Umushinga w’ishuri rya IFAK, wegukanye irushanwa ry’ibiganiro mpaka ku mikoreshereze n’imicungire y’ifaranga rizwi nka ‘Money Makeover’, ryabaga ku nshuro ya kane.
Mu nyubako ya Kigali Convention Centre (KCC) ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu habereye umuhango wo kwizihiza imyaka 20 y’ubufatanye hagati ya Oklahoma Christian University n’u Rwanda.
Abanyeshuri 10 bo mu ishuri rya Hope Haven Christian Secondary School berekeje muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho bagiye guhagararira u Rwanda mu cyiciro cya nyuma cy’amarushanwa ya Siyansi, kizabera muri George R. Brown Convention Center.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) irakangurira abayobozi b’ibigo by’amashuri atandukanye kujya batanga amakuru-shingiro y’ukuri y’ibigo bayobora, kuko ari yo agenderwaho mu gukora igenamigambi ryo guteza imbere uburezi.
Ikiganiro #EdTechMondays kigamije guteza imbere ikoranabuhanga mu burezi, cyo ku wa Mbere tariki 27 Mata kizibanda ku buryo amakuru ajyanye n’ikorenabuhanga aboneka, afasha Guverinoma mu gufata ibyemezo bijyanye na politiki z’uburezi ku nzego zitandukanye.
Ishuri Rikuru Gatolika rya Kabgayi (ICK) ryagaragaje uburyo ibikorwa byaryo bigira uruhare mw’iterambere ry’akarere ka Muhanga cyane cyane mu bucuruzi.
Uwabaye impunzi cyangwa uzi neza ubuzima zinyuramo, azi neza ibibazo bikomeye by’imibereho zikunda guhura na byo, bitewe n’uko baba batari mu gihugu cyabo, kandi baravuye iwabo batitwaje ibyo bakenera byose mu buzima.
Aline Nyiramahirwe ni umukobwa w’imyaka 23 w’impunzi icumbikiwe mu nkambi ya Mugombwa mu Karere ka Gisagara, akaba yarahawe akazi ko kwigisha ku Ishuri ryisumbuye rya Tekinike, Imyunga n’Ubumenyingiro rya Mugombwa (Mugombwa TSS), nyuma yo guhiga abandi mu bizamini bisoza ayisumbuye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), kiratangaza ko amashuri yose ari mu nshingano zacyo, azaba yagejejweho ibikoresho by’ikoranabuhanga ndetse na murandasi (Internet) bitarenze uyu mwaka wa 2026.
Birazwi neza ko muri iki kinyejana ikoranabuhanga ari kimwe mu by’ingenzi bikenerwa mu iterambere rya buri rwego harimo n’urw’uburezi. KT Radio, mu mushinga uterwa inkunga na Mastercard Foundation ndetse n’ishami ry’Ikoranabuhanga ry’Urugaga Nyarwanda rw’Abikorera, kuri uyu wa Mbere iragaragaza uko ikoranabuhanga rishobora (…)
Mu gihe Isi ikomeje kugaragaza impinduka mu iterambere ry’ikoranabuhanga cyane cyane iry’ubwenge buhangano (AI), imyigire n’imyigishirize na yo birasaba ko ihuzwa n’aho Isi irimo igana. Ibi bitera bamwe impungenge ku ireme ry’uburezi haba ku barimu ndetse n’abanyeshuri bifashisha ubwenge buhangano, abandi bakagira impungenge (…)
Bimwe mu bibazo bibangamiye guteza imbere ubushakashatsi no guhanga udushya mu mashuri makuru na Kaminuza harimo kubura amafaranga yakwifashishwa muri ibyo bikorwa (financing) n’abashakashatsi badafite ubumenyi n’ubushobozi buhagije, umubare wabo na bo ukaba muto.
Abanyarwanda batuye muri Senegal, Gambia, Mali na Guinea Bissau, bashyikirije Minisiteri y’Uburezi Miliyoni 30 z’amafaranga y’u Rwanda nk’umusanzu wabo muri gahunda ya Dusangire Lunch igamije gufasha abana kubona ifunguro rya ku manywa bari ku ishuri. Iyi nkunga ikazafasha abana 10,000.
Mu mwiherero w’uburezi w’iminsi ibiri, wahuje abayobozi b’ibigo by’amashuri bose ndetse n’abandi bafite aho bahuriye n’uburezi, bafashe umwanya wo kwishimira ibyo bagezeho, abitwaye neza barabihemberwa, barebera hamwe n’ingamba zatuma barushaho gukora neza, hanabaho gusinyana imihigo n’Umuyobozi w’Akarere.
Abakobwa babyariye iwabo, abafite ubumuga, n’abaturuka mu miryango itishoboye batari bafite icyizere cy’ahazaza habo heza, barashima amahirwe bahawe n’umushinga w’Uburezi Budaheza (Inclusive Education Project) w’umuryango witwa Young Women’s Christian Association (YWCA) ufite intego yo guhindura umuryango nyarwanda, binyuze (…)
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko muri uyu mwaka abanyeshuri bagize amanota make mu byiciro byombi bagabanutse ugereranyije n’umwaka ushize.
Umwana wa mbere mu gihugu watsinze ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza ni uwitwa ARAKAZA Leo Victor wigaga ku ishuri rya Wisdom School Musanze wagize 99.4%.
Mu gihe u Rwanda rurimo rugana mu hazaza harangwa n’ikoranabuhanga, ibikoresho nka za mudasobwa zigendanwa, ibibaho bigezweho (smartboards) n’izindi porogaramu zifashishwa mu gahunda zo kwigisha (education apps) ntibikiri inzozi zo mu gihe kizaza, ahubwo biragenda biba ibikoresho byo mu buzima busanzwe.
Ababyeyi barashimira Leta y’u Rwanda yabashyiriyeho gahunda y’ingo mbonezamikurire y’abana bato(ECD), irimo gufasha abana kugira imikurire myiza, n’ababyeyi bakabona uwo basigira abana n’abuzukuru bakajya mu mirimo ibateza imbere.
Minisiteri Y’Uburezi yatumiye abanyarwanda n’abafatanyabikorwa b’Uburezi mu kiganiro gitegerejwemo kuzana impinduka zikomeye mu guteza imbere ireme ry’Uburezi,
Abiga imyuga n’ubumenyi ngiro muri Diyosezi ya EAR Shyogwe, bamaze kuvumbura uburyo bwo gukora amasabune bifashishije ibishishwa by’imyumbati, bakamuramo amavuta asimbura amamesa n’andi mavuta bakoreshaga.
Umuyobozi ushinzwe iterambere ry’Abarimu mu kigo cy’igihugu gishinzwe uburezi bw’ibanze, Leon Mugenzi, avuga ko amahirwe yahawe abarimu mu kigo cy’imari cyo kubitsa no kugurizanya, Umwalimu SACCO, ari menshi, ku buryo umwarimu utabitsa muri iki kigo akwiye kwegerwa kuko afite ikibazo.
Abasenateri ba Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu bagaragarije Minisitiri w’Uburezi ko umuco ukiri inkingi ngenderwaho mu guhitamo amashami y’imyuga n’Ubumenyingiro hagati y’abanyeshuri b’abahungu n’abakobwa.
Mu birori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wa mwarimu uba buri mwaka ku wa 13 Ukuboza 2024 Minisitiri w’intebe Dr Edouard Ngirente yabwiye abarezi ko abafitiye igisubizo cyiza ku bibazo bagaragaje.
Abarimu bigisha abafite ubumuga bwo kutabona bo mu ishuri ry’abafite ubumuga bwo kutabona ry’i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru (Education Institute for Blind Children Kibeho), bavuga ko bitaborohera kubakorera ibitabo bigiramo kuko biza byanditse mu nyandiko isanzwe.
Iteka rya Minisitiri w’Intebe no 033/03 ryo ku wa 12/11/2024, rishyiraho sitati yihariye igenga abakozi b’amashuri y’uburezi bw’ibanze, ryateganyije ko abakora muri uru rwego bazajya bakorerwa isuzumamikorere buri myaka itatu, hagamijwe gusuzuma uburyo buzuza inshingano bashinzwe.
Abanyeshuri bafite ubumuga butandukanye baratangaza ko kutagira ibikoresho bihagije biborohereza bibagiraho ingaruka mu myigire yabo, kubera ko abenshi badashobora kwiga mu gihe ntabyo bafite.
Abafite ibigo bikoresha ikoranabuhanga mu guhugura abarimu no gutegura integanyanyigisho z’ikoranabuhanga mu burezi, baratangaza ko hakiri icyuho kuri bamwe mu barimu batamenyereye gukoresha iryo koranabuhanga, ku buryo hagikenewe amahugurwa ahagije.
Mu kiganiro EdTech Monday cyo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ugushyingo 2024 abatumirwa bacu baratugaragariza uko hakwiye kubakwa ikoranabuhanga mu burezi, rijyanye n’imiterere y’abarikoresha, hagendewe ku muco gakondo n’ururimi benshi mu banyeshuri bazi gukoresha, mu rwego rwo guhuza ibikenewe n’ireme ry’uburezi ryifuzwa.