RPL: AS Muhanga yatsindiwe mu rugo na Kiyovu, Gasogi United itsinda Rutsiro FC
Kuri uyu wa gatanu tariki 19 Nzeri 2025, ikipe ya AS Muhanga yari yakiriye Kiyovu Sports mu mukino wumunsi wa kabiri wa shampiyona y
icyiciro cya mbere mu Rwanda wabereye kuri stade y`Akarere ka Muhanga, ihatsindirwa igitego 1-0.

NI umukino watangiye ku isaha ya saa cyenda zuzuye, ikipe ya AS Muhanga yari iri imbere y’abakunzi bayo itangira isatira izamu binyuze ku ruhande rwiburyo rwakinagaho Kubwimana Cedric 'Jay polly' na Niyonizeye Telesphore 'Foden' bageragezaga uburyo bwinshi imbere y
izamu ariko umunyezamu James Desire akababera ibamba, Kiyovu Sports nayo yanyuzagamo igasatira binyuze kuri kapiteni Amiss Cedric wateraga amashoti ya kure ariko bikaba ibyubusa.
Ku munota wa 34 w'umukino kiyovu Sports yabonye uburyo bwashoboraga kuvamo igitego ubwo umukinnyi wa AS muhanga Niyonkuru Jean Pierre yatakazaga umupira imbere y'izamu ugafatwa na rutahizamu wa Moise Sanja wacenze umunyezamu wa AS Muhanga ariko umupira akananirwa kuwushyira mu rucundura. Ubwo igice cya mbere cy'umukino cyari hafi kurangira, ku munota wa 44 w'umukino Kiyovu Sports yabonye ubundi buryo bukomeye ku mupira w'umuterekano nyuma y'ikosa ryari rikorewe kuri Cherif Bayo maze Nsanzimfura Keddy awuteye uca hejuru y'izamu igice cya mbere kirangira amakipe yombi anganya 0-0.
Mu gice cya kabiri cy'umukino ikipe ya AS Muhanga yatangiranye impinduka aho umutoza Gatera Mussa yasimbuje Twizerimana Martin Fabrice utitwaye neza mu gice cya mbere yinjiza mu kibuga Nishimwe Blaise, gusa nubwo habaye izi mpinduka ikipe ya Kiyovu Sports ikomeza kwiharira umupira, ari nako igerageza kurema uburyo bwinshi imbere y'izamu rya AS Muhanga yasaga niyasubiye inyuma.
Mu buryo bugaragara, ibyo Kiyovu Sports yakoraga byaje kuyihira mu minota ya nyuma y
umukino ubwo Niyo David winjiye mu kibuga asimbuye yatsindaga igitego ku munota wa 87 w’umukino ndetse aba ari nacyo gihesha intsinzi Urucaca rwosoje uyu mukino rutsinze igitego 1-0 rubonye amanota atatu yarwo ya mbere. Uyu mukino watumye ikipe ya Kiyovu Sports igira amanota atatu kuri atandatu imaze gukinira mu gihe AS Muhanga yari imaze imyaka ine ikina icyiciro cya kabiri itari yabona inota na rimwe dore ko iheruka gutsindwa na Gorilla FC igitego 2-0.
Undi mukino wabaye uyu munsi, ikipe ya Rutsiro FC yari yakiriye Gasogi United kuri Stade Umuganda nayo ihagsindirwa ibitego 3-2.
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|