Perezida Kagame yageze mu Murwa mukuru Vienne...
Perezida Kagame yageze mu Murwa mukuru Vienne wa Autriche, aho yitabiriye inama mpuzamahanga izaba y’iga ku bufatanye bw’umugabane wa Afurika n’u Burayi mu iterambere.
Iyi nama Perezida Kagame nk’umuyobozi wa Afurika yunze Ubumwe azayiyobora afatanyije na Chancelier w’iki gihugu Sebastian Kurz nawe wari mu Rwanda mu byumweru bibiri bishize.
Sebatsien Kurz niwe kuri ubu uhagarariye akanama gashinzwe iby’umubano wa Afurika n’u Burayi.
Urugendo rwe mu Rwanda rwari rugamije gutegura iyi nama, nk’uko impande zombi zabitangaje.
Aya makuru turakoza tuyabakurikiranire.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|