Abanyeshuri bashya muri IPRC Kigali bahamya ko icyumweru bamaze bamenyerezwa ikigo batannyuzuwe ahubwo bacyigiyemo byinshi mu ndangagaciro z’umunyarwanda.
Mu mikino y’umunsi wa kabiri wa Shampiona, APR yakuye amanota atatu i Musanze, As Kigali inganya na Kirehe
Abakozi b’ishami ry’ikigo cyo gukwirakwiza no gutunganya ingufu z’amashyanyarazi, REG, mu Karere ka Huye, bagejeje amashanyarazi mu ngo 60 z’i Shyembe, banahatanga mituweri 30.
Abantu 324 biganjemo abatagiraga aho baba n’abandi bari batuye mu manegeka bagiye kwimurirwa mu nyubako ziherereye mu Murenge wa Gikomero mu Karere ka Gasabo.
Ministeri y’Ubutabera(MINIJUST) hamwe n’izindi nzego ziyishamikiyeho, basaba abaturage b’Akarere ka Gicumbi kureka ibyaha byiganjemo ibiyobyabwenge, baba batabiretse bagafungwa burundu.
Benshi mu barwaye kanseri bahamya ko imiti ikoreshwa mu kuyivura ihenda cyane ku buryo batabasha kuyigurira bagasaba Leta kubafasha kugira ngo iboneke kandi ihendutse.
Perezida Paul Kagame yavuze ko indangagaciro z’u Rwanda ari wo mutima warwo, bitandukanye n’urugero rw’ingunguru yatanze iba ari nini inyuma ariko imbere irimo ubusa.
Ku mukino wahuje Police Fc na Espoir, Police ikayinyagira ibitego bitanu kuri kimwe, Stade ya Kigali uyu mukino wabereyeho yagaragayemo abafana batageze ku ijana.
Mu mukino utanogeye ijisho, ikipe ya Kiyovu Sports na Marines zanganyije 0-0, mu mukino wabereye kuri Stade Mumena I Nyamirambo.
Amashyirahamwe y’imikono itandukanye mu Rwanda akunze kugaragaramo ikibazo cy’ubushobozi buke, butuma atabasha guteza imbere umukino kugira ngo uzamure urwego, kuburyo abawukina babasha guhangana ku rwego mpuzamahanga.
Ikipe y’abanyeshuri b’Abanyarwanda yegukanye igikombe kiswe Rollins Cup, nyuma yo gutsinda ikipe y’abanyeshuri bo mu ishuri rya Rollins College ryo muri Leta ya Florida muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Bamwe mu banyamahoteli, amabare na maresitora bo mu Mujyi wa Kigali baratangaza ko hari ubwo bakoresha imashini zitanga inyemezabwishyu zizwi nka Electronic Billing Machines (EBM), ariko ikigo cy’imisoro n’amahoro Rwanda Revenue Authority cyazabagenzura bakagaragara nk’abatarazikoresheje.
Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi Gianni Infantino, yatangaje ko mu bintu yaganiriye na Perezida Kagame harimo kurwanya ruswa ivugwa mu mupira w’amaguru
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ivuga ko bishoboka ko mu 2030 izaba ishobora guhaza abaturage bose, nubwo abashonje barushaho kwiyongera.
Muyoboke Alex yasabye imbabazi abakunzi b’Umuziki Nyarwanda, nyuma yo kugura indirimbo muri Studio itunganya umuziki ya Monster Records bagasanga yaribwe.
Muri Petit Stade I Remera, rayon Sports yaraye ikoze ibirori byo kumurika umwambaro mushya ndetse inaha abakinnyi numero bazajya Bambara
U Rwanda rwamaze kurangiza inyubako ndetse rwanateguye ibikoresho bikenerwa mu gutangiza ikibuga gishya cya Drones zifasha mu kugeza amaraso ku ndembe n’indi miti ku bitaro n’ibigo nderabuzima 430 zitari zisanzwe zigeramo.
Kuri uyu wa gatatu, Inama y’Abepisikopi Gaturika yasohoye itangazo ryamagana itegeko rishya ryo gukuramo inda riherutse kujya hanze, ndetse inasaba amavuriro yayo yose mu gihugu kutazakurikiza iri tegeko.
Umuyobozi wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immaculée, avuga ko atumva urubyiruko rwiga ubuhinzi ariko rugashakira akazi i Kigali rusize ubutaka mu cyaro.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo CG Gasana Emmanuel yavuze ko kugira ngo iyo ntara ishobore gutera imbere, hari ibyo abayikoramo bakwiye kugenderaho kandi bakabyubahiriza.
Umushinga wa SOS-Rwanda wita ku isuku yo mu kanwa n’intoki mu mashuri, uvuga ko Abaturage benshi by’umwihariko abana bibasiwe n’uburwayi bw’amenyo.
Abakuriye inganda zikora imyenda mu Rwanda bahamya ko kuba Leta yarabakuriyeho imisoro ku bigurwa hanze bifashisha byatumye igiciro cyayo kigabanuka.
Ubu ibigo by’imari mu Rwanda bishobora gutangira gusaba inkunga ya miliyari imwe y’amadorali ya Amerika muri Banki Nyafurika y’ibyohererzwa hanze n’ibyinjira ku mugabane (Afrexim), ubundi ibyo bigo nabyo bigatangira gushora imari mu karere.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iravuga ko icyemezo cya guverinoma y’u Rwanda cyo kongerera imbaraga igifaransa ntaho gihuriye n’uko Louise Mushikiwabo yatorewe kuyobora umuryango w’ibihugu bikoresha igifaransa (OIF).
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) Gianni Infantino, uri mu Rwanda mu nama y’abayobozi bakuru ba FIFA.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iravuga ko igiye guhana abarimu 118 bagaragaweho amakosa nyuma y’igenzura yakoreye ibigo by’amashuri 900 hirya no hino mu gihugu.
Umuhanzi Senderi International Hit usanzwe ahimba indirimbo zirimo n’iz’amakipe, yamaze guhimbira Rayon Sports indirimbo nshya
Ku rutonde ngarukakwezi rukorwa na FIFA, u Rwanda mu mpira w’amaguru ubu rurabarizwa ku mwanya wa 138 ku isi
Salman Bin Ibrahim Al-Khalifa, igikomangoma cya Bahrain cyaraye kigeze i Kigali aho cyaje kwitabira inama ya FIFA izabera i Kigali
Umukinnyi wa filime ukomeye muri Hollywood Tyler Perry ni umwe mu bazatanga ikiganiro hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga bwa videwo (Video conference) ku bijyanye no kwiyubakamo icyizere n’ubushobozi mu byo kuyobora abantu (Leadership).
Litiro ibihumbi 17 z’amata yagemurwaga mu ruganda rw’amata rwa Mukamira yabuze isoko, none biteye ikibazo aborozi bo mu turere twa Musanze, Nyabihu, Rutsiro, Ngororero na Rubavu.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa gatatu tariki ya 24 Ukwakira 2018, yashyize mu myanya abayobozi batandukanye mu nzego za Leta, barimo Kanzayire Denyse wagizwe umuyobozi ushinzwe guteza imbere ubushakashatsi n’iterambere ry’ireme ry’ibitangazwa mu binyamakuru (Director of Media Content, Research and Development), (…)
Cassa Mbungo wari umaze umwaka atoza Kiyovu Sports yamaze gusezera ku mirimo ye kubera kudahembwa
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu nibwo Perezida wa FIFA Gianni Infantino yageze mu Rwanda aho aje kuyobora inama ya FIFA
Abafite ubumuga bwo kutabona bavuga ko inkoni yera ibayobora ari ijisho ryabo, bakifuza ko yashyirwa kuri mituweri kuko ihenze kandi bagasaba ko zajya ziboneka ahari ibikorwa by’ubuvuzi hose.
Ndagijimana Juvenal, umwuzukuru wa Rukara wo mu Murenge wa Gahunda mu Karere ka Burera, aravuga ko umuryango wabo wifuza guhura n’umuryango wa Padiri Rupias wishwe na Rukara, bakiyunga.
Abarangura ibisheke mu gishanga cya Nyacyonga barashinja umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Bufunda kubaka ruswa mu mukwabu wo gushaka abana bataye ishuri.
Imyitwarire itari ya gitore imaze iminsi igaragara ku muhanzi Oda Paccy, yatumye ubuyobozi bw’Itorero ry’igihugu bwambura izina ry’Ubutore uwo muhanzi.
Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu bivuga igifaransa (OIF) Louise Mushikiwabo, yizeje abakozi ba Minisiteri y’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane yayoboraga ko Minisitiri mushya bahawe ari umuntu w’inyangamugayo kandi bazakorana neza.
Guhera ku wa Kane tariki 24 Ukwakira 2018 i Kigali harateranira inama ihuza abayobozi bakuru b’ishyirahamwe ry’umukino w’umupira w’amaguru ku isi.
Isesengura rya KT Radio mu kiganiro “Ubyumva ute” cyo kuri uyu wa 23 rigaragaza ko Minisiteri y’iterambere ry’umuryango (MIGEPROF) na Minisiteri y’Umuco na Siporo (MINISPOC) zikwiye gutabara umuryango Nyarawanda ugenda kwangirika.
Bamwe mu bagore bari biyamamaje kujya mu nteko ishinga amategeko mu kiciro cya 30% cyagenewe abagire ariko ntibatsinde, bavuga ko bagenzi babo bashoboye kujyamo babahagarariye neza.
Kaminuza y’ubukerarugendo, ikoranabuhanga n’ubucuruzi (UTB) igiye ku murika ibyavuye mu bushakashatsi yakoze buvugwaho kuba bwafasha mu gukemura ibibazo byugarije isi.
Abanyamuryango ba Sacco ya Gatenga mu karere ka Kicukiro barashima intambwe Sacco ya bo igezeho, ariko bagasaba ko yarushaho kwegera abaturage baciriritse kuko bitaborohera kubona inguzanyo.
Uwahoze ari Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Vincent Munyeshyaka avuga ko asigiye umusimbuye, Mme Hakuziyaremye Soraya ibikorwa by’igihe kirekire yari yamaze kwiyemeza.
Bamwe mu baturage bavuga ko ibikoresho bikurura imirasire y’izuba biramutse bibonetse ku bwinshi ku isoko, byabafasha ntibazongere kugura amabuye bakoresha mu maradiyo.
Perezida Paul Kagame yongeye kugaragaza ishema atewe n’ikipe ya Arsenal afana, nyuma y’intsinzi y’ibitego 3 kuri 1 yaraye ikuye ku ikipe ya Leicester City.
Isesengura rya Kt Radio rigaragaza ko Guverineri mushya w’Intara y’Amajyepfo CGP Emmanuel Gasana afite akazi katoroheye ko guhindura Intara y’Amajyepfo, ku mwanya asimbuyeho Mureshyankwano Marie Rose.
Umunya-Ghana Michael Sarpong uheruka gusinyirs Rayon Sports, yamaze kubona ibyangombwa bimwemerera kuyikinira.