Perezida Kagame arasura Cote d’Ivoire mu cyumweru gitaha

Guverinoma y’igihugu cya Cote d’Ivoire iratangaza ko Perezida w’u Rwanda Paul Kagame azabasura mu cyumweru gitaha, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri kuva tariki 19 kugeza tariki 20 Ukuboza, mu ruzinduko rw’akazi.

Perezida Kagame na Mugenzi we Ouattara iteka iyo bahuye akanyamuneza kaba ari kose
Perezida Kagame na Mugenzi we Ouattara iteka iyo bahuye akanyamuneza kaba ari kose

Aya makuru yatangajwe na leta ya Cote d’Ivoire, bivugirwa mu nama y’abaminisitiri y’icyo gihugu yabaye kuwa gatatu w’iki cyumweru.

Hatangajwe ko Perezida Kagame azaba ajyanwe no gutsura umuno n’iki gihugu cyo muburengerazuba bw’Afurika.

Minisitiri Sidi Tiémoko Touré, umuvugizi wa leta ya Cote d’Ivoire, yabwiye bagenzi be bagize guverinoma iby’uru ruzinduko agira ati “Mu rwego rwo guteza imbere umubano wa Cote d’Ivoire n’u Rwanda, nshimishijwe no kubamenyesha ko Perezida Paul Kagame azadusura tariki 19 na 20 Ukuboza 2018”.

Biteganyijwe ko Perezida Kagame azagirana ibiganiro na Mugenzi we Perezida Ouattara bireba ibihugu byombi, ariko kandi bakanagaruka ku bireba Afurika muri rusange, kuko Perezida Kagame ayoboye umuryango w’ubumwe bw’Afurika.

Mu kwezi kwa kane uyu mwaka dusoza, perezida Alassane Ouattara wa Cote d’Ivoire nawe yasuye u Rwanda.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka