Jules Sentore umuhanzi umenyerewe mu njyana Gakondo, yemeje ko abahanzi Nyarwanda barusha ubuhanga abo mu bihugu baturanye, ariko bakarushwa kumenyekanisha ibikorwa byabo.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu Amavubi Haruna Niyonzima, aratangaza ko abifuza ko asezera mu ikipe y’iguhugu atari cyo gihe cyo gusezera
Byamaze kwemezwa ko Leta ya Isiraheli izafungura ambasade yayo mu Rwanda mu 2019, nyuma y’igihe kinini biri mu mishinga ariko bigakomeza gusubikwa.
Abakozi bo mu Karere ka Nyaruguru biyitiriye amasibo y’Inkotanyi zari mu Nteko ishinga amategeko ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yatangiraga, kugira ngo bihute mu mihigo.
Abayobora utugari bavuga ko kuba urwo rwego rugira abakozi bake bituma abaturage binubira serivisi babaha kubera ko batababona buri gihe uko babashatse.
Abaturage bo mu Murenge wa Ruhango bavuga ko biyemeje kwita ku tuntu bitaga duto, ariko dutuma batakaza amanota mu mihigo y’Uturere.
Nyuma yo gutsindwa imikino itatu ibanza mu gushaka itike ya CAN 2019, Mashami Vincent yatangaje ko azakora impinduka ku ikipe izabanzamo bakina na Guinea Conakry
Abahanga mu buvuzi bw’indwara yo kuvura kw’amaraso (Blood Clots) bakangurira abantu kumenya ibimenyetso byayo kuko ari indwara yica vuba ariko inakira iyo imenyekanye kare.
Abatuye mu mirenge yo mu Karere ka Rusizi ikora ku ishyamba rya Nyungwe n’irya Cyamudogo, barakangurirwa kutayangiza kuko ari amashyamba kimeza agize urusobe rw’ibidukikije.
Nyiramukiza Alvera aragira inama abana bakiri bato bakomeje kubyara imburagihe nyuma, y’ingaruka byamugizeho nyuma yo kubyara umwana afite imyaka 14.
Umunyarwanda Muhitira Felicien w’imyaka 23 yegukanye umwanya wa kabiri mw’isiganwa rikomeye ryo mu Bufaransa rizwi nka “20km de Paris”.
Umujyi wa Kigali uravuga ko abaturage wubakiye ku Kimisagara barimo abatarahawe aho gutura, hashingiwe ku byo amasezerano bashyizeho umukono ateganya.
Hagati y’imirenge ya Rukomo, Gatunda na Karama hagiye kubakwa urugomero ruzatanga Kilowati 740 z’amashanyarazi, rukazanifashishwa mu kuhira imyaka.
Umunyarwanda Patrick Niyigena wari usanzwe ukorera ubucuruzi muri Uganda yagejejwe mu Rwanda, nyuma y’iminsi akorerwa iyicarubozo n’inzego z’umutekano muri Uganda.
Perezida Paul Kagame yasobanuye ko kuva u Rwanda rwatangira gufata iya mbere mu gushaka kuzanzahura umuryango w’Ibihugu bivuga ururimi rw’Igifaransa, hari icyo byongereye k’uko rwari rubanye n’u Bufaransa.
Akarere ka Burera gakomeje kugira imibare iri hejuru y’abana bagwingira, ubuyobozi bwako bukavuga ko intandaro ari imyumvire y’ababyeyi ikiri hasi ku bijyanye n’imirire.
Ministeri y’ubutabera (MINIJUST) hamwe n’ubuyobozi bw’uturere, baringingira abaturanyi b’imitungo yasizwe na beneyo kuyicunga, kuko ngo imyinshi itagitanga umusaruro.
Louise Mushikiwabo watorewe kuyobora Umuryango w’ibihugu bivuga ururimi rw’Igifaransa, yizera ko ari we muntu wari ukenewe mu kuzanzahura uyu muryango bitewe n’ubunararibonye yakuye mu rugendo rw’u Rwanda mu kwiyubaka.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru Mashami Vincent aratangaza ko Amavubi yiteguye urugamba rwo guhangana n’Inzovu za Guinea Conakry.
Louise Mushikiwabo yatorewe kuba Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga ururimi rw’Igifaransa (OIF), asimbuye Umunya-Canada Michaelle Jean wawuyoboraga.
Maniragaba Léonard yinjiza asaga ibihumbi 300 ku kwezi nyuma yo gushora amafaranga ibihumbi 60Frw atangirira ku nkoko 30.
Abafana ba Gicumbi FC bahangayikishijwe n’umusaruro iyo kipe izatanga muri shampyiona y’ikiciro cya mbere, mu gihe igifite abakinnyi ihemba ibihumbi 20Frw ku kwezi.
Ubuyobozi burizeza abatuye Akarere ka Gakenke ko batazongera kubura serivisi z’ubuvuzi, kuko ibitaro bya Gatonde bimaze imyaka 19 bategereje bigiye kuzura.
Mu gihe amatora y’Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, OIF, abura amasaha make ngo abe, mu Mujyi wa Erevan mu gihugu cy Armenie aho aya matora ari bubere, hakomeje kugaragara ibimenyetso bishimangira ko Madame Louise Mushikiwabo ari bwegukane uyu mwanya.
Abakuru ba za guverinoma n’ibihugu bigize umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), basabye ko uyu muryango wakongera imbaraga mu gushakira umuti ibibazo bihangayikishije isi.
Muri uku kwezi k’ Ukwakira, Banki Nkuru y’u Rwanda yahaye ikigo cya "RIHA Payment System Ltd " uruhushya rw’amezi atandatu rwo gutangira kugerageza uburyo bushya icyo kigo cyavumbuye bwitwa ‘AuraSoft Riha Mobile Wallet’ bwo gufasha abantu guhererekanya amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga.
Minisiteri y’uburezi MINEDUC, irasaba abayobozi b’ibigo by’amashuri bituranye n’insisiro z’abaturage, kubana neza na bo aho gukurura buri wese yishyira.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ihamya ko Abanyarwanda bafite virusi itera SIDA bose bamenyekanye bakajya ku miti igabanya ubukana bwayo, ubwandu bushya bwazacika burundu.
Bashingiye ku myitwarire y’urubyiruko rwiyandarika ndetse no guhunga inshingano za kibyeyi kwa benshi, hari abaturage bamaganye itegeko rikomorera bamwe gukuramo inda.
Kuri uyu wa Kane tariki 11 Ukwakira 2018, Mu Mujyi Erevan, umurwa mukuru wa Armenia hatangijwe inama ihuza abakuru b’ibihugu bihuriye ku rurimi rw’igifaransa.
Mu gitaramo Nyarwanda cya kabiri cyabimburiye Ihuriro ry’abayobozi b’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, OIF, Madame Louise Mushikiwabo yatunguye abakitabiriye abyina imbyino Nyarwanda, agasusurutsa benshi.
Nyuma yo kwirara mu mirima y’icyayi bakakirandura kubera umujinya w’imicungire idahwitse y’amakoperative yabo, abahinzi b’icyayi bo mu Karere ka Nyamasheke, baravuga ko ubuso bwo kugihingaho butangiye kuba buke nyuma y’aho ibibazo bikemukiye bakongera kugihinga.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu Perezida Paul Kagame yageze mu gihugu cya Armenie mu Mujyi wa Erevan, ahateganijwe kubera amatora y’umunyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF).
Abakora muri serivisi z’ubuvuzi mu Rwanda banyomoza abirirwa bavuga ko bakize virusi itera SIDA burundu, ahubwo bakemeza ko iyo ndwara idakira.
Canada yatangaje ko itagishyigikiye Umunya-Canada Michaelle Jean uhanganye na Madame Louise Mushikiwabo ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF).
Nyuma yo kuganzwa n’iterambere ry’itumanaho, Ofisi y’amaposita iravuga ko yahinduye imikorere, ikazajya igeza ku bantu ibicuruzwa baguze bakoresheje ikoranabuhanga.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga buravuga ko bugiye guhagurukira abiyitirira umwuga wo guhuza abagura n’abagurisha badafite ibyangombwa.
Nta kwezi kurashira Ingabire Umuhoza Victoire akomorewe ku gifungo cy’imyaka 15 yari yarakatiwe n’urukiko ariko yatangiye imishinga yo kuzana abana be mu Rwanda bagasura igihugu cyabo.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’iteganyagihe “Meteo Rwanda” cyaburiye Abanyarwanda ko hari ibimenyetso bigaragaza ko mu gihugu hashobora kugwa imvura ikaze muri iyi minsi.
Urubyiruko rwo muri Afurika rwasabye abayobozi guhindura imyumvire no kurushaho kubafasha kugira ubushobozi, kugira ngo na bo babashe guhanga udushya tuzabafasha guteza umugabane imbere.
Umunyamakuru Robert Mugabe wari ukurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa babiri bava inda imwe, akanatera inda umwe muri bo, amaze gufungurwa by’agateganyo.
Urugo rwa Hakuzimana Deogratias na Mukamurenzi Laurence rumaze imyaka ibiri rushaka gusenyuka kubera ko Mukamurenzi anywa umutobe agakekwaho ubusambanyi.
Muri paruwasi gaturika ya Rugango mu Karere ka Huye bafashije abagabo 19 bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu rugendo rwo gusaba imbabazi.
Nyirabagande Fridaus uzwi ku izina rya Languida mu ikinamico Urunana, avuga ko hari igihe akina ibintu bikamugiraho ingaruka zo kubabara nk’aho byamubayeho.
Bamwe mu bageze mu zabukuru baravuga ko abana babo babataye bakanga no kubaha abuzukuru bo kubamara irungu no kubasindagiza.
Mu Murenge wa Nyundo Akarere ka Rubavu ahitwa Bahimba, ni agace kahoranye isura y’umutekano muke mu gihe cy’abacengezi 1998, ariko ubu hujujwe umudugudu w’Ikitegerezo ufite agaciro k’asaga miliyari y’amafaranga y’u Rwanda.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko kuva Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) utangiye kwishakamo inkunga binyuze mu misanzu y’ibihugu, nta faranga rigipfa ubusa.
Umuherwe Mo Ibrahim usanzwe utegura ibihembo byamwitiriwe bihabwa abayobozi b’indashyikirwa mu miyoborere, yatumiye Perezida Kagame mu nama y’ubutegetsi bw’umuryango we yabereye i Londres
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, François Habitegeko atangaza ko n’abafatanyabikorwa b’igihugu bakwiye gusinyana imihigo n’uturere abihereye ku kuba mu mwaka ushize w’ingengo y’imari hari abafatanyabikorwa batabagaragarije igenabikorwa ryabo.
Mu mukino w’igikombe kiruta ibindi, APR yegukanye igikombe itsinze Mukura ibitego 2-0, mu mukino wabereye kuri Stade Umuganda i Rubavu