Tujya muri EAC ntitwigeze dupfukama ngo twinginge – Perezida Kagame
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyakurikiye inama y’igihugu y’umushyikirano ya 16, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rutigeze rwinginga ngo rwemererwe kujya mu muryango w’ibihugu by’Afurika y’Uburasirazuba kubera ko byari uburenganzira bwarwo.

Perezida kagame yasubizaga abajya bavuga ko u Rwanda n’u Burundi bagiye mu muryango w’ibihugu by’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) bititeguye, avuga ko u Rwanda rwagiyemo kuko rwumvaga hari uruhare rwagira mu iterambere ry’akarere, kandi biri mu bushake ndetse n’uburenganzira bwarwo.
Yagize ati “Ntabwo ubwo twajyaga mu muryango w’ubumwe bw’Afurika twigeze dupfukamira uwo ariwe wese ngo twinginge, ntabwo ari imbabazi twagiriwe... byari amahitamo yacu kandi byari n’uburenganzira bwacu”.
Yongeyeho ko yemeza ko u Rwanda ruhagaze neza mu gushyira mu bikorwa amategeko n’amabwiriza agenga umuryango kurusha ibindi bihugu, ibi kandi byagiye byigaragaza, mu bihe bitandukanye.
Perezida Kagame yagarutse kandi ku bushotoranyi bw’igihugu cy’u Burundi, avuga ko icyo gihugu cyitwaza umwanya gifite muri EAC maze kikivugira ibyo gishaka ku Rwanda.

Yagize ati “twakomeje gukurikirana ubushotoranyi bw’u Burundi ariko ntabwo twabihaye agaciro cyangwa ngo tubyiteye kuko baba babonye icyo bashaka aricyo kugaragaza ko nta kindi kibazo bafite uretse u Rwanda”.
Perezida kagame yavuze ko kugirango abantu bakorere hamwe bisaba ko buri wese atanga ndetse akanakira, iyo ibihugu byemeye kwishyira hamwe hari agace gato k’ubusugire gasa nk’agatakaye kugirango hubakwe ikintu kigari kirenze ubwo busugire.
Perezida Kagame yongeye kunenga ubuyobozi bw’igihugu cya Afurika y’Epfo, buhitamo kumva ibivugwa n’abanzi b’u Rwanda, maze bikaga ingaruka ku rugendo rwo kubaka ubumwe.
Yavuze ko ibyavuzwe na Afurika y’Epfo ko umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda yatutse minisitiri wa Afurika y’Epfo byari ibinyoma ndetse na twitter bavugaga ko byabereyeho nta kibigaragaza yigeze abona.
Mu kiganiro cyamaze amasaha arenga abiri, Perezida Kagame yasubije abanyamakuru bo mu Rwanda ndetse n’abakorerera ibitangazamakuru mpuzamahanga ku bibazo bitandukanye byibanze ahanini ku mibanire y’igihugu n’amahanga, nka Afurika y’Epfo, Uganda n’u Burundi, ikigabo cy’umuhanda wa gali ya moshi, ikibuga cy’indege cya Bugesera n’ibindi.
Inkuru zijyanye na: umushyikirano2018
- `Umufuragiro´ andi mananiza ku bagana VUP ataravuzwe mu Mushyikirano
- ’U Rwanda ntirujenjeka ku mutekano warwo’, gasopo ya Perezida Kagame ku bashotoranyi
- Abayobozi bangiza gahunda ziriho bagomba gukurikiranwa, mubikore vuba – Perezida Kagame
- Ikibazo cy’imirire mibi mu bana gikemurwe mu gihe gito – Perezida Kagame
- Dr Sezibera yanyuzwe cyane n’umuziki w’abiga ku Nyundo
- Impamvu Bamporiki asanga abakirwana muri FDLR ari ‘abarwayi’
- Mu myaka itarenga itatu abana barokotse Jenoside bazaba bamaze kwiga
- Inyungu iri hejuru yagabanyije umubare w’abaka inguzanyo muri VUP
- Umushyikirano uheruka watumye abana 55,533 bari barataye ishuri barisubiramo
- Perezida Kagame ntanyuzwe n’uko bimwe mu bihugu bibaniye u Rwanda
- Umushyikirano uribanda ku ngamba zigamije guhindura imibereho y’abaturage
Ohereza igitekerezo
|