
Uyu Mubiligi yageze kuri iyi ntsinzi mu gusiganwa n’isaha umuntu ku giti cye, nyuma yo gukoresha iminota 49 n’amasegonda ane asiganwa ibilometero 40.6 byatangiriye muri BK Arena yahagurutse saa kumi zuzuye bigasorezwa kuri Kigali Convention Centre.
Evenpoel yahise yambikwa umudali wa zahabu ndetse n’umwambaro w’umukororombya uhabwa uwegukanye iyi shampiyona y’Isi muri buri cyiciro.

Mu Banyarwanda, Nsengiyumva Shemu, yabaye uwa 25 asizwe iminota itandatu n’amasegonda 55.
Uyu ni na wo mwanya wa mbere wegukanywe n’umunyarwanda, mu gihe Mugisha Moise yabaye uwa 31 asizwe iminota umunani n’amasegonda 54 mu bakinnyi 54 bakinnye muri rusange.

Ugendeye ku rutonde rusange, Nsengiyumva Shemu ni umuny’ Afurika wa 2 nyuma ya MUNTON Byron ukomoka muri Afurika yepfo we uri ku mwanya wa 20 ku rutonde rusange aho yakoresheje Iminota 54 n’amasegonda 51 akaba yasizwe iminota
+5:05.75 na Evenepoel Remco wa mbere.
























Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|