Uko wareba amanota y’umunyeshuri n’aho aziga

Bamwe mu babyeyi n’abana bakomeje kugaragaza ko bibagora kubona amanota y’abana n’aho boherejwe kwiga mu gihe hasigaye icyumweru kimwe ngo amashuri atangire.

Ibyo ubona winjiye ku rubuga rwa REB
Ibyo ubona winjiye ku rubuga rwa REB

Nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Uburezi, kureba amanota hifashishijwe ikoranabuhanga rya Internet ni ukujya ku rubuga rw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi (REB) ari rwo www.reb.rw, iyo rumaze gufunguka ureba iburyo ahari urutonde rw’ibihashakirwa, ugakanda ahanditse “View Result”.

Nyuma uhita ubona na none ku ruhande rw’iburyo akadirishya kandikwamo numero iranga umwana ukayishyiramo, hejuru yako hari utudomo dutatu twerekana icyiciro cy’umwana ugakanda muri kamwe (P6, S3, S6) bitewe n’icyiciro cy’umwana ushaka kurebera.

Ahandikwa numero y'umwana
Ahandikwa numero y’umwana

Urangije ibyo ukanda ku kantu k’ubururu gafashe kuri ka kadirishya wanditsemo numero iranga umwana.
Uhita ubona imyirondoro y’umwana, amanota yabonye yose, icyiciro aherereyemo n’ikigo Minisiteri yamwoherejeho.

Ukiri aho ubona kandi umurongo w’ibintu byanditse mu ibara ry’umutuku, ukanzeho uhita ubona ibyo ikigo umwana azigaho kimusaba.

Itangazo rya Minisiteri y’Uburezi rivuga ko igihembwe cya mbere cy’umwaka w’amashuri kizatangira tariki 14 Mutarama 2019.

Aho usanga amakuru yose
Aho usanga amakuru yose
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 57 )

Jyewe ndumvako amanota mwazajya muyohereza kuriterefone

Ishimwe yvan yanditse ku itariki ya: 23-10-2023  →  Musubize

Kurebera umunyesguri

Irankunda Elysee yanditse ku itariki ya: 29-09-2022  →  Musubize

Kureba amanota ya p6 mumwaka 2014

Alias yanditse ku itariki ya: 3-04-2022  →  Musubize

Kureba amanota icyalet 2021

Umuhoza patirick yanditse ku itariki ya: 10-10-2021  →  Musubize

Amanita azasohoka ryar

emmanwe r nyandwi yanditse ku itariki ya: 10-09-2021  →  Musubize

Amanota ya 2021 azaza ryari

alias yanditse ku itariki ya: 20-08-2021  →  Musubize

Mwamfasha mukanyeraka uko bareba amanota ya s6 2017 kuko ndikubikora ntabayanyereke

alias yanditse ku itariki ya: 22-01-2021  →  Musubize

Mwamfasha mukanyereka uko nabona amanota ya p6 mumwaka 2014

Alias yanditse ku itariki ya: 3-04-2022  →  Musubize

Kureba amanota yibizamini bya kozwe na nesa

Nsabimana yanditse ku itariki ya: 5-09-2022  →  Musubize

abanyeshuri biga mu mwaka wa seniorsix(S6) REB na RP imyuga dukeney natwe amanota murakoze

Leonard yanditse ku itariki ya: 19-01-2020  →  Musubize

Ese ko bamwe nta babyeyi ziri kugaragara ku bigo bahawe.

Joni yanditse ku itariki ya: 2-01-2020  →  Musubize

Ese mwatubarije ko nta bigo babyeyi ziri kugaragara ku bigo umunyeshuri yahawe.

Joni yanditse ku itariki ya: 2-01-2020  →  Musubize

Mutubwire bamwe si dutekanye.kuki bamwe amanota arigusohoka na bigo biriho(nu rujirajirope!)

Ndacyayisenga yanditse ku itariki ya: 30-12-2019  →  Musubize

mutubwir amanot Azaza ryari

niyibizi innocent yanditse ku itariki ya: 29-12-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka