Kuri uyu wa 23 Ukwakira 2018, Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’umuyobozi wa Afurika yunze Ubumwe, yujuje imyaka 61 y’amavuko.
Gen Maj Emmanuel Bayingana wari usanzwe ari umuyobozi wungirije w’Itorero ry’igihugu, yasimbuye Gen Maj Albert Murasira wagizwe Minisitiri w’ingabo asimbura Gen James Kabarebe.
Mu muhango w’ihererekanyabubasha hagati ya Min Nyirasafari na Madamu Uwacu Julienne asimbuye, Minisitiri Uwacu yamurikiwe ibikorwa byari byaratangiwe birimo Stade ntoya igiye kubakwa
Mu ihererekanyabubasha hagati ya Kaboneka Francis wari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, na Prof Shyaka Anastase wahaye kuyobora iyi minisiteri, Kaboneka yasabye umusimbuye, guha abaturage agaciro.
Kompanyi ya Agasani Online Market ikora ubucuruzi kuri Internet, yatangiye gukorera mu Rwanda yizeza ubunyangamugayo imikorere no kugeza ibicuruzwa aho bikenewe, yaba imbere mu gihugu no hanze yacyo.
Minisitiri mushya w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof Shyaka Anastase yasabye urwego rw’igihugu rw’imiyoborere gukomeza gusigasira imiyoborere myiza mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame yasabye abagize inteko ishinga amategeko nyafurika kwihutisha ibyo kwemeza amasezerano akuraho imbogamizi mu bucuruzi n’ubwisanzure mu ngendo muri Afurika.
Abafite ubumuga bakundaga kugaragara mu yindi mikino, batangiye no kugaragara mu mukino wa Tennis, babitewemo inkunga na Cogebanque.
Bamwe mu baturage bo ku kirwa cya Nkombo batunzwe n’uburobyi bwo mu kiyaga cya Kivu, bavuze ko guhagarikwa kuroba muri iki kiyaga bizatuma hari abishora mu busambanyi ngo babone icyabatunga.
Sendika y’abahinzi mu Rwanda “Ingabo” iravuga ko igiye gutangiza gahunda y’uturima shuri ku gihingwa cy’urutoki kugira ngo kirusheho gutanga umusaruro.
Igihugu cy’u Buyapani gifite umuco wo gushimira abagira uruhare rwo kwimakaza umuco w’u Buyapani mu bihugu by’amahanga.
Imisozi igizwe n’amabuye mu Karere ka Kirehe igaragarira abahatuye nk’amwe mu mahirwe Leta ishobora gufatanya nabo kubyaza umusaruro.
Ikigega cyo kwizigamira "Ejo Heza LTSS" cyashyizweho na Leta y’u Rwanda kigiye kujya cyakira abantu b’ingeri zose mu bushobozi bwabo, bizigamire bityo bateganyirize iza bukuru.
Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abatuye mu Mujyi wa Kigali muri siporo rusange, iba rimwe mu byumweru bibiri mu kwezi, yabaye kuri iki Cyumweru tariki 21 Ukwakira 2018.
Ikipe ya Rayon Sports nyuma y’imyaka igorwa na Etincelles, iyitsinze igitego 1-0 mu mukino wabereye i Rubavu.
Musabyemariya Patricia arera umwuzukuru we Iradukunda Bosco w’imyaka umunani wavukanye ubumuga bw’ingingo n’ubwo mu mutwe, nyuma y’aho ababyeyi bamubyaye bamutaye.
Abanyeshuri b’abahanga mu bigo by’imyuga n’ubumenyingiro (IPRC) biga imyuga itandukanye barimo kwitegura kugira ngo bazahatane mu marushanwa nyafurika y’imyuga azaba mu kwezi gutaha.
Ubuyobozi bw’Intara y’Uburengerazuba bwahagurukiye kurwanya ingeso y’isake ibagirwa umusore wagiye kurambagiza umugeni kimwe n’ingeso yo kugura umugabo ku bakobwa.
Ikipe ya APR Fc yahawe igikombe cya Shampiona yegukanye mu mwaka w’imikino ushize, aho hari harabuze umwanya wo kugitanga
Mu matora yabereye ku kicaro cy’Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Bufaransa FF Cyclisme Aimable Bayingana usanzwe ayobora ishyirahamwe ry’umukino w’Amagare mu Rwanda, yatorewe kuyobora impuzamashyirahamwe y’umukino w’Amagare muri Francophonie ku rwego rw’isi .
Amaze kwakira indahiro z’abayobozi bashya muri guverinoma no mu buyobozi bukuru bwa Polisi y’Igihugu, Perezida Paul Kagame yafashe umwanya asimira Madame Louise Mushikiwabo atorewe kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa (OIF).
Perezida Paul Kagame yongeye kwibutsa abayobozi barimo n’abaminisitiri barahiye ko akazi ka mbere gakomeye bafite ari ugukorera abaturage kandi bakazamura n’imibereho yabo.
muri Minisiteri 19 zigize Guverinoma, 11 zahawe abaminisitiri b’abagore, ubu bakaba bagize 58% by’abagize ubuyobozi bwa Guverinoma.
Perezida Paul Kagame asobanura ko kongera umubare w’abagore mu nzego zifata ibyemezo ari inyungu ku bandi bagore, kuko bigira uruhare mu gucyemura ibibazo bahura nabo muri rusange.
Uwacu Julienne wari umaze imyaka itatu ari Minisitiri wa Siporo n’Umuco, yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye amuha kuyobora iyi Minisiteri.
Ababaji 1000 bakoraga nta kigaragaza ko babizi bahawe impamyabumenyi (Certificat) zerekana ko babizi neza, ngo abakiriya babo bakazarushaho kubagirira ikizere.
Shampiona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru iratangira kuri uyu wa Gatanu, aho abakunzi benshi b’umupira bayitegereje n’amatsiko menshi
Mu birori byo guhemba abakinnyi bitwaye neza muri Rayon Sports mu mwaka w’imikino ushize, Muhire Kevin yatowe nk’umukinnyi w’umwaka
Mu bihembo by’abakinnyi n’abatoza bitwaye neza mu mwaka w’imikino 2017/2018, Hakizimana Muhadjili atowe nk’umukinnyi w’umwaka
Kuri uyu wa 18 Ukwakira 2018, Perezida Paul Kagame yavuguruye Guverinoma. Muri ministeri zahinduriwe abayobozi harimo iy’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane (MINAFET) ndetse n’iy’Ingabo (MINADEF).
Abagize itsinda rishinzwe imyigishirize y’igishinwa mu Rwanda, bemereye ishuri rya Wisdom abarimu b’impuguke mu kwigisha ururimi rw’igishinwa.
Emmanuel Mugisha uzwi cyane ku izina rya Kibonge muri Filime y’urwenya ya Seburikoko, Ni umugabo wa Umutoni Jaqueline, nk’ uko byemejwe n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Niboye.
United Generation Basketball (UGB) ifatanyije na Star Times Basketball League bari gutegura irushanwa rya mbere bise Umurage, riteganyijwe kuva tariki 26 kugeza kuri 28 Ukwakira kuri stade Amahoro.
Amavubi yagiye mu gikombe cy’ Afurika mu 2004 amaze imyaka isaga 13 yifuza gusubirayo bikanga. Nyuma yo gukomeza gutenguha Abanyarwanda MINISPOC na FERWAFA bari gushakira igisubizo mu gutegura amakipe y’igihugu y’abakiri bato ahoraho kimwe na Shampiyona yabo.
Mu muco wa Kinyarwanda kimwe no mu yindi mico itandukanye ku isi, abantu bagira za nyirantarengwa zikubiyemo ibyo birinda gukora ndetse bakanabiziririza mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Kuva aho kubaka mu Mujyi wa Kigali bitangiriye gukomera ndetse no kugura ikibanza bitakiri ibya buri wese, abenshi berekeje amaso mu mijyi yunganira Kigali, aho wasangaga inzu zizamurwa ubutitsa.
Imvura yaguye ejo ku wa gatatu tariki 17 Ukwakira 2018 mu karere ka Rutsiro hagati ya saa saba n’igice na saa kumi z’igicamunsi, yangije ibintu bitandukanye muri ako karere nk’uko ubuyobozi bw’Akarere bwabitangarije Kigali Today.
Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Ruliba mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge, barashinja ubuyobozi kunyereza amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (mituweri).
Rubingo, ni umwe mu bahinza bamenyekanye mu Rwanda ndetse bakamamara nka Nyagakecuru wo mu bisi bya Huye.
Byatangajwe kuri uyu wa 17 Ukwakira 2018, ubwo hatahagwa ku mugaragaro sitasiyo nshya y’amashanyarazi ya ’Mont Kigali’, yubatswe ku nkunga y’Umuryango w’ibihugu byunze ubumwe bw’Uburayi (EU), ikaba yuzuye itwaye asaga miliyari 12Frw.
Umuryango w’Abagide mu Rwanda urasaba ababyeyi kwirinda kubwira abana b’abakobwa amagambo atuma biyumva nk’abadashoboye, kugira ngo umwana w’umukobwa akure agamije kwiteza imbere.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryatangaje urutonde rw’abakinnyi 15 bari mu byicoro bitanu, bakazatoranywamo abakinnyi bahize abandi muri Shampiona 2017/2018
Urubyiruko rwitabiriye ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana muri Nyarugenge, rwakomye akaruru k’ibyishimo nyuma yo kumva ko rutazahanirwa gukora ubusambanyi.
Abaturage bo mu murenge wa Cyuve mu karere ka Musanze bahangayikishijwe na bamwe mu bagore bari gusenya ingo kubera ubusinzi bukomoka ku nzoga n’ikigage cyitwa umunini. Bamwe mu bagore bo bakavuga ko kuba iki kibazo kigaragara bikomeje guterwa na bamwe mu bagabo babo babatererana mu nshingano zirebana no kwita ku rugo. (…)
Umukingo uri hejuru y’ikibanza cyarimo kubakwa mu Mujyi rwagati wa Kigali iruhande rw’inyubako yitwa Centenary House, wagwiriye abantu bane barimo basiza.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda inganyije na Guinea igitego 1-1 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, ihita ibona inota rimwe kuri 12 amaze gukinirwa.
Bimenyerewe ko mu mikino y’ibihugu, yaba amarushanwa cyangwa se iya gicuti, igomba kubimburirwa n’indirimbo zubahiriza ibihugu.
Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga ryiswe “sobanuzainkiko.org” rizafasha abaturage n’abakora mu butabera kumenya byihuse amakuru azafasha inkiko kurushaho gukora neza.
Ubuyobozi bw’urwunge rw’amashuri rwa APACOP ruri mu Mujyi wa Kigali buravuga ko nyuma y’amasomo asanzwe bunagenera abana ubundi bumenyi bushobora kubafasha mu buzima busanzwe.
Rayon Sports yamuritse umwenda izaserukana muri shampiyona ya 2018/2019 ugaragaraho umuterankunga mushya witwa BONANZA.