Mu mwaka wa 2017/2018 mu Rwanda hahanzwe imirimo irenga ibihumbi 200, muri yo ibihumbi 166 ingana na 81% ni idashingiye ku buhinzi, naho 19% yo ishingiye ku buhinzi.
Mu biganiro MINEDUC iri kugirana n’abafatanyabikorwa bayo, hagamijwe kuvugurura uburyo bwo gufasha umunyeshuri ngo yimenyereze umwuga, Minitiri Eugene Mutimura yavuze ko hari aho abimenyereza umwuga bafatwa nk’abakarani, ibintu ngo bidakwiye kandi bigomba guhinduka.
Izo nshingano azihawe n’Umuryango w’Abibumbye, ishami ryawo ryo kurwanya SIDA (UNAIDS), kuri uyu wa Gatanu tariki 7 Ukuboza 2018, bitewe n’uruhare agira mu gukora ubuvugizi kugira ngo abana bagire ubuzima bwiza.
Minisitiri w’intebe wa Autriche Sebastian Kurz uri muruzinduko rw’akazi mu Rwanda araganira na perezida Paul Kagame ku myiteguro y’inama izahuza abayobozi b’Afurika n’Abuburayi ‘Africa Europe High Level Forum’ izabera I Vienne muri Autriche tariki 18 z’uku kwezi kw’Ukuboza 2018.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imisoro (RRA) bwemeranyije n’abahagarariye amadini mu Rwanda ko bagiye kubahiriza amategeko y’imisoro ku bikorwa bimwe na bimwe akora.
Hari igihe byagorana kumva ko hari isano hagati y’itorero ribwiriza ijambo ry’Imana n’umupira w’amaguru, gusa muri iyi minsi itorero rya ADEPR ryihatiye gutsura umubano n’umukino ukunzwe n’abarenga Miliyari enye z’abatuye umubumbe.
Minisitiri w’Urubyiruko Rose Mary Mbabazi arasaba urubyiruko rutabaye mu mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi kurwanya ingengabitekerezo yayo no kwirinda kuba imbata y’ayo mateka.
Ubwiyongere bw’abaturage bagwa mu mpanuka bacukura amabuye y’agaciro bukomeje kwiyongera, aho mu mezi umunani ashize mu Rwanda zimaze guhitana abagera kuri 80.
Abahanga mu mirire bemeza ko kurya inyanya mbisi bifite akamaro kuruta izitetswe mu biryo, kuko ari bwo zigirira umubiri akamaro.
Urwego rw’Ubwiteganyirize bw’Abakozi (RSSB), ruvuga ko hari abanyamuryango barwo batiza abandi bantu amakarita yo kwivurizaho, bigatuma habaho kuvura umuntu indwara adafite.
Minisitiri w’intebe wa Autriche Sebastian Kurz, yaraye ageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi.
Ikigo cy’igihugu cyita ku bidukikije (REMA) gitangaza ko 2% gusa by’imyanda yo muri Kigari ari yo ibyazwamo ibindi bintu bikenerwa mu buzima, uwo mubare ngo ukaba ukiri hasi.
Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko ibiribwa bidahagije n’ibiciro bihanitse ku isoko byihariye hafi 70% y’impamvu zitera ubukene.
Urukiko rukuru rwa Kimihurura ruhanaguyeho ibyaha byose Diane Rwigara na nyina Adeline Mukangemanyi Rwigara n’abo bareganwaga, ruvugako ibimenyetso ubushinjacyaha bwatanze nta shingiro bifite.
Bajeneza Alphonsine wo mu kagari ka Nyamikamba umurenge wa Gatunda, akarere ka Nyagatare yasinyiye inguzanyo yo muri SACCO atazi ko ari iyo kumuharika.
Abagore bo mu Karere ka Musanze bavuga ko bakibangamiwe na ruswa ishingiye ku gitsina bakwa, ibabuza guhatana ku isoko ry’umurimo.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda Edouard Ngirente, aravuga ko ibikubiye muri raporo ku mibereho y’abaturage y ‘ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare ari impuruza isaba buri wese gukuba kabiri imbaraga yakoreshaga ubukene mu Rwanda buranduke.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) rufatanyije n’Ikigega cya Leta gitera inkunga Imishinga (BDF) byateye inkunga imishinga igamije guteza imbere ubukerarugendo ku muhora w’ikiyaga cya kivu (Kivu Belt).
Umukino w’umunsi wa karindwi wa Shampiona wagombaga guhuza Sunrise na APR Fc kuri uyu wa Gatandatu wamaze gusubikwa
Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu iravuga ko gusambanya abana ari ikibazo gikomejye kibangamiye uburenganzira bw’umwana, ikaboneraho gusaba urubyiruko rwiga kaminuza gushakira ibisubizo ibibazo bibangamira uburenganzira.
Madamu Jeannette Kagame, umuyobozi n’umuryango Imbuto Foundation yahaye abana bafashwa n’uyu muryango imikoro yo guhangana n’ikibazo cy’abangavu batwara inda imburagihe, kurwanya sida ndetse no kwirinda amavuta ahindura uruhu.
Kuri uyu wa 5 Ukuboza 2018, Perezida wa Repuburika Paul Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi 9 bashya zibemerera guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Ntiruginama Jean de la Croix, umwe mu bafashwa n’ Imbuto Foundation, yasabye Madamu Jeannette Kagame, kumusengera akazagera ku nzozi ze, maze umushinga we w’urubuga rutangaza amakuru ukazabasha kwakuga ukaba waha akazi benshi mu rubyiruko.
Ikipe ya Mukura ibonye itike ya 1/16 cya CAF Confederation Cup, nyuma yo gutsinda Free State Stars igitego 1-0
Havugimana Saidi uzwi nka "Haji" ni umucuruzi w’amata ukomeye mu Karere ka Nyanza, asobanura inkomoko y’ubucuruzi bwe, n’inzira yanyuzemo kugira ngo agere ku rwego ariho ubu.
Itorero Inyamibwa, ry’Umuryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, AERG, ryateguye gahunda ngarukamwaka yo gutaramira Abanyarwanda riyita Inkera i Rwanda. Inkera i Rwanda y’umwaka wa 2018, iteganyijwe tariki ya 9 Ukwakira 2018, ikaba yarahawe insanganyamatsiko yitwa "Rwimitana". Inyamibwa zirakangurira (…)
Umucamanza wo mu rukiko mpanabyaha rw’i Paris mu Bufaransa ushinzwe idosiye y’Umunyarwanda Sosthène Munyemana, yemeje ko agezwa imbere y’ubutabera ku byaha bya Jenoside akurikiranyweho.
Urupapuro rusanzwe rwanditsweho amagambo n’ikaramu rwanditswe na Albert Einstein mu myaka 64 ishize rwaraye rugurishijwe akayabo ka miliyari 2,5 z’amanyarwanda, mu igurikagurisha ryabereye I New York muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Abagize inteko ishinga amategeko umutwe wa Sena barashaka ko ikarita y’itora isimburwa n’indangamuntu, ikajya iba ari yo yifashishwa mu matora.
Birashoboka ko umuntu ufite ibiro 80, anyoye munsi ya litori imwe ya primus agatwara imodoka atahanwa ariko ufite ibiro 60 anyoye urwo rugero ashobora guhanwa.
APR FC itsinzwe na Club Africain yo muri Tunisia 3-1 mu mukino ubanza w’amajonjora ya Champions League ihita isezererwa muri aya marushanwa.
urwego rw’igihugu rw’imiyoborere myiza RGB ruraburira abantu bose , cyane cyane abanyamadini ko hadutse abatekamutwe biyitirira urwo rwego bagambiriye kubacuza utwabo.
Itsinda ry’Abaganga 15 b’Abashinwa riri mu Rwanda, Kuri uyu wa mbere tariki ya 3 Ukuboza 2018 ryatanze serivisi z’ubuvuzi zitandukanye ku buntu.
Minisiteri y’ibikorwaremezo itangaza ko guhera mu kwezi kwa gatandatu umwaka wa 2019 imodoka zose zitwara abagenzi zizaba zirimo interineti.
Simon Pierre Muhire, umukozi w’ihuriro ry’imiryango y’abafite ubumuga mu Rwanda, NUDOR i Nyaruguru, avuga ko iseta yo gusabiriza yanavamo iy’ubucuruzi buciriritse.
Mu gihe hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe abafite ubumuga kuri uyu wa mbere tariki 03 Ukuboza 2018, abakora mu nzego z’ubuzima bavuga ko bagihura n’inzitizi zo kutamenya uburyo bavugana n’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.
Ministiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye ateguza gereza abakora ibizamini byo gutwara ibinyabiziga batazita ku mategeko.
Hakizimana Theogene wahoze asabiriza mu mujyi wa Gisenyi (ubu wabaye Rubavu) kubera ubumuga bw’amaguru, ubu niwe userukira igihugu mu mahanga kubera umukino wo guterura ibiremereye.
Bamwe mu bayobozi b’amashuri yisumbuye mu Karere ka Rwamagana bavuga ko batazi gukoresha ikoranabuhanga, mu gihe ibigo bayobora bifite ibyumba by’ikoranabuhanga.
Abagize Unity Club Intwararumuri barakangurira Abanyarwanda kugura ibikorerwa iwabo (Made in Rwanda) kuko ari ko kubiha agaciro bigatuma n’ubukungu bw’igihugu buzamuka.
Kuri Stade Umuganda i Rubavu, ikipe ya Cleveland Ambassadors yatsinze Amavubi y’abagore igitego 1-0
Luka Modric ukinirira Real Madrid, atwaye iki gikombe akuraho agahigo ka Christiano Ronaldo na Lionel Messi bakomeje kukiharira bagisimburanwaho kuva mu 2008.
Umushinga wo kurwanya imirire mibi mu bana wa Miss Rwanda Liliane iradukunda, wabaye umwe mu mishinga myiza izatoranywamo umushinga wa mbere wa miss world mu by’ubwiza bufite intego (beauty with purpose).
Minisiteri y’Uburezi yatangije gahunda yo guha mudasobwa nshya abanyeshuri ba za kaminuza mu buryo bw’inguzanyo bazishyura barangije kwiga, bikaba biteganyijwe ko hazatangwa izingana n’ 14,000.
Izi mpera z’icyumweru zarimo ibikorwa byinshi by’imikino n’imyidagaduro kuburyo irinze irangira abantu bakiryohewe, ariko kandi abanyamerika bo bari mu marira kubera urupfu rw’uwahoze ari perezida wabo.
Rutahizamu wa Rayon Sports Bimenyimana Bonfils Caleb yahagaritswe imikino ine nyuma yo gukubita umufana wa Sunrise
Imbwa yitwa Sully yafashaga George Hurbert Walker Bush wabaye Perezida wa 41 wa Leta zunze ubumwe z’Amerika yashenguwe n’urupfu rwe, aho yagaragaye iryamye iruhande rw’isanduku irimo umurambo w’uwo mugabo uherutse kwitaba Imana.
Mu gihe u Rwanda rushyize imbere gahunda yo gushyira abana mu mashuri y’incuke kugira ngo bazamukane umusingi ukomeye , bamwe mu barimu bayigishamo bakomeje kuvuga ko ireme ry’uburezi muri ayo mashuri rishobora guhungabanywa no kuba batitabwaho, aho bamwe bavuga ko nubwo baba bitanze,ariko badahembwa bakaba basaba leta (…)