Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byamanutse

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko igiciro cya Lisansi i Kigali kitagomba kurenga amafaranga y’u Rwanda 1,013 kuri litiro, naho icya Mazutu i Kigali kikaba kitagomba kurenga 1,039 kuri litiro.

Ubusanzwe Litiro ya Lisansi yaguraga amafaranga 1132 mu gihe Mazutu yo yaguraga amafaranga 1148 kuri litiro.

Itangazo RURA yashyize ahagaragara rivuga ko ibi biciro bishya biratangira kubahirizwa kuri uyu wa gatanu tariki 04 Mutarama 2019.

Muri iryo tangazo, Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwasobanuye ko ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli mu Rwanda byamanutse kubera ko no ku rwego mpuzamahanga byamanutse.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

kbs Rura turayishimiye cyane!!

kamanzi yanditse ku itariki ya: 4-01-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka