Mushikiwabo yakiranywe ubwuzu mu mirimo ye mishya

Louise Mushikiwabo uheruka gutorerwa kuba Umunyamabanga mukuru w’Umuryango uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (Organisation Internationale de la Francophonie, OIF), kuri uyu wa 3 Mutarama 2019 yatangiye imirimo ye.

Mushikiwabo ubu ni we Munyamabanga Mukuru wa OIF
Mushikiwabo ubu ni we Munyamabanga Mukuru wa OIF

Ubutumwa uyu muryango wanyujije kuri twitter buvuga ko Madame Louise Mushikiwabo yahererekanyije ububasha n’uwo yasimbuye Madame Michael Jean, mu muhango wabereye ku cyicaro cy’uwo muryango i Paris mu Bufaransa.

Mushikiwabo asimbuye Michaëlle Jean
Mushikiwabo asimbuye Michaëlle Jean

Ubutumwa bwanyuze kuri twitter ya OIF buvuga ko Mushikiwabo yatangiye imirimo ye mishya

Louise Mushikiwabo yabaye Umunyamabanga mukuru wa kane w’umuryango OIF uhuriwemo n’ibihugu bikoresha Igifaransa.
Yari amaze imyaka icyenda ari ku mwanya wa Minisitiri w’Ubububanyi n’Amahanga w’u Rwanda.

Mushikiwabo asimbuye Umunyakanada Michaëlle Jean ucyuye igihe akaba yarayoboye OIF kuva muri 2015 kugeza muri 2018 .
Abandi bayoboye OIF barimo Abdou Diouf (2003-2014) na Boutros Boutros-Ghali (1998-2002).

Mushikiwabo yatorewe kuyobora OIF tariki 12 Ukwakira 2018, atorwa n’abakuru b’ibihugu byitabiriye inama ya OIF yari yabereye i Yerevan muri Armenia bamwemeza mu bwiganze busesuye.

Ibihugu byinshi bya Afurika byagaragaje ko bimushyigikiye ndetse n’u Bufaransa bufite ijambo rikomeye muri OIF bugaragaza mu buryo bweruye ko buri inyuma ya Mushikiwabo.

Mu byo yavuze azibandaho muri manda ye y’imyaka ine (ishobora kongerwa)birimo kwimakaza amahoro n’umutekano no kuzamura imibereho y’urubyiruko.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka