Mu mvura nyinshi yaguye mu Karere ka Nyagatare ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu, yasenye urusengero rwa Good Foundation rwarimo abakirisitu 40 basenga, inkuta zihitana babiri, zinakomeretsa bikomeye abandi umunani.
Udukoko twa Nkongwa tumaze kwibasira hegitari zigera kuri 350 z’ubutaka mu Karere ka Nyagatare, nyuma y’umwaka umwe guverinoma ishyize ingufu mu kuzica.
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwasubitse urubanza rwari rwatangiye kuburanishamo abaturage 700 batuye mu tugali twa Kangondo I, Kangondo II na Kigabiro, baregamo Akarere ka Gasabo.
Nshimyumuremyi Felix ni umwe mu bantu binjiye mu kugirira neza abarwayi, nubwo atari yarigeze atekereza ko ashobora gukora ibikorwa bisanzwe bizwi ku izina ‘ry’umusamariya mwiza’.
Itorero Inganzo Ngali ryateguye igitaramo Nyarwanda kigamije guhinyuza abacyumva ko u Rwanda rutagera ku iterambere.
Ubushinjacyaha bwasabiye Mukangemanyi Adeline n’umukobwa we Diane Rwigara igihano cy’imyaka 22 y’igifungo.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Mukama mu Karere ka Nyagatare buvuga ko amakimbirane mu miryango no kutamenya gutegura indyo yuzuye biri mu bituma bwaki idacika.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amazi isuku n’isukura (WASAC) cyagaragaje ko kikibangamiwe n’uko 38.9% y’amazi gitanga, yangirikira mu mayira ataragera ku bafatabuguzi, ku mpamvu zitandukanye.
Kuri uyu wa Gatandatu nibwo Shampiona ya Volleyball mu Rwanda iza gutangira, ikazatangizwa n’ibirori bizaba birimo bamwe mu bahanzi bakomeye hano mu Rwanda
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Anastase Shyaka uri mu ruzinduko rw’akazi mu Karere ka Rusizi, yatunguwe n’ukuntu abayobozi bako bamusobaniriye imibereho y’akarere ariko bakamubwira ibintu bidahuye.
Abaturage b’Akarere ka Nyagatare baributswa ko amasezerano y’ubugure bw’ubutaka yemewe ari akorewe imbere ya noteri w’ubutaka.
Abahinzi batandukanye bahamya ko batagira uruhare mu igenwa ry’ibiciro by’umusaruro wabo bigatuma bagurisha bahenzwe bikabahobya.
Mu gihe mu Rwanda hitegurwa umunsi mukuru w’Itangazamakuru Nyafurika, bamwe mu banyamakuru baravugwa ho kwirengagiza nkana guha ijambo utanga amakuru, n’abayobozi bagikwepa abanyamakuru.
Ikipe ya APR FC ikuye intsinzi y’Ibitego 2-0 imbere ya Etincelles, mu gihe Mukura yanganyije na AS Kigali ubusa ku busa.
Kuri uyu wa kabiri taliki ya 05 Ugushyingo 2018 Mashami Vincent umutoza w’Ikipe y’igihugu yahamagaye abakinnyi 27 batagaragaramo amazina yari amaze igihe yiganza mu ikipe y’igihugu nka Captain Haruna Niyonzima na Migi bari mu bamaze gukina igihe kirekire mu Mavubi.
Abacuruza isambaza mu karere ka Rusizi baratabaza nyuma y’uko bageze aho bari basanzwe bazigurira bagasanga nta sambaza n’imwe iharangwa. Ibi bibaye nyuma y’uko izari zarobwe zose zoherejwe muri Repubulika Iharanira demokarasi ya Congo, kubera ubwumvikane buke hagati y’abaziroba na Projet peche izirangura ikazigurisha (…)
Bamwe mu baturage bo mu mirenge ya Gashaki na Remera mu karere ka Musanze, baravuga ko bagenda barushaho kumenya akamaro ko guhinga imboga z’ubwoko bunyuranye, bikabafasha guhangana n’ikibazo cy’imirie mibi. Ibi bagenda babigeraho babikesha mugenzi wabo ukora umushinga wo gukwirakwiza ingemwe zazo ku masoko aho babasha (…)
Abarimu bo mu karere ka Rusizi barishimira amahugurwa atandukanye bagenda bahabwa ku kunoza ireme ry’uburezi, bakizeza ko azabafasha kuzana impinduka zifatika mu mwuga wabo w’uburezi.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 6 Ugushyingo 2018, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Prof Shyaka Anastase, yasuye Akarere ka Rusizi aho yagiye kureba bimwe mu bibazo byugarije ako karere bigashakirwa ibisubizo.
Kuri uyu wa mbere Umwami Mohamed wa VI wa Maroc na Perezida Paul Kagame baganiriye ku mavugururwa y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe (A ) uyoborwa muri uyu mwaka na Perezida Kagame.
Ibiciro by’ibikomoka kuri peterori byongeye kuzamuka igiciro cya litiro ya esense i Kigali cyiyongereyeho 23 Frw kigera ku 1132Frw, icya litiro ya mazutu cyiyongeraho 55Frw kigera ku 1148 Frw ihita ihenda kurusha esense
Bamwe mu bihaye Imana bikekwa ko bakomoka mu idini y’Abadivantisiti b’umunsi wa Karindwi kubera imiririmbire ya bo, bemeza ko abahanga mu mibare bakomora ubwenge ikuzimu.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kugura bus nshya izajya itwara abakinnyi, ikazajya itwara abantu bagera kuri 53
Urwandiko umusizi w’Umufaransa wo mu kinyejana cya 19 witwa Charles Baudelaire yanditse avuga ko agiye kwiyahura rwaguzwe ibihumbi 267$ ahwanye na miliyoni zisaga 230Frw.
Bamwe mu bana bo mu Karere ka Rusizi baratunga agatoki ababyeyi babo gutuma bata amashuri bakajya kuroba mu Kiyaga cya Kivu.
Abatuye mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko iwabo hari abashakanye bashyamirana biturutse ku bagabo bareba firime z’abakora imibonano mpuzabitsina, bashaka kuzigana ntibabyumvikaneho n’abagore babo.
Aborozi mu Karere ka Nyagatare basinyanye n’ubuyobozi imihigo yo kubyaza ubutaka umusaruro ukwiye.
Ubuyobozi bw’Umuryango RPF-Inkotanyi mu karere ka Nyarugenge bwemeranijwe n’abanyamuryango bahagarariye ibigo bitandukanye, guha abaturage serivisi zujuje ibisabwa.
Ikipe ya Rayon Sports itsinze Gicumbi ibitego 3-0 mu mukino w’umunsi wa kane wa Shampiona wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Kuri iki cyumweru Madame Jeannette Kagame yitabiriye Siporo iba buri cyumweru cya mbere n’icya gatatu cy’ukwezi yitwa Car free day.
Urubyiruko rwibumbiye mu ihuriro ry’Abagide n’Abascout ruhamya ko abantu batumva Gender kimwe bigatuma hari abayifata uko itari bikabagiraho ingaruka mu buzima.
Mu muhango wo kwishimira intsinzi ya Madame Louise Mushikiwabo watorewe kuba Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, OIF, Perezida Paul Kagame yavuze ko iyi Ntsinzi ikomoka ku gusenyera umugozi umwe kw’Abanyafurika.
Mukura Victory Sports itsindiye Kiyovu ku Mumena igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa kane wa shampiyona, APR nayo itsindira Marines i Rubavu.
Ibi bivugwa n’umuryango RWAMREK urwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, aho abawugize batangiye gukorana n’amadini, kugira ngo ayo magambo ahabwe ibisobanure bya nyabyo.
Abasesengura uburere bw’umwana w’ubu mu muryango baravuga ko, iterambere no gushaka imibereho kw’ababyeyi bituma uburere bw’umwana bugenda budohoka.
Kaminuza y’u Rwanda (UR) yahize izindi itwara igikombe mu marushanwa yazihuzaga y’abanyeshuri biga amategeko, aho bashyiraga mu ngiro ibyo biga.
Ibigo by’amashuri bitandukanye mu gihugu bigomba kuba byateye ibiti birenga miliyoni umunani bitarenze umwaka wa 2030.
Minisitiri w’Intebe, Edouard Ngirente, avuga ko Leta yafashe ingama z’uko nta mwana ufite amanota amwemerera kwiga muri Kaminuza y’u Rwanda, uzongera kubura uko yiga kubera ikibazo cyo kubura amikoro.
Ubwo Florence Kayihura yafunguraga iduka rito nyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ntiyigeze atekereza ko nyuma y’imyaka 24 rishobora kuzavamo iduka rikomeye muri Kigali.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 2 Ugushyingo 2018, abanyeshuri basaga ibihumbi birindwi barangije mu mashami yose ya Kaminuza y’u Rwanda bakorewe ibirori byo kwakira impamyabumenyi zabo muri Sitade ya Huye.
Abarobyi n’abacuruza isambaza mu Karere ka Nyamasheke basigaye babona umusaruro mu Kivu, nyuma y’aho bafashijwe guhindura uburyo bw’imicungire y’icyo kiyaga.
Nyuma y’uko insengero zitubatse neza zafunzwe mu Rwanda, amadini n’amatorero bigasabwa kugira abigisha ijambo ry’Imana babyigiye, ishuri rikuru ry’abaporotesitanti, PIASS, ryatangije icyiciro cya gatatu cya Kaminuza muri tewolojiya, kizatanga igisubizo ku bigishaga ijambo ry’Imana batarabyigiye cyangwa babifiteho ubumenyi (…)
Abagore bo ku kirwa cya Nkombo baratabariza ingo zabo zigiye gusenywa no kuba batakibona abagabo babo bibera mu kazi ko kuroba mu Kiyaga cya Kivu.
FXB Rwanda, ni umushinga utegamiye kuri Leta ugamije kurandura ubukene mu baturage, ubinyujije mu muryango no kurengera uburenganzira bw’umwana.
Urubyiruko rwigishijwe kwihangira imirimo muri gahunda ya ‘Huguka dukore akazi kanoze’ rwemeza ko rwikuye mu bukene kubera imishinga iciriritse rukora rukinjiza amafaranga.
Mu mukino usoza iy’umunsi wa gatatu wa Shampion, Rayon Sports itsinze Sunrise ibitego 2-1.
Umuryango utabara imbabare Croix Rouge y’u Rwanda, urasaba abaturage bakennye cyane kugira uruhare mu isesengura ry’ibibazo kugira ngo biteze imbere.
Sheikh Bahame Hassan umuyobozi mukuru muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe amajyambere rusange n’imibereho myiza, yasabye ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare gushakira isoko ibikorwa bya koperative COABATWIMU.