Mu isiganwa ry’amagare rizwi nka Rwanda Cycling Cup, Manizabayo Eric niwe wegukanye agace Musanze-Rubavu
Umuhuzabikorwa wa gahunda y’igihugu mbonezamikurire mu bana bato, Dr Anita Asiimwe, yemeza ko umubyeyi atagurira igitabo umwana na we ubwe ataramenya agaciro kacyo.
Perezida Paul Kagame yabwiye urubyiruko ko muri Afurika hari amahirwe yarufasha kugera ku cyo rwifuza cyose, kuko imbogamizi rwahura na zo atari nyinshi nk’uko rubikeka.
Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango (MIGEPROF), arasaba ababyeyi kwita ku mwana kuva agisamwa, kuko iyo bidakozwe bishobora guhombya umuryango we n’igihugu muri rusange.
Urukiko rukuru rwa Kimihurura rurekuye by’agateganyo Diane Rwigara na nyina Adeline Mukangemanyi Rwigara, nyuma y’igihe kigera ku mwaka bafunzwe.
Abahinzi b’ibirayi barinubira akajagari kagaragara mu icuruzwa ry’ibirayi, aho bemeza ko ubujura bukorerwa mu makoperative bubateza ibihombo kubera abamamyi.
Ikigo KTRN gicuruza Internet yihuta cyane ya 4G, gihamya ko umuyoboro wayo umaze kugera hafi mu gihugu cyose kuko iri kuri 96% ndetse no kuyigura bikaba byorohejwe.
Kuri uyu wa Gatandatu kuri Stade Umuganda, harabera umukino w’igikombe kiruta ibindi hagati ya APR Fc na Mukura Vs
Abakora isuku mu mihanda minini y’Umujyi wa Kigali barinubira kuba ikigo kibakoresha kitwa "Royal Cleaning Ltd" kimaze amezi atatu kitabahemba, ubu inzara ikaba izahaje imiryango yabo.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyize ahagaragara ingengabihe y’imikino ya shampiyona umwaka 2018-2019 aho ikipe ya APR FC ifite igikombe giheruka izakira Amagaju ku itariki 19 ukwakira 2018, kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo.
Perezida Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame basangiye ifunguro rya saa Sita na bamwe mu baturutse muri kongere ya Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu (NCHR), iravuga ko byinshi mu birego yagejejweho n’abaturage ikabikemura byiganjemo kwamburwa amasambu, kwimwa ingurane ku mitungo, gufatwa ku ngufu, ndetse n’iby’abana bihakanywe n’ababyeyi.
Mu mezi abiri ashize, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo yatangiye urugendo rwo kuzenguruka isi yiyamamariza kuyobora Umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa (OIF).
Ababyeyi bo mu karere ka Rusizi baranenga bagenzi babo bagifite umuco wo guha akato abana bavukana ubumuga, aho bamwe babaheza munzu banga ko bagera aho abandi bari, abandi bakabashyira mu bigo bibarera aho kubarerera mu miryango.
Lisansi ikoreshwa mu Rwanda ntigitumizwa muri Kenya kubera ko itacyujuje ubuziranenge, nk’uko byatangajwe n’umwe mu banyapolitiki bakomeye muri iki gihugu.
Umutoza Ivan Minnaert wasezerewe muri Rayon Sports, yamaze kwerekanwa mu ikipe ya Al-Ittihad agiye kubera Umuyobozi wa Tekiniki
Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, yaburiye abahesha b’inkiko bakira ubwishyu nyuma yo kurangiza imanza ntibabugeze kuri ba nyirabwo kubera impamvu zidasobanutse.
U Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo byemeranyije guhuza serivisi za gasutamo z’imipaka itatu ihuza ibi bihugu kandi ikazajya ikora amasaha 24.
Roberto Oliviera Goncalves (Robertinho) utoza ikipe ya Rayon Sports ni umugabo ufite amateka akomeye atari azwi na benshi. Nyuma yo kwitwara neza mu mezi 4 amaze mu Rwanda, KT Radio, Radio ya Kigali Today yaramusuye bagirana ikiganiro aho yahishuyemo amakuru menshi benshi batari bazi ku buzima bwe .
Mu turere twa Rusizi na Nyamasheke, abaturage basaga ibihumbi 25 barashimira umushinga Cooperation Suisse ku bwo kubegereza amazi meza, nyuma y’igihe bari bamaze bavoma ibinamba na byo bakabibona biyushye akuya.
Ubushakashatsi ngarukamwaka bw’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere (RGB) ku miyoborere, bwagaragaje ko hakwiye kongerwa imbaraga mu kurwanya ruswa, ndetse hakanavugururwa uburyo bwo gukorera mu mucyo
Pasiteri Rutayisire Antoine yakanguriye bagenzi be b’abapasiteri ndetse n’abigisha muri rusange, kujya babanza kweza imitima yabo, bagakiranuka nabo ubwabo, mbere yo kujya kwigisha abakirisitu bashinzwe.
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida w’Intara ya Rhineland-Palatinat, Malu Dreyer, uri mu Rwanda mu rwego rwo kureba aho imishinga bafatanya n’u Rwanda igeze ishyirwa mu bikorwa.
Kanyankore Alex wahoze ari umuyobozi wa Banki y’igihugu itsura Amajyambere, BRD yatawe muri yombi n’Urwego rw’ igihugu rushinzwe ubugenzacyaha, RIB.
Abahinzi b’ibigori bavuga ko umusaruro wabo utabona isoko neza kubera kutagira ubwanikiro bugezweho butuma bikundwa n’inganda zo mu Rwanda.
Akarere ka Gasabo kazitaba urukiko mu gutaha kw’ Ugushyingo, mu kirego akarere karezwemo n’abatuye muri Kangondo ya mbere, iya kabiri na Kibiraro ya mbere.
Impuzamiryango irwanya ihohoterwa mu Karere k’ibiyaga bigari, COCAFEM GL irasaba abagabo n’abahungu kugira uruhare mu kurwanya ihohoterwa rikorerrwa abakobwa n’abagore.
I Huye, ishuri rikuru ry’Abaporotesitanti, PIASS, ryatanze umuganda wo guhugura abayobozi 50 b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye byo mu Murenge wa Ngoma, ku bijyanye n’ireme ry’uburezi.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Francis Kaboneka aravuga ko u Rwanda rwifuza kongera imbaraga mu mubano rusanzwe rufitanye n’Intara ya Rhénani Palatinat yo mu Budage, byaba na ngombwa abashoramari baho bakaza gushora imari mu Rwanda.
Umuryango "Love with Actions/LWA" hamwe n’abafatanyabikorwa bawo barasabira imiryango irimo abana bafite ubumuga kwigishwa no gukurwa mu bukene.
Abakora mu by’ibidukikije bo mu bihugu bya Afurika bikoresha ururimi rw’Igifaransa barimo guhugurirwa uko bakora imishinga ijyanye na byo ngo biyorohere kubona amafaranga akenerwa.
Ministeri y’Ubutabera (MINIJUST) yatangaje uburyo amategeko mashya ategeka benshi kwishyura amafaranga nk’igihano cyangwa gukorera Leta badahembwa, aho gufungwa.
Minisiteri y’ibikorwa remezo iratangaza ko bitarenze umwaka wa 2023 ingo zibarirwa mu bihumbi 445 zo mu gihugu hose, zizaba zimaze kubona amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba.
Impuguke mu ishyinguranyandiko n’icungwa ry’amasomero, Rosalie Ndejuru, ahamya ko iyo abantu batandika ngo banasome ibiranga umuco wabo bageraho bakazimirira mu w’abandi.
Abakozi b’ibitaro bya Gihundwe biherereye mu Karere ka Rusizi bavuga ko kuba umuganga bitarangirira mu gutanga imiti gusa, ahubwo biherekezwa n’umutima w’ubumuntu ku barwayi ndetse n’abafite ubushobozi buke.
Abanyeshuri biga mu mwaka wa mbere mu ishuri ryisumbuye rya Kabarondo mu Karere ka Kayonza, baravuga ko nyuma yo guhabwa isomo rirebana na Jenoside bakongeraho gusura urwibutso bibafasha kurushaho kuyisobanukirwa.
Urugaga rw’urubyiruko rushamikiye kuri FPR Inkotanyi rwo mu kagari ka Murama mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, rwihaye intego yo guhangana n’ibiyobyabwenge n’inda zitateguwe zikigaragara mu rubyiruko.
Ikipe ya Rayon Sports yegukanye ku nshuro ya gatatu itsinze APR Fc igitego 1-0 kuri Stade Amahoro
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare baraye bakoreye impanuka mu gihugu cya Cameroun aho yari iri kwitabira irushanwa rya Grand Prix Chantal Biya ariko Imana ikinga akaboko.
Madame Jeannette Kagame yaraye ahawe igihembo cy’umudamu w’indashyikirwa muri Afurika kubera uruhare rwe mu bikorwa bihindura ubuzima bw’abaturage, cyane cyane abagore n’abana b’abakobwa.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangije gahunda yiswe Ijwi ry’umurwayi izatuma umurwayi, umurwaza, umuganga n’undi wese agaragaza ibitagenda n’ibyashyigikirwa mu buvuzi.
Mu muganda wo kuri uyu wa 29 Nzeli 2018, Perezida wa Sena Bernard Makuza yifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Bugeshi mu kubaka ibyumba 3 by’amashuri mu kagari ka Buringo.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Nzeri 2018, i Johannesburg muri Afurika y’Epfo harabera umuhango wo gushyikiriza Madame Jeannette Kagame igihembo cy’umugore w’Umunyafurika wakoze ibikorwa by’indashyikirwa.
Bamwe mu bahinzi bo mu Karere ka Nyagatare bavuga ko batazi ko nkunganire ibaho ndetse batazi n’aho itangirwa.
Urukiko rwisumbuye rwa Musanze, rwagize umwere Munyarugendo Manzi Claude n’abandi batandatu bari bafunganye, nyuma yo gusanga ibyaha bashinjwaga ku rupfu rw’umwana no gushinyagurira umurambo nta shingiro bifite.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba aramagana abakora ibikorwa by’ubuvuzi babyamamaza mu itangazamakuru kuko bitemewe n’amahame ya kiganga.
APR yatsinze Etincelles na Rayon Sports itsinze AS Kigali nizo zizahurira ku mukino wa nyuma w’irushanwa ry’Agaciro
Laboratwari yo mu kigo gishinzwe ubushakashatsi ku by’inganda (NIRDA) ikeneye amafarana arenga miliyari imwe kugira ngo ivugururwe, mu gihe kitarenze imyaka itanu yubatswe.
Ikigo kimenyerewe nka Yego Moto ku bufatanye n’Ikigo gishinzwe imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA) cyatangije uburyo bw’ikoranabuhanga gishyira utumashini dushya muri Taxi-voiture tuzorohereza abazitega kubona servisi nziza.