Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima RBC kiratangaza ko nta mpungenge Abanyarwanda bakwiye kugira ku kuba urukingo rwa Ebola rwabonetse rutaremezwa ku rwego mpuzamahanga.
Mbere y’umukino wa Confederation Cup uzahuza AS Kigali na Proline ku munsi w’ejo kuwa gatandatu 14 Nzeri 2019, Nlog Makoun Umunyakameroni ukinira AS Kigali nyuma yo kubona ibyangombwa, yahigiye guca umuhigo wa Rayon Sports ageza kure iyi kipe mu mikino nyafurika.
Ishuri rya IPRC-Musanze riherereye mu Karere ka Musanze rikomeje imishyikirano n’igihugu cy’u Bushinwa, imishyikirano iganisha ku guhabwa inkunga muri gahunda yiswe ‘Luban Workshop’ igenewe guteza imbere amasomo y’ubumenyingiro.
Harerimana Jean Paul w’imyaka 31 avuga ko ari muri Uganda yijejwe guhabwa akazi keza ariko yisanga muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu myitozo y’igisirikare kigamije kurwanya u Rwanda.
Urubanza umukobwa witwa Kamali Diane aregamo Umuyobozi wa televiziyo Goodrich, Dr Habumugisha Francis, rwatangiye kuburanishwa kuri uyu wa gatanu tariki 13 Nzeri 2019.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafashe babiri bakekwaho gucura umugambi no kwica Imanishimwe Sandrine, barimo uwahoze ari umukunzi we.
Abatuye mu Kagari ka Rango A mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye bibaza niba hari igihe bazizera ko bashobora kubona ibyangombwa byo kubaka nta nkomyi.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari n’umutungo by’Igihugu (PAC) kuri uyu wa kane tariki 12 Nzeri 2019 yakiriye Ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi (REB) kugira ngo cyisobanure ku bikubiye muri raporo y’umugenzuzi w’imari ya Leta.
Abasore n’inkumi bize imyuga mu kigo cy’urubyiruko cya Gisagara (Yego center) bavuga ko bafite intego yo kwigira, ariko ko kubona igishoro gikenewe bitaboroheye.
Mu gihe isi igihanganye n’ingaruka z’ihungabana ry’ubukungu ryo muri 2008, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente avuga ko uburyo bwonyine bwo kurandura iki kibazo ari agushishikariza abantu bose gukorana n’ama banki.
Buri mwaka nyuma y’uko abanyeshuri basoza icyiciro cy’amashuri abanza, abasoza icyiciro rusange n’abasoza icyiciro cya kabiri cy’ayisumbuye bakora ibizamini bya Leta, hakurikiraho kubikosora.
Urugaga rw’imiryango irwanya indwara zitandura mu Rwanda ruratangaza ko ibitera indwara zitandura bicuruzwa amafaranga menshi ku isi bikanatanga imisoro n’amahoro menshi kuri za Leta, ku buryo bitacika.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Mashami Vincent, yahamagaye abandi bakinnyi 11 bagomba gutegura umukino wa Ethiopira wo gushaka itike ya CHAN
Imibyinire ya Ne-Yo iri ku rwego rwo hejuru kuko ni ibintu amaze igihe kirekire akora kandi abizi neza. Mbere y’uko ajya ku rubyiniro afite itsunda ry’abantu babanza kureba niba buri kintu kiri uko kigomba kuba kimeze mu mwanya wacyo.
Pasiteri Emmanuel Mutangana uyobora itorero ‘River City Church’ rikorera i Washington DC muri Leta zunze ubumwe za Amerika, yatangaje ko mu kwezi kwa Nyakanga umwaka utaha wa 2020, azagaruka mu Rwanda azanye n’Abanyamerika basengana bakunze u Rwanda batararukandagiramo.
Ihuriro ry’abaganga bavura abagore (RSOG) ryemeza ko mu Rwanda hakiri ikibazo cy’ubuke bw’abaganga bavura abagore, gusa ngo umubare wabo uragenda uzamuka buhoro buhoro.
Ku wa kabiri tariki ya 10 Nzeri 2019, abapolisi 20 b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani(Darfur) bambitswe imidari y’ishimwe kubera imyitwarire n’ubunyangamugayo bagaragaza ndetse no gukora akazi kabo bashinzwe kinyamwuga.
Ibiyobyabwenge ni bimwe mu biza ku isonga mu guhungabanya umutekano w’abaturage ndetse bikagira n’ingaruka mbi ku buzima bw’ababikoresha no kudindiza iterambere ryabo n’iry’igihugu muri rusange.
Urukiko rw’ibanze rwa Muhoza mu karere ka Musanze rumaze gutegeka ko Ndabereye Augustin wahoze ari umuyobozi w’akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu afungwa by’agateganyo iminsi 30, mu rwego rwo gukomeza gucukumbura ibimenyetso ku byaha ashinjwa.
Ubuyobozi bw’Ishuri rikuru ry’imyuga n’Ubumenyi ngiro IPRC Musanze n’Ishuri rikuru ry’imyuga rya Jinhua Polytechnic ryo mu Ntara ya Zhejiang mu gihugu cy’u Bushinwa buratangaza ko bwatangiye ubufatanye buzafasha kuzamura ireme ry’amasomo y’imyuga atangirwa muri aya mashuri.
Bamwe muba byamamare (Stars) bakomeye ku isi, usanga barahisemo kutabyara, kuko baba bumva igihe kitaragera, cyangwa bizatuma umwuga wabo wakwangirika, mu gihe umwanya wabo w’akazi bagiye kuwusaranganya no kwita ku rubyaro.
Intumwa z’u Rwanda na Uganda zirateganya guhurira i Kigali mu cyumweru gitaha kugira ngo ziganire ku masezerano agamije kunoza umubano w’ibihugu byombi, by’umwihariko koroshya ingendo zambukiranya imipaka ihuza ibyo bihugu.
Mu ijoro rya tariki ya 9 Nzeri 2019, Uwineza Christine utuye mu mudugudu wa Murambi, akagari ka Buhaza mu murenge wa Rubavu, akarere ka Rubavu yatawe muri yombi, yinjiza mu Rwanda udupfunyika ibihumbi 24 tw’urumogi, tungana n’ibiro 30.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba burasaba aborozi baturiye ikigo cya gisirikare cya Gabiro giherereye mu karere ka Gatsibo, gucika ku kuragiramo inka zabo birinda igihombo kuko izifatiwemo zitezwa cyamunara.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yanditse kuri Twitter ko agiye gukurikirana ikibazo cy’umukobwa witwa Diane Kamali wanditse kuri Twitter avuga ko yahohotewe ntahabwe ubutabera bukwiye.
Abasirikari 34 bo mu rwego rw’aba Ofisiye baturutse mu bihugu icyenda byo ku mugabane wa Afurika bari guhabwa amahugurwa abafasha gukarishya ubumenyi ku buryo bwo kunoza akazi igihe bazaba bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko kimwe mu byatuma umugabane wa Afurika utera imbere ari uko ibihugu byose byakoroshya urujya n’uruza, abaturage bakabasha gucuruza no guhahirana.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ikoreye amateka kuri Seychelles iyitsinda 7-0 mu mukino wo kwishyura w’amajonjora y’igikombe cy’isi, aho Amavubi ahigitse iyi kipe ayitsinze ibitego 10-0 mu mikino yombi.
Iranzi Geofrey w’imyaka itandatu na Uwase Pascaline w’imyaka ibiri bo mu mudugudu wa Barija A, akagari ka Barija umurenge wa Nyagatare mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa kabiri 10 Nzeri 2019 bapfuye bahiriye mu nzu, abaturanyi bakavuga ko uwo muriro watewe n’amashanyarazi.
Nyirasenge w’uwo mukobwa wasimbutse ava ku muturirwa wa ’Makuza Peace Plaza’ hamwe n’umugabo we bavuze ko batunguwe, kuko uwo mwana ngo yari afashwe neza kuva yabura ababyeyi muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
U Rwanda nka kimwe mu bihugu by’intangarugero ku isi mu kugeza amaraso ku bitaro rukoresheje indege zitagira abapilote (drones), rwatoranyijwe kuzakira ihuriro n’amarushanwa ya drones muri Gashyantare umwaka utaha wa 2020.
Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi, Kamayirese Germaine, ari kumwe n’umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi mu Rwanda, Ahmed Baba Fall, bagaragaje ko u Rwanda rugiye kwakira impunzi 500 z’abanyafurika bari muri Libya, zikazatuzwa mu Karere ka Bugesera mu nkambi y’agateganyo ya Gashora.
Ndabereye Augustin wahoze ari umuyobozi wungirije w’Akarere ka Musanze ushinzwe iterambere ry’ubukungu, yireguye ku byaha aregwa byo gukubita, gukomeretsa no guhoza ku nkeke uwo bashakanye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yamaze kugera i Brazaville muri Repubulika ya Congo, aho yitabiriye inama y’ihuriro ya gatanu ku ishoramari muri Afurika (Investing In Africa Forum).
Mu ruzinduko yakoreye mu Ntara y’Amajyepfo mu mpera z’icyumweru gishize no ku wa mbere tariki 09 Nzeri 2019, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe bwamuhigiye ko bugiye gukemura ibibazo byose bibangamiye imibereho myiza y’abaturage birimo abantu 423 barwaye amavunja, ingo (…)
Umuyobozi wungirije wa police mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango w’abibumbye muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA), Brig. Gen. Ossama El Moghazy, yashimye umusaruro polisi y’u Rwanda itanga mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri icyo gihugu.
Iyo utwaye imodoka yawe, cyangwa se ugatega izitwara abantu mu buryo rusange, uteze moto cyangwa igare, cyangwa se ukaba ugenda n’amaguru, ni ibisanzwe ko unyura hejuru y’ibiraro.
Abagabo babiri baganirije Itangazamakuru kuri uyu wa mbere tariki 09 Nzeri 2019 bavuye muri Uganda, baravuga ko Abanyarwanda barimo kwambuka umupaka w’icyo gihugu bataha cyangwa bajyayo bagomba kwitonderwa.
Polisi y’u Rwanda yitwaye neza mu mikino njyarugamba ya Taekwondo yaberaga i Kigali, itsindira imidali umunani harimo itandatu ya zahabu.
Ku wa gatandatu tariki ya 7 Nzeri 2019, mu Karere ka Nyabihu, Umurenge wa Rambura, umuyobozi ushinzwe uburere (animatrice) mu kigo cy’amashuri yisumbuye cya Saint Raphael witwa Aloysia Vuganeza ufite imyaka 36 y’amavuko yafatanywe udupfunyika 86 tw’urumogi yacuruzaga.
Bamwe mu bakangurambaga mu byo kurwanya ihohoterwa mu ngo bavuga ko amafaranga y’insimburamubyizi imiryango nterankunga igenera imiryango irangwamo amakimbirane mu gihe babigisha, akwiye gukurwaho, bakayahabwa mu bundi buryo.
Guverinoma y’u Buyapani, ibinyujije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’Ubuyapani, yageneye ishimwe Abanyarwanda bize mu Buyapani bibumbiye mu ishyirahamwe JAAR (JICA Alumni Association of Rwanda) kubera uburyo bakoresha ubumenyi bakuye mu Buyapani mu bikorwa by’iterambere.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, avuga ko Leta y’u Rwanda imaze gutera inkunga imishinga 647 y’abaturage baturiye pariki z’igihugu kuva muri 2005, kugira ngo biteze imbere banarusheho kuzibungabunga.
Kuvuga no kwandika ikinyarwanda cy’umwimerere, ni ingingo ikunze kugarukwaho mu biganiro bitandukanye bitambuka ku ma radio na televiziyo anyuranye cyane cyane ku bantu bakunze kumvwa na benshi mu Rwanda.
Kambabazi Rita wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu kigo cy’i Mukono mu karere ka Gicumbi, ari mu bitabiriye ubutumire bwa Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ku wa gatanu tariki 06/9/2019, ubwo yatangaga ibihembo ku babaye indashyikirwa mu guhanga udushya mu burezi.