`Umufuragiro´ andi mananiza ku bagana VUP ataravuzwe mu Mushyikirano

Hari abaturage bavuga ko bacitse ku gusaba inguzanyo ya VUP bitewe n’uko kuyisaba harimo amananiza arenze inyungu yazamuwe ikava kuri 2% ikajya kuri 11% nk’uko byagaragaye ko ari ryo pfundo mu mushyikirano wasojwe kuri uyu wa gatanu.

Umurenge SACCO wa Jabana mu yagize ikibazo cyamaganwe mu nama y'Umushyikirano, cyo kutavangura amafaranga yawo n'aya VUP
Umurenge SACCO wa Jabana mu yagize ikibazo cyamaganwe mu nama y’Umushyikirano, cyo kutavangura amafaranga yawo n’aya VUP

Muri iyo nama yashojwe kuri uyu wa gatanu, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yemeranyijwe n’abagize Guverinoma ko abatishoboye bagomba guhabwa amafaranga ya VUP yabagenewe nta mananiza bashyizweho.

Kuva mu mwaka wa 2010 imirenge SACCO yahawe inshingano yo kunyuzwamo amafaranga yagenewe abatishoboye kugira ngo bibakure mu bukene, muri gahunda yiswe “Vision Umurenge Program(VUP).

Mu nama y’Umushyikirano wa 2018, inzego zitandukanye zitanye ba mwana kuri ayo mafaranga imirenge SACCO yatangaga ku baturage iyacuruje ku nyungu ingana na 2% buri kwezi.

Guverinoma yemereye Perezida wa Repubulika ko habayeho kurangarana abo baturage bagombaga kujya bishyura ayo mafaranga ariyongera ajya kuri 11% buri mwaka.

Ministiri w’Intebe, Dr Edward Ngirente yagize ati:”Byahinduye isura aho amafaranga yari agenewe gufasha abakene yagiye gucuruzwa muri banki, ni aho habereye amakosa ariko turi hafi gukosora”.

Mu ngaruka z’uku guhenda kw’inguzanyo za VUP Umushyikirano wagaragaje, harimo ko abaturage bamwe bayahawe ngo bananiwe kuyishyura, abandi bemera kubana n’ubukene kuko batinye kuyisaba.

Bamwe mu batuye umurenge wa Jabana mu karere ka Gasabo baganiriye na Kigali today bavuga ko uretse iyo nguzanyo ihenze kwishyura, hari n’andi mafaranga yitwa imifuragiro arenga ku nyungu bazishyura.

Guverinoma yemereye amakosa imbere ya Perezida Kagame yiyemeza no kuyakosora byihuse
Guverinoma yemereye amakosa imbere ya Perezida Kagame yiyemeza no kuyakosora byihuse

Umuhinzi w’umuceri mu gishanga cya Jabana agira ati:”Mu kwezi gushize twagiye turi itsinda gusaba inguzanyo y’amafaranga ibihumbi 510, ariko baduhaye 490, nyamara tuzishyura ayo ibihumbi 510 turengejeho inyungu ingana na 18%”.

“Impamvu bataduhaye amafaranga yuzuye ibihumbi 510, ngo bagomba kubanza gukuraho ay’agafuragiro, aya serivisi, ayo gusura ingwate ndetse no gukora umushinga”.

Umucungamutungo w’Umurenge SACCO wa Jabana, Alice Singanire yemera ko ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo bwabahaye amafaranga arenga miliyoni 45 mu mwaka ushize, ariko ko barimo kuyatanga ku nyungu ya 11% aho kuba 18%.

Avuga ko abacibwa inyungu ya 18% ari abandi banyamuryango ubusanzwe bakwa inyungu ya 24%, ariko ko bayigabanije kugira ngo bagire umwete wo kubitsa muri icyo kigo cy’imari cyigeze guhombywa n’abagikoragamo arenga miliyoni 300.

SACCO ya Jabana nayo ishimangira ko mu gutanga inguzanyo ku baje bayisaba, itavanguraga amafaranga yayo bwite n’ayagenewe abafashwa na VUP.

Perezida Kagame avuga ko abayobozi bakoze amakosa muri VUP bagomba guhanwa byihuse kandi bikamenyekana
Perezida Kagame avuga ko abayobozi bakoze amakosa muri VUP bagomba guhanwa byihuse kandi bikamenyekana

Mu gusoza umushyikirano wa 2018, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yatangaje ko abayobozi batumye amafaranga ya VUP acuruzwa na za SACCO bagomba kubihanirwa.

Agira ati:”Amafaranga yahindutse aya SACCO nyamara ari aya VUP, ntabwo bigera aho ngo umuntu abihindure ibye, ibi ni programu z’igihugu ntabwo ari iz’umuntu ku giti cye”.

“Iyo ubihinduye ibyawe utavuganye n’abandi wirengera ingaruka, umuntu aba akwiye kubibazwa, abo bayobozi baba aba mbere mu kwangiza gahunda ziriho za Leta, ni bo dukwiye guheraho, tubikore vuba na bwangu!”

Perezida Kagame asaba ko mu bagomba gukurikiranwa byihuse harimo abayobozi basabye inguzanyo ya VUP mu mirenge SACCO bakaba batarayishyuye.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka