy’imirire mibi kikiri mu bana kigomba gukemuka mu gihe gito cyane, asaba inzego zose gukorana mu kugishakira umuti.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter, Ministere w’ububanyi n’amahanga Dr Richard Sezibera yagaragaje uburyo yashimishijwe cyane Abanyeshuri biga mu ishuri rya muzika ku Nyundo bahuriye muri Chorale de Nyundo.
Depite Edourd Bamporiki amaze kumenyerwa nk’umwe mu batanga ubutumwa ariko ashyenga, aho yongeye gusobanura impamvu abona abarwanyi ba FDLR “abarwayi.”
Umuyobozi wa komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside Dr Jean Damascene Bizimana, ku munsi wa kabiri w’inama y’igihugu y’umushyikirano ya 16, yavuze ko hari byinshi byakozwe mu kubaka igihugu nyuma ya Jonoside, harimo no kuba abana bayirokotse barabashije kwiga none mu myaka itarenga itatu bakazaba baramaze kwiga.
Nyuma y’amezi abiri y’ubufatanye hagati ya Sosiyete y’ubwishingizi ya Radiant ndetse na Rayon Sports, umusaruro wa mbere washyikirijwe Rayon Sports
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) butangaza ko abagana Isange One Stop Center basambanyijwe akenshi bahagera basamye kubera gutinda, bityo kubaha ubufasha bwihuse bw’ingoboka ntibikunde.
Abahinzi b’umuceri mu kibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi barasaba leta kubafasha kubona ifumbire mu maguru mashya kugira ngo bakomeze kungukira muri ubu buhinzi. Ubuyobozi buravuga ko bugiye kwihutira gukorana n’abo bireba mu gukemura iki kibazo.
Kunywera kanyanga mu gihugu cya Uganda bagataha basinze ni yo mayeri bamwe mu batuye Umurenge wa Bungwe muri Burera basigaye bifashisha binjiza ibiyobyabwenge mu Rwanda.
Aborozi mu Karere ka Nyagatare barakangurirwa gukorera inzuri zabo kuko leta yabashyiriyeho uburyo bwo kubafasha buzwi nka "nkunganire", aho ibaha angana na 50%.
Ikipe ya AS Kigali itsinze Bugesera ibitego 3-0, mu mukino usoza imikino y’umunsi wa munani wa Shampiona