Umuhanzi w’umunyarwanda Emmy wikuye mu irushanwa rya PGGSS2 akajya gutura muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika agiye kugaruka mu Rwanda nyuma y’imyaka irindwi adakandagira ku butaka bw’u Rwanda.
Mu rwego rwo gufasha abanyakigali gusoza ukwezi bishimye kandi bidagadura, Umujyi wa Kigali wateguye igitaramo cyo kwidagadura kizajya kiba buri wa gatanu wa nyuma w’ukwezi, kikazaba ari igikorwa ngarukakwezi kikazajya kibera muri Car Free Zone mu Mujyi rwagati. Hazajya hatumirwa abahanzi n’amatorero abyina kinyarwanda (…)
Ikipe ya Gasogi United ibonye itike yo kujya mu cyiciro cya mbere, nyuma yo gutsinda Sorwathe mu mikino ibiri ya 1/2
Umugeni Kigali Today yahaye izina rya Nirere yahukanye akimara gutwikururwa agenda aherekeje abamutahiye ubukwe icyatumye abakurikira kiba amayobera.
Mu minsi ishize, umukobwa wa Perezida wa Repubulika, Ange I. Kagame n’umugabo we Bertrand Ndengeyingoma baherutse gukora ubukwe, bemeje ko bagiriye ukwezi kwabo kwa buki mu Rwanda.
Inzobere mu bijyanye no kubaga amagufa Dr. Jonathan Cluetts avuga ko indwara yo gupfa ku dutsi dutembereza amaraso mu ntoki izwi nka (ring avulsion) iterwa n’impeta ikanyaze ishobora gutuma ucibwa urutoki.
Mu kigo cy’igihugu cy’amahoro Rwanda Peace Academy giherereye I Nyakinama mu karere ka Musanze, kuwa mbere tariki ya 22 Nyakanga 2019 hatangijwe amahururwa yitabiriwe n’abasirikari b’aba Ofisiye baturutse mu bihugu bine mu bigize umutwe w’ingabo za Afurika y’Iburasirazuba uhora witeguye gutabara aho rukomeye Eastern Africa (…)
Kuri uyu wa kabiri tariki 23 Nyakanga 2019 Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yagiranye ibiganiro n’Igikomangoma cy’Ubwongereza Charles Philip Arthur George, ku birebana n’aho imyiteguro y’inama y’ibihugu bigize Commonwealth igeze, inama izabera mu Rwanda mu 2020.
N’ubwo Umutwe w’Abadepite w’Inteko Ishinga amategeko ku wa 22 Nyakanga 2019 wemeje Umushinga w’Itegeko rigenga amatora, abadepite babiri muri 59 banze kuwemeza.
Nyuma yo kubona ko byajyaga bigorana mu kwishyura ngo abantu binjire, urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) mu imurikagurisha ririmo kuba ku nshuro ya 22, rwashyizeho uburyo bushya bwo kwishyura hakoreshejwe telefoni (Mobile Money).
Ikipe ya AS Kigali izahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Confederation Cup, yatangiye imyitozo kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Urwego rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) ruremeza ko umunyamakuru wa TV1 na Radio1 witwa Constantin Tuyishimire ashobora kuba abarizwa mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda nubwo bitazwi uko yahageze n’icyo yaba yaragiye kuhakora.
Konsa umwana inshuro nyinshi ni ingenzi ku buzima bw’umwana ndetse na nyina, kuko bituma amashereka yiyongera, umwana akagira ubudahangarwa mu mubiri, ndetse n’umubyeyi ubikoze neza bikaba byamufasha kudakurikiza umwana we vuba, ibyo bita gusamira ku kiriri.
Boris Jonhson wigeze kuba umuyobozi w’umurwa mukuru w’u Bwongereza, London, ni we umaze gutorerwa kuba Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza.
Kuva gahunda ya Vision 2020 Umurenge Program (VUP) yatangira muri 2008, amafaranga y’u Rwanda akabakaba miliyari 290 niyo amaze gukoreshwa muri gahunda zayo uko ari eshatu.
Abakecuru bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko bagowe cyane no kurera abuzukuru babo ahanini basigirwa n’abakobwa babyarira iwabo.
Umutoza Kirasa Alain wari umutoza mukuru wa Kiyovu Sports, yamaze gusinyira nk’umutoza wungirije mu ikipe ya Rayon Sports
Irushanwa Beshobeza Cup imyaka itaha rishobora guhatanirwa n’imirenge yose igize akarere ka Nyagatare aho kuba umwihariko wa Karama.
P Fla umaze umwaka n’amezi arindwi avuye kurangiza igihano muri Gereza ya Mageragere kubera gukoresha ibiyobyabwenge, yavuze ko urukundo rwe na Aline rwari baringa kuko bakundanye buri umwe afite icyo ashaka kungukira ku wundi, anavuga ko adateze kongera gukoresha ibiyobwabwenge nkuko abantu babitekereza.
Rutahizamu wa Rayon Sports Jules Ulimwengu, yahakanye amakuru amaze iminsi avugwa ko ashobora kwerekeza muri APR FC.
Ubusanzwe ahabera imurikagurisha mpuzamahanga i Gikondo hari hari irembo rimwe ryo kwinjira no gusohoka, bigatuma haba umubyigano cyane cyane mu masaha y’umugoroba bityo bamwe bakibwa bakozwe mu mifuka none hashyizweho indi nzira.
Iyo umubyeyi amaze kubyara, usanga ahangayikishijwe no kubona amashereka kugira ngo umwana abashe kubona ibimutunga cyane cyane ko amabwiriza y’ubuzima avuga ko umwana atungwa n’amashereka gusa mu mezi atandatu ya mbere.
Umuhire Solange uzwi ku mazina ya Liza Kamikazi, umuhanzikazi wamenyekanye cyane mu myaka ya 2010, avuga ko atareka umuziki, kuko yumva ufite igice kinini ku buzima bwe, cyane ko ari wo watumye ahura n’umugabo we.
Hortense Munyantore, umunyamakuru wakoreye ibitangazamakuru bitandukanye bya hano mu Rwanda yitabye Imana aguye muri Uganda.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi(RAB) kivuga ko imbaraga zigiye gushyirwa mu buhinzi bw’imyumbati bizafasha Guverinoma y’u Rwanda guhunikira ibihe by’amapfa no kwihaza mu biribwa muri rusange.
Ikigo cy’Ubushakashatsi n’Iterambere ry’Inganda mu Rwanda (NIRDA) cyakoze ubugenzuzi ku mboga n’imbuto zo mu Rwanda, bugaragaza ko zitari ku rwego rwiza, bityo ko bishobora kugabanya amadovise zinjizaga.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukorera mu Karere ka Nyabihu rwataye muri yombi umugore witwa Eugenie Ndigendereho azira kwiyita umukozi wa RIB akaka amafaranga abaturage.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) bwahamagariye abatwara moto mu Karere ka Rubavu kwirinda Ebola no kuyirinda Abanyarwanda.
Itsinda ry’Abanyatogo ubwo ryari mu ruzinduko mu Rwanda ryashimye uko u Rwanda rukoresha ikoranabuhanga mu gutanga serivisi nyinshi bikagabanya ruswa, bityo na bo biyemeza kujya kubikoresha iwabo.
Ikipe ya KCCA yo muri Uganda ni yo yegukanye CECAFA Kagame Cup 2019, nyuma yo gutsinda Azam Fc igitego 1-0
Mu mikino ya CAF 2019/2020, Rayon Sports yatomboye El Hilal yo muri Sudan mu gihe AS Kigali yo izahura na KMC yo muri Tanzania
Mu gihe habura igihe kitageze ku cyumweru ngo habe iserukiramuco ryitiriwe Impeshyi muri Kigali (Kigali Summer Festival), byamenyekanye ko abahanzi 14 b’abanyarwanda aribo bazasusutsa ibi birori bafatanije na Sheebah Karungi nawe wamaze kwemera kuza muri iri serukiramuco.
Ambassade y’u Rwanda muri congo Brazzaville ifatanije na Diaspora nyarwanda muri Congo, yizihije isabukuru ya 25 y’umunsi wo Kwibohora. Uyu muhango ukaba waritabiriwe n’abasaga 250, biganjemo Abanyarwanda batuye mu mujyi wa Brazzaville n’inshuti zabo,inzego z’ubuyobozi muri Congo, abahagarariye ibihugu byabo muri iki gihugu (…)
Hagati y’1990 n’1994, Parike nkuru y’Akagera yaracecetse cyane. Nta mitontomo y’intare yongeye kuhumvikana. Birashoboka ko zari zarahumuriwe ikibi cyendaga kuzana icurabundi mu Rwanda.
Polisi y’igihugu iratangaza ko nubwo hashyizweho ubukangurambaga bunyuranye bugamije gukumira impanuka zo mu muhanda, hakigaragara abantu bakoresha umuhanda nabi, bigakurura impanuka.
Muri Kamena 2018 nibwo Maniriho Saidi yavuye i Kigali ajya gucururiza imbuto i Kampala, agarutse abanza kunyuzwa muri gereza ayimaramo amezi atandatu.
Abanditsi babiri aribo Prof Tharcisse Gatwa na Prof Deo Mbonyinkebe, bamuritse igitabo gikubiyemo uko Abanyarwanda bishakiye ibisubizo kugira ngo igihugu gitere imbere, ngo bikaba byabera urugero abandi.
Umuyobozi wa INES Ruhengeri, aravuga ko kuba ibihugu 12 byaritabiriye amahugurwa ku bunyamwuga by’abavoka, ari amahirwe ku biga uyu mwuga mu Rwanda kuko umubano wubatswe n’ibyo bihugu watuma babasha kujya kwimenyerezayo umwuga ku buryo bworoshye.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MININFRA) ku bufatanye na sosiyete ya Bboxx, yatangije uburyo bushya bwo kugura gaze yo gutekesha bitewe n’amafaranga umuntu afite, ahereye kuri 500Frw.
Mutesi Afsa, umubyeyi w’abana babiri, utuye mu Murenge wa Kanombe mu Kagari ka Busanza, mu Mudugudu wa Gashyushya arashimira umuryango w’Abayislamu mu Rwanda wamushyikirije moto aheruka gutombola ubwo hasozwaga amarushanwa mpuzamahanga yo gusoma Korowani mu mutwe.
Aborozi batatu mu karere ka Nyagatare bapfushije inka zafatiwe ubwishingizi batangiye kwishyurwa kugira ngo bagure izizisimbura.
Urwego rw’Ubugenzacyaha(RIB) rwagaragaje uwitwa Sibomana Gaspard kuri uyu wa 20/7/2019, nk’umwe mu bakekwaho kwiba yifashishije ikoranabuhanga rya "mobile banking".
Umutoza Goncalves Del Carmo uzwi ku izina rya Robertinho nyuma y’igihe cy’ukwezi aganira na Rayon sports ku masezerano mashya bikarangira batumvikanye bagahitamo kuzana umutoza w’agateganyo watoje CECAFA KAGAME Cup ae kongera amasezerano y’umwaka muri iyi kipe.
Rwiziringa ni icyatsi kiboneka hirya no hino mu gihugu aho kibarirwa mu biyobyabwenge mu Rwanda kugeza n’ubwo hari abagihaye inyito ya 36 oiseaux (bishatse kuvuga ngo inyoni 36) bagendeye ku bukana gifite mu kwangiza ubuzima bw’abantu.
Nyuma y’uko umuririmbyikazi w’icyamamare w’Umunyamerika Beyoncé Giselle Knowles-Carter uzwi nka Beyoncé yasohoye indirimbo avugamo ko umugabo we akomoka mu Rwanda, benshi bakomeje kwibaza ukuri kw’aya makuru.