Muri Gereza ya Ruhengeri kuri uyu wa kane tariki ya 18 Nyakanga 2019 hatangijwe igikorwa cyo gusiramura imfungwa n’abagororwa; abagera kuri 600 ni bo bazagerwaho n’iyi gahunda.
Mu gikorwa cyo gushyira hanze ibyavuye mu bushakashatsi ku bikorwa byo gucuruza abantu mu Rwanda; bwashyizwe ahagaraga n’umuryango Never Again, Ubushakashatsi bwakorewe mu turere 16 tw’u Rwanda, bugaragaza ko uturere twakorewemo icuruzwa ry’abantu kurusha ahandi ari Nyagatare, Burera, Gicumbi, Rusizi na Rubavu.
Senateri Bishagara Kagoyire Therese witabye Imana mu cyumweru gishize yashyinguwe kuri uyu wa gatanu tariki 19 Nyakanga 2019 mu irimbi rya Rusororo riherereye mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.
Abantu 97 ni bo bamaze kuboneka nyuma y’iminsi itatu bahuye n’uwanduye Ebola mu Mujyi wa Goma ikanamuhitana nyuma yo gusubizwa aho yavuye i Butembo.
Abacururiza ku gasantere k’Agahenerezo mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, barinubira ko abatunganyije umuhanda Huye-Kitabi bawusatirije amaduka bakaba nta parikingi y’imodoka bakihafite.
Hari abantu banga kujyana imodoka zabo mu igaraji kugira ngo zibakosorere ibyangiritse nk’uko baba babisabwe n’Ikigo kimenya imiterere n’imikorere y’ibinyabiziga(Contrôle Techinque).
Umuryango Plan International Rwanda watangije gahunda y’imyaka itanu yiswe ‘Girls get equal’ izatwara miliyoni magana atanu z’Amafaranga y’u Rwanda, ikazafasha abakobwa kwigirira icyizere mu byo bakora, bakabasha kwifatira ibyemezo bibareba.
Nyuma y’uko ingabo zahoze ari iza RPA zibohoye igihugu zigahagarika Jenoside yakorwe Abatutsi mu 1994,Leta yakoremereje urugamba rwo kubaka igihugu cyari cyasenyutse mu bice byose.
Nyuma y’iminsi micye APR yirukanye abakinnyi 16, Bugesera FC na yo yasezereye abakinnyi 18 icyarimwe.
Polisi iranenga bamwe mu banyonzi baciye mu rihumye inzego z’umutekano n’abashinzwe kumena ibiyobyabwenge, babyishoramo babinywa bihishe birabatamaza barasinda kugeza ubwo bajyanwa mu bitaro.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare buvuga ko WASAC irimo gushaka imashini zizatunganya ifumbire mu mwanda kuko izihari zidakora nyamara WASAC yo ikavuga ko izihari zikora habuze amazi.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora(NEC) irahamagarira Abanyarwanda bifuza kuba abasenateri kuyizanira kandidatire, ariko umukandida akaba agomba kuba arengeje imyaka 40 y’ubukure kandi yarize akaminuza.
Muri tombola y’amatsinda yo gushaka itike ya CAN 2021, u Rwanda rwashyizwe mu itsinda F aho ruri kumwe na Cameroun izakira iri rushanwa
Polisi y’igihugu ifatanyije n’abatuye mu Mujyi wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu batwitse urumogi rungana n’ibiro 950.
Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) rutangaza ko kwinjira mu imurikagurisha ry’uyu mwaka (Expo 2019) bigiye kuzajya bisabirwa kuri telefone, umuntu akishyura igihe ashakiye akoresheje Mobile Money, ubwo buryo bukaba ngo bugamije guca imirongo n’umubyigano mu kwinjira.
Mu rwego rwo kwitegura ingendo z’abanyeshuri baza mu biruhuko mu gihugu hose, abatwara abantu mu modoka rusange barasabwa kugabanya umuvuduko, byaba byiza bakajya no munsi y’umuvuduko ntarengwa uteganywa na ‘Speed Governor’ kugira ngo hirindwe impanuka za hato na hato.
Iyibwa ry’igikoresho cyifashishwaga mu gukurura ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba zigakoreshwa mu kuzamura amazi ikuzimu (na cyo abaturage bacyita ‘Umurasire’) ryatumye iriba bavomagaho amazi meza ridakora abaturage batangira kuvoma amazi yanduye inka zikandagiramo.
Banki itsura amajyambere y’u Rwanda (BRD) iratangaza ko yatangiye umushinga wo kwishyuza inguzanyo za buruse zahawe abize muri kaminuza, aho iteganya kuzaba imaze kwishyuza miliyari 22.9 z’amafaranga y’u Rwanda mu myaka itanu iri imbere.
‘Mu isarura ry’ibihingwa byo mu gihembwe cy’ihinga A mu mwaka wa 2019 ntabwo umusaruro wabonetse neza kubera imvura yaguye nabi igatuma imyaka irumba.’
Umukobwa witwa Claudine Nyiringabo wo mu Murenge wa Macuba mu Karere ka Nyamasheke, yaguye mu mpanuka y’imodoka ajya gukora ikizamini cy’akazi mu karere ka Nyamasheke.
Yvan Buravan, umuhanzi ukiri muto ukunzwe mu Rwanda, ukomeje no kwigaragaza mu muziki mu ruhando mpuzamahanga, dore ko ari we muhanzi w’umunyarwanda wenyine wabashije kwegukana igihembo cya prix découvertes 2018 gitangwa na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI).
Ikipe ya APR FC nayo yasezerewe muri CECAFA itsinzwe AS Maniema kuri Penaliti, nyuma yo kunganya 0-0
Ibiyobyabwenge bifite agaciro ka miliyoni zisaga icyenda z’amafaranga y’u Rwanda (9.252.300frw) byamenewe mu gikorwa cyabereye mu Kagari ka Kabyiniro Umurenge wa Cyanika mu Karere ka Burera.
Abantu batandukanye bo hirya no hino ku isi barimo gukoresha uburyo bw’ikoranabuhanga (FaceApp) bushyirwa muri telefone bugahindura ifoto bukayigira iyo mu bihe by’ubusaza.
Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa mbere yatangije ukwezi kwahariwe ibikorwa byayo, ibyo bikorwa bigabanyijemo ibyumweru bine aho muri iki cyumweru (cyambere) cyahariwe ubukangurambaga bugamije gushishikariza buri wese gukumira no kurwanya ibiyobyabwenge hagamijwe kwirinda ingaruka zabyo.
Abaturage bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko serivisi bahabwa ku mavuriro aciriritse zikwiye no kujya zitangwa na nijoro.
Habumuremyi Jean Baptiste bakunze kwita ‘John’ utuye mu Mujyi wa Muhanga mu Murenge wa Nyamabuye akagari ka Gahogo mu Mudugudu wa Ruvumera, asanga ibyamubayeho ari ibitangaza kuko yahinduye gahunda y’urugendo yari afite mu kanya gato imodoka yagombaga kugendamo akumva ko ikoze impanuka ikomeye.
Uturere twose kuri ubu turitegura kumurikira Perezida wa Repubulika, Paul Kagame mu kwezi gutaha kwa Kanama, uburyo twesheje imihigo y’umwaka wa 2018/2019.
I Bitare mu Murenge wa Ngera, polisi y’igihugu yahaye ingo 143 amashanyarazi y’imirasire y’izuba ubwo yatangizaga ukwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi, tariki 15 Nyakanga 2019.
Abakobwa n’abagore bagize umuryango w’abagide (Guides) n’abasukuti muri Afurika ndetse n’ababayobora ku rwego rw’isi, barizeza kuzagabanya umubare rw’abangavu batwara inda.
Mu bice bimwe na bimwe by’Isi, umuhango wo gukebwa cyangwa gusiramurwa kw’abagabo ni igikorwa gikorerwa igitsina gabo, kikaba gikorwa bakuraho agahu kari ku mutwe w’igitsina cy’umugabo.
Nzaramba Emmanuel utunzwe n’akazi ko gucukura imva mu irimbi ryo mu Murenge wa Mayange, Akarere ka Bugesera aho bakunze kwita muri Rwona, avuga ko kamutunze kandi ko anenga abirirwa barira ngo babuze akazi kuko ari akazi kadasaba amashuri kandi katajya gapfa kubura abakiriya.
Mu Mudugudu wa Ruko Akagari ka Nyagahinga mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera Polisi y’u Rwanda irimo kubakira umuturage utishoboye inzu igiye kuzuzura itwaye miliyoni umunani z’Amafaranga y’u Rwanda.
Ukwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi kwatangiye ku wa 15 Nyakanga 2019 gutangirira mu Mujyi wa Kigali, Akarere ka Nyarugenge,mu Murenge wa Mageragere.
Imodoka ya Coaster yari itwaye abagenzi 33, yakoze impanuka, batatu muri bo bahita bahasiga ubuzima, mu gihe abandi 30 bakomeretse barimo babiri barembye cyane.
Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) iramagana ibirego bya Diane Rwigara utavuga rumwe na Leta y’u Rwanda, ikavuga ko abarokotse Jenoside bazi kandi bashima ibyo bagejejweho na Leta y’u Rwanda mu myaka 25 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe.
Ikipe ya Rayon Sports itsinzwe na KCCA yo muri Uganda ibitego 2-1, ihita isezererwa muri 1/4 cya CECAFA Kagame Cup 2019.
Mu mukino wa mbere wa 1/4, Azam Fc isezereye TP Mazembe iyitsinze ibitego 2-1, mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Nyuma y’imyaka 25 u Rwanda rubohowe, abatuye ku Ruheru mu Karere ka Nyaruguru barishimira ibyo bamaze kugezwaho, ku buryo hari n’abasigaye bavuga ko iwabo habaye i Kigali.
Ikigo cyita ku bidukikije (Global Green Growth Institute - GGGI) cyiyemeje gufasha u Rwanda kunoza imiturire mu mijyi itangiza ibidukikije. Icyo kigo cyasabye u Rwanda kugiha imishinga isobanutse ishobora guterwa inkunga.
Abanyeshuri biga mu ishuri ryisumbuye rya Mbogo riherereye mu murenge wa Kigoma mu karere ka Huye, barasabwa kwiga bashyizeho umwete no kwigira ku bababanjirije muri iryo shuri, kandi ko hari amahirwe menshi yo gutera imbere.
Umugabo witwa Jean Damascene Baziruwiha wari umaze umwaka muri Uganda ari umurobyi mu kiyaga cya Victoria, yavuze uburyo yashinjwe kuba intasi y’u Rwanda muri Uganda akahafungirwa.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Prof. Sam Rugege arasaba abakora umwuga wo kunganira abandi mu nkiko bazwi nk’Abavoka kurangwa n’imyitwarire myiza, bakabera urugero abandi barimo n’ababashakaho ubufasha kuko ari zo ndangagaciro zikwiye kubaranga.
Kwishyura ifumbire n’izindi nyongeramusaruro hifashishijwe ikoranabuhanga ry’Ikofi Banki ya Kigali (BK) yashyiriyeho abahinzi, ngo bizakemura ikibazo cy’abanyerezaga izo nyongeramusaruro ntizigere ku bo zagenewe.
Umuntu wese wapfushije, ategekwa n’itegeko nº32/2016 ryo ku wa 28/08/2016 rigenga abantu n’umuryango mu ngingo zaryo zitandukanye, kumenyekanisha urwo rupfu mu buyobozi kandi ibi bigakorwa bitarenze iminsi 30.
Kuri uyu wa 15 Nyakanga 2019, Inteko ishinga Amategeko yatoye umushinga w’Itegeko rivanaho burundu amategeko 1,000 yo mu gihe cy’ubukoroni, bitewe n’uko atajyanye n’igihe.
Kuri uyu wa 15 Nyakanga Polisi y’igihugu yatangiye kubakira Mwanajeshi George inzu yo kubamo ifite agaciro ka miliyoni umunani n’ibihumbi Magana atandatu.
Muri iyi minsi bikunze kugaragara henshi ko ababyeyi batakibona umwanya uhagije wo guhura n’abana babo, bitwaje ahanini ko bakora amasaha menshi babashakira imibereho.
Nyuma yo kubona ko uburyo bwiza bwo guca ibiyobyabwenge ari ukubirandurana n’imizi, ikigo gishinzwe kugorora abasabitswe nabyo kiri kwakirira i Wawa ababikoresha ndetse n’ababyeyi babo igihe bigaragaye ko na bo babikoresha.