Eric Ndagijimana uzwi nka X-Dealer, ushinjwa kwiba telefone ya The Ben, yasabye urukiko gutesha agaciro ubuhamya bwatanzwe mu Bugenzacyaha kuko uwabutanze atigeze agera aho Telefone yibiwe mu gihugu cy’u Burundi.
Kuri uyu wa 13 Ukwakira 2023 Umubyinnyi Ishimwe Thierry wamamaye nka Titi Brown yongeye kwitaba urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge aburana ku cyaha cyo gusambanya no gutera inda umwana utagejeje imyaka y’ubukure.
Inzego z’Ubutabera mu Rwanda zivuga ko kwemera icyaha mu Rwanda biri ku rwego rwo hasi, kuko mu manza ibihumbi 100 zakiriwe kuva uyu mwaka watangira kugera ubu mu kwezi k’Ukwakira, iz’abemera icyaha ari hafi 3,500.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Umunyamakuru Manirakiza Théogène washinze ikinyamakuru Ukwezi kinafite Umuyoboro wa YouTube Ukwezi TV. RIB iravuga ko Manirakiza yafatiwe mu cyuho yakira ruswa y’amafaranga 500.000Frw ngo adatangaza inkuru.
Polisi y’u Rwanda yafunguye icyicaro cy’Ikigo gishinzwe Ubugenzacyaha, ku byaha bikorerwa ku Ikoranabuhanga ku rwego rw’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba. Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta, Dr Emmanuel Ugirashebuja, yavuze ko u Rwanda rwahagurukiye kurwanya ibyaha bikorerwa ku ikoranabuhanga, ndetse (...)
Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Ukwakira 2023 rwategetse ko Prof Harelimana Jean Bosco Harelimana wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Amakoperative (RCA) na Hakizimana Clever wari ushinzwe amasoko hamwe na Gahongayire Liliane wari ushinzwe ububiko, bafungurwa by’agateganyo.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko umwaka ushize w’ingengo y’imari wa 2022-2023 warangiye hakiriwe amadosiye asaga ibihumbi 90 y’ibyaha byakozwe.
Mu muhango wo gusoza umwaka w’ubucamanza, Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika, Aimable Havugiyaremye, yatangaje ko ubujura, gukubita no gukomeretsa (kurwana), ari byo byaha byiganje mu Rwanda.
Urugaga rw’Abavoka rwasabye Inama Nkuru y’Ubucamanza na Guverinoma kudafunga abakirimo kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, bitewe n’uko izo manza ngo zimara imyaka nyamara hari bitaringombwa.
Igihugu cya Kenya cyatangiye inzira z’amategeko zigamije kongera kwemerera abunganizi mu mategeko (abavoka) bo mu Rwanda no mu Burundi, kongera gukorera ku butaka bw’iki gihugu.
Abantu batandukanye bakunze gukoresha abana mu bikorwa byose byerekeranye n’ishimishamubiri ndetse no kubafata amajwi n’amashusho bakayashyira no ku mbuga nkoranyambaga bahanwa n’itegeko ribagenera igihano kiri hagati y’imyaka 5 n’imyaka 7 n’ihazabu ya Miliyoni 5.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr Faustin Nteziryayo, uri mu ruzinduko rw’akazi mu gihugu cya Singapore, yagiranye ibiganiro na mugenzi we muri icyo gihugu, Sundaresh Menon, byibanze ku mikoranire mu nzego z’ubutwererane hagati y’ibihugu byombi.
Uwitwa Nyandwi Evariste w’imyaka 66 y’amavuko, wari umaze igihe yihisha ubutabera kubera ibyaha bya Jenoside, yatawe muri yombi ku Mbere tariki 17 Nyakanga 2023, akaba afungiye muri kasho y’Ubugenzacyaha (RIB) ya Gihango mu Karere ka Rutsiro.
Abanyeshuri 133 bamaze amezi arindwi bakarishya ubumenyi mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC), basoje amahugurwa y’ibanze y’ubugenzacyaha icyiciro cya gatandatu.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rugiye guhabwa ubushobozi bwo gushyingura dosiye ndetse n’ubwo gukora ubuhuza.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kamena 2023, Inama Nkuru y’Ubucamanza yateranye, iyobowe na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr Faustin Ntezilyayo, ifata ibyemezo binyuranye, birimo gusezerera bamwe mu bacamanza kubera impamvu zitandukanye, abandi bahindurirwa aho bakoreraga.
Muri iki gihe abantu bakoresha imbuga nkoranyambaga cyane, biborohera gutambutsa amakuru mu buryo bwihuse, ndetse bamwe bakayakwiza cyane cyane bifashishije amashusho y’urukozasoni, bakoresheje izo mbuga.
Umukozi w’Ihuriro ry’Imiryango itanga ubufasha mu by’Amategeko (LAF), Me Jean Paul Ibambe, avuga ko mu kuvugurura amategeko mpanabyaha biriho gukorwa kuri ubu, hateganywa ko kurega umuntu umubeshyera biza kujya bifatwa nk’icyaha.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwarekuye by’agateganyo Turahirwa Moïse washinze inzu y’imideli ya Moshions, akaba akurikiranyweho ibyaha byo gukoresha ibiyobyabwenge no gukora inyandiko mpimbano.
Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, rwaburanishije imiryango isaga 200, ku kirego cyo kutagira ibyangombwa by’irangamimerere byatwikiwe mu biro by’izahoze ari Komini Mushubati, Buringa na Nyakabanda mu ntambara y’abacengezi mu myaka ya 1997-1998.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwateguje abasabiriza ko bashobora kugezwa imbere y’amategeko, kuko iyi ngeso ikomeza kwaguka mu mujyi wa Gisenyi.
Umuvunyi mukuru wungirije ushinzwe gukumira no kurinda akarengane, Yankurije Odette, yasabye abayobozi mu Karere ka Nyagatare, gushishikariza abaturage gukemura ibibazo mu bwumvikane aho kugana inkiko, kuko bibatesha umwanya n’ubushobozi ndetse hakaba n’ubwumvikane bucye na bagenzi babo.
Urukiko rwatangaje ko Kabuga Félicien ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, kubera ibibazo by’ubuzima adafite ubushobozi bwo gukomeza kuburana.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr Faustin Ntezilyayo, yatangije mu Rwanda Ishami ry’Ikigo Mpuzamahanga cy’Abakemurampaka cyitwa Ciarb (gifite icyicaro mu Bwongereza), cyitezweho kwihutisha imanza z’ubucuruzi bitabaye ngombwa kujya mu nkiko.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta, Dr. Emmanuel Ugirashebuja, avuga ko mu nkiko hari umubare munini w’imanza ariko nanone udakabije, ugereranyije no mu bindi bihugu ariko ngo hakaba harimo gushashikisha uburyo uyu mubare na wo wagabanuka.
Fulgence Kayishema wari ku rutonde rw’abashakishwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, kubera uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yatawe muri yombi ku gicamunsi cyo ku ya 24 Gicurasi 2023 muri Afurika y’Epfo, nyuma y’igihe kinini yihisha ubutabera.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr. Faustin Ntezilyayo, avuga ko n’ubwo gukoresha uburyo bw’ikoranabuhanga mu nkiko bigeze ku gipimo cyiza ariko nanone bifuza ko umuturage ashobora kuburana atageze ku rukiko hagamijwe kugabanya ingendo ndetse no gutanga ubutabera bwihuse.
Uwimana Jeannette wabaye Miss Innovation mu irushanwa rya Miss Rwanda 2022, ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, agaragaza ko abagore n’abakobwa bafite ubu bumuga bajya bahura n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, harimo gufatwa ku ngufu hitwajwe ko batazabona uko batanga ikirego mu rukiko, kubera ko abahakora batazi (...)
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, avuga ko u Rwanda rutagendeye ku gitutu rwashyizweho na Amerika ku irekurwa rya Rusesabagina, wamaze igihe kirenga imyaka ibiri afungiwe mu Rwanda.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze, batunga agatoki bamwe mu bahesha b’Inkiko b’Umwuga, babaka amafaranga ya ‘avance’ babizeza kubarangiriza imanza, bamara kuyabaha, bagategereza ko bazazirangiza bagaheba.