Polisi y’ u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi rikorera mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Mushubati ryafashe ubwato bu pakiye ibicuruzwa bya magendu bivuye mu gihugu cy’abaturanyi cya Kongo byerekeza mu karere ka Karongi.
Polisi y’igihugu yafatiye udupfunyika tw’urumogi ibihumbi 45,100 mu rugo rw’umuturage ruherereye mu karere ka Kicukiro, Umurenge wa Gatenga, mu kagari ka Nyanza.
Minisiteri y’ibikorwaremezo iravuga ko gusibura inzira abanyamaguru bambukiramo umuhanda hakoreshejwe irange ry’umutuku n’umweru ari ukubaha agaciro kandi bikazafasha kugabanya impanuka zibera ahagenewe kwambukira abanyamaguru kuko ayo marangi agaragarira neza buri wese ukoresha umuhanda.
Sembagare Chrisostome, wabaye ikirangirire mu ikipe ya Rayons Sports kuva mu 1984 kugeza mu 1994, avuga ko mu myaka 10 yakiniye iyi kipe, yatangiye guhembwa mu myaka ibiri yanyuma yayikiniye ahembwa 30000 Frw ku kwezi.
Umushinga wa Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu ugamije kuzamura iterambere ry’ubukungu (LED) mu baturage bafite imishinga iciriritse ugiye kongeramo miliyari 7.5Frw mu myaka 6 iri imbere.
Abaturage bo mu kagari ka Murandi mu Murenge wa Remera, Akarere ka Musanze, biyemeje kwishyira hamwe kugira ngo bahangane n’ibibazo by’imirire n’igwingira ry’abana, maze biyemeza kwiyubakira ikigo mbonezamikurire y’abana bato Early Childhood Development (ECD).
Ku bufatanye n’inzobere z’abaganga baturuka mu Buhinde, uruganda rwa CIMERWA rukora sima rwatangije gahunda yo gusuzuma no gutanga inama ku ndwara y’amenyo ku baturage baturiye uru ruganda.
Imurikagurisha ry’ibikorerwa mu Rwanda rigarutse ku nshuro ya kane, rikomeje gahunda yo kumenyekanisha no guhuza abakora ibikorerwa mu Rwanda n’isoko ry’u Rwanda.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) irateganya gushyiraho ingengabihe nshya ishobora kurohereza abanyeshuri mu myigire yabo ndetse ngo ikanazamura ireme ry’uburezi muri rusange .
Aborozi bo mu Ntara y’Uburasirazuba baravuga ko bashimishijwe cyane no kubona umuti mushya wica uburondwe witwa RABCIDE, ngo kuko kuva aho batangiriye kuwukoresha nta ndwara ziterwa n’uburondwe zikirangwa mu matungo yabo.
Rutahizamu ufite inkomoko muri Brazil Jonathan Rafael da Silva, aragera mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu aho agomba kwerekwa abafana ku Cyumweru
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) rutangaza ko rwasanze umwuga wo gutunganya ibijyane n’amajwi ndetse n’amashusho uri mu myuga yihuta mu gutera imbere mu Rwanda.
Perezida w’Ishyirahamwe ry’umukino wa Triathlon mu Rwanda, Mbaraga Alexis yatorewe kujya muri komite nyobozi y’impuzamashyirahamwe y’uyu mukino muri Afurika (ATU) mu matora yabereye i Luxor mu Misiri kuri uyu wa Gatatu.
Uyu mukinnyi usanzwe ukina mu kibuga hagati yamaze kugera mu ikipe ya Rayon Sports aho yatangiye imyitozo y’igerageza kuri uyu wa Gatatu
Bamwe mu baturage bakuze bo mu Turere twa Huye na Nyamagabe bigishijwe gusoma no kwandika, none barifuza kumenya n’Igifaransa, Igiswayire n’Icyongereza.
Ikigo Nyafurika giteza imbere abakoresha ikoranabuhanga, kirahamagarira umuntu wese ubyifuza kwiyandikisha akajya yiga yifashishije ikoranabuhanga kugira ngo abashe kubona abakazi.
Iradukunda Liliane ntiyahiriwe n’irushanwa rya mbere ryo kurimba neza no kwiyerekana mu mideli (Miss World Top Model) mu marushanwa yo gutoranya Nyampinga w’ Isi ari kubera mu mujyi wa Sanya mu gihugu cy’ Ubushinwa.
Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yasuye inashyikiriza ingemu abarwayi bazize impanuka zo mu muhanda, mu bitaro bya Kabgayi mu Karere ka Muhanga.
Mu irushanwa ry’amagare riri kubera muri Eritrea, u Rwanda rwegukanye umwanya wa kabiri mu gusiganwa umuntu ku giti cye.
Abaturage bo mu karere ka Gasabo bemeza ko mu cyumweru cy’ubutaka serivisi bashaka zihuta, na byinshi mu byari byarananiranye bigahita bibonerwa ibisubizo ntibongere gusiragira.
Dukuzimana Antoine uzwi ku izina rya "Birabakoraho" wari usanzwe ari umunyamabanga w’ikipe ya Gicumbi FC, yamaze guhagarikwa kuri uwo mwanya azira kunyereza amafaranga yavuye mu irushanwa rya Bralirwa ryo gukusanya imifuniko ya Turbo.
Global Civic Sharing ni umuryango w’iterambere wo muri Koreya y’Amajyepfo, wateye inkunga y’ibikoresho by’ubuhinzi abatishoboye bo mu Murenge wa Nyarubaka mu Karere ka Kamonyi.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Dr Richard Sezibera, yatangarije abanyamakuru ko nubwo umubano w’u Rwanda n’u Burundi udahagaze neza, rutashobora guhatira u Burundi kunoza umubano utari mwiza bifitanye.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Rusizi yafatiye abagabo batatu mu cyuho, ubwo bari bagiye gushukisha w’Umunya-Turukiya, ikibuye cy’ikibumbano bamubeshya ko ari zahabu.
Robertinho ufitanye amasezerano na Rayon Sports yagombaga kurangirana n’ukwezi k’Ukuboza k’uyu mwaka, yamaze gufata icyemezo cyo kudasohoka muri iyi kipe kubera ibiganiro bagiranye.
Umuhanzi Manowa, ni umwe mu bahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana zizwi ku izina rya "Gospel", mu ruhando rwa muzika.
Ndayishimiye Eric Bakame wakiniraga Rayon Sports, yamaze kwerekeza muri Kenya aho agiye gukinira AFC Leopards
Minisiteri y’imari n’iganamigambi (MINECOFIN) iragaragaza ko umusoro mushya ku mutungo utimukanwa uzagira ingaruka nziza ku baturage bamwe abandi ukabagonga.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 itsindiwe i Kinshasa na Republika iharanira Demokarasi ya Congo
General Fred Ibingira yavanywe ku buyobozi bw’abasirikare bavuye ku rugerero bazwi nk’Inkeragutabara, asimbuzwa Maj Gen Aloys Muganga nk’umuyobozi w’agateganyo w’urwo rwego.
Minisitiri Sezibera avuga ko hari imishinga myinshi y’umuryango wa EAC yadindiye irimo uwa Gariyamoshi, uw’amashanyarazi n’iyindi bigatuma ibihugu biwugize bitihuta mu iterambere kubera ibyo bitumvikanaho.
Urukiko rw’ ibanze rwa Kacyiru mu karere ka Gasabo ruzaterana tariki ya 28 Ugushyingo2018, rusoma urubanza ku kirego cy’umuganga wo ku bitaro bya Kibagabaga ushinjwa kurangarana umurwayi, bikamuviramo kujya muri koma kuva muri Kanama 2017, kugeza magingo aya.
Nyuma y’uko igice cyihariye cy’inganda cya Masoro kiri mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali gitanze umusaruro, u Rwanda ruri kubaka ikindi gice cyihariye cy’inganda mu karere ka Bugesera mu ntara y’Iburasirazuba.
Isaac Bizumuremyi nyiri Lex Chambers Ltd, ikigo cyunganira abantu mu mategeko cyajyanye n’umuganga Dr. Flocerfida Pineda mu nkiko bapfa ivuriro "Pineda Dental Clinic".
Ikirezi Annaïs Déborah ni umwana w’umuhanzi Massamba Intore, umwe mu bahanzi baririmba injyana gakondo, akagira ijwi rinyura benshi. Massamba Intore akomora inganzo kuri Se umubyara ari we Sentore Athanase, wabaye umukirigitananga w’icyogere.
Polisi y’igihugu irasaba abafatanyabikorwa bayo mu bijyanye n’umutekano wo mu muhanda gufatanya, abatwara ibinyabiziga bakajya babitwara babifitiye ibyangombwa by’umwihariko abatwara abantu mu buryo rusange bakarushaho kurangwa n’ubunyangamugayo.
Minisitiri w’uburezi Dr Eugene Mutimura ubwo yageraga ku ishuri ry’imyuga rya Kagugu (Ecole technique SOS) aho yatangirije ibizamini ngiro bisoza amashuri yisumbuye kuri uyu wa kabiri, yahise ahagarika Mbonabucya Gerard wari ukuriye ibizami kuri centre ya SOS Kagugu.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’ibigo by’imari iciriritse mu Rwanda (AMIR), buravuga ko bikwiye kongera imbaraga no kunoza imikorere kugira ngo byinjire mu cyerekezo cyo kwigira.
Nyuma y’aho umutoza Dr Petrovic asezereye, Jimmy Mulisa yagizwe umutoza w’agateganyo wa APR Fc kugeza igihe kitazwi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buraburira abaturage ko uko umujyi wa Rusizi uzamuka ari na ko abatekamutwe biyongera, cyane ku bashaka serivisi z’ubutaka.
Hari abagenzi basaba Polisi kuneka aho abashoferi banywera inzoga n’ibindi biyobyabwenge, kuko ngo ari byo bibateza gukora impanuka.
Abenshi mu bakunzi b’iki kinyobwa gisembuye, bahamya ko iryoha ariko ngo igiciro cyayo si buri wese wakigondera. Ibi bigiye kuba amateka kuri bo kuko guhera mu Ukuboza uyu mwaka wa 2018, Heineken itangira kwengerwa mu Rwanda ndetse igiciro cyayo kikava ku mafaranga 1000 Rwf kikaba 800 Rwf nk’uko uruganda Bralirwa Plc rugiye (…)
Mu Karere ka Rusizi, umuntu wagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi agapfakaza abagore babiri, nyuma yo kwirega no kwemera icyaha ubu yiyunze n’abo yahemukiye binyuze mu masomo y’ubumwe n’ubwiyunge yatangirwaga muri Paruwasi ya Mushaka. Nyuma yo kubona ko iyi gahunda ikomeje gutanga umusaruro mwiza, komisiyo (…)
Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi, Papa Francis yagize Arikiyepisikopi wa Kigali Musenyeri Antoine Kambanda wari usanzwe ayobora Diyoseze ya Kibungo.
Kuzerereza ibicuruzwa mu mujyi, ibyo bita "ubuzunguzayi" byaba biri mu nzira yo gucika i Huye, kuko 50 mu babukora bagiye guhabwa igishoro n’aho gukorera.
Perezida Paul Kagame, umaze umwaka ayobora Afurika yunze Ubumwe (AU), yemeza ko bitazorohera Afurika kwikura mu bukene bwayibase kubera imyumvire yo gutega amaboko.
Mu muhango wo gushyikiriza Indangamanota abanyeshuri 152 barangije amasomo mu cyiciro cy’incuke n’amashuri abanza mu Ishuri rya Centre Scolaire Amizeroryo mu Kagari ka Nyamagana, Umurenge wa Ruhango, ubuyobozi bwaryo bwagaragaje ababyeyi ko iri shuri ari indashyikirwa mu gutanga ireme ry’uburezi.
Polisi ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba ivuga ko inzoga zo mu mashashi zizacika ari uko habonetse itegeko rifunga abazicuruza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi burahumuriza abazwi nka ba kavukire, bafite amikoro make, ko igishushanyo mbonera gishya ntawe kizatsikamira.
Umufundi yiyemeje ko amafaranga ahembwa agomba kuyubakisha amashuri no kwigisha abana bakennye, kugira ngo afashe Leta kugabanya ubucucike mu mashuri.