Imboga n’imbuto u Rwanda rwohereza hanze byariyongereye mu myaka 13 ishize bituma n’amadovize zinjiza mu gihugu yiyongera ava kuri miliyoni eshanu z’amadolari ya Amerika agera kuri miliyoni 26 z’Amadorari ya Amerika ubu.
Tharcisse Niyonzima wari umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Rutsiro hamwe n’umuyobozi wungirije w’akarere ushinzwe imibereho y’abaturage Jean Hermans Butasi, bandikiye inama njyanama y’akarere basaba kwegura ku mirimo yabo.
Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Rubavu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwampayizina Marie Grace, hamwe n’umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere, Murenzi Janvier, mu ijoro ryo kuwa 3 Nzeri 2019 basabye kwegura ku mirimo yabo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase yatangaje ko kuba bamwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze barimo kwegura abandi bakeguzwa nta gikuba cyacitse.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru Amavubi, ymaze kugera mu birwa bya Seychelles, aho bagomba gukina nayo kuri uyu wa Kane
Mu Rwanda guhera muri Nzeri ibihe birahinduka cyane. Nibwo haba hatangiye ibihe by’imvura yitwa ‘Umuhindo’. Iyi mvura ikunze kuba ari nyinshi cyane kandi ari mbi kuko iba irimo imiyaga n’amahindu bikaba byateza impanuka zitandukanye.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Uwamariya Béatrice, yashyikirije ibaruwa isaba kwegura Inama Njyanama y’Akarere.
Rwanda Cultural Fashion Show ni igikorwa kiba buri mwaka, kikaba kigiye kuba ku nshuro ya karindwi. Nk’uko Uwimbabazi Monique, umwe mu bategura ibirori bya Rwanda Cultural Fashion Show yabitangarije Kigali Today, kuri iyi nshuro iki gikorwa kirimo udushya twinshi tutari dusanzwe.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku buzima RBC kiratangaza ko gahunda yo gutera imiti yica imibu mu nzu yagabanyije malariya mu karere ka Nyagatare ku kigero cya 93%.
Ntirenganya Emmanuel amaze gotorerwa kuyobora Akarere ka Musanze by’agateganyo. Ni nyuma y’uko Inama Njyanama y’Akarere ka Musanze, mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 03 Nzeri 2019 yeguje uwayoboraga ako karere, Habyarimana Jean Damascene na Visi Meya ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Ndabereye Augustin naho Visi Meya (…)
Ku nshuro ya mbere mu gihe kigera hafi ku mezi abiri, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda Dr. Richard Sezibera, yagize icyo avuga ku makuru yavuzwe ku buzima bwe, aho yagaye abayakwirakwije, abagereranya n’ “abanyamagambo b’abagambanyi”.
Ku wa mbere tariki 02 Nzeri 2019 i Masoro mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali ku cyicaro gikuru cya kaminuza y’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi muri Afurika yo hagati (AUCA), habereye umuhango wo gutaha ku mugaragaro ishuri ry’ubuganga ry’iyo kaminuza.
Mu gihe Leta ishishikariza Abaturarwanda kugira ubwiherero bwujuje ibisabwa, abaturiye n’abarema isoko rya Rango mu Karere ka Huye bavuga ko ubwiherero bwo muri iri soko butujuje ibisabwa.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru n’abakinnyi bose b’amakipe abiri y’umupira w’amaguru yo muri iyo ntara bagiriye uruzinduko ku ngoro y’Amateka y’Urugamba rwo kubohora u Rwanda, batahana intego yo guharanira intsinzi.
Umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa Filimi, Kevin Hart, yakomerekeye bikomeye mu mpanuka y’imodoka.
Twambazimana Prince w’imyaka 22 avuga ko yahagurutse iwabo i Musanze tariki 09/5/2018 ajya gusura inshuti ye yari ifungiye i Kabare muri Uganda, ageze yo na we ahinduka imfungwa n’umucakara.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi ubu irabarizwa mu mujyi wa Nairobi, aho ihaguruka mu ijoro yerekeza Seychelles
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko ibiciro bya lisansi na mazutu byagabanutse.
Inama Njyanama y’Akarere ka Musanze yateranye mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 03 Nzeri 2019, yemeye ubwegure bw’umuyobozi w’ako karere n’abari bamwungirije.
Umuyobozi w’Akarere ka Karongi François Ndayisaba n’abamwungirije (ushinzwe imibereho myiza n’ushinzwe ubukungu) hamwe n’abayobozi b’akarere bungirije (Ushinzwe ubukungu n’ushinzwe imibereho myiza) ndetse n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere Ka Ngororero, biravugwa ko baraye bashyikirije inama njyanama z’utwo turere (…)
Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, mu ijoro ryo ku cyumweru tariki ya 01 Nzeri 2019, ryongeye gufatira mu Mujyi wa Kigali abandi bashoferi barenga 30 bazira gutwara banyoye ibisindisha. Byabaye nyuma y’aho mu ijoro ryo ku wa gatanu n’iryo ku wa gatandatu Polisi yari yafashe abashoferi barenga 88 n’ubundi mu (…)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yakoze impinduka mu buyobozi bw’ingabo z’u Rwanda.
Mu Karere ka Rubavu mu Burengerazuba bw’u Rwanda, kuri uyu wa mbere tariki 02 Nzeri 2019 habaye inama yahuje ababyeyi bafite abana biga muri Congo n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu. Abari muri iyo nama baganiraga ku buryo bwo gufasha abanyeshuri bigaga i Goma gushaka uburyo baba baretse gukomeza kwambuka umupaka kubera (…)
Imvura yaguye ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 1 Nzeri 2019, mu Karere ka Huye hari aho yangije imirima inasenyera bamwe, ariko Vincent Twizeyimana we yamwiciye inkoko 1000.
Umunyarwanda Louis Baziga wiciwe muri Mozambique arashwe tariki 26 Kanama 2019 yashyinguwe mu Rwanda kuri uyu wa mbere tariki 02 Kanama 2019.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yemereye kaminuza y’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi muri Afurika yo hagati (AUCA), inkunga y’ubutaka kugira ngo ibashe kubaka ibitaro yateganyaga byo kwigishirizamo abanyeshuri.
Inyubako iherereye imbere y’isoko rya Kamembe mu mujyi wa Rusizi yafashwe n’inkongi y’umuriro ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 02 Nzeri 2019.
Ubuyobozi bw’uruganda rw’icyayi rwa Mata mu karere ka Nyaruguru burishimira ko kuva muri Mata kugera muri Nyakanga 2019, bwari bumaze kwishyura abahinzi b’icyayi miliyari imwe na miliyoni 56 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Mashami Vincent yatangaje urutonde rw’abakinnyi 20 bagomba kwerekeza muri Seychelles mu rukererra rwo kuri uyu wa Kabiri
Muhire Jean Baptiste w’imyaka 32 y’amavuko yari afite inzu yogosherwamo (Salon de coiffure) i Kisoro muri Uganda, akajyayo buri gihe ahawe agapapuro kabimwemerera kitwa ‘Jeton’ nk’umuntu wari uturiye umupaka wa Cyanika (i Burera).
Perezida wa Repubulika Paul Kagame asanga kugira ngo abaturage bagire ubuvuzi buhamye, bisaba ko abakora muri iyo serivisi baba barabiherewe ubumenyi muri za kaminuza zikomeye, bakaba ari abanyamwuga kandi babifitemo ubunararibonye.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’umugore n’umugabo (Gender Monitoring Office - GMO), kiratangaza ko gahunda ya ‘Ndi Umunyarwanda’ ikwiye kujyana no gukemura ibibazo bikunze kugaragara mu miryango.
Padiri Kizito Kayondo, umupadiri wo muri Diyosezi ya Butare, avuga ko nyuma y’imyaka 25 abuhawe, icyo yishimira cyane ari intambwe u Rwanda rumaze gutera mu bumwe n’ubwiyunge.
Umukuru w’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi ku isi, Pastor Ted Wilson yatashye ibikorwa bitandukanye mu Rwanda, birimo inyubako yiswe ’ECD Plaza’ izajya isuzumirwamo abarwaye indwara z’ubwoko bwose.
Imvura yaraye iguye mu Karere ka Huye yangije byinshi birimo inkoko 1000 z’uwitwa Twizeyimana Vincent.
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo bakoze umuganda rusange muri iki gihugu. Ni umuganda wabaye ku wa gatandatu tariki 31 Kanama 2019 aho bifatanyije n’abaturage bo mu Mujyi wa Juba ndetse n’ingabo z’u Rwanda na zo ziri muri iki gihugu mu butumwa (…)
Bimaze kugaragara ko impanuka nyinshi zibera mu mihanda hirya no hino mu gihugu zituruka ku businzi bwa bamwe mu bashoferi batwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha. Ni mu gihe nyamara Polisi y’u Rwanda idahwema gukangurira abantu kwirinda gutwara ibinyabiziga basinze.
Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Mukura ibitego 3-0, yegukana igikombe cyitiriwe Padiri Fraipont Ndagijimana washnze HVP Gatagara
Ku wa gatandatu tariki 31 Kanama 2019, wabaye umunsi wa nyuma w’ukwezi kwa munani. Byahuriranye n’uko ari umunsi wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi, bituma Abanyarwanda hirya no hino mu gihugu n’abanyamahanga bitabira ibikorwa by’umuganda rusange nk’uko bimaze kuba akamenyero.
Mu ijoro ryo ku wa gatandatu, abafana b’umuziki muri Côte d’Ivoire bafunguye imva n’isanduku birimo umurambo w’umuririmbyi DJ Arafat, ngo bishirire amatsiko niba koko ari we ugiye gushyingurwa cyangwa niba koko yarapfuye.
Ubuyobozi bwa Sosiyete ya Star Times buratangaza ko abatunganya filime cyangwa ibindi bihangano by’amashusho by’umwimerere Nyarwanda, baramutse babishyizemo imbaraga byajya bitambuka ku mirongo yayo kandi bakabibonamo amafaranga.
Mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru, hakomeje ubukangurambaga bwo kumenyekanisha mu baturage Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha(RIB), mu rwego rwo kurushaho kubarinda ibyaha harimo iby’ihohoterwa rikunze kugaragara muri ako gace, no kubereka aho bageza ibibazo byabo mu gihe bakorewe ibyaha.
Urwego rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) rwanyomoje amakuru y’ifungwa rya Nsengiyumva François uzwi nka Igisupusupu, nyuma y’ibyari byakwiriye ku mbuga nkoranyambaga ko uyu muhanzi yafungiwe kuri Station ya Polisi ya Kicukiro, nyuma yo kumusangana udupfunyika tw’urumogi mu myenda ye.
Kwizera Evariste wamamaye cyane kubera gushyingiranwa n’umugore umurusha imyaka 27, yakatiwe n’urukiko rwisumbuye rwa Ngoma igifungo cy’imyaka 10 azira gusambanya umwana muto akanamukuriramo inda y’amezi ane n’iminsi itatu.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi, Dr Géraldine Mukeshimana, yasabye Ikigega cy’ingwate (BDF) kuba ari cyo kivugana n’amabanki kugira ngo byorohere urubyiruko kubona inguzanyo kuko ubusanzwe atari ko byakorwaga.
Mu gitondo cyo ku wa 31 Kanama 2019, umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, yitabiriye umuhango wo gusoza amarushanwa ya EAPCCO yaberaga muri Kenya. EAPCCO ni amarushanwa ahuza amakipe atandukanye ya Polisi y’ibihugu byibumbiye mu muryango wo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa gatandatu tariki 31 Kanama 2019, yambitse umudali Umunyamerika Dr. Paul Farmer washinze umuryango Partners in Health (Inshuti mu Buzima) amushimira uruhare mu kwita ku buzima haba mu Rwanda ndetse n’ahandi ku isi.
Minisitiri wa Rhénanie-Palatinat ushinzwe ubucuruzi, ubwikorezi n’ubuhinzi, Dr Volker Wissing, yatangaje ko yishimiye uko urubyiruko rwo mu Karere ka Ruhango rubyaza amahirwe ibikorwa Komini Landau yo muri iyo Ntara ifatanyamo n’Akarere ka Ruhango.