Umutoza wa APR Fc, Dr Petrovic yamaze guhagarika burundu akazi ko gutoza, kubera ikibazo cy’uburwayi kimukomereye.
Ikipe y’Amavubi y’u Rwanda inganyirije na Les Fauves ya Centrafrica ibitego 2-2, nyuma y’igitego cyinjijwe na Geoffrey Kondgobia mu minota y’inyongera.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko mu mwaka amaze ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) yubakiye ku byo abamubanje basize akaba anizera ko uzamusimbura azakomereza ku byo nawe yakoze.
Ndayishimiye Eric Bakame wari umunyezamu akaba na kapiteni w’ikipe ya Rayon Sports, yamaze guhabwa urupapuro rumwemerera kuva muri Rayon Sports
Umukinnyi Byukusenge Patrick wa Benediction Club niwe wagukanye irushanwa rya Central Race ryatangiriye i Musanze rigasorerezwa i Muhanga.
Ministiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye avuga ko harimo gutorwa itegeko ribuza abantu bagenda nabi mu mihanda gutwara ibinyabiziga.
Ababyeyi barerera mu rwunge rw’amashuri rwa APACOP mu Mujyi wa Kigali baratangaza ko bakurikije ubumenyi abana bahiga bagaragaza,bitanga ikizere ko mu bihe biri imbere bazafasha igihugu kurushaho kugira isura nziza mu ruhando mpuzamahanga.
Ibi byagaragaye ubwo aba bangavu begerwaga bakaganirizwa, muri gahunda Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango yihaye yo kubegera (GBV Clinics), kuva tariki 14 kugeza ku ya 15 Ugushyingo.
Perezida Kagame yashimiye uruhare rw’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) mu gutuma amavugururwa arimo gukorwa atanga umusaruro.
Abatwara ibinyabiziga n’abanyamaguru bambukira mu masangano y’imihanda, Nyabugogo, Kinamba, APACOPE n’umuhanda uva rwagati mu mujyi wa Kigali, barinubira umuvundo w’ibinyabiziga ugaragara muri ayo masangano bavuga ko uteza impanuka.
Umuryango uharanira uburenganzira bw’umuguzi (ADECOR) uhamya ko hakiri icyuho mu ikorwa ry’ibiryo byongewemo intungamubiri bigatuma bitaboneka ku isoko n’aho biri bigahenda.
Ni amezi abiri ya nyuma agoye y’umwaka wa 2018 ku muryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU). Haracyari ibikorwa bigera ku icumi bikomeye ku ngengabihe AU yari yihaye mbere y’uko uyu mwaka urangira, duhereye ku nama ya 11 idasanzwe y’uyu muryango iteranira i Addis Abeba muri Ethiopia, kuri uyu wa 17 iUgushyingo 2018.
Hari ibyapa bya bisi 15 hagati ya gare yo mujyi wa Kigali rwagati na Kimironko, kamwe mu duce k’urujya n’uruza mu mujyi wa Kigali, gusa ariko ibyo byapa byose ni nk’iby’ahandi kugeza ubwo ugeze ku nyubako y’ubucuruzi y’amagorofa ane yubakishije amabuye y’ Umunyarwanda wahoze mu gisirikare, akambara impuzankano za gisirikare (…)
Rayon Sports yihereranye Gitikinyoni iyinyagira ibitego 8-1, mu mukino wa gicuti wabereye mu Nzove
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwemerera Muhire Kevin kujya gukora igeragezwa mu Misiri rizamara ukwezi
Kuva tariki 21 kugeza 23 Ugushyingo 2018, i Kigali hazaba hateraniye inama y’abakora mu bijyanye na filime, inama izaba ibaye ku nshuro ya mbere mu karere u Rwanda ruherereyemo.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’Igihugu, IGP Dan Munyuza avuga ko abatekerezaga guhungabanya umutekano mu karere ka Nyaruguru barotaga.
Perezida Paul Kagame uri gusoza uruzinduko rw’iminsi ibiri y’akazi yakoreraga mu Murwa mukuru wa Qatar, Doha, yatemberejwe ku kibuga cy’indege kitiriwe Hamad, kizwi nka Hamad International Airport.
Abakora urugendo Huye-Nyaruguru bakomeje kwibaza impamvu uwo muhanda udashyirwamo kaburimbo nyamara nta gihe bitavuzwe ko imirimo iri hafi gutangira.
Abagera kuri 33 biganjemo urubyiruko bahoze mu mitwe y’abarwanyi yo mu mashyamba ya Kongo Kinshasa, ku wa kane basoje icyiciro cya 64 cy’ingando bari bamazemo amezi atatu, ibera mu Kigo cya Komisiyo ishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu ngabo giherereye I Mutobo mu karere ka Musanze. Abo bahoze ari abarwanyi (…)
U Rwanda na Qatar basinyanye amasezerano ku by’ ingendo z’indege, ubutwererane n’ubuhahirane, kurengera ishoramari, ndetse n’amasezerano y’ubufatanye mu bukungu, ubucuruzi ndetse na tekinike.
Nyir’amaso yerekwa bike, ibindi akirebera. Irebere uyu muzungu wanyuzwe n’imbyino Gakondo z’Abanyarwanda, akanafata umwanya wo kwiga kuzibyina, ku buryo ubu azibyina zigata izazo.
Umutoza wa Rayon Sports umunya-Brazil Robertinho yemereye KT SPORTS ko ari mu biganiro n’ikipe ya Gormahia yo mu gihugu cya Kenya.
Ubushakashatsi bugaragaza ko buri segonda ku isi hapfa umwana wavutse atujuje iminsi isanzwe yo kuvuka, ihwanye n’amezi icyenda.
Abitabiriye inama mpuzamahanga ku kuboneza urubyaro (ICFP 2018) bifuje ko serivisi zo kuboneza urubyaro zanozwa, zigatangwa neza kurushaho kugira ngo zigere ku ntego.
Geoffrey KONDOGBIA ukina hagati mu ikipe ya Valence yo muri Espagne, yavunikiye myitozo y’igihugu cye cya Centrafurika i Nyamirambo
Abakunzi ba Premier League, shampiyona ya ikurikirwa na benshi ku isi, mwitegure kujya mureba imikino igahagarikwa iminota runaka kugira ngo umusifuzi afate icyemezo agendeye ku mashusho y’umukino. Ubu buryo b’imisifurire buzwi nka Video Assistant Referees (VAR).
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Rusizi barera abana bavanye mu bigo birera impfubyi, bavuga ko bakigorwa no kubiyandikishaho mu buryo bwemewe n’amategeko.
Ikigo giteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi (NAEB) hamwe n’abatunganya imibavu mu bimera, barahamagarira Abanyarwanda guhinga ibyatsi bihumura.
Nyuma y’ibibazo byo kutumvikana hagati ya Rayon Sports na Kiyovu ku mukinnyi Kakule Mugheni Fabrice ku bwumvikane bw’Impande zombi , uyu mukinnyi yemerewe gukinira ikipe ya Rayon Sports mu mwaka w’imikino 2018/2019 atanzweho miliyoni 13Frw.
Perezida Paul Kagame yasoje uruzinduko rw’akazi yagiriraga i Doha muri Qatar, asura ikicaro cy’umuryango Qatar Foundation uteza imbere uburezi, siyansi ndetse n’imibereho myiza y’abaturage.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo, bwasabye abakozi bako gucika ku muco wo kuzana ibiryo mu biro, ngo kuko biteza umwanda kandi bikanangiza amadosiye.
Kuri uyu wa kane tariki 15 Ugushyingo, Miss Iradukunda Liliane uhagarariye u Rwanda mu marushanwa ya Nyampinga w’Isi (Miss World) hamwe n’abandi banyampinga 119 bava mu bindi bihugu, basuye pariki y’umujyi wa Sanya ari nawo aya marushanwa ya Miss World 2018 ari kuberamo.
Icyambu kidakora ku Nyanja cya Dubai kiri kubakwa i Masaka mu Karere ka Kicukiro, cyamaze kuzura ku buryo muri Mutarama 2019 kizatangira gukora.
Abashinzwe gutegura isiganwa ry’amagare Tour du Rwanda bamaze gutangaza inzira za Tour du Rwanda 2019 izaba itandukanye n’izindi zose zabayeho.
Mu gishanga giherereye mu Mudugudu w’Inkingi mu kagari ka Kamutwa mu Murenge wa Kacyiru, hatoraguwe umurambo w’uruhinja ruri mu kigero cy’amezi atatu rwajugunywe mu mazi.
Nyagahene Eugene ni umugabo ufite imyaka 60 y’amavuko, akaba yubatse afite abana batatu b’abakobwa. Ni umwe mu baherwe bo muri iki gihugu, akaba ari we watangije Radiyo yigenga ya mbere mu Rwanda "Radio 10", yaje no kubyara TV10.
Umukino w’igikombe kitiriwe kurwanya ruswa gitegurwa n’Urwego rw’Umuvunyi wari kuzahuza APR FC na Rayon Sports tariki 23 Ugushyingo 2018 wimuriwe ku itariki itaramenyekana nyuma y’ubusabe bwa APR FC.
Kuri Stade Umuganda Amavubi yanganyije na DR Congo ubusa ku busa, umukino waranzwe n’abafana benshi ba Congo kuruta u Rwanda
Ihuriro ry’amaradiyo y’abaturage mu Rwanda riratangaza ko aya maradiyo kuva yajyaho yabaye umuyoboro uhuza abaturage n’ubuyobozi,agafasha abaturage gutanga ibitekerezo byabo.
Abaturage b’Akarere ka Nyamasheke bavuga ko nyuma y’aho ubuyobozi bwabo bubahaye rugari ngo bajye bagira uruhare mu bibakorerwa,ubu basigaye bagira ishyaka ryo kubibungabunga.
Umuryango Imbuto Foundation ntiwemeranya n’abavuga ko kwigisha abakiri bato ibyo kuboneza urubyaro ari ukubagabiza ubusambanyi ahubwo ko hari ibibazo byinshi bibarinda.
Kuri uyu wa Gatatu, Perezida Paul Kagame yageze i Doha mu gihugu cya Qatar, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri rw’akazi.
Ikipe y’Amavubi y’abatarengeje imyaka 23, iguye miswi n’ikipe ya Repuburika iharanira demokarasi ya Congo, mu mukino ubanza wo guhatanira itike yo kwitabira igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 23.
Ministiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase asaba inzego z’ibanze kugaragariza abaturage uburyo ibyifuzo batanze byashyizwe mu bikorwa.
Urubyiruko rwo mu bihugu bitandukanye ruhamya ko rutisanzura iyo rushaka kuboneza urubyaro kuko ngo hari aho rukumirwa, rwanemererwa rukabikora rwihishahisha.
Ku wa 12 Ugushyingo 2018, Umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi, ushinzwe ubuzima bw’ababyeyi n’abana bakivuka, Sarah Zeid, yasuye inkambi y’impunzi ya Gihembe iherereye mu Karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru.
Abaturage bo mu Karere ka Nyanza bongeye kugaragaza ko bifuza kubona amazi meza n’umuriro w’amashanyarazi mu igenamigambi rya 2019/2020.
Mu Karere ka Rubavu abafana bitabiriye umukino uza guhuza ikipe y’Amavubi y’abatarengeje imyaka 23 na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, bari gupimwa icyorezo cya Ebola kimaze iminsi cyaribasiye uduce tumwe na tumwe twa Congo.