RDF yivuganye batatu mu batwitse imodoka ku Cyitabi

Ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda buravuga ko nyuma y’igitero cyo kuwa gatandatu cyo ku Cyitabi, ingabo z’igihugu zahise zikurikira abo bagizi ba nabi zicamo batatu zinabohoza abo abagizi ba nabi bari batwaye bunyago.

Ingabo z'u Rwanda zihora ziteguye kurinda igihugu n'abagituye
Ingabo z’u Rwanda zihora ziteguye kurinda igihugu n’abagituye

Ni nyuma y’uko abagizi ba nabi batwitse imodoka eshatu zitwara abantu, maze babiri bahakasiga ubuzima abandi umunani bagakomereka.

Itangazo ryanyuze k’urubuga rwa twitter rw’ingabo z’igihugu (RDF), risoza ryongera kubwira abantu ko umuhanda ari Nyabagendwa ku modoka zose nk’uko bisanzwe

Mu itangazo ryashyizweho umukono n’umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda Lit Col Innocent Munyengango, ingabo z’u Rwanda zahise zikurikira abo bagizi ba nabi bahise basubira muri Nyungwe aho bari bateye baturuka.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

abo bagizi banabi nabataramenya aho urwanda tugeze twiyubaka kdi nibafatwe bahanywe kuko bari guhungabanya umutekano.kdi inzego zibishinzwe zikaze umutekano kuko muriyi mpera yumwaka ibintu birakomeye cyane:_ikibazo cyubujura kirakabije cyane
-guhohotera
-nibindi

madudu yanditse ku itariki ya: 19-12-2018  →  Musubize

Nibabice kubera ko nabo ni abicanyi.Imana itubuza kwica.Niyo mpamvu kugirango isi izabe paradizo,Imana izakura mu isi abantu bose bakora ibyo itubuza:Abicanyi,abarwana,abajura,ababeshya,abasambanyi,etc...Nkuko bible ibivuga ahantu henshi,ibyo bizaba ku munsi wa nyuma.

kagabo yanditse ku itariki ya: 18-12-2018  →  Musubize

Mukomeze umurego ngabo zacu twizeye, cyane cyane muhashya abo banzi bamahoro,icyo bashaka nukugira ngo tumere nkabo, bmaunzwe na ruswa , imiyoborere mibi , n’ishyari ryuko turimo duterimbere, ibyo bitiutsi byabo mubyime amatwi , ahubwo amagambo asimbuzwe ibikorwa..bravo RDF!!!!!!!!

makambo yanditse ku itariki ya: 18-12-2018  →  Musubize

usibye ningabo nabaturage barimaso ubundi us haka gupfa asoma ipyisi kumva ngo uzaza kurwana n’urwanda nigihugu si agahugu murishuka hagataho ngabo zacu intego nimwe.

kwaya yanditse ku itariki ya: 18-12-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka