N’ubwo itegeko ryo kuzungura ryo mu 1999 ryemerera n’abana b’abakobwa kuzungura iby’ababyeyi babo, bityo n’ibisizwe na nyina abana bakaba bashobora kubizungura, ahitwa i Sovu mu Karere ka Huye hari ababyeyi babiri bambuwe isambu basigiwe n’umubyeyi wabo hitwajwe ko nta mwishywa uzungura iby’iwabo wa nyina. Ubusanzwe (…)
Hasyizweho porogaramu ya telefoni yitwa ‘Save’ igiye gukuraho imbogamizi bikunze kugaragara mu kwizigamira mu matsinda azwi nk’ibimina.
Abaturage bagize imiryango umunani yo mu Karere ka Rusizi yari yakuwe mu manegeka igatuzwa mu mudugudu w’ikitegererezo, iratabaza kuko naho Ibiza byahabateye bikabasenyera.
Bamwe mu batuye akarere ka Gicumbi basabye ko abasore bavugirwa kugira ngo babone ubushobozi bwo kubaka amazu, bityo babashe kurongora abakobwa baheze ku ishyiga.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba, yemeza ko abajyanama b’ubuzima ari inkingi ikomeye mu by’ubuzima ari na cyo gituma gahunda zo kuboneza urubyaro zikora neza.
Madamu Jeannette Kagame agira inama imiryango yo kureka gufata abagore nk’abadafite agaciro mu gihe umusanzu wabo mu kubaka umuryango ari ntagereranywa.
Umuyobozi w’umuryango uharanira agaciro k’abanyafurika mu Rwanda (PAM) Musoni Protais, aratangaza ko abayobozi bumva nabi ari bo bayobya abaturage.
Umuhanzi Andy Bumuntu, aravuga ko ateganya gusohora umuzingo (album) we wa mbere ahagana mu kwezi kwa karindwi umwaka utaha wa 2019, izaba iriho indirimbo zishobora no kugera kuri 12.
Miss Rwanda 2018, iradukunda Liliane na bagenzi be bagera ku 119, bari guhatanira ikamba rya nyampinga w’isi, bahawe ikaze mu Mujyi wa Sanya uri kuberamo iri rushanwa.
Sonia Rolland Umunyarwandakazi wabaye Nyampinga w’u Bufaransa mu mwaka wa 2000, yaryohewe cyane no kureba ibyiza by’u Rwanda ari muri kajugujugu’ ikigo cya Akagera Aviation.
Anita Pendo, umunyamakuru akaba umu DJ ndetse n’umushyushyarugamba wamenyekanye cyane mu Rwanda, agira inama bagenzi be b’igitsiba gore ko batagomba gucibwa intege n’ibibakomerera mu nzira ibaganisha ku byo bifuza ngo kuko ntawugira icyo ageraho atavunitse.
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, aributsa abatuye isi ko kuboneza imbyaro bitareba abagore gusa ahubwo ko buri wese bimureba, akabigiramo uruhare kugira ngo bigere ku ntego.
Madame Jeannette Kagame avuga ko kugira ngo igihugu gitere imbere bisaba ko abantu bumva akamaro ko kuboneza imbyaro, kuko bituma kigira abantu benshi bari mu myaka yo gukora.
Umushakashatsi ku mibanire y’Abanyarwanda, Lt Col Nyirimanzi aravuga ko hari abitwikiye mu nzu muri 2017, kubera kumva uburinganire n’ubwuzuzanye nabi.
Ku cyumweru tariki 11 Ugushyingo 2018, abana barangije imyaka itatu biga icyiciro cy’amashuri y’incuke berekanye ibikubiye muri amwe mu masomo bahawe bifashishije indimi z’Icyongereza, Igishinwa, Igiswayili n’izindi.
Meddie Kagere na Djihad Bizimana bamaze kugera i Kigali aho bagomba gufatanya n’abandi kwitegura umukino uzahuza Amavubi na Centrafurika
Kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2018, abana 12 bafungiye muri Gereza y’abana ya Nyagatarenibo batangiye ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza
Imibare y’abana batangiye ibizamini bisoza amashuri abanza yiyongereyeho 7,6% muri uyu mwaka wa 2018, ugereranije n’umwaka ushize wa 2017.
Ku nshuro ya kabiri, Ikigo cya Johnson & Johnson cyatangije amarushanwa yo guhanga udushya muri siyansi yiswe “Africa Innovation Challenge 2.0”, aho abafite imishinga myiza bashobora kuzatsindira ibihumbi 50 by’Amadolari ya Amerika bakanakurikiranwa (Mentorship) kugeza bagejeje imishinga yabo ku isoko.
Atangiza ubukangurambaga bugamije kwigisha abaturage akamaro ko gutera igiti cyane cyane bahereye mu bana bato, Dr Munyakazi Isaac yatangajwe n’ubuhanga umwe mu bana bari bitabiriye icyo gikorwa yagaragaje acinya akadiho, amuhemba kuzamwitaho amuha ibikenewe byose mu ishuri mu mwaka w’amashuri wa 2018-2019.
Abayobozi b’amashuri abanza yo ku kirwa cya Nkombo mu Karere ka Rusizi baraburira leta ko ubucucike bushobora gutuma abana benshi bata ishuri.
Ikigo gishinzwe guteza imbere amazi n’amashyamba mu Rwanda kiratangaza ko umwaka wa 2019 uzarangira 30% by’ubuso bumaze guterwaho amashyamba.
Abagore bo mu Karere k’Ibiyaga bigari n’u Rwanda ruherereyemo bari mu myanya y’ubuyobozi bahamya ko hari bagenzi babo bagitinya imyanya imwe n’imwe y’akazi ngo n’iy’abagabo.
Mu irushanwa ry’abatarengeje imyaka 17 rya Handball ryari rimaze iminsi ribera mu Rwanda, ryegukanywe na Gorillas Handball Club mu bahungu
Umwanditsi w’ibitabo by’amateka ya Jenoside Innocent Nzeyimana avuga ko iby’Abahutu n’Abatutsi byahinduye inyito kugira ngo abantu batamenya ko amoko akiri mu Banyarwanda.
Perezida Kagame yageze i Paris mu Bufaransa aho yitabiriye Inama yiga ku Mahoro ku Isi iteganyijwe kuri iki cyumweru.
Mu mukino wari witezwe na benshi mu ntangiriro za shampiyona y’umukino wa Volley Ball mu Rwanda, ikipe ya REG itsinze UTB ku maseti 3 kuri 1.
Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye Dr Isaac MUnyakazi arasaba abanyarwanda bose guhuriza hamwe ibitekerezo n’imbaraga, hagamijwe gushaka icyatuma ubumenyi bukomeza kugira uruhare mu mibereho myiza y’abaturage, guteza imbere igihugu n’isi muri rusange.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima RBC, gitangaza mu Karere ka Musanze abafite uburwayi bwo mu mutwe batitabwaho mu buryo bunoze, bikabaviramo kugarizwa n’akangari k’ibibazo.
Imibare ya Banki nkuru y’igihugu igaragaza ko bamwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze mu Ntara y’iburasirazuba bambuye imirenge Sacco miliyoni 142Frw.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burasaba abayobozi b’amadini n’amatorero ahakorera adafite insengero zikomeye guhagarara gukora kugeza zuzuje ibisabwa bitahungabanya umutekano w’abayoboke.
Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze buhangayikishijwe n’abana batitabwaho n’ababyeyi babo, bikaba ngombwa ko hitabazwa ba “Malayika murinzi” ngo babakurikirane.
Inzobere mu by’indwara zidakira zivuga ko ari ngombwa gukomeza kwita ku muntu urwaye nk’imwe muri zo, arindwa kubabara no kwiheba (Palliative Care) aho kumuha akato.
Madamu Jeannette Kagame akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri yavuze ku bikwiye kuranga umunyarwandakazi w’ingirakamaro mu muryango.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yitabiriye inama mpuzamahanga irimo kubera i Johannesburg muri Afurika y’Epfo, yiga ku ishoramari muri Afurika.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko ashimishijwe n’ubufatanye bukomeje kuranga u Rwanda na Bank y’Isi mu gushaka icyateza u Rwanda binyuze mu guteza imbere ubushabitsi.
Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) isaba ubufatanye bw’imiryango itagengwa na Leta ikorera mu gihugu gufasha ingo zirenga inihumbi 154 kuva mu bukene.
Icakanzu Francoise Contente ni umwe mu bakobwa bagize itorero ry’igihugu Urukerereza, akaba umubyinnyi ndetse n’umutoza w’itorero Inyamibwa rya AERG ya Kaminuza y’u Rwanda.
Ikipe ya APR Fc imaze gutombora Club Africain yo muri Tunisia, naho Mukura itombora Free State Stars yo muri Afurika y’Epfo.
Nyuma yo kugura uruganda rw’ibibiriti ruherereye ku Karubanda mu Karere ka Huye, umushoramari Osman Rafik yiteguye guha akazi abantu bagera kuri 300.
Mu minsi ishize, iyi nteruro (#UrbanBoysCollaboChallenge) yasakaye ku mbuga nkoranyambaga z’abahanzi bo mu Rwanda, iherekejwe n’amashusho y’abahanzi baririmba batazwi.
Abanye-Congo bongeye gukomorerwa kurema isoko ry’inka rya Rugali riherereye mu Murenge wa Macuba mu Karere ka Nyamasheke nyuma y’umwaka urenga
Imwe mu miryango ya Sosoyete sivile yemeza ko kuba nta gahunda ihamye yo kugeza ku baturage amakuru ajyanye n’ihohoterwa bituma ridacika.
Yvan Buravan umuhanzi nyarwanda umenyerewe cyane mu Njyana ya R&B, ahigitse by’Abahanzi b’abanyafurika, yegukana irushanwa rya Prix Decouverte ritegurwa na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa ya RFI.
Nyuma y’ubushakashatsi bwa Sosiyete Sivile, Ministeri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM),iy’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), hamwe n’iy’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), ziravuga ko inyungu z’umuhinzi-mworozi zigiye kwitabwaho.
Ikipe ya Rayon Sports itsinze Bugesera ibitego 3-0, mu mukino w’umunsi wa gatanu wa Shampiona wakiniwe kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Bamwe mu batuye umurenge wa Kigali mu karere ka Nyarugenge, n’ubwo ari mu murwa mukuru w’Igihugu, baravuga ko batigeze babona Itangazamakuru mu mateka yabo kugeza muri uyu mwaka wa 2018. Bakavuga ko hari ibibazo abayobozi b’inzego z’ibanze batabakemurira, bitewe n’uko itangazamakuru ngo ritababa hafi kugira ngo (…)
Amafaranga asaga miliyari 1Frw amaze kuburirwa irengero mu bigo by’amashuri bigera kuri 500 byakoreweho igenzura, bigize Intara y’Amanyaruguru.
Nyuma y’uko ikigereranyo cy’ubumwe n’ubwiyunge muri 2015 cyagaragaje ko Akarere ka Nyanza kari inyuma mu bumwe n’ubwiyunge, ku bufatanye n’amadini ndetse n’amatorero bahagurukiye isanamitima rizafasha mu kubuzahura.
Umutoza wa Centrafrika Raoul Savoy yamaze gutangaza urutonde rw’abakinnyi 23 bagomba guhatana n’Amavubi, abakinnyi barimo Geoffrey Kondogbia wa Valence yo muri Espagne